Tag Archive | "abantu"

Rwanda | GISAGARA: UMUTEKANO W’ABACITSE KU ICUMU UKENEYE KWITABWAHO BYIHARIYE

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Uhagarariye Ibuka mu karere ka Gisagara aravuga ko umutekano w’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi muri mata 1994 mu Rwanda ukwiye kwitabwaho ku buryo bwihariye bitewe n’uko bakunze guhura n’ibibahungabanya kurusha abandi bivuye ku mibereho barimo.

Bwana Emmanuel UWIRINGIYIMANA uhagarariye umuryango Ibuka mu karere ka Gisagara aravuga ko aba bantu barokotse Jenoside bakunze guhura n’ibibazo bitandukanye bitewe n’uko bamwe babaye incike bakaba ntabantu babana bityo abajura bakababonera, cyangwa se abandi bakaba imfubyi zirera nabo bikaba uko cyangwa bakabaho bafite ubwoba kubera ko nyine bari bonyine.

Aragira ati”Biroroshye kugirango umujura cyangwa umugizi wa nabi atere umuntu wibana kuko aba azi ko ntawe bari kumwe, ibi rero bikaba bigaragara cyane ku bantu barokotse bagiye basigara bonyi. Mbona rero bishobotse umutekano wabo wakwitabwaho byihariye, muri buri gace bakamenya abantu babo bibana bakababa hafi”

Ibi kandi bwana Emmanuel yabivuze ahereye ku iyicwa ry’umukecuru riherutse kuba mu murenge wa Save, akavuga ko ahanini umugizi wa nabi yorohewe n’igikorwa cye kibi kuko umukecuru yari wenyine n’ubwo yari afite umwana w’umuturanyi uza ku muraza, uwamwishe akaba yaracunze umwana wamurazaga ataraza akaba aribwo aza.

Si uyu muyobozi wa Ibuka uvuga ko aba bantu bakeneye umutekano wihariye gusa kuko n’abaturage ubwabo baravuga ko ari ngobwa ko bitabwaho kurusha abandi kuko ngo bakekako akenshi basuzugurwa kuko batagira imiryango.

MUKARUTAMU Rose ni umupfakazi mu murenge wa Save aragira ati “Mbona byaba byiza usibye n’ubuyobozi n’abaturage bagenzi bacu badushyigikiye bakatuba hafi kuko hari igihe abantu batwoneshereza cyangwa nk’abana bakatwangiriza tugaceceka kuko tuba dukekako babikora baterwa n’uko babona turi abantu bari aho bonyine basuzuguritse. Biroroshye kandi ko abantu banyiba ntaha kuko ntawundi tubana. Bajye badufasha batube hafi rwose”

Umuyobozi w’akarere ka Gisagara bwana Leandre KAREKEZI nawe yavuze ko aba bantu bakwiye kwitabwaho inzego zo hasi zikamenya abantu bibana muri rusange bagacungirwa umutekano ku buryo bwihariye, kuri ubu ngo bikaba bimaze guhagurukirwa.

 

 

m_Ibimina ntibikiri ibya mutuelle de santé gusa ahubwo byifashishwa no mu bukungu

Rwanda : Ibimina ntibikiri ibya mutuelle de santé gusa ahubwo byifashishwa no mu bukungu

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


m_Ibimina ntibikiri ibya mutuelle de santé gusa ahubwo byifashishwa no mu bukungu

Abakozi b’akarere ka Muhanga bakunze kwegera abaturage mu kazi kabo ka buri munsi baratangaza ko ibimina byifashishijwe mu gutanga amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza, babikoresheje kugirango bafatanye noneho mu kwikura mu bukene.

Amatsinda akaba asigaye yitabazwa n’abaturage mu gushyira hamwe ubushoobozi buri wese afite mu rwego rwo kuzamurana cyane cyane mu buhinzi kuko aribwo butunze abantu benshi.

Ushinzwe ubuhinzi mu murenge wa Cyeza, Agronome Ndacyayisenga Rafiki Bonavanture avuga ko aya matsinda akunze kwitwa ibimina aba agizwe n’abantu bari hagati y’icumi na 25 yakira buri wese nubwo bose baba badafite ubushobozi bungana.

Ndacyayisenga ati: “ikiza cy’ibi bimina ni uko bituma buri muturage yibonamo kuko n’udafite icyo yatanga mu itsinda ashobora kuvuga ko azakoresha ingufu ze zikaba ariwo mugabane we mu gihe mu makoperative bisaba ko buri wese azana umugabane ungana n’undi, udafite ubwo bushobozi  ho ntiyakirwa”.

Ndacyayisenga avuga ko ibi bimina bifasha abaturage kuko ngo bose babyibonamo kandi ngo haboneka abantu benshi bitanga kuko baba bakeneye kuzamuka ngo bave mu bukene.

Ibi bimina byitwa ibivuguruye kuko bifasha abaturage mu kongera ubukungu bwabo mu rwego rwo kwikura mu bukene, abaturage babyibumbiyemo abenshi usanga bafashwa ahanini n’umuryango utegamiye kuri Leta DUHAMIC (Duharanira Amajyambere y’ICyaro) mu mushinga wayo uterwa inkunga na USAID.

Nyandwi Eugene, umukozi w’uyu muryango avuga ko bafasha abaturage kwiteza imbere kuburyo hari abamaze kuvana ibimina byabo ku rwego rw’amatsinda asanzwe bakayagira amakoperative kubera ingufu buri wese aba yatanze.

Aha ngo buri muntu uri  mu kimina aba yaratanze ingufu zihagije kuburyo nyuma baza kwisanga bari ku rwego rumwe rwakora koperative. Aha akaba avuga ko babafashije gufunguza amakonti mu mirenge SACCO aho bizigamira amafaranga 1000 buri kwezi buri wese, abafasha mu bikorwa byabo bya buri munsi

 

 

 

Abaturage barasabwa gukosoza

Rwanda : Abaturage barasabwa gukosoza ibyemezo by ubutaka bifite amakosa kugirango bitazabagaruka

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Abaturage barasabwa gukosoza

Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burasaba abaturage bako ko bakwitabira gukosoza amakosa yagaragaye ku byemezo by’ubutaka bahawe, aho kugirango babibike uko biri kuko ngo bishobora kubagiraho ingaruka mbi.

Umuyobozi w’aka karere wungirije ushinzwe imari, ubukungu n’amajyambere, Uhagaze Francois avuga ko hari abantu byagaragaye ko bafite ibyemezo biriho amakosa ariko bakanga kubikosoza bibwira ko arizo nyungu zabo.

Uhagaze ati: “hari abo usanga bafite amagorofa ariko ugasanga ubwo butaka babubaruye nk’ubukaka buhingwaho butishyura, ubibonye atyo agirango arahiriwe kandi nareba nabi bizamugaruka kuko najya muri banki gutanga ingwate kuri iyi nzu nta nguzanyo bazamuha kuko banki yo iba ibona uyihaye ibyemezo by’ubutaka bwo guhingaho”.

Akaba asaba abaturage baba bafite ibyemezo nk’ibyo kubigaragaza aho gukomeza kubihisha cyane ko ngo ubuyobozi butashobora kumenya abafite amakosa.

Avuga ko bagiye gushyiraho abakozi bazaba bashinzwe kureba abantu bafite ibyemezo bifite amakosa kugirango bibe byakosoka. Aha abakuru b’imidugudu bakaba basabwe ubufatanye bwabo kugirango iki kibazo kirangire kuko aribo baba bazi abantu baturanye.

Abaturage b’akarere ka Muhanga, kugeza magingo aya baracyavuga ko bagifite ikibazo cy’ubukode bw’ubutaka buri hejuru kandi bari bemerewe ko bagiye kugabanya ibiciro.

 

 

 

 

RUSIZI INYAMA ZINGURUBE

RWANDA | RUSIZI: INYAMA ZINGURUBE ZIKUNZWE NA BENSHI

Tags: , , , , , , , , , , ,


RUSIZI INYAMA ZINGURUBEKera kose itungo ry’ingurube  ryasaga n’irigayitse, aho abantu benshi banariziraga ngo kubera imiterere yaryo n’umwanda rigira ariko ngo ubu ibintu byarahindutse kuko inyama z’ingurube zisigaye zifite agaciro aho ikiro kimwe cyazo cyokeje kigura amafaranga ibihumbi bibiri na magana inani (2800fr) ,mu karere ka Rusizi ibyo bigaragarira mutubari twinshi two mumujyi aho usanga inyama z’ingurube zikoreshwa cyane .

aho twageze ni nko mukabari kitwa PEACE BAR kari mu mujyi rwagati , twabashije kuganirana bamwe  mubatunganya inyama z’ingurube, tunatemberezwa aho bazitunganyiriza .

abo basore bakora uwo murimo icyambere batangaza ngo ko ingurube itacyitwa izina ryayo rusange ry’ingurube kuko ngo basanga ari ukuyitesha agaciro kandi ari ikiribwa gikunzwe cyane, ubu ngo isigaye yitwa AKABENZI iryo zina ngo basanga riyikuraho igisebo .

RUSIZI INYAMA ZINGURUBE aba basore mubona nibamwe mubatunganya inyama z’ingurube muri ako kabari baratangaza ko ngo mbere yo kuzishyira abakiriya baba babanje gusuzuma ko zihiye neza .

kubera ko abantu benshi bakunze gukoresha izo nyama  bamwe mubazicuruza batangaza ko ingurube zahenze ku isoko aho ingurube imwe nkuru igura amafaranga ari hagati y’ ibihumbi  ijana  nijana na makumyabiri. Cyakora ku bivugwa ko inyama z’ingurube zitera indwara y’igicuri abazotsa bavuga ko ngo nabo babyumva batyo. ushinzwe  ubuvuzi bw’amatungo mu karere ka Rusizi bwana Niyonsaba Oscar we yatangaje ko izo nyama zidatera igicuri ariko ngo hari uburwayi bw’igicuri abantu bashobora kurwara  buturutse ku kurya  inyama z’ingurube zirwaye Rushe cg (cysticereose porcine)

 

Rwanda : Mu mpera z’uyu mwaka, 40% by’amabati ya fibro-ciment azaba yakuweho mu gihugu

Tags: , , , , , , , , , , , , , , , ,


Hashize iminsi u Rwanda rufite gahunda yo gukuraho amabati yo mu bwoko bwa fibro-ciment bivugwa ko abamo umukungugu udashobora kubonwa n’ijisho ry’umuntu, utera kanseri y’ibihaha. Iyi gahunda yaba igeze he?

Ushinzwe gukurikirana ikurwaho rya bene aya mabati mu Ntara y’Amajyepfo, Rubibi Louis Pasteur, ati « igikorwa cyo gukuraho bene aya mabati kizabanza gukorwa n’abantu ku giti cyabo bayasakaje ku buryo bizarangirana n’uyu mwaka wa 2012. Kuyakura ku mazu ya Leta byo bizarangirana n’umwaka utaha wa 2013. »

Ubundi, ubushakashatsi bwakozwe mu kwakira 2010 bwagaragaje ko mu Rwanda haboneka ibisenge na palafo bya fibro-ciment biri ku buso bwa 1.000.000 m2. 60% by’ubu buso biri ku nyubako za Leta naho 40% bikaba ku mazu y’abaturage n’ay’abihayimana.

Amazu ya Leta rero ni yo menshi mu asakajwe fibro-ciment. Iyo witegereje kandi, usanga ayo mazu ahanini ari amavuriro ndetse n’amashuri. Ibi rero biteye impungenge : abana n’abarwayi bari mu cyiciro cy’abantu bafite umubiri utabasha kurwanya indwara neza, ku buryo ari bo bagomba kurindwa ibyabazanira uburwayi mu mubiri kurusha abandi ; nyamara ni bo bajya ahari bene aya mabati.

Ngo imwe mu mpamvu ituma amazu ya Leta ataratangira gukurwaho bene aya mabati ni ikibazo cy’ingengo y’imari bitewe n’uko kuyakuraho bihenze. Ese aba bihayimana n’abandi baturage bo bazabasha kubona amafaranga ya ngombwa kugira ngo babe barangije iki gikorwa mu mpera z’uyu mwaka turimo ? Reka tubitege amaso.

Icyakora, iki gikorwa nikiramuka kirangiranye n’umwaka utaha, haba ku mazu y’abantu ku giti cyabo ndetse n’aya Leta,  nk’uko Rubibi abivuga, bizaba ari intambwe ikomeye mu kubungabunga ubuzima bw’Abanyarwanda.


Abatwara abantu

Rwanda : Abatwara abantu n’ibintu ntibakwiriye kurwanira isoko

Tags: , , , , , , , , , , , , , , , ,


Dr Alexis Nzahabwanimana, umuyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) ufite gutwara abantu n’ibintu mu nshingano ze arasaba abakora umwuga wo gutwara ibinyabiziga mu karere ka Rubavu kwibumbira mu makoperative bagaharanira inyungu rusange aho kurwanira abagenzi.

Abatwara abantuIbi Dr Nzahabwanimana akaba yarabitangaje ku itariki ya 12 Nyakanga ubwo yasuraga abakora umwuga wo gutwara abantu n’ibintu mu karere ka Rubavu, ikiganiro yagiriye muri Centre Culturel ya Gisenyi hagamijwe kungurana ibitekerezo ku iterambere rirambye ry’uyu mwuga hitawe ku bawukora n’abagana iyi serivisi.

Dr Nzahabwanimana yasobanuye ko koperative zisigaye zivuka ariko ugasanga ntizisenyera umugozi umwe ahubwo ugasanga zirwanira abagenzi. Aha yashimangiye ko kuzana imodoka cyangwa moto ukayandikisha muri koperatve bidahagije mu gihe uzahora urwanira isoko n’abo muhuje umwuga.

Yagize ati “koperative ivuze gushyira hamwe abantu bagaharanira inyungu ya rusange ku buryo banagobokwa na Leta kuko na yo ihera ku bafite imishinga izaramba.”

Iyi nkunga ya Leta izajya ihabwa abatwara abagenzi n’ibintu ikaba ikiri kwigwaho ariko ikaba izemezwa nyuma y’uko inzego zose zirebwa n’iki kibazo zitanze inama.

Mu bindi abakora umwuga wo gutwara abantu n’ibintu basabwe harimo gufata neza ibikorwa remezo, bakumva ko biri mu nshingano zabo kubirinda. Banasabwe kandi guharanira ko Umuryango w’Ibihugu bigize Afrika y’Iburasirazuba (EAC) ubabera isoko aho kugirango u Rwanda ruyibere isoko.

Umuyobozi w’akarere ka Rubavu Sheikh Bahame Hassan na we yamenyesheje abayobozi b’amashyirahamwe y’abakora umwuga wo gutwara abantu n’ibintu ko akarere kari gushakisha inkunga yo kubaka gare. Akaba yabasabye uruhare rwabo kugirango bagere kuri iyi ntego.

Eric Nkurikiyimfura, umuyobozi w’ishyirahamwe ry’abatwara moto mu karere ka Rubavu yishimiye inama bagiriwe mu kunoza imikorere yabo kandi ko bizoroha kuko na bo bemera ko igihe cyo kuva mu gukorera mu kajagari kigeze dore ko ngo bituma umwuga wabo uta agaciro.

Nyamara ariko Nkurikiyimfura akaba asanga bagomba kugira uruhare mu byemezo bibafatirwa nko kwitorera abayobozi kuko hari igihe usanga hari abatorerwa iyo myanya badakora umwuga bagiye guhagararira bikamera nk’ishoramari.

 

 

 

 

 

Rwanda : Mu Rwanda habarirwa m2 1.000.000 z’amabati y’asbestos

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Amabati y’asibesitosi(asbestos)  yagaragaye ko yifitemo ubumara butera

indwara zikaze nka cancer y’ibihaha, mu Rwanda hakaba hamaze igihe

bivugwa ko aho ari agomba gukurwa ku mazu. iki gikorwa kikaba

kigomba kurangirana n’umwaka umwe  kubera ingaruka agira k’ubuzima

bw’abantu.

 

Amabati y’ asibesitosi mu Rwanda abarirwa kuba kuri m2 1.000.000 ngo

amenshi abarirwa mu mujyi wa Kigali wihariye 41,5% ukurikirwa n’intara

y’amajyepfo kuko ahenshi yubakishijwe hagati y’imyaka ya za 1960-1980

ashyirwa kumazu y’abihaye Imana hamwe n’inyubako za leta n’izabayobozi

ubwo yafatwaga nk’amabati akomeye kandi aramba ariko bitaramenyekana

ko atera ingaruka k’ubuzima bw’abantu.

 

Nubwo u Rwanda rushyize imbaraga muguca isakaro rya fibrocement ririmo

ubumara bwa asibesitosi, mu mwaka wa 2009 ku isi habarirwaga toni

miliyoni 2 za asbestos. igihugu kiza ku isongo mu kuyikoresha akaba ari

uburusiya bwihariye 50% mu kuyikoresha mugusakara naho igihugu

cy’ubushinwa gikurikiraho gikorersha (14%), Brazil (12.5%), Kazakhstan

(10.5%) naho Canada (9%)

 

Iri bati, rimaze  igihe kitari gito rikoreshwa nubwo byatangiye

kumenyekana ko rishobora kuba ririmo ubumara bugira ingaruka k’ubuzima

bw’abantu kuva 1906 aho byagaragaye bivuye kubantu bakoraga

m’ubucukuzi bwayo, ubwo bitabaga Imana.

 

Mu Rwanda isakaro ry’ asibesitosi rigomba gukurwaho

n’abanyamwuga babifitiye ubumenyi cyane ko mu kuyakuraho nabi

bishobora gutera ingaruka nyinshi, aya mabati yagejejwe mu

Rwanda gukoreshwa igihe ahandi yarimo gucibwa cyane mu bihugu byateye

imbere.

 

 

 

Rwanda : Ubuharike buri ku isonga mu bibazo bikomeye muri gahunda yo kwandika ubutaka

Tags: , , , , , , , , , , , ,


Abagize komisiyo y’ubutaka mu turere baratangaza ko ubuharike ari kimwe mu bibazo bikomeye muri gahunda y’ubutaka kuko gikunze kugaragara nk’imbogamizi henshi mu turere tw’u Rwanda.

Aba bagize iyi komisiyo bagaragaje ko mu gihe abantu bumvise ko hari gahunda yo kubarura ubutaka mu gace runaka, bihagurutsa abantu benshi ndetse n’abatari basanzwe bazwi muri ako gace bakaza kwibaruza ku butaka runaka baba bemeza ko babufiteho uruhare.

Urugero umuyobozi mukuru wungirije  w’ishami rishinzwe ubutaka no kubupima, Eng. Didier Giscard Sagashya yatanze akaba ari urwo mu karere ka Nyamagabe hagaragaye umugabo wahuriweho n’abagore icumi bose bemeza ko babyaranye nawe.

Aba bagore bakaba barashakaga ko abana babo bakwandikwa ku butaka bw’uwo mugabo nk’ababufiteho inyungu.

Mu busanzwe amategeko y’ubutaka avuga ko ubutaka bushobora kubarurwaho umuntu umwe ariko bakabarura n’abantu bose babufiteho inyungu kugirango hatazaba kuryamirana.

Sagashya avuga kandi ko ikibazo cy’abavandimwe batumvikana nacyo giteza inkeke abashinzwe kubarura ubutaka kuko hagaragaye abatari bake bashwana kubera izungura ndetse n’iminani.

Ikindi kibazo cyagaragajwe kigeze guteza ibibazo ariko kikaba ngo cyarabashije kubonerwa umuti, ngo ni ikibazo cy’ibirwa. Ku ngoma ya gikoloni, yavugaga ko ibirwa byose ari ibya leta nta muturage wemerewe kubigira.

Nyamara usanga ibirwa binini bimaze guturwa cyane n’abaturage benshi, aha leta ikaba yarafashe icyemezo cyo kubarura ubutaka bwo ku birwa ku babutuyeho, ubw’ibirwa bito bukaba aribwo bubarurwa kuri leta.

Ishyamba kimeza rya Gishwati naryo ngo ryateje ibibazo kuko ryagiye rihabwa abaturage ngo bariture kuva mu myaka ya kera ariko magingo aya rigomba gusubira uko ryari maze rikabarurwa kuri Leta.


Ngororero Gutegereza inkunga udakora ni ukwibeshya Semasuka

Rwanda : Ngororero: Gutegereza inkunga udakora ni ukwibeshya (Semasuka)

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Umugabo witwa SEMASUKA Alphred utuye mu kagali ka Gatega mu murenge wa Hindiro umaze imyaka 25 abana n’uburwayi bwo munda butuma adakora imirimo y’ingufu nko guhinga n’ibindi bitunga abantu batuye mu cyaro avuga ko abantu bafite uburwayi bose cyangwa abafite ubumuga budakira badakwiye kubaho basabiriza kuko bitera isoni n’icyubahiro gike mu muryango nyarwanda.

Uyu mugabo ufite imyaka isaga 60 y’amavuko akaba yarashatse umwuga wo kumutunga adasabirije kuva mu 1987 maze aza kwigira inama yo kudoda imyenda ishaje (kuyisana no kuyiteramo ibiraka) akoresheje imashini nto bita icyarahani ubu akaba atanga ubuhamya bwo kutiringira inkunga ahubwo abantu bose bagahagurukira gukora.

Ngororero  Gutegereza inkunga udakora ni ukwibeshya Semasuka

Semasuka

Ubwo twamusangaga aho akorera ako kazi kaburimunsi yicaye kurubaraza rw’inzu Semasuka yagize ati “ ubwo nari mu gihugu cya Uganda mu mwaka wa 98, nabayeho nabi kubera uburwayi nyuma nza kubona ko abantu baho nta rukondo bamfitiye maze mpitamo kugura icyarahani ku mafaranga nari ngujije mugenzi wanjye w’umunyarwanda maze ntangira kwikorera. Uyu mwuga wongeye kundwanaho ndi mu buhungiro muri zayire. Sinigeze nicwa ninzara hamwe n’abantu banjye. Nanubu ntunze umuryango w’abantu 5 kubera aka kazi”.

Uyu mugabo akomeza avuga ko nubwo ntamuntu yavuga amazina, ariko hari abitwaza uburwayi bafite nabo ntibakore ngo bibesheho akabagira inama yo gushakisha kuko akimuhana kaza imvura ihise. Iyo urebye uyu mugabo wakeka ko yabuze amafaranga yo kugura imashini ifite amaguru, ariko siko bimeze ahubwo ngo ahitamo gukoresha imashini inyongeshwa intoki kugirango abone uko ayicyura mu rugo itamugoye. Ikindi kandi ngo ni n’uburyo bwo gushaka abakiriya bo murwego ruciriritse kuko ngo abantu basanisha imyenda bakunda bene aba bantu naho abadodesha imishyashya bagahitamo abantu bakiri bato kandi babyize mu mashuli.

Gusa Semasuka anavuga ko Leta ikwiye kujya yorohereza abantu nkawe bashaje cyangwa bafite ubumuga ariko bakagaragaza ubushake mu gukora. Aranahamagarira abantu bafite ikibazo cy’amikoro gutangirira kubintu bito bakazagenda bazamuka.


 

Rwanda | Gisagara Abaturage

Rwanda | Gisagara: Abaturage bafashwa n’umuryango artcf barashima ibikorwa byawo

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Abaturage bo mu karere ka Gisagara baterwa inkunga n’umuryango ARTCF (Association Rwandaise des Travailleurs Chretiens Feminin) barishimira ibyo umaze kubageza ndetse n’ubufasha ukomeje kubaha bugamije kubafasha kuva mu bukene.

Rwanda | Gisagara AbaturageUyu muryango ARTCF ubusanzwe ufasha abantu bafite ubwandu bwa VIH/ SIDA ndetse n’abandi batishoboye ahanini batewe ubukene no kurwaza iyi ndwara, ukaba ukora ku bufatanye bwa Care International. Muri aka karere ka Gisagara uyu mushinga ukorera mu mirenge 2 ariyo Nyanza na Kigemebe, ugafasha abantu binyuriye mu mashirahamwe y’abantu 20 mu ishyirahamwe 1.

Kuri uyu tariki ya 26 Gicurasi uyu muryango watanze ihene zigera kuri 150 mu murenge wa Nyanza ku miryango igera kuri 50 aho buri rugo rwahawe ihene 3. Nk’uko mu mashyirahamwe atandukanye afashwa n’uyu muryango  abantu bahitamo icyo bazabafashisha gihwanye n’amafaranga 1.800.000 agenerwa buri shyirahamwe, abo muri uyu murenge wa Nyanza bahise kugurirwa ihene zo korora.

Nyuma yo kuzihabwa aba baturage bavuga ko bishimiye iki gikorwa kandi ko bazakora uko bashoboye aya matungo bahawe bakazayabyaza umusaruro maze nabo bakiteza imbere.

“Ndishimye rwose kuko nari naribajije aho nzakura agatungo byaranyobeye none mpawe ihene 3. Ubu ngiye kuzitaho uko nshoboye kose maze nazo zijye zibasha kumpa ifumbire mbone umusaruro uhagije mu mirima yanjye.” NYIRAMAKOMARI umukecuru umwe mubahawe ihene.

Uyu muryango nawo usobanura ko icyo ugamije ari ugufasha aba bantu kugira icyo bageraho cyane ko nk’abafite ubwandu baba bakeneye kwiyitaho bihagije, bityo rero kubaha amatungo cyangwa amafaranga abafasha mu dushinga duto baba barakoze bikaba bituma aba bantu bashobora kuronka bike mu bibagomba bitandukanye muri ubwo burwayi babana nabwo.

“Ntabwo twabaha ibyo bakeneye byose kandi tunagerageje kwita ku muntu uko bikwiye ntitwafasha benshi, ariko tugerageza kubafasha mu nyigisho bakiga guhanga udushinga duto maze tukabatera inkunga bityo bakabasha kugira inyungu n’umugabane kubyo tubafashisha ari benshi kandi abo barwaye bakabasha kubona kubyo uburwayi bwabo bubagomba n’ubwo bitaba byose kandi bataretse no gukora ngo biteze imbere bahereye kuri ibyo bike.” Innocent MBABARIYE umukozi wa ARTCF ishami rya Huye na Gisagara.

Uyu muryango kandi uhugura abaturage ku bijyanye no kwirinda agakoko gatera Sida ku batayirwaye ufasha, abenshi bahuguwe bakaba ubu bamaze gusobanukirwa n’akamaro ko gusiramurwa (Circumcision) ndetse bakaba bari no kubikorerwa. Muri Gisagara abahawe aya mahugurwa bagera kuri 1500.


Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia