Abanyamuryango ba koperative Abanyamurava ikorera mu murenge wa Cyuve akarere ka Musanze, bavuga ko kwibumbira muri koperative byatumye babasha kwivana mu bukene, ku buryo bageze no kurihirira abana muri kaminuza.
Iyi koperative yatangiye ari ishyirahamwe, yatangiranye abanyamuryango 12, kuri ubu ikaba ifite abagera kuri 35 barimo abapfakazi, imfubyi, n’ababana n’ubwandu bwa SIDA, nk’uko bisobanurwa na Nyirasafari Sawiya, umwe mu banyamuryango bayo.
Ati: “kwibumbira mu makoperative ni ikintu cyiza cyane, nk’ubu turiha mituwele, abana bacu bariga ndetse harimo n’abiga muri za Kaminuza twishyurira, byose tubikesha koperative”.
Ibi kandi byemezwa na Nyiramajyambere Asiya, perezidante w’iyi koperative, uvuga ko kugirango bagere aho bageze ubu byabasabye gukomeza guhanga udushya, aho batangiye bakora ubucuruzi bw’inyama, bakaza kubusimbuza umushinga wo gukora amasabune, gusa ngo si aho gusa bagarukiye.
Ati: “ubu twatangiye umushinga wo guhinga ibihumyo, aho duha imigina abaturage, ndetse tukaba tunateganya kujya tuyumisha, kuko iyo ibihumyo bitumye byangirika vuba”.
Kugeza ubu iyi koperative ifite abanyamuryango 35, harimo abagabo bane, ikaba ifite amazu afite agaciro ka miliyoni 60, n’abagenerwa bikorwa bagera kuri 900 mu mirenge itanu y’akarere ka Musanze, gusa bakaba bateganya kwagura ibikorwa mu yindi mirenge yose y’akarere ka Musanze.




