Tag Archive | "bwo"

NYARUGURU BAMWE MUBASIGAJWE INYUMA N’AMATEKA BARAVUGA KO BATARAGERWAHO NA GAHUNDA Z’ITERAMBERE

Rwanda | NYARUGURU: BAMWE MUBASIGAJWE INYUMA N’AMATEKA BARAVUGA KO BATARAGERWAHO NA GAHUNDA Z’ITERAMBERE

Tags: , , , , , , , , , , , ,


Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Busanze mu karere ka Nyaruguru bavuga ko ubukene bubugarije ngo kubera ko gahunda zigamije iterambere zitabageraho. Ubuyobozi bwo buvuga ko bitaweho kandi ku rwego rw’akarere ngo barimo gushaka imishinga yabateza imbere.

NYARUGURU BAMWE MUBASIGAJWE INYUMA N’AMATEKA BARAVUGA KO BATARAGERWAHO NA GAHUNDA Z’ITERAMBEREBamwe mu bashigajwe inyuma n’amateka bo mu Gatunda mu murenge wa Busanze mu karere ka Nyaruguru baravuga ko babeshejweho n’umwuga w’ububumbyi kandi bakaba babona uyu munsi kubumba ntacyo bibagezaho.

Mukankusi Asiteriya umwe muri bo avuga ko uyu mwuga bafata nk’umurage hari igihe bifuza kuwuvaho ariko bikabagora kuko batabona ikindi bakora.

Ngo n’ubwo batunzwe no kubumba inkono bakazigurisha ntabwo babayeho neza, ku buryo bifuza ko babona aho guhinga n’amatungo yo korora. Ngo ibyo bizeye ko byatuma babaho neza kurusha uko babaho batunzwe no kubumba inkono gusa.

Mukankusi yagize ati «Uyu mwuga rwose ntacyo ukitugezaho ahubwo byaba byiza ubuyobozi bugize icyo butumarira kuko turakennye rwose kandi natwe twifuza gutera imbere. Tubonye nk’amatungo ndetse tukaronka n’amasambu tugahinga twarushaho kubaho neza »

Nk’uko bakomeza babivuga ngo Abasigajwe inyuma n’amateka bo muri Nyaruguru  ntibazwi ndetse ngo na gahunda ya Gira inka ntirabageraho.

Niyitegeka Fabien,Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Nyaruguru ushinzwe ubukungu, imari n’amajyambere yemeza  ko gahunda zigamije guteza imbere abatishoboye zigera kuri buri wese nta kurobanura. By’umwihariko kuri abo basigajwe inyuma n’amateka ngo ntabwo bahita bahabwa inka kubera ko nta bushobozi bwo kuzitaho baba bafite,ngo iyo niyo mpamvu bateganya kubafasha mu mishinga yo kororera hamwe ingurube n’inkoko mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere.

Yagize ati «Ntabwo turobanura mu kwita ku baturage bacu, gusa nk’aba basigajwe inyuma n’amateka ntiturabaha inka kuko nta bushobozi bwo kuzitaho baragira ariko turateganya kubashyira mu mishinga yo kororera hamwe inkoko n’ingurube kandi ikazabazamura”

Nk’uko twabitangarijwe n’umuyobozi wungirije w’Akarere ka Nyaruguru ushinzwe ubukungu kandi, ngo ahanini ibibazo abasigajwe inyuma n’amateka bafite bishingiye no ku myumvire akaba ari muri urwo rwego ngo bateganya kubashakira umusosiyare wo kwita ku buzima no ku imibereho yabo, by’umwihariko akabafasha kuzamura imyumvire yabo.

  

 

Rwanda : Nyagatare: Barakangurirwa kumva ko abafite ubumuga bwo kutabona ari abantu nk’abandi

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Abashinzwe gukorera ubuvugizi abafite ubumuga bwo kutabona ku rwego rw’igihugu barasaba abayobozi b’inzego zitandukanye ku rwego rw’Akarere ka Nyagatare kujya baha abafite ubumuga bwo kutabona uburenganzira nk’ubuhabwa abandi Banyarwanda bose.

Nkurunziza François, umwe mu bashinzwe gukorera ubuvugizi abafite ubumuga bwo kutabona, avuga ko icyabateye kuza kuganira n’abakozi b’Akarere ka Nyagatare ari ukugira ngo babasabe gukorera abafite ubumuga bwo kutabona ibikorerwa undi Munyarwanda wese haba mu burezi no mu buzima bityo babafate nk’abandi bantu.

Ingabire Sévelin, na we watanze ikiganiro, avuga ko bimwe mu bibazo abafite ubumuga bwo kutabona bahura nabyo harimo imyimvire ikiri hasi bamwe mu Banyarwanda babafiteho bakaba batababona kimwe n’abandi bantu. Ikindi ngo ni uko mu gihe mu Rwanda havugwa uburezi kuri bose bikaba byaratumye hanongerwa amashuri kuri ubu ngo hari ishuri rimwe rukumbi ryigisha abafite ubumuga bwo kutabona.

Umuryango nyarwanda w’ abafite ubumuga bwo kutabona watangiye mu mwaka w’1994 uhabwa ubuzima gatozi mu mwaka w’1995. Kugeza ubu ngo ukaba ufite amashyirahamwe abarirwa muri mirongo ine n’umunani ari hirya no hino mu turere tugize iki gihugu. Mu y’Uburasirazuba yonyine ngo hakaba habarwa agera muri cumi n’atanu.

 

 

 

Musabyemariya Yozefa yiyemeje

Rwanda | Huye: Musabyemariya Yozefa yiyemeje kurera abana bafite ubumuga bwo mu mutwe

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Musabyemariya Yozefa yiyemejeMusabyemariya ni umubyeyi utuye mu Murenge wa Tumba ho mu Karere ka Huye. Ni umwe mu bagize ishyirahamwe ADAR-Tubahoze ryita ku bana bafite ubumuga bwo mu mutwe, ariko urebye ni we ukurikirana umunsi ku wundi ibikorerwa aba bana.

Uyu mubyeyi ntabwo yize ibijyanye no kurera bene aba bana, ahubwo impuhwe yumva abafitiye kubera ko azi ko bakeneye urukundo nk’abandi bana, rimwe na rimwe ababyeyi ndetse n’abavandimwe babo babima, ni byo byatumye yiyemeza kurera ab’imfubyi.

Musabyemariya ati “nabyaye abana 2, umutoya muri bo na we yari afite bene iki kibazo. Byatewe n’uko yavutse yananiwe cyane kubera ko urureri rwari rwamwijungurijeho abaganga bakabibona bitinze. Uyu mwana wacu twiyemeje kumurera tumukunze kugeza yitabye Imana afite imyaka 16.”

Mbere ya jenoside yo mu 1994, yari ari mu ishyirahamwe ry’ababyeyi bafite abana bavukanye ubumuga bwo mu mutwe ryitwaga foi et lumière mu rurimi rw’igifaransa, ni ukuvuga ukwemera n’urumuri. Hamwe n’abari muri iri shyirahamwe, bajyaga bafata igihe cyo guhura, bagasenga ndetse bakanungurana ibitekerezo ku kuntu bagomba gukunda abana babo.

Nyuma ya jenoside, bamwe mu babyeyi bari kumwe mu ishyirahamwe bari barapfuye, abandi bari mu buroko, nuko abonye ukuntu abana babo batakigira kirera kubera ko abo bari basigaranye batabashaga kubitaho, yiyemeje kubegeranya kugira ngo abarere.

Buke buke abantu bagiye bamuzanira n’abandi bana batagira ababyeyi bafite ubumuga bwo mu mutwe, maze mu mwaka w’2000 ashinga ishyirahamwe ADAR-Tubahoze, ubuyobozi bw’Akarere na bwo bumuha amazu yahoze akorerwamo na ADAR aherereye aho bita mu Irango ho mu Murenge wa Tumba, Akarere ka Huye, nuko atangira kuharerera abana yari afite icyo gihe.

Atangira kwegeranya aba bana nyuma ya jenoside bari 3, none ubu afite abagera kuri 27 agenda azanirwa n’abantu batandukanye. Icyakora, abana yemera kurera ni abadafite ababitaho, naho ubundi agira inama ababyeyi kwirerera abana no kubaha urukundo kuko baba barukeneye nk’abandi bana basanzwe, bazima.

Kurera abana bafite ubumuga bwo mu mutwe bisaba ubwitange

Kugeza ubu, inkunga abasha kubona ituma abasha guhemba abarezi batatu bita kuri aba bana umunsi ku wundi, n’undi umwe wita ku mwana umwe bavuza i Goma. Aba barezi na bo bafite ubwitange bukomeye. Twifuje kumenya niba atagira ubwoba ko bakwigendera, maze uyu mubyeyi asubiza agira ati “abarera aba bana ni abantu bafite umuhamagaro wo kwitanga. Abaza hano ni abahoze bari mu babikira hanyuma ubuzima bwaho bukabananira, nuko bakaza gukomereza umurimo w’urukundo bari biyemeje hano.”

Kurera aba bana bisaba gufata igihe cyo kwiga buri wese, ukamenya ibyo akunda, ibimushimisha n’ibimubabaza kugira ngo umenye aho uhera umwereka ko umukunze. Nta wuhuza imiterere n’undi.

Uyu murimo rero ntabwo woroshye. Bikubitiyeho ko hari abo usanga badashoboye kwigaburira, abandi kwiyuhagira cyangwa kumenya ko bakeneye kujya ku musarane, nta wabura kuvuga ko abakora uyu murimo bawukorera ko bafite urukundo, kandi ko nta n’indi nyungu baba bawutezemo cyane ko inkunga babona idatuma bahembwa n’agatubutse.

 

 

 

 

Ngororero Gutegereza inkunga udakora ni ukwibeshya Semasuka

Rwanda : Ngororero: Gutegereza inkunga udakora ni ukwibeshya (Semasuka)

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Umugabo witwa SEMASUKA Alphred utuye mu kagali ka Gatega mu murenge wa Hindiro umaze imyaka 25 abana n’uburwayi bwo munda butuma adakora imirimo y’ingufu nko guhinga n’ibindi bitunga abantu batuye mu cyaro avuga ko abantu bafite uburwayi bose cyangwa abafite ubumuga budakira badakwiye kubaho basabiriza kuko bitera isoni n’icyubahiro gike mu muryango nyarwanda.

Uyu mugabo ufite imyaka isaga 60 y’amavuko akaba yarashatse umwuga wo kumutunga adasabirije kuva mu 1987 maze aza kwigira inama yo kudoda imyenda ishaje (kuyisana no kuyiteramo ibiraka) akoresheje imashini nto bita icyarahani ubu akaba atanga ubuhamya bwo kutiringira inkunga ahubwo abantu bose bagahagurukira gukora.

Ngororero  Gutegereza inkunga udakora ni ukwibeshya Semasuka

Semasuka

Ubwo twamusangaga aho akorera ako kazi kaburimunsi yicaye kurubaraza rw’inzu Semasuka yagize ati “ ubwo nari mu gihugu cya Uganda mu mwaka wa 98, nabayeho nabi kubera uburwayi nyuma nza kubona ko abantu baho nta rukondo bamfitiye maze mpitamo kugura icyarahani ku mafaranga nari ngujije mugenzi wanjye w’umunyarwanda maze ntangira kwikorera. Uyu mwuga wongeye kundwanaho ndi mu buhungiro muri zayire. Sinigeze nicwa ninzara hamwe n’abantu banjye. Nanubu ntunze umuryango w’abantu 5 kubera aka kazi”.

Uyu mugabo akomeza avuga ko nubwo ntamuntu yavuga amazina, ariko hari abitwaza uburwayi bafite nabo ntibakore ngo bibesheho akabagira inama yo gushakisha kuko akimuhana kaza imvura ihise. Iyo urebye uyu mugabo wakeka ko yabuze amafaranga yo kugura imashini ifite amaguru, ariko siko bimeze ahubwo ngo ahitamo gukoresha imashini inyongeshwa intoki kugirango abone uko ayicyura mu rugo itamugoye. Ikindi kandi ngo ni n’uburyo bwo gushaka abakiriya bo murwego ruciriritse kuko ngo abantu basanisha imyenda bakunda bene aba bantu naho abadodesha imishyashya bagahitamo abantu bakiri bato kandi babyize mu mashuli.

Gusa Semasuka anavuga ko Leta ikwiye kujya yorohereza abantu nkawe bashaje cyangwa bafite ubumuga ariko bakagaragaza ubushake mu gukora. Aranahamagarira abantu bafite ikibazo cy’amikoro gutangirira kubintu bito bakazagenda bazamuka.


 

Rwanda Urubyiruko rurasabwa kwimakaza amahoro n’ubusabane mu miryango

Rwanda : Urubyiruko rw’i Rwamagana rwasabwe gukemura amakimbirane mu ngo

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,



Urubyiruko rwo mu Karere ka Rwamagana rurasabwa guhindura ubutumwa bwiza bwo kwamamaza ivanjiri rusanzwe rukora muri bagenzi barwo bitwa ko baguye, rukongeramo n’ubutumwa bwo kubyutsa ikibatsi cy’urukundo, rukemura amakimbirane mu ngo zitabanye neza, hagamijwe gukumira amakimbirane n’urugomo byagiye bigaragara muri Rwamagana, ndetse hamwe na hamwe ababana mu rugo rumwe bakavutsanya ubuzima.

Rwanda Urubyiruko rurasabwa kwimakaza amahoro n’ubusabane mu miryango

Urubyiruko rurasabwa kwimakaza amahoro n’ubusabane mu miryango

Ibi ngo biraterwa n’uko muri ako Karere hagaragaye ingo zisaga 232 zirangwamo umwiryane n’ubwumvikane buke, kandi benshi mu rubyiruko rw’i Rwamagana ari abakirisitu bakora ubutumwa bwo kwamamaza ijambo ry’Imana mu ngo za bagenzi babo bita ko baguye.

Superintendent James Muligande ukuriye polisi y’u Rwanda mu Karere ka Rwamagana yabwiye urubyiruko rw’i Rwamagana rwari mu nama nkuru y’Urubyiruko kuwa 17 Gicurasi ko urwo rubyiruko rukwiye no gushyiraho ubutumwa bwihariye bugenewe ingo bazi zirimo abashakanye batakibana mu bucuti, ahubwo baba mu ngo zirara zishya, bwacya zikazima.

Superintendent Muligande yabwiye abasore n’inkumi basaga 300 bari bitabiriye inama nkuru y’urubyiruko I Rwamagana ko mu kazi kabo ka polisi bazi ingo nyinshi zirara mu nduru n’intonganya, abazirimo bakaba barangwa n’umwiryane iyo bari bonyine mu ijoro, amaso ya rubanda asinziriye. Bamwe ndetse barara bagenda amajoro bajya gutabaza no gucumbika kuri polisi kuko mu ngo zabo hababereye indiri y’ibibazo.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, bwana Uwimana Nehemie nawe avuga ko ikibazo cy’ingo zitabanye neza akizi ndetse kikaba cyarageze n’aho mu mezi ashize gitera bamwe mu babana kwicana hagati yabo. Kuri ubu ariko, uyu muyobozi avuga ko ingo zizwi ko zitabanye mu mudendezo zabaruwe, ndetse abazituye bakaba baraganirijwe bakanagirwa inama yo kubana neza kuko bibazanira amahoro n’umutuzo bombi.

Mu gukumira hakiri kare izi ntonganya n’urugomo rushobora kuzishamikiraho, urubyiruko rw’i Rwamagana rwasabwe gushyira muri gahunda z’iyobokamana no kubwiriza ubutumwa bwiza umwanya n’ubutumwa byihariye hagamijwe guhwitura abashakanye ngo bongere kubana neza.

 

 


Rwanda | “Umuntu ashobora kuva mu buzima bwo mu muhanda kandi akabaho neza” – Kayumba Maximilien

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Kayumba Maximilien wahoze ari umwana wo mu muhanda avuga ko umuntu ashobora kuva mu buzima bwo mu muhanda akabaho neza iyo yitoje kumvira, gukurikiza inama agirwa ndetse akanagira ikinyabupfura. Kayumba yarangije amashuri yisumbuye umwaka ushize, ubu akaba ari gutegura imishinga yamubeshaho ndetse anayishakira abaterankunga.

Avuga ko iyo atumva inama yagirwaga ku ngaruka mbi z’ubuzima bwo mu muhanda n’ubu aba akiwurimo kuko ngo hari abana babanaga mu buzima bwo mu muhanda abona n’ubu bakiwurimo kandi barandavuye cyane.

Uwo musore uri mu kigero cy’imyaka 21 ngo yavanywe mu muhanda n’abayobozi b’ikigo cya Sacca (Street Ahead Children’s Centre Association) cyo mu karere ka Kayonza cyita ku bana bo mu muhanda. Icyo kigo ngo ninacyo cyamusubije mu ishuri kinamwishyurira amafaranga y’ishuri ubu akaba yararangije ayisumbuye.

Kayumba avuga ko icyamushoboje kuva mu buzima bw’umuhanda ari ukumvira abamukuriye kandi akanabubaha. Ati “iyo ukiva mu muhanda ntibiba byoroshye kuko hari imico y’ubwigomeke iba imaze kokama umuntu, ariko iyo wubaha ukanumvira abakuru byose birashoboka, ni nako nanjye nabigenje”

N’ubwo atarabona uburyo bwo gukomereza amasomo ye muri kaminuza, Kayumba avuga ko ubu yamaze gutegura imishinga yamutunga, ndetse imwe akaba yaranayigejeje ku bantu bazayitera inkunga.

Agira inama abana bo mu muhanda inama kugira ngo basubize amaso inyuma maze bategura ahazaza habo bava mu buzima bwo mu muhanda, akanagira inama bagenzi be bari mu bigo bitandukanye byakira abana bo mu muhanda kurangwa n’ikinyabupfura kugira ngo babashe kuzagira aho bigeza mu gihe kiri imbere.


Rwanda Imananiyonkuru Pacifique arasaba ubufasha

Rwanda | Ruhango: Ise yaramwihakanye none arasaba ubufasha

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda Imananiyonkuru Pacifique arasaba ubufasha

Imananiyonkuru Pacifique arasaba ubufasha

Umubyeyi witwa Imananiyonkuru Pacifique Mukaremera utuye mudugudu wa Buhanda, akagari ka Nyakogo umurenge wa Kinihira arasaba ubufasha bwo kumwubakira kuko Ise yamwihakanye kandi umugabo akaba afunze.

Mukaremera avuga ko mu gihe cya Jenoside nyina umubyara witwa Musabeyezu Perepetuwa ngo yabajyanye kwa se Rukaburandekwe Elias ari abana 4 ngo abahishe. Agira ati “ mama yahise abwira Papa ati dore abana bawe ubiteho njye ndagiye kuko ndabona byakomeye”

Jenoside irangiye ise yahise abwira abana babiri bari basigaye ati nimugende njye nari nabiyitiriye kubera intambara naho ubundi si ndi so.

Imananiyonkuru Pacifique Mukaremara na murumuna we Mukarukundo Louise ngo bahise bajya gukodesha inzu y’ibihumbi 8 bishyura buri kwezi. Kugeza ubu ngo ubuzima bwabo nibubi bakaba batunzwe no gukora udusambusa bakatugurisha.

Mukaremera avuga ko binginze se ngo abishyurire inzu babamo kuko bamaze kubura ubushobozi bwo kuyiyishyurira ariko arabatsembera. Iyi nzu babamo ngo bagiye kumara amezi 4 ahwanye n’ibihumbi 32 batayishyura.

Ati “iki kibazo nakigejeje mu bayobozi bo ku kagari, ariko kuko nabonaga banyibwirira ibyo bishakiye nahitaga ngira agahinda nkahahamuka bituma mbyihorera” Pacifique arasaba ubufasha bw’uko yagobokwa akubakirwa ngo kuko we kugeza ubu ntaho yakura ubushobozi bwo kwiyubakira.

 

Rwanda : Gisagara Inkongoro

Rwanda | Gisagara: Inkongoro y’umwana ntireba abatunze inka gusa

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Inkongoro y’umwana ni gahunda ireba abana bose b’aba abava mu ngo zitunze inka, abikamishiriza ndetse n’abadafite abushobozi bwo kubona ayo mata.

Rwanda : Gisagara Inkongoro

Iyi gahunda rero yo kugenera umwana wese amata byibura inshuro ebyiri mu cyumweru, yashyizweho kugirango hacike ikibazo cy’indwara zifata abana n’imikurire mibi bitewe no kubura intungamubiri zihagije mu biribwa byabo.

Ntibyoroshye rero ko abana bose babona aya mata n’ubwo atangwa mu mashuri cyane ko hari abana bamwe batajya ku mashuri kuko batarageza igihe cyangwa kubera izindi mpamvu kandi no mu miryango yabo bakaba ntabushobozi buhari bwo kubona ayo mata.

Umuyobozi uhagarariye isangano mboneza muco muri MIJEPROF madamu Niragire Bellancile yasabye ubuyobozi bwa Gisagara ko bwakwita kuri iki kibazo cy’ingo zidafite ubushobozi bwo kubona amata y’abana.

Yanabahaye igitekerezo cyo kuba abaturage bafashanya kuko niba umuturanyi afite inka zikamwa akaba aturanye n’abantu badashobora kubona ayo mata yajya abakamira nka litiro 2 mu cyumweru kandi bikabafasha.

Bitabaye ibyo umuntu waba atanafite izo nka ariko afite ubushobozi akaba yafasha uwo muryango begeranye awukamishiriza kuko amafaranga 500 ya litiro 2 mu cyumweru hariho benshi bashobora kuyabona bitabagoye.

Igikenewe ni uko buri mwana wese wo muri aka karere yajya abasha kubona  amata bybura inshuro 2 mu cyumweru.

 


 

Nyamagabe ababana

Rwanda | Nyamagabe: ababana n’ubumuga bw’ubuhumyi barasaba gufashwa

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Nyamagabe ababana

         

Ababana n’ubuhumyi bari ku murenge wa Mushubi

Ababana n’ubumuga bwo guhuma batuye mu murenge wa Mushubi akarere ka Nyamagabe, barasaba Leta ko yabagoboka ikabaha imfashanyo kuko bariho mu muzima bubi.

Mukashyaka Elevania, umukecuru ubana n’ubumugaga bwo kutabona avuga ko bwamuziye ari umwana arabukurana. Avuga ko imibereho yabo itameze neza ngo kuko n’ubufasha bw’umurenge bwabagobokaga butakiboneka. Akaba asaba ko batatereranwa

Mu murenge wa Mushubi habarirwa ababana n’ubumuga bwa guhuma batari bake. Eugenie Dusingize ari muri komite ishinzwe gukurikirana ubuzima bw’ababana n’ubumuga mu karere ka Nyamagabe, avuga ko ubu hamaze kubarurwa abagera ku icumi ariko imibare ngo igenda yiyongera uko bwije n’iko bukeye.

Dusingize avuga ko buri gihe baza ku murenge ku girango barebe ko hari icyo bafashwa kijyanye n’imibereho.

Nkurunziza Bernard ashinzwe imibereho myiza y’abaturage mu murenge wa Mushubi, avuga ko mu bushobozi bucye bw’umurenge bagerageza ku bafasha kubona ibibatunga mu gihe byabonetse cyangwa bakabashakira imiryango ifasha abababaye ikabahuza.


 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia