Mu rwego rwo kurwanya ikibazo cy’ imirire mibi haherewe ku bana bari munsi y’ imyaka itanu, akarere ka Rulindo gafite gahunda yiswe ‘igikoni cy’ umudugudu’ igamije gutekera hamwe mu mudugudu maze bakagaburirira abana.
Iyi gahunda ikorwa rimwe mu cyumweru muri buri mudugudu, iba inagamije kwigisha ababyeyi gutegura indyo yuzuye igizwe n’ ibyubaka umubiri, ibitera ingufu ndetse n’ ibirinda indwara.
Ayanone Jean Nepomuscene, umuyoboyozi w’ umudugudu wa Gatete mu murenge wa Base, avuga ko iyi gahunda yatumye mu mudugudu we nta mwana n’ umwe uharagwa urangwaho n’ indwara ya bwake.
Agira ati: “iyi gahunda yaciye bwaki. Ababyeyi bateranya imyaka, ubundi bagahurira hano bagategura indyo yuzuye babifashijwemo n’ abajyanama b’ ubuzima, ari nako banigiraho gutegura indyo yuzuye dore ko bitanasaba kuba umuntu afite amikoro ahambaye”.
Umuyobozi w’ akarere ka Rulindo wungirije ushinzwe imibereho myiza y’ abaturage Niwemwiza Emilienne, avuga ko iyi gahunda ari imwe muzo akarere kihaye zigamije kurwanya imirire mibi, aho kuri ubu ikigero cy’ imirire mibi kiri kuri 0,8% mu gihe mu 2009 cyari kuri 3%.
