Umuyobozi w’ akarere ka Ngoma Niyotwagira Francois arakangurira ababyeyi kwita ku isuku y’ abana kuko kugeza ubu iteye ikibazo muri aka karere.
Ibi yabitangaje tariki 20 mutarama, 2012 ubwo yari kumwe n’ abaturage aho yavuze ko bibabaje kuba hari aho usanga abana bambaye imyenda yahinduye ibara kubera umwanda.
Mu ngero yatanze yavuze ko hari henshi yanyuze ku mihanda agasanga abana bari mu midugudu abandi bambaye imyenda yabaye umukara kubera umwanda kandi yari umweru bityo akaba yabwiye ababyeyi ko kwita ku isuku ari inshingano z’ umubyeyi kandi ko kutayitaho ari ukwica inshingano ze bityo ko nk’ ubuyobozi bushinzwe kureberera abaturage butareka ikibi gikorwa.
Yagize ati” Ni mwite ku isuku y’ abana banyu. Umwana apfira mu iterura niba mutamutoje isuku akiri muto murumva mwaba murerera u Rwanda rwahe? Buri wese nabe ijisho rya mugenzi we nabona umwana ufashwe nabi abitubwire ababyeyi be babibazwe.”
Ibi umuyobozi abivuze mugihe hari bamwe mu baturage bari bamaze iminsi bavuze ko kuba barangwaho umwanda Atari kubwabo ahubwo ko biterwa nuko ari abahinzi bityo kuba ari abahinzi bituma batagira isuku.
Gusa ubu busobanuro bwatewe utwatsi na Governeur w’ intara y’ Iburasirazuba Uwamariya Odette ubwo yasuraga umurenge wa Mugesera mu kwezi gushize nyuma yo gusura abahinzi bibumbiye muri cooperative ihinga inanasi.
