Inama y’umutekano y’Akarere ka Rwamagana yateranye tariki 27/6/2012 yashyize mu majwi bamwe mu bayobozi b’ibanze barya ruswa bakareberera imyubakire idakwiye iki gihe, yemeza ko uzubaka ahatemewe azasenyerwa kandi agahanwa hamwe n’umuyobozi w’ibanze wamurebereye yubaka ahatemewe.
Ibi biraterwa n’uko kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka guverinoma y’u Rwanda yatanze amabwiriza ko abagiye kubaka bose bazajya bubaka mu midugudu no mu mijyi ahateganijwe.
Abayobozi b’Imirenge itandukanye muri Rwamagana bagaragaje ko bajya batungurwa no kugera hamwe na hamwe mu Tugari n’Imidugudu bagasanga harubakwa amazu ahantu hatateganirijwe imidugudu kandi abayobozi b’ibanze begereye aho hantu batarabagaragarije ko hari umuntu wubaka ahatemewe wabananiye.
Iyi nama yatumye Abanyamabanga nshingwabikorwa b’Imirenge 14 igize Rwamagana ku bayobozi b’ibanze mu Tugari n’Imidugudu n’abaturage muri rusange kubahwitura ubwa nyuma, bakabamenyesha ko ahazongera kugaragara inyubako yubakwa ahatemewe izajya isenywa kandi nyirayo agahanwa hamwe n’umuyobozi w’ibanze umwegereye wamurebereye yubaka ntamubuze ngo anabimenyeshe inzego nkuru.
