Tag Archive | "abo"

Rwanda | Kayonza Imiryango irera abana

Rwanda : Kayonza: Imiryango irera abana b’imfubyi za Jenoside irasabwa kutabarira imitungo yitwaje ko ibarera

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda | Kayonza Imiryango irera abanaImiryango yakiriye abana b’imfubyi za Jenoside irasabwa kutigwizaho imitungo abo bana basigiwe n’ababyeyi babo yitwaje ko ibarera. Imitungo y’abana b’imfubyi za Jenoside ikunze gukoreshwa nabi, ngo ni amasambu n’amazu.

Tariki 22/06/2012, akarere ka Kayonza kibutse abarwayi n’abakoraga mu nzego z’ubuzima bishwe mu gihe cya Jenoside. Kagimbura Ndeze Jean Baptiste uhagarariye imiryango ifite abayo biciwe i Rwinkwavu muri Jenoside yakorewe Abatutsi,  yavuze ko bimaze kugaragara ko hari imwe mu miryango yagiye yigwizaho imitungo y’abana b’imfubyi ikayikoresha nabi kandi ari yo igomba kuzabeshaho abo bana mu minsi iri imbere.

Yasabye ko imiryango yagiye ikora amakosa nk’ayo yakurikiranwa kugira ngo imitungo y’abo bana b’imfubyi igaruzwe mu maguru mashya, anashishikariza indi miryango ifite abana irera kwirinda gukora amakosa nk’ayo.

By’umwihariko icyo kibazo ngo gikomereye abana bagiye basigara badafite umubyeyi n’umwe, kuko ari bo bagomba kwiyubakira ubuzima bwabo bw’ahazaza. Imitungo bagiye basigirwa n’ababyeyi babo ngo ni yo igomba kubafasha, haba mu kurihira amashuri barumuna babo, no kwiteza imbere mu buryo busanzwe nk’uko Kagimbura akomeza abivuga.

Cyakora nubwo ngo hari aho icyo kibazo cyagaragaye, nta mibare ntakuka y’imiryango yaba yarakoze ayo makosa yari yamenyekana. Gusa abayobozi b’inzego z’ibanze barasabwa kujya bakurikirana neza imiryango yakiriye abana b’imfubyi za Jenoside kugira ngo hamenyekane niba iyo miryango itarabakiriye igamije kubarira imitungo.


Rwanda Umurima w’imyumbati

Rwanda | Kamonyi: Abahinzi b’imyumbati barasaba ko bashyirirwaho igiciro kijyanye n’imirimo baba bakoze

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,



Abo bahinzi bavuga ko igiciro uruganda rutunganya imyumbati  rwo mu Ruhango ruteganya kubaha, kiri munsi y’icyo bari basanzwe bayigurishaho. Ikigo cy’igihugu gishinzwe amakoperative cyo kirasaba amakoperative y’abahinzi b’imyumbati, gukora neza bakabona umusaruro uhagije, ubundi bakabakorera ubuvugizi kuri icyo giciro.

Rwanda Umurima w’imyumbati

Umurima w’imyumbati

Kuri uyu wa mbere tariki 21/5/2012, mu nama yahuje abagize ihuriro ry’amakoperative y’abahinzi b’imyumbati n’ikigo cy’igihugu gishinzwe amakoperative (RCA), abahinzi b’imyumbati basabye ubuyobozi kubafasha mu guhesha agaciro umusaruro wa bo, bakabashyiriraho igiciro kijyanye n’imirimo baba bakoze.

Ubwo abo bahinzi bakangurirwaga kunoza imikorere kugira ngo bongere umusaruro uhagije uruganda rutunganya imyumbati rwo mu Ruhango, abo bahinzi bagaragaje ko batishimiye igiciro bumvise urwo ruganda ruguriraho imyumbati.

Urwo ruganda rutanga amafaranga 50 ku kilo cy’imyumbati idatonoye, iyo umuhinzi ayijyaniye ku ruganda, na 40 Frw iyo uruganda ruje kuyikurira mu murima.

Abo bahinzi bakaba bavuga ko ayo mafaranga ari make bagereranyije n’ayo bagurirwagaho, haba ku nganda nto zabahaga 60frw ku kilo cyangwa se ku baturanyi b’abarundi bazaga kubagurira imyumbati itonoye bakabaha 150frw ku kilo.

Mukarere Bellancille, umukozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe amakoperative, yasabye amakoperative abo bahinzi b’imyumbati bibumbiyemo, kubanza kunoza imikorere ya bo, bakabona umusaruro uhagije, hanyuma bakabona kubakorera ubuvugizi.

Hagati aho ariko abo bahinzi barifuza ko bakorana inama n’ubuyobozi bw’uruganda, Minisiteri y’ubucuruzi, ikigo cy’igihugu gishinzwe amakoperative, kugira ngo babagaragarize impungenge bafite.

Ihuriro ry’amakoperative y’abahinzi b’imyumbati mu karere ka Kamonyi rigizwe n’amakoperative arindwi ariyo: KOMINYA  n’UMUHUZA yo mu murenge wa Nyamiyaga, KOPABIGA yo mu murenge wa Gacurabwenge, KOTEMUKA y’I Runda, KOPROMA ya Nyarubaka, KOVAMA ya Musambira n’ ABAHUJUBUMWE yo mu murenge wa Rugarika.


 

 

Rwanda | Aline Gahongayire

Rwanda | Aline Gahongayire na Korari Asaph mu gikorwa cyo gusura imfubyi za jenoside ku Kamonyi

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Umuhanzikazi Aline Gahongayire afatanyije na korali Asaph bafite igikorwa cyo kujya gusura no gufasha abana b’imfubyi za jenoside  baba I Gihinga mu karere ka Kamonyi.

Rwanda | Aline  Gahongayire

Aline Gahongayire

N’ubwo ngo Aline yari yatangaje ko bazakora iki gikorwa mu cyumweru cy’icyunamo ntibyabashobokeye kujyayo, ariko baracyari mu myiteguro kandi ngo baracyakomeje umugambi wo kujya gusura abo bana n’itariki ikaba izamenyekana mu minsi ya vuba.

 

Mu kiganiro gito twagiranye na Aline Gahongayire ku itariki 17.4.2012 twifuza kumenya igihe bazakorera icyo gikorwa yagize ati: “kugeza ubu ntabwo turamenya neza umunsi kuko turashaka kubanza kuvugana n’umuyobozi w’aho tuzajya kugira ngo tubanze tumenye neza disponibilite y’abo tuzajya gusura kugira ngo tubone kujyayo”.

 

Twamubajije igihe bazavuganira n’uwo muyobozi atubwira ko ari mu cyumweru gitaha akaba ari nabwo bazamenya neza igihe bazagirayo.

Aline asanga ari ikintu gikomeye kuba hafi y’abana nk’aba kuko baba bakeneye ababaha ikizere cy’ejo hazaza, baba bakeneye ababegera bakabahumuriza bityo akaba abishishikariza abanyarwanda bose mu rwego rwo gufasha aba bana kuko usanga abenshi baba bafite ubushobozi buke bwo kubona ibyo bakenera mu buzima bwabo bwa buri munsi.

 

Bimwe mu bikoresho bateganya kuzashyira aba bana ni ibikoresho by’isuku, ibikoresho byo mu rugo, ibiribwa n’ibindi. Si uguha abo bana ibikoresho gusa kandi kuko harimo no guhumuriza aba bana bakanabaganiriza kuko nabyo baba babikeneye.

 

Ibikorwa nk’ibi bikwiriye kwitabwaho cyane kandi bikazirikanwa ntibiharirwe gukorwa gusa mu gihe twibuka inzirakarengane  zazize jenoside yakorewe abatutsi muri 1994, ahubwo bikaba buri gihe.

 

Aline Gahongayire kandi ni umwe mu bahanzi baririmba Gospel bari mu marushanwa ya Groove Awards azabera mu gihugu cya Kenya.

 

 

Rwanda | Burera: Abanyehuri bacitse ku icumu rya Jenoside bakeneye ubufasha kugira ngo nabo bige kaminuza

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994 bo mu karere ka Burera bavuga ko bakunze guhura n’ikibazo cy’abana babo batajya kwiga muri za kaminuza kubera ko baba batagize amanota FARG ifatira ho.

Niyonsenga Fabien uhagarariye abacitse ku icumu rya Jenoside bo mu karere ka Burera avuga ko nubwo abo bana baba batagize amanota FARG (Ikigega cya leta gitera inkunga abacitse ku icumu batishoboye) ifatira ho kugira ngo ibatere inkunga yo kwiga kaminuza, nabo baba bafite ubushobozi bwo kwiga bakagera muri kaminuza.

Abacitse ku icumu bifuza ko abo bana nabo bajya babona ubushobozi bagakomeza kwiga muri kaminuza kuko, nk’uko babivuga, muri iki gihe ntawe ushobora gukora atarize kaminuza.

Niyonsenga avuga ko bari kuvugana n’ubuyobozi bw’akarere kugira ngo barebe niba mu bushobozi bw’akarere, bafasha abo bana kugira ngo batadindira. Akomeza avuga ko bari gutekereza uburyo bashyira ho ishyirahamwe rihuza abo bana bose.

Agira ati “ Turi gutekereza muri ino minsi ko habaho ishyirahamwe ry’abo bana batashoboye kujya muri kaminuza, bagakorerwa imishinga cyangwa se  bakabigisha imyuga itandukanye bityo bakaba bakwiteza imbere”.

Sembagare Samuel umuyobozi w’akarere ka Burera avuga ko akarere ayobora kateye inkunga abacitse ku icumu rya Jenoside bo muri ako karere mu bikorwa binyuranye, kandi ko bagikomeza kubafasha kugira ngo bakomeze bagire ubuzima bwiza.

Akaba asaba abayobozi bose bo muri ako karere kwegera abacitse ku icumu rya Jenoside kugira ngo bakomeze babafate mu mugongo.

 

Kamonyi Abagore

Rwanda | Kamonyi: Abagore barokotse jenoside bakize ibikomere kubera SEVOTA

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Abagore bagera ku 110 barokotse jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, harimo abasambanyijwe ku ngufu, abafatiranywe nyuma y’ibihe bikomeye bari bavuyemo bagaterwa inda cyangwa Sida ni abagenerwa bikorwa b’umuryango SEVOTA washinzwe ugamije kurengera abapfakazi n’imfubyi nyuma ya jenoside.

Rwanda | Kamonyi Abagore

Mukasarasi Godèlive washinze uyu muryango SEVOTA (Service d’Encadrement des Veuves et Orphelins de Taba) avuga ko igitekerezo cyo guhuriza hamwe abapfakazi ba jenoside yagitewe n’umuhigo yari yarahigiye Imana ko naramuka arokotse jenoside we n’abana be 5, azakora igikorwa gikomeye cyo gushimira Imana. Uwo muryango yawutangiye mu Ukuboza/1994, ukaba ufite icyicaro mu kagari ka Taba, umurenge wa Rukoma, akarere ka Kamonyi.

Yatangiye yakira akanagira inama abo bapfakazi umwe umwe, ageze aho mu 1995  bamaze kuba benshi atakibasha kubakirira mu rugo iwe, niko gushyiraho ihuriro yise “Urunana”, abapfakazi ba jenoside bagera ku 110 bahuriramo buri kwezi, bakaganira ku byababayeho, bakihanganishanya, buhoro buhoro ibikomere bikomoka.

Yankurije Concessa, Jenoside yamusize ari incike, ngo icyo gihe yumvaga na we yariyanze nta gaciro afite. Yaje muri SEVOTA kuko yari akeneye umuntu yabwira ibibazo bye , akamwumva kandi akamwakira. Aragira ati ” kugirango ngaruke mu murongo na Godelive byaramugoye kuko nari narahungabanye ku buryo nagendaga no mu nzira ntazi aho njya”. Kuri ubu uyu mubyeyi ari mu bajyanama b’ihungabana.

Uwigikundiro Elina nawe aragira ati”SEVOTA yatubereye umuti”. Ngo hari ubwo umuntu yazaga afite ibibazo yibwira ko ari we wenyine ufite agahinda, yakumva iby’abandi akumva ariyakiriye.

 

Bamwe muri abo babyeyi bahuye n’ikibazo cyo kwakira abana bavutse ku buryo kw’ihohoterwa bakorewe n’interahamwe, ababyaye nyuma ya jenoside bafatiranywe kubera ibibazo bari bafite. Abo bana ngo ntibakiriwe neza n’imiryango y’abo babyeyi, ndetse n’imiryango ifasha abarokotse jenoside ikabavangura mu bandi, bitewe n’itegeko rya FARG n’indi miryango ritemera ko abo bana na bo baba abagenerwabikorwa.

SEVOTA yakanguriye abo babyeyi kwakira abo bana,  bakabasobanurira uburyo bavutsemo, kuri ubu hakaba hari abana bagera kuri 400 batazi ba se, SEVOTA iri gukorera ubuvugizi ngo na bo bitabweho. “ntiwafasha umubyeyi ngo ureke umwana we” uko niko Godelive abivuga. Muri abo bana haarimo abatangiye gufashwa na SURF (Ikigega gitera ingunga abarokotse jenoside)

Ibikorwa bya SEVOTA ntibigarukira ku gusana ibikomere by’abo bagore bagizweho ingaruka na jenoside, ahubwo babakangurira no gukomeza ubuzima biteza imbere. Babigishije gukora ubukorokori butandukanye burimo gufuma, kuboha uduseke no guhinga ibihumyo, babahaye ibikoresho byo mu rugo, amatungo magufi, inka. Barimo no gutozwa gukorera mu matsinda azavamo amakoperative.

Ibikorwa by’uwo muryango, babitangiriye mu cyahoze ari Komini Taba, ubu ni mu karere ka Kamonyi, ariko nyuma biba ngobwa ko babigeza no mu tundi turere tw’igihugu ngo bafashe abapfakazi baho kwiyakira. Mu gihugu hose bafite abagenerwa bikorwa 1457.


Rwanda Impfubyi n’abapfakazi ba Jenoside ngo ntibakwiye

Rwanda : Impfubyi n’abapfakazi ba Jenoside ngo ntibakwiye kwitabwaho mu gihe cyo kwibuka abazize Jenoside gusa

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda Impfubyi n’abapfakazi ba Jenoside ngo ntibakwiye

Abyeshuri bo mu ishuri rikuru ryigenga ry’Abarayiki b’Abadiventiste rya Kigali (INILAK) bavuga ko abapfakazi n’imfubyi za Jenoside badakwiye kwitabwaho mu gihe cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 gusa.

Umuyobozi w’umuryango w’abanyeshuri ba INILAK, Bizimana Jean Bosco, yabivuze tariki ya 1 mata, 2012, ubwo abanyeshuri bakabakaba 50 bo muri iri shuri bubakiraga umupfakazi wa Jenoside witwa Kayirame Marie Solange wo mu kagari ka Nyagatovu mu murenge wa Mukarange wo mu karere ka Kayonza.

Bizimana yavuze ko abanyeshuri bagize igitekerezo cyo gufasha umupfakazi nibura umwe bajya kumushaka mu karere ka Kayonza. Yongeyeho ko umuyobozi w’umuryango AVEGA wita ku bapfakazi ba Jenoside mu karere ka Kayonza ari we wabwiye abo banyeshuri ko hari umukecuru witwa Kayirame Marie Solange ubabaye kandi ushobora gushimishwa n’ubufasha bashakaga gutanga.

Abo banyeshuri ngo basanze Kayirame kuri ubu ufite imyaka 50 atagira igikoni, nta bwiherero, ndetse anababaye kuko ngo ibimutunze ubusanzwe abihabwa n’umuryango AVEGA.

Kayirame avuga ko abo banyeshuri bahise bamucukurira ubwiherero baranabusakara, ndetse banamubwira ko bazamugurira inka kugira ngo ijye imukamirwa inamufashe kubona ifumbire. abo banyeshuri kandi bubakiye uwo mukecuru ikiraro azashyiramo iyo nka bamuguriye, banamwubakira igikoni ndetse bamuha umuceri, akawunga n’amasabune, bamugurira n’umufariso wo kuryamaho.

Kayirame avuga ko yashimishijwe cyane n’uko abo banyeshuri bamwitayeho bakamugarurira icyizere cy’ubuzima dore ko yahoraga yihebye cyane cyane mu gihe cyo kwibuka abazize Jenoside. Ati “Icyunamo ngiye kugitangira neza, ubundi cyazaga nkigunga ariko ubu ndanezerewe pe, Imana ibampere imigisha”

Abo banyeshuri bavuga ko batabona ubushobozi bwo gukemura ibibazo byose Kayirame afite, basaba buri munyarwanda wese kwibuka abapfakazi n’imfubyi babaye, kandi ntibikorwe gusa mu gihe cyo kwibuka.

Umuyobozi w’akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe imibereho myiza, Mutesi Anitha, yavuze ko mu gihe cyo kwibuka hari gahunda zateganyijwe zo kwita ku bacitse ku icumu rya Jenoside babaye, bityo ngo Kayirame na we akaba azakomeza kwitabwaho by’umwihariko muri izo gahunda zateganyijwe.

 

 

 


 

 

Rwanda Ruramira Abaturage bagiye gutera

Rwanda | Ruramira: Abaturage bagiye gutera ibiti ku bwinshi bagabanya umuyaga ushobora kongera kwibasira amazu ya bo

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda Ruramira Abaturage bagiye gutera

Abaturage bo mu tugari twa Buhoro n’Agasharu bavuga ko bagiye gutera ibiti ku bwinshi imbere y’amazu yabo, kugirango bizajye bigabanya umuyaga ushobora kongera kwibasira amazu ya bo. Iki cyemezo bagifashe nyuma y’uko imvura ivanze n’umuyaga bibasenyeye amazu ndetse na hegitari zigera kuri 23 z’urutoki rw’abo baturage zikahangirikira.

Abo baturage babwiye abakozi ba minisiteri y’imicungire y’ibiza n’impunzi babasuye ku itariki 28/3/2012 ko bagiye gukaza umurego mu kongera ibiti byinshi aho bitari, dore ko menshi mu mazu yasenyutse asa n’ari ku gasozi ku buryo nta biti bihari byatangira umuyaga.

Bavuga ko kuba amazu yabo yarasenyutse mu cyumweru gishize byabaye nko kubahwitura kugira ngo bakore ibyo batahaga agaciro.

“Ubundi umuntu yibuka gukinga ari uko yibwe. Natwe rero ntitwanatekerezaga ko hari umuyaga ushobora kuza ukadusenyera bene aka kageni…ubwo tumenye ko umuyaga ubugiramo uruhare, tugiye kuwuhagurukira byanze bikunze” uku niko umwe muri abo baturage yabisobanuye.

Umukozi wa minisiteri y’imicungire y’ibiza n’impunzi. Ntaribi Theogene, yavuze ko minisiteri y’imicungire n’ibiza ifite amabwiriza y’uko abaturage muri buri ntara bajya bubaka hakurikijwe imiterere y’intara batuyemo.

Yagize ati “Hari nk’ahantu usanga hakunze kuba inkangu, cyangwa kakaba ari agace karangwamo umuyaga ukomeye cyangwa se ibindi biza bitewe n’agace. Ayo mabwiriza asaba ko mu gihe umuntu yubaka ahantu agomba kubanza kwiga ibyo byose kugira ngo yubake inzu ishobora kubyihanganira”

Minisiteri y’imicungire y’ibiza n’impunzi ku ikubitiro yatabaye abo baturage ibaha amabati yo gusakara kuko amazu amwe ibisenge byayo byari byagurutse. Mu turere twa Kayonza na Rwamagana, iyi minisiteri yatanze amabati agera ku 3253 ku bantu bari basenyewe n’imvura n’umuyaga.

Abaturage bahawe ayo mabati bavuga ko bayishimiye cyane ndetse “binarushaho gutuma bongerera icyizere leta kuko babonye ko izirikana abaturage bayo” nk’uko babyivugiye.

 

 

 


Rwanda : Muhanga mu miryango

Rwanda | Muhanga: mu miryango haracyagaragara kunena ababana n’ubwandu bwa SIDA

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Bamwe mu banduye agakoko gatera SIDA mu bo mu karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo, baratangaza ko mu miryango babamo ndetse n’abaturanyi babo bakigaragaza kubanena ku buryo bukabije.

Rwanda : Muhanga mu miryango

Assoumpta Kampororo umubyeyi w’abana batatu wanduye agakoko gatera SIDA, avuga ko imiryango ifite ababana n’ubwandu ikinena ku buryo bukabije abo bantu.

Ati: “hari ubwo nk’umuntu wo mu muryango abwira uwanduye ikigambo kimukomeretsa kuburyo kimushegesha, hari abo wumva ngo ‘reba ni imyenda yigendera nta muntu urimo’ kandi amagambo nkaya akayakwibwirira atayacishije no ku bandi”.

Mukagasana Devota we avuga ko iri nena rikigaragara ahanini mu mashuri aho abana banduye, bagenzi babo babagendera kure ngo batabanduza. Ibi ngo usanga babikura ku babyeyi babo kuko ngo hari abo babaza bagasanga baba barabibwiwe n’ababyeyi babo.

Abandi bagararwaho no kwibasirwa cyane ngo ni abana bafite ababyiyi babana n’ubwandu, kuko ndo ku mashuri nabo banenwa. Kampororo ati: “jye nigiriye ku kigo kwihaniza abanyeshuri baho kuko bamwiye ko bibasira abana bafite ababyi banduye. Iyo bari mu bandi barabakomeretsa ngo ababyeyi bawe niba nyakwigendera ntaho bahagaze n’ibindi”.

Kampororo avuga ko abanduye bafite itegeko ribarengera, bityo ngo umuntu wajya ugaragarwaho n’ihohoterwa cyangwa inenwa ngo akwiye kumenya uburenganzira bwe akagana amategeko akamurenganura.


Musanze-Abanyeshuri

Musanze-Abanyeshuri bibumbiye muri PTPI ishami rya INES bafashije abana b’impfubyi

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Ku wa gatandatu tariki ya 28/01/2012, abanyeshuri biga muri INES Ruhengeri bibumbiye mu muryango wo muri Amerika ufasha abatishoboye witwa People to  people Interantional (PTPI) ishami rya INES bafashije bamwe mu bana b’impfubyi bo mu murenge wa Nyange ho mu karere ka Musanze bashinga koperative izabafasha kwiteza imbere.

Musanze-Abanyeshuri

Iyo koperative yitwa “Ejo hazaza heza”, ikaba ikora ibijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi. Umutoni Catherine umuyobozi wungirije wa PTPI ishami rya INES Ruhengeri avuga impamvu bahise mo gufasha abana bo mu murenge wa Nyange.

Agira ati “ twahise mo gufasha abana bo mu murenge wa Nyange kubera ko ariho hagaragara abana benshi badafite ababyeyi, badafite imiryango ibitaho, harimo n’abana bavuye mu mashuri kubera ubushobozi buke”.

Akomeza avuga ko bafashije abana bagera 11 barimo babiri bacikirije amashuri yisumbuye. Mu gufasha abo bana bakaba baratangije koperative “Ejo hazaza heza”, ndetse banabafugurira konti muri SACCO y’umurenge wa Nyange.

Aho abagize PTPI ishami rya INES bashyize ho amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 20, naho umurenge wa Nyange ushyira ho amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 50.

Mukanyandwi Pelagie umunyamabanga shingwabikorwa w’umurenge wa Nyange akaba nawe yarahise ajya muri iyo koperative kugira ngo ayimenyekanishe ahandi.

Akaba yashimiye abagize PTPI ishami rya INES k’ubw’igikorwa cyiza bakoze. Yagize ati “ mu murenge wa Nyange nta koperative y’urubyiruko nk’iyi yahabaga, hajyaga haza abaterankunga ariko bakabura abo bafasha”.

Umurenge wa Nyange ukaba waremeye gufasha gusubira mu ishuri abana babiri (muri abo bafashijwe) bacikirije amashuri yabo yisumbuye.

Bamwe mu bana bafashijwe bakaba bishimira icyo gikorwa, aho bashimiye cyane abanyeshuri bo muri INES bibumbiye mu muryango wa PTPI. Bakaba bavuga ko iyo koperative bizeye ko izabateza imbere.

Umuryango PTPI ukorera mu makaminuza atandukanye mu Rwanda. Muri INES Ruhengeri wageze yo mu mwaka wa 2011.

 

 

Nta bwaki izaba ikirangwa

Nta bwaki izaba ikirangwa mu Murenge wa Rusatira muri Kamena 2012

Tags: , , , , , , , , , , , ,


Nta bwaki izaba ikirangwaUmunyamabanga wa Leta ushinzwe gutwara ibintu n’abantu muri minisiteri y’ibikorwa remezo yasabye abayobozi b’akarere kwita ku kibazo cy’abana barwaye bwaki mu murenge wa Rusatira mu karere ka Huye ku buryo mu mezi atandatu kizaba cyakemutse.

Umurenge wa Rusatira urimo abana bane barwaye bwaki  cyane hakaba n’abandi bagaragaraho imirire mibi ariko batarembye nk’abo bane. Bose hamwe ni cumi na batatu.

Abo bane na bo bari bitabiriye igikorwa cyo gutangiza gahunda yo guha abana amata yabaye nyuma y’umuganda w’uyu munsi tariki ya 28 Mutarama. Umunyamabanga wa Leta ushinzwe gutwara abantu n’ibintu muri Minisiteri y’ibikorwa remezo, Nzahabananimana Alexis, wari witabiriye iyi gahunda yifuje ko aba bana bakira bidatinze.

Amaze kubona ko aba bana barwaye bwaki, Nzahabananimana, yabajije ushinzwe ubuzima na we wari uhari igihe byatwara kugira ngo aba bana bakire neza baramutse bitaweho bikwiriye, maze amusubiza ko mu mezi atatu bishoboka. Ku bw’ibyo, yasabye ubuyobozi bw’Akarere kubishyiramo imbaraga ku buryo mu kwezi kwa Kamena nta bwaki izaba ikirangwa mu Murenge wa Rusatira.

Muri abo bana bane, babiri muri bo ni impanga. Bwana Nzahabananimana yiyemeje ko, abinyujije ku buyobozi bw’akarere, azabashakira ikibafasha kugira ngo ubuzima bwabo bugende neza.


 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia