Tag Archive | "cyane"

Kunywa amata ni

Rwanda : Kunywa amata ni ukurya indyo yuzuye

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda | Amata mu kirahure

Amata mu kirahure

Amata  indyo yuzuye, bityo akaba ashobora kwifashishwa na benshi mu kuvura indwara zikomoka ku mirire mibi, cyane cyane indwara zikomoka ku kubura ibyubaka umubiri (proteins).

Mukamabano Anonciata ushinzwe imirire mu kigo nderabuzima cya Nyankenke mu karere ka Gicumbi avuga ko usanga amata abonekamo ibyubaka umubiri (proteins), amavuta (lipids) n’isukari (glucides) bikenerwa buri munsi mu mubiri.
Ati “ amata kandi yongera kubonekamo imyunyu ngugu ya kalisiyumu (Ca), sodiyumu (Na), potasiyumu (K), manyeziyumu (Mg) na Korore (Cl). Mu gihe iyi myunyu ngugu umubiri utayibonye mu mata biwusaba kuyikura mu bindi biryo bitandukanye kuko usanga ari ingenzi mu mubiri. Icyiza kandi ni uko usanga buri ntungamubiri mu mata iri ku rwego rudakabije mu bwinshi cyangwa mu buke”.

Akomeza avuga ko amata ari ikinyobwa gihindagurika bitewe n’impamvu zitandukanye cyangwa ahantu abitswe.

“Muri garama 130 zisigaye ukuyemo amazi ni ho habonekamo garama ziri hagati ya 35 na 50 z’amavuta. Ibigigaye ni ibyubaka umubiri (proteins), ibinyesukari (fats), ibitera imbaraga (lipids) n’ibindi”.

Mu Rwanda kugeza ubu amatungo akunze gukoreshwa mu gutanga amata ni inka n’ihene. Inka ni ryo tungo rinini kandi ritanga amata menshi, ariko na none aya mata akaba agira ingaruka kuri bamwe bitewe n’imiterere y’imibiri yabo.

Ikibazo kiboneka kuri bamwe banywa amata ni aho umubiri wabo uba udashobora neza kugogora aya mata y’inka, ariko bitabujije ko bashobora kunywa amata y’ihene.

Amata y’ihene ni amata adakunzwe cyane cyane muri Afurika, ariko kandi akaba ari yo meza kurusha amata y’inka. Aha bavuga ko ubwiza bw’amata y’ihene bushingiye ku kuba ashobora kunyobwa na buri wese nta ngaruka biteye mu mubiri we.

 

 

 

Abimukira bo mu Ntara y’Iburasirazuba basigaye bahita Dubayi kuko hahendutse

Rwanda : Abimukira bo mu Ntara y’Iburasirazuba basigaye bahita Dubayi kuko hahendutse

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Abimukira bo mu Ntara y’Iburasirazuba basigaye bahita Dubayi kuko hahendutse

Abaturage batari bake mu Rwanda ngo bagambiriye kwimukira mu Ntara y’Iburasirazuba kuko bamaze kumenya ko ubutaka muri iyo Ntara buhendutse, ndetse bamwe ngo basigaye bahita ko ari i Dubayi bakwiye kujya gushakira amakiriro.

Koko rero ngo muri iyo Ntara haracyaboneka ubutaka bwo guhinga ku kiguzi kiri hasi cyane y’uko ubutaka bugurwa ahandi mu gihugu. Ibi kandi ngo bigaragazwa n’imibare iri hejuru y’abimukira muri iyo Ntara kuko abayobozi b’Intara y’Iburasirazuba bavuga ko abaturage basaga 33.1% bose muri iyo Ntara ari abimukira baturutse ahandi mu gihugu, cyane cyane mu Ntara y’Amajyaruguru.

Aba bimukira ngo nibo bakurura bene wabo iyo basigaye bakababwira ko bimukiye mu Burasirazuba bahabona ubutaka buhendutse kandi bwera. Bamwe ndetse ngo bababwira ko bageze i Dubai. Umujyi wa Dubai usanzwe ari ihuriro rikomeye ry’ubukungu kuko uberamo ubucuruzi bukomeye.

Abazi abimukira muri iyo Ntara baravuga ko abenshi muri bo babaye abakungu kuko bahinga cyane kandi ubutaka bukaba bucyera neza, bityo ngo aho bageze bakaba bahashinga imizi bifuza no kuhagira amaboko bahazana abo baziranye.

Hari abavuga ko impamvu ubutaka bwo mu Burasirazuba buhendutse ari uko iyo Ntara isanzwe idatuwe cyane, kandi abenshi bayituye bakaba ari aborozi bafite inzuri nini bashobora kugurishaho uko bakeneye agafaranga kandi bakagira ubutaka basigarana.

Aba bimukira cyakora baratungwa agatoki kuba bari mu badindije gahunda yo guca Nyakatsi kuko bagenda bagondagonda inyubako zidakomeye, ndetse ngo hamwe na hamwe banagaragara mu bahungabanya umutekano dore ko baba batazwi na benshi, aho bashatse kwiyoberanya bikaborohera.

   

 

 

GISAGARA NTA MWANA

RWANDA | GISAGARA: NTA MWANA UZASIGARA ARANGWAHO N’IMIRIRE MIBI

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda  | Gahunda yo guha abana amata mu gikoni cy’umudugudu

Gahunda yo guha abana amata mu gikoni cy’umudugudu

Ubuyobozi bw’akarere ka Gisagara buratangaza ko nta mwana n’umwe uzasigara arangwaho imirire mibi mu gihe gito kuko iki kibazo cyahagurukiwe binyuze mu kwigisha ababyeyi guteka mu gikoni cy’umudugudu no guha abana indyo yuzuye igizwe n’amata atangwa muri gahunda y’inkongoro y’umwana ndetse no muri gahunda y’agakono k’umwana igamije kurwanya bwaki.

Izi gahunda zigamije guteza imbere imirire myiza mu karere ka Gisagara ziracyakomeza kuko hari bamwe mu baturage bavuga ko bagikeneye kwigishwa ku itegurwa ry’amafunguro arimo intungamubiri cyane cyane ku mafunguro agenewe abana bato. N’ubwo rero bigaragara ko abagikeneye ubu bumenyi aribo bake ndetse henshi muri aka karere imirire mibi ikaba imaze gucika, ubuyobozi buvuga ko izi gahunda zizakomeza abantu bakajya bahugurwa muri gahunda z’utugoroba tw’ababyeyi bityo ntihazagire umwana numwe usigara arangwaho n’imirire mibi.

Mu murenge wa Kibirizi akagari ka Muyira, ababyeyi baravuga ko uyu munsi batarareka guhugurana hagati yabo kuko hari abaza bavuga ko bataramenya gutegura amafunguro arimo intungamubiri, ariko akenshi ngo bikaba biterwa n’uko batagiye bitabira inyigisho ku gihe, bitavuze ko nanone ariko bagomba kubihorera.

Marie Jeanne umwe mu bajyanama b’ubuzima aragira ati “Bene abo iyo batugannye batubwira ko bakeneye ubumenyi ntitubasubiza inyuma ahubwo biradushimisha kuko tuba twumvise ko za ndwara zigiye kugabanuka. Baraza tukabigisha kandi tukabasaba ko bagerageza no gukangura abandi bataritabira gahunda z’igikoni cy’umudugudu. Icyo tugamije ni uko mu gihe gito nta mirire mibi iba ikigaragara mu duce twacu bityo rero tukaba tugomba gukomeza kwigishanya uburyo bwo kuyirwanya”

MUKANKUBITO Venancie umuturage mu murenge wa Save, we aravuga ko mu kagari ke ka gatoki iki kibazo cy’imirire mibi cyahakemutse kuko ngo bo babashije kwitabira inyigisho zatangwaga n’abajyanama b’ubuzima ari benshi maze babasha kumva akamaro ko kujya kwiga guteka mu gikoni cy’umudugudu bituma babasha kurwanya indyo mbi mu ngo zabo.

Umuyobozi w’akarere ka Gisagara wungirije ushinzwe imibereho myiza madamu Donatille UWINGABIYE avuga ko akarere kahagurukiye kurwanya imirire mibi, ariyo mpamvu gahamagarira abaturage guhinga imboga kandi bakanamenya kurya imbuto aho kuzishora ku masoko gusa. Avuga ko hakurikijwe uburyo abaturage bitabira gahunda zo bikoni by’imidugudu bigaragaza ko mu gihe gito imirire mibi izacika mu karere kabo.

Icyo abaturage basabwa gusa ngo ni ugukurikiza inyigisho bahabwa maze bakita ku bana cyane cyane kandi ibyo bakora byose bakitabira gushyiramo isuku nyinshi.

 

Amazu yo mu mudugudu wa Munini

Rwanda | Ruhango: abaturage bishimiye kuba Leta yabeguriye imidugudu batuyemo

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Amazu yo mu mudugudu wa Munini

Amazu yo mu mudugudu wa Munini

Abaturage batuye mu mudugudu wa Munini umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, banejejwe no kuba Leta yarabeguriye ubutaka bubatseho amazu yabo.

Ibi byishimo abatuye umudugudu wa Munini babitewe n’uko bari bamaze igihe basiragira mu nzego z’akarere basaba ko bahabwa ibyemezo by’ubutaka kugirango nabo bashobore kubona inguzanyo mu ma banki bakore ibikorwa byabateza imbere.

Icyemezo cyo kwegurira abari mu midugudu ubutaka bwa Leta bari batuyeho, cyafatiwe mu nama y’abaminisitiri yateranye tariki ya 27/06/2012.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku itariki ya 28/06/2012, minisitiri w’umutungo kamere Kamanzi Stanislas, yashimangiye ko Kuri ubu itegeko rigenga ubutaka ryavuguruwe rigaragaza ko ubutaka bwubatsweho imidugudu ari ubwa banyiraho “Abaturage”.

Abaturage batuye mu mudugu wa Munini bari barahawe na Leta mu mwaka w’ 1996, bakimara kumva icyi cyemezo bahise bavuga ko bashimira Leta y’ubumwe idahwema gutekereza ku cyateza imbere abaturage bayo.

Safari Abdul atuye muri uyu mudugudu, avuga ko nta hantu Atari yarageze kugirango ahabwe icyemezo cy’aho atuye kugirango ashake uka yabona inguzanyo yo kwiteza imbere, ariko biranga. Akaba avuga ko yashimishijwe cyane n’icyi cyemezo.

Bimwe mu byari bihangayikishije cyane abatuye muri uyu mudugudu, ngo ni uko amazu bari barahubatse yari yarabahenze cyane kuko bagiye bafata inguzanyo za banki bavugurura amazu yabo, aho wasangaga inzu imwe nibura ifite agaciro ka miliyoni 8.

Ikindi cyari gihangayikishije cyane aba bantu, ni uko hari abari baragiye bagura amazu n’abaturage bari barahawe muri uyu mudugudu, bakaba bibazaga uko bizagenda Leta iramutse ishatse kwisubiza ubutaka bwayo.

 

 

 

 

 

Abaturage batangiye

Rwanda | Ngororero: Abaturage batangiye kwiheba kubera kutagira amazi meza

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Ikibazo cy’amazi meza mu karere ka Ngororero gikomeje kuvugisha menshi abaturage ndetse n’abayobozi bireba kuko giteye inkeke. Mu minsi yashize, abaturage cyane cyane abatuye umujyi wa Ngororero bari baratangiye kugira icyizere cyo kubona amazi bitewe n’ibikorwa byo gukora imiyoboro byari birimo kubakwa ndetse bikaba byaranarangiye ariko bakaba batarabona amazi.

Nkuko bisanzwe, mu Rwanda mu gihe cy’izuba amazi aba makeya ndetse hirya no hino hagatangira kubaho isaranganya hafungirwa bamwe hagafungurirwa abandi, ariko abo mu karere ka Ngororero bo bakaba basaranganya no mugihe cy’imvura ibi bigatuma bamwe bashoka iy’ibishanga n’ibinamba.

Iyo ugenda mu bice bimwe na bimwe by’aka karere ahubatswe utuzu twagenewe gushyirwamo amazi ndetse twuzuye, usanga hari udukorerwamo indi mirimo nk’ubucuruzi ariko wafungura amazi ugaheba, ibi bikaba ari bimwe mubituma abantu batakaza icyizere cyo kuzayabona ndetse hakibazwa niba icyibanze ayo mazu yubakiwe ari ugushyiramo amazi cyangwa gucururizwamo.

Icyakora ubuyobozi bw’akarere bwo buvuga ko imirimo yo gusana ibikorwa remezo bijyanye n’amazi bigikomeje ariko bukanemera ikibazo cy’amazi makeya, bigatuma hari uduce atageramo bakifashisha ay’imvura ariko ubu nayo akaba yaratangiye kubura kubera ibihe by’izuba tugezemo. Ahanini uku kutagira amazi ahagije ngo bituruka ku miterere y’akarere aho amazi aterera cyane kandi akenshi imiyoboro igakunda kwangizwa n’imigezi ndetse indi ikaba yaragiye yangizwa n’ibikorwa remezo birimo imihanda n’ibindi.

Iki kibazo cy’amazi gikomeje kuba agatereranzamba mugihe mu ngengo y’Imari y’uyu mwaka urangiye Akarere ka Ngororero kari kariyemeje ko byibura 71% by’abaturage bagatuye bazaba bavoma amazi meza kandi ahantu hari urugendo rutarengeje metero 500. Iki gikorwa kikaba cyaragenewe amafaranga y’urwanda  231.465.110 nkuko byatangajwe n’umuyobozi w’akarere.

 

 

 

 

Rwanda | Ngoma: Abarimu n abanyeshuri bakuye umukecuru muri Nyakatsi

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Umukecuru Nyirabikari Saverina  utuye mu murenge wa Rukira  akarere ka Ngoma yakuwe muri nyakatsi n’abanyeshuri bafatanije n’abarimu bamwubakiye inzu y’ibyumba bitatu na salo .

Aba barezi bo mu ishuri ryisumbuye rya Rurama bafatanyije n’abanyeshuri ngo bakoze iki gikorwa mu rwego rwo gushyigikira gahunda ya leta yo gukura abantu muri nyakatsi bagatura heza.

Umukecuru Nyirabikari yatangarije abanyamakuru ko igikorwa yakorewe agishimira Imana cyane. Yagize ati:”Ubuzima nari mbayemo mbere bwari bubi cyane kuko  imvura yagwaga nkitwikira umusambi hejuru y’umwenda none ubu ndashimira Imana cyane.”

Muzigura Felix ni Umuyobozi w’ishuri ryisumbuye rya Rurama yabwiye abanyamakuru ko kubakira uyu muturage utishoboye bari bagamije kwagura ibikorwa bakora kugirango bigere no ku banyarwanda baturiye ishuri.

Umuyobozi wungirije w’akarere ka Ngoma ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Kirenga Providence yashimiye cyane abarezi bo muri E.S Rurama  ku bw’umutima wa kimuntu bafite wo gufasha abababaye, asaba n’abanyeshuri nk’urubyiruko  ko nabo  bakomeza uwo muco mwiza wo gufashanya kuko uzaba umusemburo w’impinduka nziza.

Uretse abanyeshuri batanze amaboko muri iki gikorwa , abarimu nabo mu bushobozi bwabo batanze buri wese nibura amafaranga  ibihumbi bitanu kugira ngo iyi nzu irangire.

Iki gikorwa cyo kubakira abatishoboye gikorwa n’abanyeshuri ndetse n’ubuyobozi bw’ibigo by’amashuri kimaze kuba umuco kuko hari nahandi hirya no hino mu gihugu mu  bigo by’ amashuri usanga bakora iki gikorwa.

 

 

 

 

 

 

Ababyeyi barasabwa

Rwanda : Ababyeyi barasabwa kwita by’umwihariko ku burere bw’abana bafite ubumuga

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe imibereho myiza y’abaturage arasaba ababyeyi kurera uko bikwiye abana babo cyane cyane bita ku bana bafite ubumuga kuko nabo ari abana nk’abandi.   Kuri uyu wa mbere tariki ya 11/06/2012 mu karere ka Burera ubwo hatangizwaga icyumweru cyahariwe umwana w’umunyafurika, Uwambajemariya Florence yavuze ko ababyeyi bakwiye kwita ku burere bw’abana bose. Yagize ati “ababyeyi bagomba gufasha abana bose by’umwihariko umwana ufite ubumuga bakamufasha, bakamubona nk’umwana nk’abandi, ko afite uburenganzira nk’ubw’abandi bana: akaba afite uburenganzira bwo kwiga, kwivuza ndetse n’ibindi byose byatuma agira ubuzima bwiza”.

Rwanda : Ababyeyi barasabwaMuri uwo muhango wabereye ku murenge wa Kinoni mu karere ka Burera hagaragajwe ko hari bamwe mu babyeyi muri ako gace bahisha abana babo bafite ubumuga. Babahisha abashyitsi baje kubasura ndetse ngo ugasanga abo bana baravukijwe uburenganzira bwabo. Umuntu yaremwe mu ishusho y’Imana kandi afite ubwenge buruta ubw’ibindi biremwa niyo mpamvu ubwo bwenge Imana yamuhaye agomba kubukoresha afasha mugenzi we batameze kimwe, abantu bakuzuzanya  nk’uko Uwambajemariya yabisobanuye. Yakomeje asaba abana nabo kurangwa n’ikinyabupfura mu miryango yabo kandi bakurukira mu ishuri kugira ngo batsinde.

Abana nabo barashishikarizwa gufashanya, bafasha cyane cyane bagenzi babo bafite ubumuga nk’uko yakomeje abisobanura. Ufite ubumuga ku mubiri wese arashoboye kuko akoresha izindi ngingo zasigaye akabasha kwiteza imbere. Ubumuga bubi ni ubwo mu mutwe nk’uko Uwambajemariya abihamya. Icyumweru cy’umwana w’umunyafurika cyatangiye tariki ya 11/06/2012, kizakomeza kugeza tariki ya 16/06/2012 ari nabwo hazizihizwa nyir’izina umunsi mukuru w’umwana w’Umunyafurika. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti “Turengere, twubahe, duteze imbere uburenganzira bw’abana babana n’ubumuga kandi turandure imirimo mibi ikoreshwa abana”. Umunsi mukuru w’umwana w’umunyafurika washyizweho n’umuryango w’ubumwe bw’Afurika mu mwaka wa 1990 mu rwego rwo kurengera uburenganzira bw’umwana bwarimo buteshwa agaciro hirya no hino muri Afurika.  

Rwanda | Ababyeyi bafite abana bamugaye

Rwanda : Ababyeyi bafite abana bamugaye hari igihe bagira uruhare mu kubabuza uburenganzira

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda | Ababyeyi bafite abana bamugayeBamwe mu babyeyi bafite abana bamugaye baratungwa agatoki kuba bagira uruhare mu kubuza abana babo uburenganzira bumwe na bumwe. Abana bamugaye cyane cyane abo mu byaro, bakunze kubuzwa uburenganzira bwabo cyane cyane ubwo kwiga.

Nyamara ariko ngo hari igihe ababyeyi b’abo bana bagira uruhare muri uko kubuzwa uburenganzira kwabo nk’uko bivugwa na bamwe mu batuye mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza.

“Umwana aba ari umwana, kandi ntaba ashoboye kuburana uburenganzira bwe, icyo gihe umubyeyi ni we ugomba gufata iyambere kugirango uwo mwana atabuzwa uburenganzira bwe” uku niko Sebudandi Antoine wo mu kagari ka Ryamanyoni mu murenge wa Murundi abivuga.

N’ubwo leta y’u Rwanda idahwema guharanira uburenganzira bw’abamugaye, imiryango abamugaye bavukamo ngo ishobora kuba ikiri mu mbogamizi zituma abamugaye badahabwa uburenganzira bwa bo uko bikwiye.

Mu murenge wa Murundi nta bana benshi bafite ubumuga bushobora gutuma badakurikirana amasomo ya bo kimwe n’abandi, ariko ngo nta n’uwahamya ko n’abo bake bahaboneka baba bafashwa uko bikwiye kugira ngo bige nk’uko Sebudandi akomeza abivuga.

Cyakora hari ubwo abarimu ku mashuri na bo ngo bananiza abana babana n’ubumuga babakoresha imyitozo ngororamubiri batashobora, bikaviramo abana bamwe gutsindwa, rimwe na rimwe ishuri bakarivamo nk’uko umwe mu bana babana n’ubumuga yabidutangarije.

Uwo mwana akomeza avuga ko nk’igihe abandi bana bakoze imyitozo ngororamubiri nko gusimbuka, biba ikibazo ku bamugaye kuko baba badashoboye imyitozo nk’iyo, bigatuma mwarimu atabaha amanota muri iryo somo aho gushaka ibindi yabakoresha bashobora.

Abamugaye bavuga ko kubaho ingingo zimwe z’umubiri zidakora neza bidasobanura ko umuntu nta kindi aba ashoboye, kuko ngo ashobora gukora ibindi kandi akabikora neza kurusha abafite ingingo zose.


 

 

Nyabihu Urwego rw’imiturire ruragenda rurushaho kunozwa

Rwanda | Nyabihu: Urwego rw’imiturire ruragenda rurushaho kunozwa

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Nyabihu  Urwego rw’imiturire ruragenda rurushaho kunozwa

 

 

 

 

 

Gutura mu midugudu birushaho kwitabirwa, uyu ni umudugudu wa Nyirabashenyi

Mu Rwanda harimo haragenda hashyirwa ingufu mu rwego rw’imiturire. Mu mijyi baraca imiturire y’akajagari ,hashirwaho ibishushanyo mbonera ndetse n’amabwiriza abashaka kubaka mu mijyi bagomba gukurikiza mu rwego rw’imiturire myiza no kurengera ibidukikije.

Uretse mu mijyi hashyizweho amwe mu mabwiriza n’uburyo bugomba gukurikizwa mu rwego rw’imiturire n’imyubakire,mu bice by’ibyaro naho ntihasigaye inyuma, abaturage  cyane cyane  abadatuye ku midugudu, bagenda bashishikarizwa gutura mu midugudu mu rwego rwo koroherezwa kwegerezwa ibikorwa remezo n’ibindi byangombwa rusange bakenera.

Mu karere ka Nyabihu kagaragara nk’akarere k’icyaro, urwego rw’imiturire  ruragenda  rutezwa imbere cyane cyane abaturage bashishikarizwa gutura mu midugudu, naho abandi batuye mu bice bikunze kwibasirwa n’ibiza cyangwa n’imvura nyinshi bakagenda bimurwa bajyanwa aho badashobora kwibasirwa n’ibiza. Urugero nk’abaturage bari batuye mu duce tutaberanye no guturwamo muri Gishwati, bimuriwe mu mudugudu wa Bikingi mu murenge wa Bigogwe.

Kugeza ubu ibishushanyo mbonera by’imidugudu 62 bimaze gukorwa n’ibindi bigera kuri 11 bisigaye birimo kwihutishwa gukorwa. Hateguwe ingemwe zizagenda ziterwa ku nkengero z’imihanda ,kandi n’ahazaca imihanda hamaze kuboneka nk’uko Ndayambaje William ushinzwe ubutaka mu karere ka Nyabihu yabitangaje.    Kugeza ubu imirenge 2 imaze gutera ibiti ku nkengero z’imihanda naho ingo zirenga 44427 zimaze gutuzwa mu midugudu.

Gahunda yo kugumya guteza imbere imiturire ikaba ikomeje kwitabwaho mu karere ka Nyabihu nk’uko Ndayambaje William yabitangaje. Kugeza ubu igishushanyo mbonera cy’umugi wa Mukamira nacyo kikaba cyarashyizwe ahagaragara,kikaba kizashyirwa mu bikorwa mu myaka iri imbere.

  

 

 

Rwanda | Gisagara Abaturage bo muri

Rwanda | Gisagara: Abaturage bo muri nyanza bitabiriye gutura ku mudugudu

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Ubwo henshi mu karere ka Gisagara abaturage bagihatirwa kuva mu bikombe bakajya gutura ku mudugudu, abo mu murenge wa Nyanza muri aka karere ka Gisagara bitabiriye iki gikorwa nta gahato bashyizweho kandi baniyubakira ku muhanda nta bufasha basabye.

Rwanda | Gisagara Abaturage bo muriAbaturage bo muri uyu murenge wa Nyanza baragaragaza ko gahunda za Leta bazitabira kuko n’abayobozi b’uyu murenge bavuga ko ibikorwa by’abaturage babo bishimishije batarebye gusa muri gahunda yo gutura mu mudugudu ahubwo barebeye muri gahunda zitandukanye zirimo kwitabira ubwisungane mu kwivuza (Mutuel de Sante),kuzigama mu murenge sacco n’ibindi bitandukanye bigamije kubateza imbere.

« Abaturage bo muri uyu murenge bagaragaza cyane ko gahunda za Leta zibarimo cyane ko nk’ahandi mu byaro umuntu yavuga ko twari tukiri inyuma ariko ubu aho bamariye kumva izi gahunda zibagenewe basigaye bakoresha imbaraga nyinshi kugirango babashe kugera kubamaze kubasiga. Ibi rero bigaragarira muri gahunda nyinshi bitabira zirimo uturima tw’igikoni, dusasirane aho barwanyije nyakatsi ku buriri, mutuel de sante n’izindi nyinshi zigamije kubateza imbere » Jean Bosco UWIMANA umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyanza.

Abaturage batuye ku mudugudu bavuye mu bikombe nabo baratangaza ko kuhava byafashije cyane kuburyo babonye byinshi batabashaga kugeraho kubera kuba mu bishanga hasi. Banavuga kandi ko kwikura muri utwo tubande nta bufasha basabye byababereye nk’isomo ko nabo hari ibyo bashoboye kwikorera ndetse bikaba byarabateye imbaraga zizatuma babasha no kwigeza ku bindi byinshi mu minsi iri imbere.

« Yooo kuza gutura hano byaradushimishije cyane ndetse byaranadufashije kuko ubu nti duhangayikwa no guhaha kuko twegereye umuhanda ndetse tubasha no kumenya amakuru agezweho mu gace ntidusigare inyuma » MUKARUZIMA Vesansiya umwe mu batuye ku mudugudu bavuye mu kabande k’akanyaru.

«Kuba rero twarabashije kwivana hepfo iyo mu kabande tukaza kwiyubakira hano kumuhanda ntawe tubwiye ngo adufashe, byatumye tubona ko dushoboye kugira icyo dukora kandi gifite akamaro, twagize imbaraga rero ubu turi gushaka n’uburyo twagira ibikorwa twakora byaduteza imbere nk’ubucuruzi dore ko twanaje ku muhanda aho abantu bashobora gukora ibintu bitandukanye bikabinjiriza amafaranga » HABIMANA Ladislas umugabo wa MUKARUZIMA

HABIMANA na MUKARUZIMA bamaze igihe kirenga umwaka baje gutura ku muhanda ahashyizwe umudugudu ndetse banahubakiye abana babo babiri b’abahungu ubu bamaze gushaka n’abagore.

Ubuyobozi bw’akarere ka Gisagara burashima abaturage b’umurenge wa Nyanza muri rusange  bukanaboneraho bugasaba abaturage b’utundi duce bagituye mu mibande ko bagira ubutwari nk’ubw’aba bikuyeyo.

 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

jaguar cars jaguar, jeep, kia