Rwanda | Gatsibo: ababyeyi barasabwa kwakira abana baba mubigo by’imfubyi

Posted on 19 June 2012

Rwanda | Abana bitabiriye umunsi wahariwe umwana w’Afurika mu karere ka Gatsibo

Abana bitabiriye umunsi wahariwe umwana w’Afurika mu karere ka Gatsibo

mu kwizihiza umunsi w’umwana w’umunyafurika ababyeyi bo mu karere gatsibo bongeye kwibutswa inshingano yo kwita kubana bazirikana kwakira abana bari mubigo by’imfubyi, hamwe no guha agaciro abana babana n’ubumuga babaha uburenganzira bwo kwiga no kuborohereza mu mirimo kimwe n’abandi bana.

 

Nubwo uyu mwaka insanganyamatsiko yri iti ““turengere, twubahe, duteze imbere uburenganzira bw’abana kandi turandure imirimo mibi ikorerwa abana” mu karere ka Gatsibo hakunze kugaragara ibibazo by’ihohoterwa rikorerwa abana, mu mwaka wa 2011, hakozwe ibyaha by’ihohoterwa rikorerwa abana bingana na 383, irishingiye ku  mutungo rigera kuri 66, irishingiye ku gistina ni 96, irishingiye ku mubiri ni 89 naho irishingiye ku mutima akaba ari 132.

Ibindi bibazo abana bo mu karere ka Gatsibo bahura nabyo birimo amafaranga n’ibikoresho by’ishuri byakwa ku mashuri bigatuma umubare w’abana bata ishuri uba munini bitewe n’ubushobozi bucye bw’ababyeyi.

 

Mu gihe leta ishishikariza ababyeyi gufata abana bari mubigo by’imfubyi bakarererwa mu miryango, akarere ka Gatsibi gafite ibigo 4 bifite abana b’imfubyi babibamo bagera kuri 216. Igihe bakiriwe mu miryango yabo ibigo bikazasigara bikoreshwa nk’amarerero y’abana abafasha kubongerera uburere.

 

Umunsi wahariwe umwana w’umunyafurika mu karere ka Gatsibo wizihijwe taliki ya 15 Kamena nyuma y’icyumweru cyo gusura abana b’imfubyi n’abana babana n’ubumuga gifatanyije n’umushingwa wa plan-Rwanda ahasuwe abana baba mu kigo cya Wikwiheba Mwana cyakira abana babana n’ubumuga mu murenge wa Ngarama, ubu gifite abana barenga 38, ahagaragajwe ko hacyenewe ubufasha bwo gufasha abana bakibamo bitewe n’imibereho yabo, abandi bakaba bacyeneye gufashwa kuvuzwa bitewe n’indwara zikomeye bafite ikigo kidashobora kuvuza.

 

Uyu munsi wo kuwa 16/06/2011, wabaye umunsi ngaruka mwaka w’umwana w’umunyafurika

washyizweho n’umuryango w’ubumwe bw’Afrika OUA, mu mwaka 1990, umaze kubona ko Afrika igomba kugira amasezerano yihariye idashingiye gusa ku masezerano mpuzamahanga , kuri uyu munsi akaba ari nabwo hibukwa abana biciwe muri Soweto muri Afurika yepfo mu mwaka 1976.


Leave a Reply

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia