Bamwe mu bakoraga umwuga w’uburaya bo mu murenge wa Rwinkwavu mu karere ka Kayonza bavuga ko bawuretse, ubu bakaba barishyize hamwe kugira ngo bashake icyabateza imbere nk’uko bitangazwa na Mukamuvunyi Jeanine na we wahoze akora uwo mwuga.
Abo bahoze bakora umwuga w’uburaya ngo bafashe icyemezo cyo kubureka nyuma yo guhabwa amahugurwa atandukanye babwirwa ku ngaruka mbi z’uburaya. Cyakora mu minsi ya mbere ngo bari barinangiye bavuga ko badashobora kureka uburaya kandi ari bwo bubatunze, n’ubwo nanone nta kintu gifatika babuvanagamo cyatuma biteza imbere.
Mu kwezi kwa kabiri k’uyu mwaka, Mukamuvunyi yari yavuze ko amaze imyaka isaga itandatu akora uburaya. Yavuze ko nta kintu byamugejejeho kuko ngo nta nzu yigeze yiyubakira cyangwa ngo agure ikindi kintu yajya avuga ko yavanye mu mwuga w’uburaya. Nyamara yavuze ko atiteguye kureka uwo mwuga we kuko ari wo watumaga abona ibijumba byo kurarira.
Icyo gihe yagize ati “[Abaduhugura] twabahakaniye ko tudashobora kuva mu buraya kuko turi abakene, turi imfubyi, dufite abana birera, nta n’amasambu tugira yo guhinga, tubona uwo mwuga ari wo utubereye mu by’ukuri”
N’ubwo yavugaga ko atiteguye kureka uburaya, kuri ubu ngo niwe ushishikariza bagenzi be kubuvamo kuko yamaze kubona ko nta kintu na kimwe bwamugejejeho. Yongeraho ko ingaruka yahuriraga nazo muri uwo mwuga ahanini ari zo zatumye yitekerezaho agafata icyemezo cyo kuwureka.
Avuga ko hari igihe yaryamana n’abagabo, bakamukubita ndetse ntibanamwishyure, ndetse ngo bikanamuviramo ikibazo cyo kubyara abana atateganyije, ndetse ngo bikaba byaranashobokaga ko yakwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, dore ko ngo inshuro nyinshi atanakoreshaga agakingirizo.
Mukamuvunyi avuga ko n’ubwo we na bagenzi be bahisemo kureka umwuga w’uburaya nta kintu bafite bakora cyabazanira inyungu, bakavuga ko leta ibagobotse bakora koperative yabafasha “kujya babona ibijumba byo kugaburira abana” nk’uko abivuga.
