Tag Archive | "ababyeyi"

Ababyeyi barasabwa

Rwanda : Ababyeyi barasabwa kwita by’umwihariko ku burere bw’abana bafite ubumuga

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe imibereho myiza y’abaturage arasaba ababyeyi kurera uko bikwiye abana babo cyane cyane bita ku bana bafite ubumuga kuko nabo ari abana nk’abandi.   Kuri uyu wa mbere tariki ya 11/06/2012 mu karere ka Burera ubwo hatangizwaga icyumweru cyahariwe umwana w’umunyafurika, Uwambajemariya Florence yavuze ko ababyeyi bakwiye kwita ku burere bw’abana bose. Yagize ati “ababyeyi bagomba gufasha abana bose by’umwihariko umwana ufite ubumuga bakamufasha, bakamubona nk’umwana nk’abandi, ko afite uburenganzira nk’ubw’abandi bana: akaba afite uburenganzira bwo kwiga, kwivuza ndetse n’ibindi byose byatuma agira ubuzima bwiza”.

Rwanda : Ababyeyi barasabwaMuri uwo muhango wabereye ku murenge wa Kinoni mu karere ka Burera hagaragajwe ko hari bamwe mu babyeyi muri ako gace bahisha abana babo bafite ubumuga. Babahisha abashyitsi baje kubasura ndetse ngo ugasanga abo bana baravukijwe uburenganzira bwabo. Umuntu yaremwe mu ishusho y’Imana kandi afite ubwenge buruta ubw’ibindi biremwa niyo mpamvu ubwo bwenge Imana yamuhaye agomba kubukoresha afasha mugenzi we batameze kimwe, abantu bakuzuzanya  nk’uko Uwambajemariya yabisobanuye. Yakomeje asaba abana nabo kurangwa n’ikinyabupfura mu miryango yabo kandi bakurukira mu ishuri kugira ngo batsinde.

Abana nabo barashishikarizwa gufashanya, bafasha cyane cyane bagenzi babo bafite ubumuga nk’uko yakomeje abisobanura. Ufite ubumuga ku mubiri wese arashoboye kuko akoresha izindi ngingo zasigaye akabasha kwiteza imbere. Ubumuga bubi ni ubwo mu mutwe nk’uko Uwambajemariya abihamya. Icyumweru cy’umwana w’umunyafurika cyatangiye tariki ya 11/06/2012, kizakomeza kugeza tariki ya 16/06/2012 ari nabwo hazizihizwa nyir’izina umunsi mukuru w’umwana w’Umunyafurika. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti “Turengere, twubahe, duteze imbere uburenganzira bw’abana babana n’ubumuga kandi turandure imirimo mibi ikoreshwa abana”. Umunsi mukuru w’umwana w’umunyafurika washyizweho n’umuryango w’ubumwe bw’Afurika mu mwaka wa 1990 mu rwego rwo kurengera uburenganzira bw’umwana bwarimo buteshwa agaciro hirya no hino muri Afurika.  

Ruhango Ababyeyi

Rwanda : Ruhango: Ababyeyi barakangurirwa kwita ku bana babo

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango buravuga ko kuva aho Leta ishyiriyeho uburyo butandukanye bwo gufasha abaturage, ngo byaba biri mu bituma ababyeyi batagishaka kwita ku bana babo kuko baba bavuga ko ikibazo kizavuka Leta izagikemura bigatuma bumva ko ubuzima bw’abana babo butabareba.

Rwanda |  Aba bana uko ari 7 barwaye Bwaki

Aba bana uko ari 7 barwaye Bwaki

Ibi bivuzwe mu gihe muri aka karere umubare w’abana barwaye indwara ya Bwaki ikomeje kugenda yiyongera.

Kuba hakiri ababyeyi barwaza Bwaki, ahanini si ubukene cyangwa amikoro macye ahubwo biterwa no kuba ababyeyi batagishaka kwita ku bana babo; nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’akarere ka Ruhango wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Mugeni Jolie Germaine.

Mugeni agira ati “kuva aho hagiriyeho gahunda ya Leta yo gufasha abaturage nko kwiga, kwivuza, gahunda ya Gira inka n’ibindi, ngo byatumye ababyeyi bateshuka ku nshingano zo kurera, aho usanga umubyeyi yigira muri gahunda ze akibagirwa urubyaro, abandi ugasanga bahisemo kwigira mu tubari”.

N’ubwo bamwe mu babyeyi bavuga ko barwaza bwaki kubera ubukene hari n’ababyeyi bandi babibona ukundi bakavuga ko kuba hari bagenzi babo barwaje bwaki ngo ni uko batita ku buzima bw’abana babo ugasanga abana bibagizeho ingaruka.

Ibi kandi bishimangirwa n’umukuru w’umudugudu wa Ruhuha wo mu karere ka Ruhango witwa Nzabarukuze Daniel. Nawe yunga mu ijambo rya Mugeni aho agira ati “njyewe abaturage b’aha mbana nabo buri munsi ntibabuze ibyo bagaburira abana babo ahubwo ni abantu bigize abasinzi bataha igihe bashakiye ugasanga ubwana bwishwe n’imbeho butanafite ubatakera”

Icyakora ngo Nzabarukize ikibazo cyabo yarakizamuye akigeza mu nzego zimusumbije ubushobozi kugira ngo aba bana batabarwe.

Mugeni Jolie Germaine ushinzwe imibereho myiza mu karere ka Ruhango, avuga ko iyo baramutse bamenye ikibazo nk’iki bihutira gishishikariza aba babyeyi kugana ibigo nderabuzima, ikindi ngo babwira urwego rw’umurenge kubakurikiranira hafi.

Mugeni avuga ko ikibazo cya Bwaki kizakemuka vuba ngo kuko ubu mu karere hari gahunda y’inkongoro igamije guha buri mwana amata.

Mu bushakashatsi buherutse gukorwa, bwagaragaje ko akarere ka Ruhango kaza mu myanya ya nyuma mu turere tugifite imibereho mibi y’abaturage.

Gusa umuryango wa FPR Inkotanyi muri aka karere nka moteri y’igihugu uvuga ko witeguye gukura abaturage munsi y’umurungo w’ubukene ubafasha kwiteza imbere no kurwanya imirire mibi.


Nta mubyeyi ukwiye kwima umwana amahirwe ku burezi bwa bose

Rwanda : Nta mubyeyi ukwiye kwima umwana amahirwe ku burezi bwa bose-Guverineri Uwamariya

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Nta mubyeyi ukwiye kwima umwana amahirwe ku burezi bwa bose

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Uwamariya Odetta

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba arahamagarira ababyeyi n’abafite abana barera bose mu Rwanda kudahirahira ngo bagire umwana n’umwe babuza amahirwe yo kwiga mu burezi bwa bose leta y’u Rwanda yasakaje ku benegihugu bose. Uyu muyobozi arasaba kandi inzego zose gukurikirana uwaba atubahiriza aya mabwiriza akayasobanurirwa by’umwihariko, ndetse ngo utabyubahirije akagenerwa ibihano.

Ibi guverineri Uwamariya Odetta uyobora Intara y’Iburasirazuba yongeye kubishimangira mu ijambo yavugiye mu nteko y’Intara y’Iburasirazuba yabaye mu mpera z’icyumweru gishize, aho yahamagariye abayobozi ku nzego zose zigize Intara y’Iburasirazuba gukora ku buryo uburezi bw’ibanze bwa bose bugera ku gipimo cya 100% mu Burasirazuba, ndetse bigashishikarizwa n’ab’ahandi mu gihugu.

Guverineri Uwamariya yagize ati “Ubu kwiga mu Rwanda ni uburenganzira bwa buri wese, ntabwo bikiri umwihariko wa bamwe nk’igihe cya leta zabanje kuyobora u Rwanda.Ni uburenganzira bukomeye kandi ku buryo utabwubahiriza wese akwiye kubihanirwa, akaba ariyo mpamvu abayobozi ku nzego zose dukwiye kubisobanurira abaturage kandi tugacunga neza ko byubahirizwa.

Uyu muyobozi avuga ko yasabye abayobozi b’Uturere twose mu Burasirazuba kugena ibihano ku rwego rwa buri Karere bizajya bihabwa ababyeyi n’abandi bose bagira uruhare mu gutuma hagira umwana n’umwe utajya mu ishuri kandi buri munsi.

Aha guverineri w’Iburasirazuba yikomye cyane cyane ababyeyi n’abafite ibirombe bicukurwamo amabuye y’agaciro muri iyo Ntara kuko ari bo bagira uruhare mu gutuma abana bose batitabira ishuri uko bikwiye.

Ngo hari ababyeyi bamwe badacyaha abana babo igihe baba bashutswe n’akazi k’intica ntikize kabineka mu birombe by’amabuye y’agaciro, hakaba n’abakoresha abana muri ibyo birombe dore ko babahemba udufaranga duke kandi bakabakoresha imirimo ivunanye.


Rwanda Hafi by’abana

Rwanda : Hafi 70% by’abana baba mu bigo by’imfubyi si imfubyi

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda Hafi  by’abana

Ubushakashatsi bwakozwe na Hope&Homes for Children, bafatanyije na Komisiyo y’Igihugu y’abana, bwagaragaje ko abana benshi barererwa mu bigo by’imfubyi atari zo. Ubu bushakashatsi bwakozwe hagamijwe kumenya abana bari mu bigo by’imfubyi, uko babayeho n’uko bitabwaho.

Ubu bushakashatsi bwakorewe ku bana 3153 bari mu bigo 33, bwagaragaje ko 32,9% ari bo bonyine badafite ababyeyi bombi. Abandi baba mu bigo by’imfubyi ni abafite ba se gusa (21%), abatoraguwe, abaturuka mu miryango ikennye, abakomoka ku babyeyi barwaye mu mutwe cyangwa bafunze ndetse n’ababuranye n’ababyeyi mu gihe cy’intambara.

Abenshi muri aba bana bari munsi y’imyaka 14, kandi abenshi ni abahungu (55%). 18% bonyine ni bo batiga kuko baba bararangije amashuri yisumbuye, bakiri batoya cyane, cyangwa bafite ubumuga bubabuza kujya ku ishuri.  Gusa, harimo n’abakuze cyane, kuko ngo hari n’uwo basanze afite imyaka 36 !

Muri rusange, ababyeyi bumva ko kuba bakennye bagomba gushaka abandi babarerera abana babyaye. Ababyeyi b’abagabo bo ni ibindi kuko bananirwa kurera imfubyi bagahitamo kujya kuzireresha. Aha umuntu yakwibaza niba abagore bandi baba barashatse baramutse bapfuye, abana babyaranye na bo bazabajyana mu bigo birera imfubyi. Ikibabaje kurushaho, ni uko aba bana bari mu bigo birera imfubyi, 34,5% ari bo bonyine basurwa n’imiryango yabo.

Ikindi cyagaragaye, ni uko amafaranga agenda ku bana bari mu bigo by’imfubyi ari menshi cyane: umwana umwe agendwaho n’amafaranga 2.900 ku munsi, 87.600 ku kwezi, ni ukuvuga 1.051.513 ku mwaka. Nyinawagaga Claudine, umuyobozi wa Hope&Homes for Children mu Rwanda, ati: “aya mafaranga ashyizwe mu miryango aba bana baturukamo, akenshi iba inakennye, yagirira akamaro n’abandi bo mu rugo. ”

Ku rundi ruhande, ngo “abana boherezwa mu bigo by’imfubyi kuko bihari”. Ikigaragaza ko ibi ari byo, ni uko abana bo mu Karere ka Burera bari mu bigo by’imfubyi ari 7 gusa. Kubera ko nta bene ibi bigo bihaba, iyo ababyeyi b’abana bapfuye barerwa n’abo mu miryango yabo (ba nyirakuru, ba nyirarume, ba nyirasenge, …)

Nyinawagaga ati: “gukurira mu bigo ntibifasha abana gukura mu buryo basanzwe. Bakura bumva ko hari abagomba kubakorera byose, ntibamenye kwirwanaho kuko babona barya ibyo batazi uko bishakwa. Bakura batazi kubana n’abandi. Hari n’abaharwarira: byagaragaye ko hari abana bazana amagara kubera kutitabwaho, nyamara bagera mu miryango ibarera bakabaheka bagakira.”

Abana rero bakeneye gukurira mu miryango. Abanyarwanda bari bakwiye gusubira kuri wa muco wa kera ko umwana ari uw’umuryango, umubyeyi yapfa abandi bakamurerera aho kujyana abana kuba ahantu bazakura nta rukundo ruhagije rwa kibyeyi bafite, batagira n’ababyeyi bigiraho imico dore ko abakora mu bigo birera imfubyi bahora bahindagurika. Nta wagaya abashyiraho ibigo nk’ibi kuko baba babitewe no kubona abana bandagaye batagira ababitaho. Ariko na none kurererwa mu muryango biraruta.

 

 

 


Rwanda Kayonza Amakimbirane

Rwanda | Kayonza: Amakimbirane yo mu miryango niyo aza ku isonga mu gutuma abana bajya mu muhanda

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,



Ubuyobozi bw’ikigo Sacca (Street Ahead Children’s Centre Association) cyakira abana bo mu muhanda buvuga ko abana benshi cyakira baza bavuga ko bahisemo kujya mu muhanda bitewe n’ubwumvikane buke hagati y’ababyeyi babo. Ubwo bwumvikane buke ahanini bunatera amakimbirane ahoraho mu muryango, akenshi bigaterwa n’ubukene.

Rwanda Kayonza Amakimbirane“Abana benshi twakira bavuga ko bagiye mu muhanda kubera intonganya zihora mu miryango ya bo, bamwe bakavuga baba babuze ibyo kurya kandi ntibanashyirwe mu ishuri” uku niko Mukamuyenzi Valentine ushinzwe ishami ry’imibereho myiza mu kigo cya Sacca abivuga.

Kuba bamwe mu bana babura amafaranga n’ibikoresho by’ishuri, bamwe bakanabura ibyo kurya mu miryango ya bo, ngo biri mu bituma bahitamo gufata icyemezo gisa “no kwiheba cyo kujya mu muhanda” nk’uko umwe mu bana barererwa muri icyo kigo uri mu kigero cy’imyaka 12 abivuga.

Cyakora nanone uretse amakimbirane mu ngo, ngo hari n’abana usanga bajya ku mihanda kubera ko ababyeyi bateshutse ku nshingano za bo zo kubaha uburere, nk’aho umwana anywa ibiyobyabwenge ababyeyi ntibamucyahe bikazarangira atagifite igaruriro.

Mukamuyenzi avuga ko ababyeyi bari bakwiye gukurikiranira hafi ubuzima bw’abana ba bo kandi bakagerageza kwirinda amakimbirane abera mu ngo kuko bigira ingaruka ku mikurire no ku mitekerereze by’umwana wakuriye mu muryango urimo amakimbirane.

 

 


Rwanda : Kirehe-Ababyeyi barasabwa kwita ku burenganzira bw’abana

Tags: , , , , , , , , , , , , ,



Kuri uyu wa 23 Gicurasi 2012, mu karere ka Kirehe hatangijwe amahugurwa y’iminsi ibiri agendanye n’uburenganzira bw’umwana akaba yahuje abahagarariye inama y’igihugu y’abagore ku murenge, abanyamadini, abayobozi b’ibigo by’amashuri n’ab’amarerero.

Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza, Murekatete Jacqueline yavuze ko umwana akeneye kwegerwa , gukundwa no guteteshwa  yongeraho ko umwana utari mumuryango ahura n’ibibazo byinshi bityo akaba akeneye urukundo kurushaho. Yavuze ko nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu mwaka w’1994, mu Rwanda habonetse abana benshi badafite ababyeyi, abana benshi bajya mu bigo by’imfumbyi.

Kubera ko Leta y’u Rwanda ifite gahunda yo kugabanya ibigo by’imfumbyi, ni ngombwa gushishikariza ababyeyi kugira umutima w’impuhwe bakakira abana mu miryango. Yagize ati:  Umuntu abaho neza kubera kwitabwaho, ninayo mpamvu umwana akwiriye kuba mu muryango mwiza umwitaho.”

Nkurikiyimana Venuste ushinzwe iterambere ry’umuryango mu Karere ka Kirehe yatanze ikiganiro ku ihohoterwa rikorerwa abana aboneraho n’umwanya wo kugaragaza amoko y’ihohoterwa.

Yagarutse ku byaha bikorerwa abana avuga ko hari bamwe babikora batazi ko ari ibyaha, maze asaba abari mu nama kuba intumwa mu mirenge bahagarariye.

Yavuze ko muri rusange amategeko arengera umwana ahari ariko hakaba hari abatayazi n’abayica ku bushake, yongeraho ko inshingano z’ababyeyi na Leta ari kugira ejo hazaza heza h’abana kuko umwana apfa mu iterura.


 

 

Bacuruza emballage kubera

Rwanda : Bacuruza emballage kubera kwanga kwiba

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


 

Bacuruza emballage kubera

Abavuga ko bacuruza emballage kubera kwanga kwiba ni abasore birirwa bazizunguza mu mujyi wa Butare, cyane cyane mu isoko. Bibumbiye muri Club Abizerwa.

Nk’uko aba basore babyivugira, ubundi iyi club bibumbiyemo ni iyo babarizwamo mu bijyanye n’ubucuruzi bwabo. Ni ibafasha kumenyana, bityo hagira undi wakwinjira mu isoko yitwaje gucuruza emballage kugira ngo abe yakwiba bakamumenya ndetse bakanamwereka abashinzwe umutekano.

Uretse kurinda umutekano wo mu isoko, uru rubyiruko rw’abahungu runakorana n’inzego z’umutekano, maze bakaba bakwerekana abanywa ibiyobyabwenge ndetse n’abateza umutekano mukeya barwana. bafasha no muri gahunda yo kurwanya amashashi mu mugi kuko baranga abo bayabonanye.

Muri rusange, amafaranga bakorera ku munsi ni ayo kugura ibyo kurya gusa. Umwe muri bo yagize ati: “amafaranga 500 nkorera ku munsi, urebye nta kavuro. Ni ayo kumfasha kubaho gusa kugira ngo ntiba, ariko mbona ntaho azangeza. Hari n’igihe uha umuguzi emballage, abandi bakaguhamagara ngo na bo ubazanire, wagaruka ugasanga yigendeye atakwishyuye. Icyo gihe ucyura umunyu.”

Kuzigama rero ntibiboroheye. Icyakora, buri munyamuryango atanga amafaranga 200 mu cyumweru. Barizera ko hari igihe azagwira bagakuramo umushinga uzabagirira akamaro.

Twagirimana Yves, umwe muri aba basore, afite imyaka 23. Aturuka ahitwa mu Gahenerezo. Avuga ko yavuye mu ishuri ageze mu mwaka wa 2 w’amashuri yisumbuye bitewe n’ubukene bw’ababyeyi.  Yumva uwarimusubizamo akanamutangira amafaranga akeneye yaba amukoreye.

Yunzemo agira ati: “muri twe harimo imfubyi, hakaba n’abafite ababyeyi ariko b’abakene. Harimo abahoze mu ishuri barivamo kubera ubukene bw’ababyeyi. Hari na bamwe muri twe bagize amahirwe yo kubona ababarihira amashuri. Mu gihe cy’ikiruhuko baragaruka tugakorana. Icyampa nanjye nkabona undihira byibura imyuga nagenda nkiga nshishikaye kuko ubu si ubuzima”.

 

 

 

 

 

Rwanda | Nyamasheke: Health workers play big role to fight poor feeding

Tags: , , , , , , , , ,


 

“Ababyeyi b’urumuri” health workers have been praised for their role in fighting malnutrition in Nyamasheke district, during the recent celebrated International women’s day.

The association is made of trainees on balanced foods preparations who are to go and sensitize other parents on the same.

Esperance Mwiza (Member of Parliament), who was the guest of honor at the function, encouraged “ababyeyi b’urumuri” to continue with sensitization because malnutrition affects a child’s physical and mental growth.

District mayor, Jean Baptiste Habyarimana reminded parents to work according to their plan that no child should be malnourished in August 2012.

He said that “uturima tw’igikoni” (kitchen gardens) is one way of fighting malnutrition and advised them to have these kitchen gardens in their homes.

Let’s fight malnutrition in our district and in Rwanda in general. Let every home have a kitchen garden, this will help fight malnutrition,” adds Habyarimana.

Consolée Nyirantezimana, urumuri parent who was teaching parents of malnourished children told them that balanced diet does not require expensive food stuffs but what residents grow like vegetables.

 

Ruhango banze kumugurira

Rwanda | Ruhango: banze kumugurira imyenda y ishuri ahitamo kwibera mu muhanda

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Ruhango banze kumugurira

                       Nteziyaremye yibera mu mujyi wa Ruhango

Umwana w’imyaka 14 y’amavuko witwa Nteziyaremye Vincent ukomoka mu murenge wa Shyorongi akarere ka Rulindo, avuga ko ababyeyi be banze ku mugurira imyenda y’ishyuri, ku ishuri baramwirukana ahitamo kujya kwibera inzererezi mu karere ka Ruhango.

Ababyeyi ba Nteziyaremye ni Habyarimana Francois na Mukamugemana Annonciate. Nteziyaremye avuga ko kubaho nabi abishinja ababyeyi be bamubujije amahirwe yo kwiga none ngo akaba asigaye yirarira munsi y’umukingo “mu ngangi”

Avuga ko yavuye iwabo akajya gukora akazi ko mu rugo ahitwa ku Ntenyo mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, abo yakoreraga bakajya bamukubita ahitamo kuhava yisangira abandi bana bibera ku muhanda.

Kugeza ubu Nteziyaremye ngo atunzwe no kugenda atoragura ibyuma bitagikoreshwa akajya kubigurisha, aho ku munsi ashobora kwinjiza amafaranga 200 gusa akaba ari nayo amutanga mu buzima bwe bwa buri munsi.

Agira ati “rwose ubuzima bwo mu muhanda si bwiza, mbonye nk’umuntu akantwara akanyemerera kwiga rwose nabyemera”

Bashima Hussen ashinzwe ikigo cyakira inzererezi, avuga ko iyo bakiriye abana nkaba babafata bakabasubiza mu turere baba baraturutsemo, hanyuma ubuyobozi bwaho bugashakisha imiryango yabo ndetse bukanabashakira indi mibereho.

Nubwo ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango buhora bukangurira ababyeyi kurinda abana babo kujya mu mihanda, mu mujyi wa Ruhango uhasanga abana benshi bari munsi y’imyaka 12 y’amavuko bazerera mu muhanda.


Rwanda | Nyamasheke: Ababyeyi biyemeje guha abana babo amata mu gihe bari ku ishuri

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Ababyeyi barerera mu ishuri ry’incuke rya Buhoro ADEPER mu murenge wa Macuba biyemeje kugenera abana babo amata mu gihe bari ku ishuri, aha akaba ari mu rwego rwo gushyigikira gahunda y’inkongoro ku mwana mu bigo by’amashuri.

Nk’uko Uwanyirigira Marie Florence, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Macuba abivuga, ngo aba babyeyi bishyize hamwe ngo bakemure ikibazo cy’inzara ishobora kwicira abana babo ku ishuri.

“Hari ababyeyi bafite gardienne hafi y’ahangaha ku murenge baravuze bati kugira ngo abana bacu batazajya bicwa n’inzara sa yine, iriya gahunda y’inkongoro ku mwana reka tuyitangize.”

Uwanyirigira avuga ko ubuyobozi bw’umurenge bwafashije abo babyeyi gushaka umuntu uzajya abaha amata bakagirana amasezerano, ababyeyi bakaba batanga amafaranga 1000 ku kwezi yo kwishyura ayo mata abana babo bahabwa.

Aba babyeyi barebeye kuri gahunda ya Leta y’inkongoro y’amata ku mwana yatangijwe mu mashuri abanza. Ibigo byagezeho iyi gahunda y’inkongoro ku mwana, abayobozi bavuga ko byagize impinduka nziza kuko abana bitabira kwiga kuruta uko byari bisanzwe nk’uko Ndajemariya Jean Nepo, umuyobozi w’ikigo cya REMERA B kibarizwa mu murenge wa kagano abivuga.

“laiterie(ikaragiro) inyange itugemurira amata tukayaha abana kabiri mu cyumweru umwana akaba agenewe litiro mu cyumweru.”

Uyu muyobozi avuga ko abana basigaye baza kwiga ku gihe cyane cyane iyo bari buhabwe amata, ibi bigatuma abarezi bababonera igihe.


Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia