Tag Archive | "abatishoboye"

Rulindo: MIDIMAR yatanze inkunga ku batishoboye

Rwanda | Rulindo: MIDIMAR yatanze inkunga ku batishoboye

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


 Rulindo: MIDIMAR yatanze inkunga ku batishoboye

 

 

 

 

 

 

Kuri uyu wa kabiri tariki 4/8/2012 mu murenge wa shyorongi,akarere ka Rulindo, ministere ifite mu nshingano zayo imicungire y’ibiza no gucyura impunzi MIDIMAR ifatanije na OIM(umuryango wo gufasha abimukira ku isi) batanze inkunga igizwe n’ibikoresho byo mu bwubatsi ,n’ingurube. Bikaba byashyikirijwe abatishoboye n’abatahutse batuye muri uwo murenge.

 Rulindo: MIDIMAR yatanze inkunga ku batishoboye

 

 

 

 

 

 

Abaturage bahawe iyo nkunga ngo babona ari ubufasha leta ikomeje kubagezaho mu rwego rwo kwifuriza abaturage imibereho myiza. Uwitwa Rwirahira Emmanuell utuye mu kagari ka Buvumo wahawe itungo ry’ingurube ati”ndashimira Leta y’ubumwe ikomeje kwifuriza imibereho myiza abaturage bayo iduha ubufasha.”

Aba baturage ngo bahuye n’invura idasanzwe mu mezi yashize, ku buryo amazu Atari akomeye yahise asenyuka. Mubahawe inkunga y’amabati ngo bishimiye ko bagiye kuba mu nzu zabo kuko ngo bari bacumbitse. Umukecuru witwa Mukandoli Venansiya utuye mu kagari ka Bugaragara ati”nshimishijwe nuko ngiye mu nzu yanjye nanjye nkamererwa neza kuko nari ncumbikiwe n’umurenge nyuma  yo gusenyerwa n’invura”

Murenzi Gaspard waje ahagarariye MIDIMAR yavuze ko uyu mushinga ukorera mu turere tumwe na tumwe, ukaba utanga infashanyo z’ibanze ku bantu batahutse n’abatishoboye ,ukigisha n’imyuga iciriritse muri rusange. ukaba uterwa inkunga na leta y’ubuyapani.

 

 

Nyabihu Abatishoboye

Rwanda : Nyabihu: Abatishoboye baragenda bafashwa kwikura mu bukene borozwa inka ari nako basabwa kwita ku bidukikije

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Nyuma yo gutanga inka 13 zatanzwe kuwa 07/06/2012 ku nkunga ya FARG zigahabwa abacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye  bo mu mirenge ya Rugera, Jomba, Muringa na Shyira ngo zibafashe kwikura mu bukene no kuzamura umwuga wabo w’ubuhinzi, kuri uyu wa 08/06/2012, inka 49 zahawe abatishoboye mu mirenge ya Jenda na Kabatwa ku nkunga ya RDB.

Rwanda :  Gahunda ya Girinka iragenda ifasha abaturage kwikura mu bukene

Gahunda ya Girinka iragenda ifasha abaturage kwikura mu bukene

Izi nka 49 zahawe imiryango 49 y’abatishoboye bo muri iyi mirenge ya  Jenda na Kabatwa zikaba zaratwaye amafaranga 13.250.000 nk’uko ushinzwe ubworozi mu karere ka Nyabihu Shingiro Eugene wari witabiriye uyu muhango yabidutangarije. Abahawe inka batishoboye bo muri iyi mirenge ya Jenda na Kabatwa,bakaba barasabwe kuzifata neza bazikorera ibishoboka byose ngo zororoke bityo zizabafashe mu iterambere.

Nk’imirenge ikora kuri Parc y’ibirunga kandi banasabwe kubungabunga iyo Parc birinda kwangiza inyamaswa n’ibidukikije bindi dore ko byagaragaye ko hari abajyaga babikora. Bakaba barsabwe kuba ijisho ry’iyo Parc bagakumira uwariwe wese washaka kuyangiza.

Gahunda ya Girinka mu Rwanda ikaba yaratangiye mu mwaka wa 2006 igatangizwa na Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda b’abakene kwikura mu bukene no kuvugurura imirire yabo. Kugeza ubu Abanyarwanda batari bake bakaba bamaze kubona inka, ndetse henshi na henshi bakaba baratangiye no korozanya .


Rwanda | Nyagatare: Croix-Rouge y’Umutara Polytechnic yateye inkunga abatishoboye ifite agaciro k’ibihumbi 405

Rwanda | Nyagatare: Croix-Rouge y’Umutara Polytechnic yateye inkunga abatishoboye ifite agaciro k’ibihumbi 405

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda | Nyagatare Croix-Rouge yKuri uyu wa 26 Gicurasi 2012, abanyeshuri b’abakorerabushake ba Croix-Rouge y’u Rwanda muri Kaminuza y’Umutara Polytechnic bahaye abatishoboye bo mu Karere ka Nyagatare mu Murenge wa Nyagatare iyi kaminuza iherereyemo imfashanyo igizwe n’imyambaro, ihene n’amafaranga bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi magana ane na bitanu.

Abaturage bahawe iyi mfashanyo bashimiye Croix-Rouge kuba idahwema kubaba hafi mu buzima bugoye babamo. Rugangura Fidèle, umwe mubahawe imfashanyo, yakira ihene yashyikirijwe n’umuyobozi wa Croix-Rouge y’u Rwanda ku rwego rw’igihugu, Nzigiye Bernard, n’ubwuzu bwinshi n’ibyivugo yagize ati “Croix-Rouge itwitaho cyane. Aba bana baherutse kunyubakira inzu none dore barananyoroje. Haragahoraho Croix-Rouge.”

Abakorerabushake ba Croix-Rouge bavuga ko imfashanyo bahaye abatishoboye ari iyo bakusanyije mu baturage batuye mu Mujyi wa Nyagatare ibindi bigaturuka ku ruhare rwabo dore ko buri mukorerabushake yatanze amafaranga magana atanu. Nsabimana Olivier, uyobora abakorerabushake ba Croix-Rouge muri Kaminuza y’Umutara Polytechnic yashimiye abaturage bose bitanze bakabafasha gufasha abatishoboye. Yagize ati “ Iyi nkunga ni uku ingana murayihabwa uko imeze ariko ndagirango nshimire mbikuye ku mutima abantu bose badufashije kuyibona.”

Nzigiye Bernard, umuyobozi wa Croix-Rouge y’u Rwanda ku rwego rw’igihugu akaba yashimye iki gikorwa cy’aba bakorerabushake dore ko kaminuza yabo ikiri nshya bityo n’itsinda rya Croix-Rouge riyikoreramo rikaba rikiri rishya. Yagize ati “Iki ni igikorwa cy’indashyikirwa kandi ndabasaba gukomereza aho mukabera abandi urumuri mu guteza imbere umuryango nyarwanda.” Nzigiye Bernard yemereye aba bakorerabushake ba Croix-Rouge kubashakira amahugurwa menshi abongerera ubumenyi n’ubushobozi noneho akabashinga guhugura no gukurikirana amatsinda ya Croix-Rouge y’u Rwanda mu mashuri no mu biturage mu Ntara y’Uburasirazuba.

Naho Nzigiye Egide, umukozi mu nzego bwite za Leta, wari muri uwo muhango ahagararariye umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, yashimiye Croix-Rouge y’u Rwanda ubufasha idahwema guha abaturage b’ako karere aho yagarutse cyane cyane ku mazu bubakira abatishoboye, mu koroza abaturage, kurinda ibidukikije no kurwanya ibiza.

Imfashanyo batanze uyu munsi ikaba yari igizwe n’imyambaro, amafaranga ibihumbi mirongo itatu n’ ihene eshatu. Byose hamwe ngo bikaba byari bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi magana ane na bitanu.


 

Rwanda | Inka zihabwa abatishoboye

Rwanda | Inka zihabwa abatishoboye muri gahunda ya Girinka zigomba kuba zujuje ubuziranenge

Tags: , , , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda | Inka zihabwa abatishoboye Inka zigera ku 8 zizahabwa abakene n’abashigajwe inyuma n’amateka  bo mu murenge wa Rambura zafashwe amaraso kuri uyu wa 14/05/2012 kugira ngo ajyanwe muri  RAB hasuzumwe niba ari nzima mbere y’uko zihabwa abazigenewe.

Nk’uko ushinzwe ubworozi mu karere ka Nyabihu  Shingiro Eugene, ari nawe wakoze icyo gikorwa cyo gufata amaraso izi nka yabidutangarije, ni byiza ko abahabwa inka bahabwa inka nzima zidafite ikibazo na kimwe kugira ngo zizababyarire umusaruro mwiza zinabageze no ku iterambere kuko aricyo kiba kigamijwe iyo bazihawe.

Bikaba biteganijwe ko nibasanga izi nka ari nzima 4 arizo zizahabwa abashigajwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Rambura, 2 zigahabwa abatishoboye bubakiwe mu murenge wa Jenda naho izindi zikazahabwa abatishoboye 2 basanzwe bazatoranywa.


Rwanda | Inka zihabwa abatishoboye

Rwanda | Inka zihabwa abatishoboye muri gahunda ya Girinka zigomba kuba zujuje ubuziranenge

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Mu rwego rwo gufasha abaturage bako kwivana mu bukene, akarere ka Nyabihu karateganya gutanga inka 8. Izo nka zizahabwa abakene n’abashigajwe inyuma n’amateka  bo mu murenge wa Rambura zafashwe amaraso kuri uyu wa 14/05/2012 kugira ngo ajyanwe muri  RAB hasuzumwe niba ari nzima mbere y’uko zihabwa abazigenewe.

Rwanda | Inka zihabwa abatishoboye

Nk’uko ushinzwe ubworozi mu karere ka Nyabihu  Shingiro Eugene, ari nawe wakoze icyo gikorwa cyo gufata amaraso izi nka yabidutangarije, ni byiza ko abahabwa inka bahabwa inka nzima zidafite ikibazo na kimwe kugira ngo zizababyarire umusaruro mwiza zinabageze no ku iterambere kuko ari cyo kiba kigamijwe iyo bazihawe.

Rwanda | Inka zihabwa abatishoboye

 

Bikaba biteganijwe ko nibasanga izi nka ari nzima 4 arizo zizahabwa abashigajwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Rambura, 2 zigahabwa abatishoboye bubakiwe mu murenge wa Jenda naho izindi zikazahabwa abatishoboye 2 basanzwe bazatoranywa.


Rwanda Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kibilizi, Bizimana Egide

Rwanda | Kibilizi: Amabati 114 yari agenewe kubakira abatishoboye yaburiwe irengero

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda  Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kibilizi, Bizimana Egide

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kibilizi, Bizimana Egide

 

Mu murenge wa Kibiri mu Karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, amabati 114 yari agenewe kubakira abatishoboye batuye muri uwo murenge yaburiwe irengero.

 

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Kibilizi, Bizimana Egide avuga ko yari abitse mu nzu abapolisi bo muri uwo murenge babamo.

 

Ngo byamenyekanye ubwo bashakaga  kujya kuyakoresha mu gikorwa yari agenewe cyo kubakira abatishoboye hanyuma barebye basanga atakiri yose nk’uko Bizimana Egide yabitangaje.

 

Yakomeje avuga ko tariki 15/03/2012 aribwo bamenye ko yabuze mu gihebaribagiye kuyarebera  mu bubiko bakeneye kujya kuyakoresha mu gikorwa cyo gusakara inzu z’abatishoboye bo muri uwo murenge.

 

Umuyobozi w’umurenge wa Kibilizi Bizimana Egide yatangaje ko ikirego kirebana n’ayo mabati bahise bagishyikiriza ubuyobozi bwa polisi ubu ibintu bikaba bikiri mu iperereza kugira ngo bazamenye neza irengero ryayo.

 

Icyo kibazo cy’ayo mabati yaragenewe kubakira abatishoboye bo mu murenge wa Kibilizi ariko bikaza kugaragara ko nyuma yabuze cyavuzwe mu  nama y’umutekano y’akarere ka Nyanza yaguye yabaye tariki 26/03/2012 iyobowe n’umuyobozi w’ako karere Murenzi Abdallah.

 

 

 

 

 

Kamonyi Umuryango Good

Kamonyi: Umuryango Good Neighbors watangiye kubakira abatishoboye bo mu kagari ka Kagina

Tags: , , , , , , , , , , , ,


Mu rwego rwo gufasha abatishoboye batagira aho baba, umuryango w’abanyakoreya Good Neighbors watangiye kubakira abatishoboye bo mu kagari ka Kagina, Umurenge wa Runda, amazu agera kuri 30. Abagenerwa bikorwa nabo bakaba basabwa kugira uruhare muri icyo gikorwa.

Kamonyi Umuryango Good

Uyu muryango w’abanyakoreya witwa Good Neighbors usanzwe ufasha abatuye akagari ka Kagina haboneka umubare munini w’abashigajwe inyuma n’amateka n’abandi baturage batishoboye, watangiye igikorwa cyo kubakira imiryango y’abatishoboye igera kuri 30.

Nk’uko bitangazwa n’umunyamabanga Nshingwabikorwa  w’ akagari ka Kagina, Nzaramba Jean Bosco, ngo aka kagarigafite abatishoboye bakeneye kubakirwa basaga 150.Ubuyobozi bukaba bwarubakiye abavuye muri Nyakatsi, abandi ngo bakaba bashaka inkunga zo kububakira.

Abaturage bubakirwa ayo mazu, Good Neighbors ibasaba kugira umusanzu batanga bibumbira amatafari, maze uwo muryango ugakorera umuturage indi mirimo yose isigaye, harimo kubaka, gusakara, gukinga no gukora amasuku.

Abubakirwa ngo ibyo kwibumbira amatafari ntacyo bibatwaye. Bigirabagabo Sarehe , umwe mu barimo  kubakirwa, avuga ko yari asanzwe aba mu kazu gato we n’umuryango we w’abana batanu n’umugore.

Ngo nta bushobozi yari afite bwo kwiyubakira inzu igaragara kuko ngo uretse akazi k’ububumbyi nta kindi akora ndetse ngo nta n’isambu afite.

Uyu mugabo yibumbiye amatafari agera ku bihumbi bibiri Magana atanu, none Good Neighbors irimo kumwubakira. Icyo gikorwa aragishima cyane kuko ngo kuva ubu agiye guhangayikishwa n’ibyo kurya gusa aho guhangayikishwa n’aho kuba.

Gahunda yo kubakira abatishoboye ikaba iri mu mushinga Good Neighbors yise “KRT Project” , ugamije kubakira abaturage inzu zijyanye n’icyerekezo aho bazajya bubakira umuturage Inzu, Igikoni ndetse n’ubwiherero.


Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia