Tag Archive | "gishwati"

Rwanda Imiryango igera ku

Rwanda : Ubwiherero bugera ku 1168 nibwo bumaze kubakirwa abaturage bimuwe muri Gishwati mu rwego rwo guteza imbere isuku

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda Imiryango igera ku

Imiryango igera ku 1200 niyo irimo kubakirwa ubwiherere mu rwego rwo guteza imbere isuku

Mu rwego rwo guharanira isuku no gufasha imiryango yimuwe muri Gishwati kurushaho kugira isuku no kurwanya indwara ziterwa n’umwanda,ubwiherero bugera ku 1168 nibwo bumaze kubakwa mu bwiherero 1200 bwari buteganijwe nk’uko Dusenge Pierre ushinzwe ubuzima mu karere ka Nyabihu yabidutangarije.

Iki gikorwa cyo kubakira imiryango yimuwe muri Gishwati ubwiherero,kikaba cyaratangiye mu kwezi kwa 07/2011 nyuma yo kubona ko abubakiwe amazu yo kubamo mu midugudu bakeneye n’ubwiherero.

Ibyo byatumye ubwiherero bugera kuri 427 bwubakirwa imiryango yimuriwe muri Bikingi mu murenge wa Bigogwe ,bwubakwa n’umushinga w’isuku n’amazi PNEAR, kugira ngo abaturage bari bimuriwe muri uwo mudugudu wa Bikingi babone ubwiherero bakoresha mu rwego rwo kwimakaza isuku.

Ibi bikorwa byo gushakira ubwiherero imiryango yimuwe n’idafite ubushobozi bwo kwiyubakira ubwiherero,bikaba biri gukorwa mu mirenge yose uko ari 12 igize akarere ka Nyabihu, bikaba biteganijwe ko bizarangira mu kwezi kwa 06/2012 nk’uko Dusenge Pierre yakomeje abidutangariza. Ibi bikorwa bikaba byari byiyemejwe mu mihigo ,bakaba bari barihaye igihe kingana n’amezi 12 kugira ngo ibi bikorwa bibe birangiye. Kugeza ubu hakaba habura igihe gito kugira ngo ubwiherero bugera kuri 32 busigaye nabwo bube bwuzuye. Gusa mu gihe butaruzura abatabufite biyambaza ubwa bagenzi babo.

Iki gikorwa cyo kubakira ubwiherero abimuwe muri Gishwati cyakozwe na PNEAR aho yubatse ubwiherero 427 ,ubundi bukaba bwubakwa mu miganda igenda ikorwa n’abaturage hirya no hino mu mirenge igize akarere ka Nyabihu.

   

 

 

 

 

Abakuwe mu ishyamba

Abakuwe mu ishyamba rya Gishwati ntibishimiye aho batujwe

Tags: , , ,


 

 

 

Nyuma y’imyaka ibiri abari batuye mu ishyamba rya Gishwati bimuwe bagatuzwa mu kagari ka Busigari, umurenge wa Cyanzarwe, akarere ka Rubavu mu ntara y’Iburengerazuba, baratangaza ko batishimiye ubuzima babayemo.

Nk’uko Basabose Karera umusaza w’abana 17 yadutangarije, ngo baje ku gahato bizera ko aho babimuriye hazaba ari heza kandi ko ubuzima bwabo butazahinduka cyane. Ariko ngo akihabona yahise abona atazahamenyera.

Yagize ati “aha hantu ni mu makoro gusa, nta hantu na hamwe wabona ukubita isuka, ikindi kandi hitaruye kure utundi tugari, mbese ni mu bwigunge gusa!”

Basabose yakomeje avuga ko mu ishyamba yari afite imirima agahinga akagaburira abana be, yarangiza agasagurira isoko, none yagabanyijwe hegitari imwe n’abantu bane. Ubwo ngo yezaga ibirayi ubu ni we usigaye abihaha kandi ku mafaranga menshi.

Undi muturage na we yunzemo ko amashuri y’abana mu mwaka wa gatanu na gatandatu y’ibanze bitoroshye kuyishyura, ndetse ko n’ibigo nderabuzima biba kure, ngo bakora isaha y’urugendo rw’amaguru kugirango bahagere.

Yakomeje adutangariza ko nta bushobozi bafite bwo gucuruza duke basoroma mu mirima yabo mu gihugu bahana imbibi cya Kongo kuko indangamuntu bafite atari izo mu karere ka Rubavu kandi urwandiko rubemerera gutambuka (laisser passer) ruhenda.

Aka kagari nta mashanyarazi kagira kandi umuhanda uhajya ntutunganye nk’uko Etienne Nsabimana, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Cyanzarwe abihamya.

Nsabimana yagize ati “Umugore utwite bimusaba nibura iminsi ine mbere y’uko agera ku bitaro kugirango abyazwe.”

Nyamara ariko ngo hari byinshi byahindutse nk’uko Nsabimana yakomeje abitangaza. Yasobanuye ko abo baturage bakigera muri Cyanzarwe habaye ikibazo cyo guhindura imyumvire yabo, cyane cyane ku birebana n’isuku no kubingingira kwisungana muri koperative.

Yagize ati “Nibura ubu tubasha kuvugana neza kuko batuye mu midugudu, n’ubwo ibibazo bikiri byinshi ariko turizera ko gahoro gahoro bizakemuka.”

Yvette Mundorere na we avuga ko hari byinshi byiza bagezeho nyuma yo kuva mu ishyamba.

Yvette yagize ati “kera abagore ntitwakarabaga twabaga twambaye lumbiya, none reba uko nsa, ndakaraba ngacya, namenye kuringaniza imbyaro, turakeye!”

Kugeza ubu akagari ka Busigari kubatswemo inzu 303 zirimo imiryango nibura abantu batandatu kuri umwe. Icyiciro cya mbere cy’abaturage bari batuye mu ishyamba rya Gishwati cyahatujwe muri Mata 2009 icya kabiri cyaje muri Mata 2010 bakaba nabo bari kubakirwa amazu mashya.


 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia