Posted on 05 July 2012
Tags: abantu, Aho, ari, benshi, igicuri, ingurube, inyama, Kera kose, kubera, nbsp, ngo, PEACE BAR
Kera kose itungo ry’ingurube ryasaga n’irigayitse, aho abantu benshi banariziraga ngo kubera imiterere yaryo n’umwanda rigira ariko ngo ubu ibintu byarahindutse kuko inyama z’ingurube zisigaye zifite agaciro aho ikiro kimwe cyazo cyokeje kigura amafaranga ibihumbi bibiri na magana inani (2800fr) ,mu karere ka Rusizi ibyo bigaragarira mutubari twinshi two mumujyi aho usanga inyama z’ingurube zikoreshwa cyane .
aho twageze ni nko mukabari kitwa PEACE BAR kari mu mujyi rwagati , twabashije kuganirana bamwe mubatunganya inyama z’ingurube, tunatemberezwa aho bazitunganyiriza .
abo basore bakora uwo murimo icyambere batangaza ngo ko ingurube itacyitwa izina ryayo rusange ry’ingurube kuko ngo basanga ari ukuyitesha agaciro kandi ari ikiribwa gikunzwe cyane, ubu ngo isigaye yitwa AKABENZI iryo zina ngo basanga riyikuraho igisebo .
aba basore mubona nibamwe mubatunganya inyama z’ingurube muri ako kabari baratangaza ko ngo mbere yo kuzishyira abakiriya baba babanje gusuzuma ko zihiye neza .
kubera ko abantu benshi bakunze gukoresha izo nyama bamwe mubazicuruza batangaza ko ingurube zahenze ku isoko aho ingurube imwe nkuru igura amafaranga ari hagati y’ ibihumbi ijana nijana na makumyabiri. Cyakora ku bivugwa ko inyama z’ingurube zitera indwara y’igicuri abazotsa bavuga ko ngo nabo babyumva batyo. ushinzwe ubuvuzi bw’amatungo mu karere ka Rusizi bwana Niyonsaba Oscar we yatangaje ko izo nyama zidatera igicuri ariko ngo hari uburwayi bw’igicuri abantu bashobora kurwara buturutse ku kurya inyama z’ingurube zirwaye Rushe cg (cysticereose porcine)
Posted on 19 June 2012
Tags: abaturage, bamwe, bavuga, benshi, bwigunge, karere, Kayonza, mujyi, Rwanda, Rwanda development, Rwanda Entertainment, Rwanda kayonza, Rwanda Youth, uko, urubyiruko
Abatuye mu mujyi wa Kayonza bavuga ko ikigo cy’urubyiruko kiri kubakwa muri uwo mujyi kizavana abatari bake mu bwigunge. Bamwe mu bo twavuganye bavuga ko bari barabuze ahantu ho kwidagadurira mu mujyi wa Kayonza, bigatuma bamwe mu bawutuyemo by’umwihariko urubyiruko bahera mu bwigunge.
Umukozi w’akarere ka Kayonza ushinzwe urubyiruko, umuco na Siporo, Murengezi Jean Baptiste, avuga ko icyo kigo kizavana abantu benshi mu bwigunge kuko “uretse kuba kizajya kiberamo imyidagaduro kizajya kinatangirwamo inyigisho ku bintu bitandukanye birimo no kwihangira imirimo” nk’uko abivuga.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Kayonza bakunze kwinubira ikibazo cy’uko muri ako karere nta nzu yihariye y’imyidagaduro ishobora gukorerwamo ibitaramo by’abahanzi nk’uko bigenda mu tundi turere. Bamwe banavuga ko iyi ishobora kuba ari yo mpamvu abahanzi batitabira kwerekeza mu karere ka Kayonza gususurutsa abaturage ba ho nk’uko babigenza mu tundi turere.
Abasore bagize itsinda rya Urban Boyz ubwo baheruka mu mujyi wa Kayonza mu kwezi kwa kabiri kwa 2012, bahakoreye igitaramo kinitabirwa n’imbaga y’abantu benshi. Icyo gitaramo cyari cyateguwe n’umuryango Health Poverty Action wigisha abaturage ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere no kurwanya Sida, mu rwego rwo gushishikariza abaturage kwisiramuza.
Abo basore bavuze ko bifuza kuzagaruka gutaramira abanyakayonza, ariko bavuga ko “bitapfa gushoboka kuko nta hantu bakorera igitaramo” nk’uko Safi Lee, umwe mu bagize iryo tsinda yabitangaje.
Benshi biteze ko ikigo cy’urubyiruko kizavanaho izo mbogamizi zose ku buryo abatuye mu mujyi wa Kayonza bazabona uburyo buhagije bwo kwidagadura batagombye kujya i Kigali nk’uko bamwe bari basanzwe babikora.
Posted on 27 May 2012
Tags: ababyeyi, abana, amakimbirane, bamwe, bavuga, benshi, cyakira, muhanda, ngo, Rwanda, Rwanda advice, Rwanda development, Rwanda Kid, Rwanda Sacca, Rwanda street, Sacca
Ubuyobozi bw’ikigo Sacca (Street Ahead Children’s Centre Association) cyakira abana bo mu muhanda buvuga ko abana benshi cyakira baza bavuga ko bahisemo kujya mu muhanda bitewe n’ubwumvikane buke hagati y’ababyeyi babo. Ubwo bwumvikane buke ahanini bunatera amakimbirane ahoraho mu muryango, akenshi bigaterwa n’ubukene.
“Abana benshi twakira bavuga ko bagiye mu muhanda kubera intonganya zihora mu miryango ya bo, bamwe bakavuga baba babuze ibyo kurya kandi ntibanashyirwe mu ishuri” uku niko Mukamuyenzi Valentine ushinzwe ishami ry’imibereho myiza mu kigo cya Sacca abivuga.
Kuba bamwe mu bana babura amafaranga n’ibikoresho by’ishuri, bamwe bakanabura ibyo kurya mu miryango ya bo, ngo biri mu bituma bahitamo gufata icyemezo gisa “no kwiheba cyo kujya mu muhanda” nk’uko umwe mu bana barererwa muri icyo kigo uri mu kigero cy’imyaka 12 abivuga.
Cyakora nanone uretse amakimbirane mu ngo, ngo hari n’abana usanga bajya ku mihanda kubera ko ababyeyi bateshutse ku nshingano za bo zo kubaha uburere, nk’aho umwana anywa ibiyobyabwenge ababyeyi ntibamucyahe bikazarangira atagifite igaruriro.
Mukamuyenzi avuga ko ababyeyi bari bakwiye gukurikiranira hafi ubuzima bw’abana ba bo kandi bakagerageza kwirinda amakimbirane abera mu ngo kuko bigira ingaruka ku mikurire no ku mitekerereze by’umwana wakuriye mu muryango urimo amakimbirane.