Posted on 21 June 2012
Tags: abanyeshuri, cyane, gikorwa, Iki, ishuri, kuko, muri, nbsp, Nyirabikari, Rwanda, Rwanda an old woman, Rwanda Help, Rwanda Ngoma, Rwanda students, Rwanda Teachers, Umukecuru
Umukecuru Nyirabikari Saverina utuye mu murenge wa Rukira akarere ka Ngoma yakuwe muri nyakatsi n’abanyeshuri bafatanije n’abarimu bamwubakiye inzu y’ibyumba bitatu na salo .
Aba barezi bo mu ishuri ryisumbuye rya Rurama bafatanyije n’abanyeshuri ngo bakoze iki gikorwa mu rwego rwo gushyigikira gahunda ya leta yo gukura abantu muri nyakatsi bagatura heza.
Umukecuru Nyirabikari yatangarije abanyamakuru ko igikorwa yakorewe agishimira Imana cyane. Yagize ati:”Ubuzima nari mbayemo mbere bwari bubi cyane kuko imvura yagwaga nkitwikira umusambi hejuru y’umwenda none ubu ndashimira Imana cyane.”
Muzigura Felix ni Umuyobozi w’ishuri ryisumbuye rya Rurama yabwiye abanyamakuru ko kubakira uyu muturage utishoboye bari bagamije kwagura ibikorwa bakora kugirango bigere no ku banyarwanda baturiye ishuri.
Umuyobozi wungirije w’akarere ka Ngoma ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Kirenga Providence yashimiye cyane abarezi bo muri E.S Rurama ku bw’umutima wa kimuntu bafite wo gufasha abababaye, asaba n’abanyeshuri nk’urubyiruko ko nabo bakomeza uwo muco mwiza wo gufashanya kuko uzaba umusemburo w’impinduka nziza.
Uretse abanyeshuri batanze amaboko muri iki gikorwa , abarimu nabo mu bushobozi bwabo batanze buri wese nibura amafaranga ibihumbi bitanu kugira ngo iyi nzu irangire.
Iki gikorwa cyo kubakira abatishoboye gikorwa n’abanyeshuri ndetse n’ubuyobozi bw’ibigo by’amashuri kimaze kuba umuco kuko hari nahandi hirya no hino mu gihugu mu bigo by’ amashuri usanga bakora iki gikorwa.
Posted on 20 April 2012
Tags: abana, akaba, amafaranga, club, gikorwa, Iki, muri, ngo, Rubavu, Rwanda, Rwanda children, Rwanda orphanage, Rwanda Rubavu, Rwanda Unity Club, Umuryango
Unity Club irasaba abanyarwanda kugira umutima w’urukundo bakubakira abana bakiba muri orphelinat Noel de Nyundo barengeje imyaka 18 y’amavuko bityo bagahabwa amahirwe yo kwiyubakira imiryango no gukorera igihugu.
Ibi ni ibyashimangiwe na Regine Iyamuremye, umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umuryango Unity Club kuri uyu wa 18 Mata ubwo yahuraga n’abacuruzi n’abandi bafatanyabikorwa banyuranye ku Gisenyi mu Karere ka Rubavu barebera hamwe icyakomeza gukorwa kugira ngo amafaranga yo kubaka amazu 20 yo gutuzamo abo bana aboneke.
Iyamuremye yatangaje ko hamaze gukusanywa amafaranga miliyoni 80 ndetse ko imirimo igeze mu kubaka imiganda. Gusa ngo haracyakenewe ubufatanye kugirango iki gikorwa kirangire. Yagize ati “bariya bana ni abanyarwanda, ni ingufu, ni amaboko y’igihugu tubahe amahirwe yo kwiyubakira ejo hazaza.”
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Nyirasafari Rusine Rachel avuga ko akarere gasanzwe gafitiye icyizere abafatanyabikorwa bako ku buryo ubufatanye muri ki gikorwa asanga buzatanga umusaruro ushimishije.
Umwe mu bari bitabiriye iyo gahunda akaba yaratangaje ko nta kizabuza abantu kwitanga ati “erega abana ni abacu, tuzafatana urunana uko tubishoboye iki gikorwa kigerweho.”
Igitekerezo cyo kubakira abana b’imfubyi 20 baba mu kigo cy’imfubyi cya Nyundo cyavutse ubwo abagize umuryango Unity club na Ministre w’Intebe Pierre Damien Habumuremyi basangiraga Noheli n’ubunani n’abana barererwa muri iki kigo mu mwaka ushize wa 2011.
Intego umuryango Unity Club ufite ngo akaba ari uko aya mazu azaba yubatse ku buryo bwa kijyambere muri site ya Kanembwe mu Murenge wa Rubavu azaba yuzuye bitarenze ukwezi kwa 12 uyu mwaka wa 2012 akaba yarakorewe inyigo ihagaze hafi miliyoni 180 z’amafaranga y’u Rwanda.
Posted on 10 March 2012
Tags: gikorwa, kugira, midugudu, Minisitiri, murenge, muri, ngo, Nzahabananimana, Nzahabananimana Alexis, Ruhashya, Rwanda, Rwanda development, Rwanda Huye, Rwanda Nzahabananimana Alexis, uyu
Aya magambo Minisitiri Nzahabananimana yayavugiye mu Murenge wa Ruhashya wo mu Karere ka Huye ku itariki ya 8 Werurwe. Hari mu gikorwa cyo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore Akarere ka Huye kizihirije muri uyu Murenge wa Ruhashya.

Minisitiri Nzahabananimana Alexis,minisitiri w’ibikorwaremezo
Guha abana amata no kwibutsa ababyeyi ko indyo yuzuye ari ngombwa ku buzima cyane cyane bw’abana kandi iyi ndyo ikaba iboneka hafi yabo, ni zimwe mu ngingo zaganiriweho mu gikorwa cy’uyu munsi. Kwibutsa ababyeyi ko bagomba kwitabira kuboneza urubyaro kugira ngo umuryango umererwe neza na byo abari bitabiriye uyu munsi mukuru babishishikarijwe.
Mu ijambo rye, Minisitiri Nzahabananimana yagaragaje ko kugira ngo abatarasobanukirwa neza n’indyo yuzuye ndetse no kuboneza urubyaro na bo bibagereho, ari umurimo ukomereye abajyanama b’ubuzima bo muri Ruhashya bitewe n’uko abaturage baho batuye. Yagize ati: “Hano i Ruhashya mutuye ku buryo mutatanye. Muzitabire gutura mu midugudu, bizatuma serivisi z’ubuzima zizajya zibageraho ku buryo bworoshye”.
Minisitiri rero yasabye umuyobozi w’Akarere ka Huye kuzagenzura ko gutura mu midugudu muri Ruhashya byitabirwa, maze yungamo agira ati : « muzature mu midugudu, nibiba ngombwa iyo midugudu nzayibaharurira. Igihe muzaba mwatuye mu midugudu, n’umuhanda mwiza tuzawubakorera. Ntitwabasha gushyiraho imihanda ya buri wese, ariko mutuye hamwe biroroshye. »
Abanyaruhashya rero ubufasha babwemerewe, igisigaye ni ugushyiraho akabo kugira ngo ibikorwa remezo bifuza bibagereho.
Posted on 26 February 2012
Tags: abacitse, abaturage, cyo, gikorwa, icumu, igikorwa, Jenoside, Muko, murenge, Rwanda genocide survivors, rwanda Gicumbi, Rwanda Girinka, ubuyobozi

Abaturage bitabiriye icyo gikorwa
Ubuyobozi bw’umurenge wa Muko mu karere ka Gicumbi, tariki 23/02/2012, bwakoze igikorwa cyo kujonjora abacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye bazahabwa inka muri gahunda ya girinka munyarwanda.
Iki gikorwa bagifashijwemo n’ubuyobozi bw’umuryango urengera abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda bo mu murenge no mu tugari ndetse n’abaturage kuko aribo babazi neza; nk’uko byasobanuwe n’ushinzwe imibereho myiza mu murenge wa Muko, Nzabandora Fabien.
Uretse kujonjora abatishoboye, hanakozwe igikorwa cyo gutora komite nshya y’abacitse ku icumu yo mu murenge wa Muko.
Dusengimana Vanancie n’umupfakazi wabuze umugabo n’abana ndetse n’abavandimwe be muri Jenoside aravuga ko naramuka ahawe inka bizatuma abasha kwiteza imbere dore ko yarabayeho mu buzima bugoranye.