
Bamwe mubaturage bo muduce two mu mijyi ya kabaya na Ngororero ahatuye abantu benshi bangirizwa n’amazi aturuka kumazu, barasaba ko hajyaho itegeko rihana umuntu wese udafata amazi aturuka kunzu ze kuko abangiriza.
Bamwe mubatuye mu midugudu bakomeje kwinubira ukuntu amazi aturuka kumazu y’abaturanyi abasenyera akanatwara ubutaka kandi bubaka bahawe uburenganzira n’ubuyobozi bw’akarere.
Uwamahoro Vincent utuye mu murenge wa kabaya avuga ko inzu ye yangizwa n’amazi aturuka kubaturanyi mugihe cy’imvura bikamusaba gusana uko imyaka itashye kandi banyiri amazu bakagombye gufata amazi yabo. Icyo kibazo agihuriyeho n’abandi batuye mijyi ya Kabaya na Ngororero.
Kabagema Roger, umukozi w’akarere ushinzwe ubutaka yadutangarije ko icyo kibazo kizwi kandi ko mbere yo gutanga ibyangombwa kubashaka kubaka banagirwa inama yo gufata amazi yo kunyubako zabo ariko ntibabikurikize.
Kabagema akomeza avuga ko mu mategeko agenga imyubakire nta ngingo irebana no gufata amazi yashyizwe mo bityo abashinzwe imyubakire bakabura aho bahera bakurikirana abadafata amazi yabo akangiriza abaturanyi babo n’ibidukikije muri rusange.
Kimwe n’abaturage bavuga ko abaturanyi babo babangiriza, Kabagema asanga hagiyeyo itegeko rirebana no gufata amazi rikanateganya ibihano kubatabyubahirije byafasha mugukemura icyo kibazo cyane cyane mu karere ka Ngororero nubundi gasanzwe kagizwe n’imisozi ihanamye.






