Tag Archive | "gahunda"

Rwanda | Ngororero Abaturage

Rwanda | Ngororero: Abaturage barenga 7800 batuye ahantu habi bazajya mu midugudu

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Mu karere ka Ngororero ingo zirenga ibihumbi 7800 ngo zituye ahantu habi bahanamye ku misozi cyangwa munsi yayo kuburyo bafite ibyago byo guhura n’ibiza nkuko bikunze kugaragara muri aka karere bityo bakaba bagomba kwimurwa.

Amakuru dukesha umuyobozi w’akarere ka Ngororero bwana Gedeon Ruboneza avuga ko aka karere gafite umubare munini w’abaturage bafite icyo kibazo mu turere twose tw’u Rwanda. Kuri ubu, ngo gahunda akarere gafite ni uko abatuye ahantu nkaho bagomba kwimurwa mbere y’uko hongera kuza ibihe by’imvura nyinshi mu rwego rwo kwirinda impfu z’bantu no kwangirika kw’ibintu byabo.

Rwanda | Ngororero Abaturage

Amazu ni kimwe mubikunze kwibasirwa n’ibiza

Nubwo abayobozi bafashe izo ngamba, muri aka karere haracyagaragara abaturage batitabira iyo gahunda kandi bafite ubushobozi nkuko bigaragara. Ntawuryiha Pascal utuye mu murenge wa Gatumba yemeza ko hari abaturage bakerensa ibintu bibwira ko nta ngaruka cyangwa bagategereza ko Leta ibubakira nyamara nyuma bahura n’ingaruka bagahita bajya mu midugudu.

Umuyobozi w’akarere akaba avuga ko iyo gahunda agomba kubahirizwa kuko iyo abaturage bapfuye hahomba igihugu. Avuga ko abafite ubushobozi bagiye gukurikiranwa bakubaka mu midugudu naho abatishoboye bagahabwa inkunga zo kubagurira ibibanza ndetse bakanahabwa umuganda wo kwikorera ibyo bari bubakishije bigezwa aho bazubaka ku mudugudu.

Mugihe cy’imvura bita itumba giheruka, amazu, imyaka ndetse n’amatungo by’abaturage batuye kuri ubwo buryo byaratikiye ndetse n’abantu 4 bahasiga ubuzima, bityo ibi bikaba bigomba gukemurwa hakiri kare. Muri rusange, mu Rwanda hose abagera kuri 36 bapfuye bishwe n’impanuka zituruka kubiza.

 

Nyabihu Biyemeje guhashya

Rwanda : Nyabihu: Biyemeje guhashya ubukene bakoresheje gahunda yo kuziturirana inka ku bazihawe mbere muri Gahunda ya Girinka

Tags: , , , , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda | Nyabihu Biyemeje guhashya

Bakomeje kwitabira gahunda yo kuziturira bagenzi babo b’abakene inka kugira ngo bafatanye kwizamura bahashye ubukene burundu

Inka 11 nizo zazituriwe abatishoboye mu murenge wa Rurembo kuri uyu wa 21/8/2012. Izi nka zikaba zarazituwe n’abaturage borojwe muri gahunda ya Girinka,bakaziha bagenzi babo batishoboye nyuma y’aho izo bari barahawe zari zimaze gutanga umusaruro.

Bamwe mu bazituye n’abazituriwe inka, bishimiye icyo gikorwa dore ko bavuga ko ari igikorwa kibafasha gufatana urunana mu rugamba rwo kurwanya ubukene no guharanira iterambere rirambye. Mukansonera Daphrose n’umwe mu bazituriye bagenzi babo inka. Nyuma yo kuyiha  Butera Alexandre baturuka mu Kagari kamwe ka Gitega,umudugudu wa Kagusa yatangaje ko ashimishijwe no guha mugenzi we inka kuko azi neza icyo yamumariye akabasha kugenda yikura mu bukene.

Yongeyeho ko atakibura ifumbire ndetse bimufasha no mu buhinzi bwe ndetse n’imibereho yo mu rugo rwe. Yavuze ko inka yamugejeje kuri byinshi: yeza ibigori byinshi,amata anywa akanagurisha ndetse ngo ahaho abana b’abaturanyi kuko ngo akama litiro 4 mu munsi. Kuba atanze inka ngo akaba asanga ari igikorwa kiza cyane kuko bizafasha na mugenzi we kwizamura,nawe akazayiha undi bityo bityo bagakomeza inzira yo kwikura mu bukene.

Alexandre Butera, umwe mu bahawe inka,yavuze ko inka izamufasha muri byinshi ngo kuko ariwe mu mudugudu wabo utagiraga inka. Ikazamufasha mu iterambere abasha kubona ifumbire,amata ndetse n’amafaranga. Yongeyeho ko ashimira cyane ubuyobozi bumuhaye inka.

Uyu muhango wo gutanga inka ukaba warayobowe n’umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere mu karere ka Nyabihu Mukaminani Angela.washimiye aborojwe muri gahunda ya Girinka ; kuko biteje imbere bahereye ku nka bahawe na Perezida wa Repuburika.

Yababwiye ko koroza abandi ari igikorwa cyiza cyo kwibuka aho bari bari bityo kwitura ko ari ukuziturira mugenzi wabo ukennye. Yasabye abahawe inka kuzifashisha maze bakikura mu bukene bazibyaza umusaruro mwiza. Yavuze ko ifumbire bazabona izabafasha kweza, amata akazabafasha kurya neza ntabwaki. Yabasabye kandi kujya bagaburira neza inka bahawe no kuyivuza igihe irwaye bagahita babimenyesha veterineri akabafasha.

Mu mwaka w’imihigo wa 2011-2012,mu karere ka Nyabihu hakaba haratanzwe inka 721 muri gahunda ya Girinka. Kugeza ubu nyuma y’amezi agera kuri 2, umwaka w’imihigo urangiye,bakaba bamaze gutanga inka 106 ziyongera kuri 721 zari zaratanzwe umwaka ushize. Ikigamijwe akaba ari uko gahunda ya Girinka yagera kuri buri wese yafasha kwikura mu bukene kugira ngo ubukene buhashywe burundu.

 

 

NYARUGURU BAMWE MUBASIGAJWE INYUMA N’AMATEKA BARAVUGA KO BATARAGERWAHO NA GAHUNDA Z’ITERAMBERE

Rwanda | NYARUGURU: BAMWE MUBASIGAJWE INYUMA N’AMATEKA BARAVUGA KO BATARAGERWAHO NA GAHUNDA Z’ITERAMBERE

Tags: , , , , , , , , , , , ,


Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Busanze mu karere ka Nyaruguru bavuga ko ubukene bubugarije ngo kubera ko gahunda zigamije iterambere zitabageraho. Ubuyobozi bwo buvuga ko bitaweho kandi ku rwego rw’akarere ngo barimo gushaka imishinga yabateza imbere.

NYARUGURU BAMWE MUBASIGAJWE INYUMA N’AMATEKA BARAVUGA KO BATARAGERWAHO NA GAHUNDA Z’ITERAMBEREBamwe mu bashigajwe inyuma n’amateka bo mu Gatunda mu murenge wa Busanze mu karere ka Nyaruguru baravuga ko babeshejweho n’umwuga w’ububumbyi kandi bakaba babona uyu munsi kubumba ntacyo bibagezaho.

Mukankusi Asiteriya umwe muri bo avuga ko uyu mwuga bafata nk’umurage hari igihe bifuza kuwuvaho ariko bikabagora kuko batabona ikindi bakora.

Ngo n’ubwo batunzwe no kubumba inkono bakazigurisha ntabwo babayeho neza, ku buryo bifuza ko babona aho guhinga n’amatungo yo korora. Ngo ibyo bizeye ko byatuma babaho neza kurusha uko babaho batunzwe no kubumba inkono gusa.

Mukankusi yagize ati «Uyu mwuga rwose ntacyo ukitugezaho ahubwo byaba byiza ubuyobozi bugize icyo butumarira kuko turakennye rwose kandi natwe twifuza gutera imbere. Tubonye nk’amatungo ndetse tukaronka n’amasambu tugahinga twarushaho kubaho neza »

Nk’uko bakomeza babivuga ngo Abasigajwe inyuma n’amateka bo muri Nyaruguru  ntibazwi ndetse ngo na gahunda ya Gira inka ntirabageraho.

Niyitegeka Fabien,Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Nyaruguru ushinzwe ubukungu, imari n’amajyambere yemeza  ko gahunda zigamije guteza imbere abatishoboye zigera kuri buri wese nta kurobanura. By’umwihariko kuri abo basigajwe inyuma n’amateka ngo ntabwo bahita bahabwa inka kubera ko nta bushobozi bwo kuzitaho baba bafite,ngo iyo niyo mpamvu bateganya kubafasha mu mishinga yo kororera hamwe ingurube n’inkoko mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere.

Yagize ati «Ntabwo turobanura mu kwita ku baturage bacu, gusa nk’aba basigajwe inyuma n’amateka ntiturabaha inka kuko nta bushobozi bwo kuzitaho baragira ariko turateganya kubashyira mu mishinga yo kororera hamwe inkoko n’ingurube kandi ikazabazamura”

Nk’uko twabitangarijwe n’umuyobozi wungirije w’Akarere ka Nyaruguru ushinzwe ubukungu kandi, ngo ahanini ibibazo abasigajwe inyuma n’amateka bafite bishingiye no ku myumvire akaba ari muri urwo rwego ngo bateganya kubashakira umusosiyare wo kwita ku buzima no ku imibereho yabo, by’umwihariko akabafasha kuzamura imyumvire yabo.

  

 

Uturere twa Kayonza na Rwamagana ngo turagenda biguru ntege mu gutuza abaturage mu midugudu

Rwanda : Uturere twa Kayonza na Rwamagana ngo turagenda biguru ntege mu gutuza abaturage mu midugudu

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Uturere twa Kayonza na Rwamagana ngo turagenda biguru ntege mu gutuza abaturage mu midugudu

 

 

 

 

 

 

 

Ngo hari Uturere twafashe umurongo mwiza mu guteza imbere imiturire mu midugudu

Umuyobozi wa gahunda ishinzwe guteza imbere imiturire myiza mu cyaro aranenga abayobozi b’Uturere twa Kayonza na Rwamagana ko bagenza biguru ntege gahunda yo gutuza abaturage mu midugudu kandi barahawe ibikoresho n’amafaranga byo gukoresha imirimo y’ibanze abaturage bakeneye ngo bubake mu midugudu.

Mu nama yahuje abayobozi b’ibanze mu Ntara y’Iburasirazuba kuwa 3 Kanama 2012 bagamije kureba uko gahunda ya leta yo gutura mu midugudu ishyirwa mu bikorwa, bwana Kampayana Augustin uyobora gahunda ishinzwe guteza imbere imiturire myiza mu cyaro yanenze ko mu Turere twa Kayonza na Rwamagana bataragira icyo bakora kigaragara kandi aribo bahawe ibikenewe mbere y’abandi mu Rwanda.

Ubu mu gihugu cyose harahugurwa abakozi muri buri Karere bazajya bakoresha imashini zibumba amatafari n’amategura ku buryo bworoshye kandi buhendutse. Uturere twa Kayonza na Rwamagana turi mu twahuguwemo abakozi mbere y’abandi mu gihugu, nyuma hakurikiraho utwo mu Ntara y’Amajyepfo, ubu hakaba hatahiwe Iburengerazuba.

Uturere twa Ngororero na Nyabihu twahuguwe nyuma ngo twamaze kuzuza inyubako nke za mbere mu gihe Kayonza na Rwamagana ngo bataragira inyubako n’imwe batangira no gushingira umusingi.

Muri iyi gahunda ngo buri Karere kahawe imashini zibumba amatafari n’amategura zingana n’umubare w’Imirenge buri Karere gafite, banahabwa amafaranga akabakaba miliyoni 8 (7,900,000 Rwf) yo guhemba abakozi bahuguriwe gukoresha izo mashini zibumba amatafari n’amategura. Kugera uyu munsi ariko ngo ntacyo abayobozi b’Uturere twa Kayonza na Rwamagana barabyaza ubwo bushobozi bahawe.

Kubwa Kampayana ati “Utu Turere dukwiye kutwambura ibyo bikoresho bigahabwa abafite ubushake bwo kubibyaza agaciro.

Kampayana Augustin n’abo bakorana muri iriya gahunda bavuga ko imwe muri ziriya mashini ngo yabumba amatafari 300 n’amategura 300 buri munsi, buri Karere kakaba gashobora kubona ibikoresho byakubaka inyubako 15 buri kwezi.

Bamwe mu bayobozi b’Uturere bari muri iyo nama ariko bavugaga ko ngo izo mashini zibumba amatafari n’amategura macye cyane kurusha ayo abazitanze bavuga. Aya make ariko nayo ngo ntarabyazwa umusaruro mu Turere tumwe na tumwe.

    

 

Letairagirainamaabayobozib’utureregukoreshaamateguran’amatafarimurigahunday’imidugudu

Rwanda : Leta iragira inama abayobozi b’uturere gukoresha amategura n’amatafari muri gahunda y’imidugudu

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Letairagirainamaabayobozib’utureregukoreshaamateguran’amatafarimurigahunday’imidugudu

Muri gahunda ya leta yo gutuza abaturage mu midugudu, ministeri y’ubutegetsi bwa leta (MINALOC) irashishikariza abayobozi b’uturere two mu Ntara y’ i Burengerazuba gutangira gahunda yo gusakaza amategura no kubakisha amatafari kuko ari byo bihendutse kandi bikaboneka mu Rwanda.

Umuyobozi ukuriye ishami rishinzwe imiturire mu cyaro muri MINALOC  Augustin Kampayana ubwo yari ari mu nama yateguwe n’inama y’igihugu ishinzwe kwihutisha gahunda yo gutuza abaturage mu midugudu, yavuze ko leta yatangiye gahunda yo gusakaza amategura kubera ko amabati ahenda kandi agasaza vuba. Usibye n’ibyo kandi, Kampayana avuga ko kuba amategura akorerwa mu Rwanda byaba n’intandaro yo kubonera imirimo urubyiruko rw’u Rwanda muri gahunda ya Hanga Umurimo:

“Urubyiruko rwacu, abari n’abategarugori, iyo bari mu makoperative bakabumba amategura binjiza amafaranga. Icyo gihe rero tuba duhanze umurimo. Icya kabili amategura araramba. Niyo ubonye atangiye gusaza ushobora kuyasiga irange, kandi biranoroshye kubatuye mu kabande iyo bagiye gutuzwa mu midugudu basanzwe basakaje amategura bashobora kuyakuraho bakayimukana, leta inafite ingamba zo kugabanya imari ikoreshwa mu gutumiza ibikoresho hanze (nk’amabati) mu gihe dushobora gukoresha iby’iwacu. Ikindi kwimukana amabati bituma yangirika kubera imisumari bikaba ngombwa ko ugura andi mashya.”

Umuyobozi muri MINALOC ushinzwe imiturire mu cyaro akomeza asobanura ko gusakaza amategura atari itegeko ahubwo ari ingamba yafashwe na leta y’u Rwanda kugira ngo irusheho kunoza gahunda yo gutura mu midugudu hakoreshejwe ibikoresho bikomeye, bihendutse kandi bikorerwa mu Rwanda tutibagiwe ko n’amategura atuma mu nzu hadashyuha cyane nk’amabati.

Ni nayo mpamvu mu turere twose hagejejwe utumashini tubumba tukanokora amatafari, ariko ikibazo cyagaragajwe mu nama nuko utwo tumashini henshi tudakoreshwa, mu Ntara y’i Burengerazuba ho impamvu ikaba ari ukubera ko nta butaka bwo kumbamo amatafari n’amategura bupfa kuhaboneka cyane cyane mu turere twegereye ikiyaga cya Kivu.

Ibi ariko ngo nti byari bikwiye kuba impamvu yo kuzarira muri gahunda yo gutuza abantu mu midugudu kuko aho ubutaka butari bashobora no kugura ibikoresho hanze, cyangwa se bagakoresha n’ibihari. Aha Kampayana yatanze urugero ku karere ka Nyamasheke aho bubakisha imbaho kandi ugasanga amazu ameze neza.

 

Ingamba nyinshi zarafashwe mu

Rwanda | Nyabihu:Ingamba nyinshi zarafashwe mu rwego rwo kwimakaza imirire myiza n ubuzima buzira umuze

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Ingamba nyinshi zarafashwe mu

Uturima tw’igikoni twashyizwemo ingufu ndetse hanakorwa amahugurwa ku bafite inshingano zijyanye n’ubuzima mu rwego rwo kurushaho kububungabunga

Indyo yuzuye n’isuku mu ngo, ku mubiri,n’ahandi hose hahurira abantu ni isoko y’ubuzima bwiza ku baturage. Ni muri urwo rwego mu karere ka Nyabihu hashyizweho gahunda zo guteza imbere urwego rw’ubuzima hafatwa ingamba kugira ngo uru rwego rube ku rufatiro rurushijeho kuba rwiza hirindwa imirire mibi,indwara ziterwa nayo,iziterwa n’umwanda n’isuku nke, n’ibindi.

Gahunda y’agakono k’umudugudu iratanga umusaruro mu mirire myiza mu ngo

Gahunda y’agakono k’umudugudu iratanga umusaruro mu mirire myiza mu ngo

Ni muri urwo rwego mu midugudu yose igize aka karere uko ari 473 muri gahunda y’imirire myiza hashyizweho ishuri ry’agakono k’umudugudu aho ababyeyi biga bakanakurikirana amasomo y’uko bategura indyo yuzuye bagaburira abo mu rugo rwabo ndetse n’abana by’umwihariko.Aya masomo akaba akurikirandwa n’ababyeyi kandi akaba agira akamaro mw’iterambere ry’imirire y’ingo nk’uko Dusenge Pierre ushinzwe ubuzima mu karere ka Nyabihu yabitangaje mu mpera z’ukwezi kwa Kamena ubwo akarere ka Nyabihu kamurtikaga uko kesheje imihigo.

Uretse gahunda y’agakono k’umudugudu,hanubatswe uturima tw’igikoni 316 mu turima 267 twari twiyemeje kubakwa,abaturage bakaba baritabiriye cyane gahunda y’uturima tw’igikoni,nyuma yo gusobanurirwa akamaro katwo muri gahunda y’imirire mu rugo. Akarima k’igikoni kakaba gafasha mu kubona imboga zitandukanye zifasha ababyeyi mu gutegura indyo yuzuye,zikungahaye mu birinda indwara kandi zikaba zisoromwa hafi y’urugo zigifite umwimerere wazo.

Muri gahunda y’imikurire y’abana,mu mirenge 12 igize akarere ka Nyabihu abana bapimwa ibiro kandi hakanakurikiranwa imikurire yabo. Abajyanama b’ubuzima 1792 bari bagombaga guhugurwa barahuguwe ku birebana n’imirimo yabo ya buri munsi no kurushaho kubungabunga ubuzima.

Imihigo hagati y’abayobozi b’ibigo nderabuzima n’akarere ku bijyanye no kwita ku buzima bw’abaturage no gukora akazi kabo neza nayo yarasinywe kandi ikorerwa amasuzuma nk’uko Dusenge Pierre ushinzwe ubuzima mu karere yabigarutseho.

Hamwe n’izo ngamba zafashwe mu karere ka Nyabihu, urwego rw’ubuzima rukaba rugenda rurushaho gutera imbere nk’uko Dusenge yabigarutseho.

 

 

                                                                                  

 

GISAGARA NTA MWANA

RWANDA | GISAGARA: NTA MWANA UZASIGARA ARANGWAHO N’IMIRIRE MIBI

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda  | Gahunda yo guha abana amata mu gikoni cy’umudugudu

Gahunda yo guha abana amata mu gikoni cy’umudugudu

Ubuyobozi bw’akarere ka Gisagara buratangaza ko nta mwana n’umwe uzasigara arangwaho imirire mibi mu gihe gito kuko iki kibazo cyahagurukiwe binyuze mu kwigisha ababyeyi guteka mu gikoni cy’umudugudu no guha abana indyo yuzuye igizwe n’amata atangwa muri gahunda y’inkongoro y’umwana ndetse no muri gahunda y’agakono k’umwana igamije kurwanya bwaki.

Izi gahunda zigamije guteza imbere imirire myiza mu karere ka Gisagara ziracyakomeza kuko hari bamwe mu baturage bavuga ko bagikeneye kwigishwa ku itegurwa ry’amafunguro arimo intungamubiri cyane cyane ku mafunguro agenewe abana bato. N’ubwo rero bigaragara ko abagikeneye ubu bumenyi aribo bake ndetse henshi muri aka karere imirire mibi ikaba imaze gucika, ubuyobozi buvuga ko izi gahunda zizakomeza abantu bakajya bahugurwa muri gahunda z’utugoroba tw’ababyeyi bityo ntihazagire umwana numwe usigara arangwaho n’imirire mibi.

Mu murenge wa Kibirizi akagari ka Muyira, ababyeyi baravuga ko uyu munsi batarareka guhugurana hagati yabo kuko hari abaza bavuga ko bataramenya gutegura amafunguro arimo intungamubiri, ariko akenshi ngo bikaba biterwa n’uko batagiye bitabira inyigisho ku gihe, bitavuze ko nanone ariko bagomba kubihorera.

Marie Jeanne umwe mu bajyanama b’ubuzima aragira ati “Bene abo iyo batugannye batubwira ko bakeneye ubumenyi ntitubasubiza inyuma ahubwo biradushimisha kuko tuba twumvise ko za ndwara zigiye kugabanuka. Baraza tukabigisha kandi tukabasaba ko bagerageza no gukangura abandi bataritabira gahunda z’igikoni cy’umudugudu. Icyo tugamije ni uko mu gihe gito nta mirire mibi iba ikigaragara mu duce twacu bityo rero tukaba tugomba gukomeza kwigishanya uburyo bwo kuyirwanya”

MUKANKUBITO Venancie umuturage mu murenge wa Save, we aravuga ko mu kagari ke ka gatoki iki kibazo cy’imirire mibi cyahakemutse kuko ngo bo babashije kwitabira inyigisho zatangwaga n’abajyanama b’ubuzima ari benshi maze babasha kumva akamaro ko kujya kwiga guteka mu gikoni cy’umudugudu bituma babasha kurwanya indyo mbi mu ngo zabo.

Umuyobozi w’akarere ka Gisagara wungirije ushinzwe imibereho myiza madamu Donatille UWINGABIYE avuga ko akarere kahagurukiye kurwanya imirire mibi, ariyo mpamvu gahamagarira abaturage guhinga imboga kandi bakanamenya kurya imbuto aho kuzishora ku masoko gusa. Avuga ko hakurikijwe uburyo abaturage bitabira gahunda zo bikoni by’imidugudu bigaragaza ko mu gihe gito imirire mibi izacika mu karere kabo.

Icyo abaturage basabwa gusa ngo ni ugukurikiza inyigisho bahabwa maze bakita ku bana cyane cyane kandi ibyo bakora byose bakitabira gushyiramo isuku nyinshi.

 

Ntibishimira ivuguruzanya

Rwanda : Ntibishimira ivuguruzanya hagati y inzego mu bijyanye no kubaka

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Ntibishimira ivuguruzanyaAbashyira mu bikorwa gahunda za Leta cyane mu bijyanye no gutuza abaturage nibo batishimira ivugurazanya ry’inzego zibakuriye. Ibi byagaragarijwe mu nama yahuje bamwe mu bayobozi n’abakozi bo mu turere tw’intara y’amajyepfo hamwe n’abakozi b’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere imiturire.

Mu nama aba bakozi n’abayobozi bakoreye i Huye kuwa 14 Kamena,2012 umwe muri bo yavuze ko atishimira uburyo basabwe gukura abantu muri nyakatsi bagatuzwa mu midugudu, hanyuma kuko nta handi bari bafite ho kubatuza, batema agace k’ishyamba. Nyuma yaho, abashinzwe ibidukikije bahageze bababwiye ko bangije  ibidukikije.

Uyu wari mu nama yakomeje agira ati “kuki inzego zose zirebwa n’imiturire zitabanza kwigira hamwe ibijyanye n’imiturire y’abaturage aho kuza nyuma y’uko twe tuba twagerageje gukora ibyo dushoboye tugendeye ku mabwiriza twahawe, hanyuma ngo ntidusobanutse!”

Abari mu nama bose rero bifuje ko Minisiteri y’ibikorwa remezo hamwe n’iy’ubuhinzi, ndetse n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibidukikije bose bajya babanza gukorana n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere imiturire, bakarebera hamwe ahashobora guturwa cyangwa gushyirwa n’ibindi bikorwaremezo hatangijwe ibidukikije ndetse hatanapfushijwe ubusa ubutaka bwashoboraga guhingwa bukera. Ibizajya biva muri ubwo bufatanye bazajye baba ari byo bashyikiriza Uturere tugomba gutuza abaturage.

Muri iyi minsi hariho gahunda yo gutuza Abaturarwanda bose mu midugudu, haherewe ku batuye ahantu hashobora guteza impanuka ziterwa n’ibiza. Icyifuzo cy’aba bayobozi kiramutse gikurikijwe, havamo ko abantu bazatuzwa aho bikwiriye ntihazongere kugaragara amakosa aterwa ahanini n’uko abashyira mu bikorwa gahunda za Leta baba batarimo impuguke zihagije mu bijyanye n’ibyakagombye gukurikizwa byose.

 

 

 

 

Umuturage ushima gahunda y’inkongoro ku mwana

Rwanda | Bugesera : Gahunda y inkongoro y umwana yagabanije indwara zikomoka ku mirire mibi

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,



Umuturage ushima gahunda y’inkongoro ku mwana

Umuturage ushima gahunda y’inkongoro ku mwana

Ababyeyi bo mu Karere ka Bugesera barishimira ko gahunda y’inkongoro ku mwana yatangijwe hirya no hino mu gihugu, kuko yagabanije ibibazo by’indwara zikomoka ku mirire mibi nka bwaki n’izindi.

Nirere Daphrose utuye mu Murenge wa Ntarama avuga ko iyo gahunda yatumye amenya akamaro k’amata ku bana.

Ati “  nyuma y’aho abana banjye babonye amata ubu bameze neza bitandukanye na mbere aho bagaragaragaho ibibazo by’imirire mibi nka bwaki”.

Yishimiye ko gahunda ya Girinka yaje yunganirwa n’iy’inkongoro ku mwana, byatumye abana babo bamera neza ati ‘‘Abana bacu baranywa amata kandi bameze neza, kandi iriya gahunda ya perezida wa repubulika aho buri muturage ahabwa inka iratuma nta bana bakomeza kugarizwa n’imirire mibi’’.

Uretse Nirere ushima gahunda y’inkongoro kuri buri mwana  Mukantaganira Vestine wo mu Murenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera nawe ashima gahunda yo gushishikariza abaturage mu guhinga uturima tw’igikoni tweraho imboga nazo zifatwa nk’ingenzi mu mirire y’abana ndetse bakaba banasabwa gutera ibiti byeraho imbuto ziribwa.

Asanga izo gahunda zikwiye kwitabirwa n’abaturage kuko ari bo ziba zashyiriweho, bityo bakarushaho kugira ubuzima bwiza muri rusange nubw’ abana babo by’umwihariko.

Iyi gahunda y’inkongoro y’umwana mu mashuri abanza nay’inshuke iri hirya no hino mu gihugu, yashyizweho mu rwego rwo gukangurira Abanyarwanda kunywa amata ndetse no gufasha abana bafite ikibazo cy’imirire mibi.

 

 

 

 

 

Rwanda | Gisagara Gahunda

Rwanda | Gisagara: Gahunda ya gira inka ibaha kubana neza hagati yabo

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Gahunda ya Gira inka, yishimiwe n’abatuye mu kagari ka Gikonko, mu murenge wa Gikonko, mu karere ka Gisagara; iyi Gahunda ngo ifasha abaturage mu kwikura mu bukene, ndetse no kubana neza hagati yabo. Ku ruhande rw’ubuyobozi buvuga ko iyo hari igikorwa cyo kugabirana biba ari ibirori mu tugari, abaturage bagasabana.

Rwanda | Gisagara GahundaIyi Gahunda ya Gira inka, ifasha imiryango yahawe inka, kwizamura mu mibereho, ndetse no kubana neza, kuko nk’uko aba baturage bo mu kagari ka Gikonko, babivuga ngo basangira amata, kandi iyo inka ibyaye bariturana.

“Inka mfite ubu igiye kubyara ubwa gatatu, iyambere narayituye, nayikamaga amalitiro agera kuri 15 akamfasha kurihira abana amashuri, ariko ayo nkama ku mugoroba nyasangira n’abaturanyi” Alphonsine NYIRANDABANANIYE

 

Ntaganda Antoine, umukozi w’Umurenge wa Gikonko, ushinzwe Ubworozi, ngo ababonye inka bizamuye mu mibereho kandi biteje imbere, ndetse ngo n’imibanire yabaye myiza, aho ababonye inka ubu babana neza kurusha uko babanaga mbere.

 

“Urebye cyane ku mibereho yabo ubona abazibonye batari bazifite barateye imbere kubona amata byatumye basa neza ndetse n’imiryango yituranye irushaho kubana neza” Ntaganda Antoine

 

Mugambira Etienne, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gikonko, avuga ko iyo hari igikorwa cyo kwiturana, mu tugari haba ari ibirori kuko usanga abaturage bizihiwe, kandi bavuga rumwe, bityo n’umubano ukagenda urushaho kuba mwiza.

 

Muri uyu murenge hari inka zirenga 200, zaturutse muri Gahunda ya Gira Inka, harimo n’izibarutse izindi.

 

Gahunda ya Gira Inka cyangwa Inka imwe ku muryango ukennye, ni gahunda yatangi­jwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame mu mwaka wa 2006, abi­nyujije muri Guverinoma no mu kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ibikomoka ku matungo RARDA. Ikaba ishinzwe gutanga inka mu miryago yatoranijwe mu gihugu cyose itishoboye hagami­jwe kurwanya indwara ziko­moka ku mirire mibi, kurwanya ubukene ndetse no kugabanya itumizwa mu mahanga ry’ ibiko­moka ku matungo.

 

Iyo uganiriye n’imiryango ya­hawe izo nka, ukitegereza no mu mibereho yabo ya buri munsi, im­pinduka zigaragarira buri wese haba mu mirire, mu buhinzi, mu bukungu ndetse no mu bumwe bwabo.

 

 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia