Umunyamabanga wa Leta ushinzwe gutwara ibintu n’abantu muri minisiteri y’ibikorwa remezo yasabye abayobozi b’akarere kwita ku kibazo cy’abana barwaye bwaki mu murenge wa Rusatira mu karere ka Huye ku buryo mu mezi atandatu kizaba cyakemutse.
Umurenge wa Rusatira urimo abana bane barwaye bwaki cyane hakaba n’abandi bagaragaraho imirire mibi ariko batarembye nk’abo bane. Bose hamwe ni cumi na batatu.
Abo bane na bo bari bitabiriye igikorwa cyo gutangiza gahunda yo guha abana amata yabaye nyuma y’umuganda w’uyu munsi tariki ya 28 Mutarama. Umunyamabanga wa Leta ushinzwe gutwara abantu n’ibintu muri Minisiteri y’ibikorwa remezo, Nzahabananimana Alexis, wari witabiriye iyi gahunda yifuje ko aba bana bakira bidatinze.
Amaze kubona ko aba bana barwaye bwaki, Nzahabananimana, yabajije ushinzwe ubuzima na we wari uhari igihe byatwara kugira ngo aba bana bakire neza baramutse bitaweho bikwiriye, maze amusubiza ko mu mezi atatu bishoboka. Ku bw’ibyo, yasabye ubuyobozi bw’Akarere kubishyiramo imbaraga ku buryo mu kwezi kwa Kamena nta bwaki izaba ikirangwa mu Murenge wa Rusatira.
Muri abo bana bane, babiri muri bo ni impanga. Bwana Nzahabananimana yiyemeje ko, abinyujije ku buyobozi bw’akarere, azabashakira ikibafasha kugira ngo ubuzima bwabo bugende neza.