Posted on 15 August 2012
Tags: akarima, amatungo, ibiti, igikoni, imbuto, korora, kugira, magufi, ngo, Rwanda advice, Rwanda against, Rwanda malnutrition, Rwanda Nyabihu, Rwanda trategies, ziribwa

Kugira akarima k’igikoni, ibiti by’imbuto ziribwa no korora amatungo magufi ni bimwe mu bisabwa mu ngo mu rwego rwo kugirango bizorohere kubona indyo yuzuye
Indyo yuzuye ikenewe mu buzima bwa buri muntu wese kugira ngo bube buzima kandi buzire umuze. Byinshi mu bitegurwa kugira ngo iboneke usanga benshi babyibonera babihinze mu mirima yabo, iruhande rw’ingo zabo ntibifate ubuso bunini cyane. Nk’uko Mukambungo Esperance umwe mu bajyanama b’ubuzima yabidutangarije, ngo kugira akarima k’igikoni, ibiti by’imbuto ziribwa no korora amatungo magufi n’imwe mu nzira za bugufi zo kwibonera indyo yuzuye umuntu atavunitse.
Mukambungo avuga ko indyo yuzuye igizwe n’ibyubaka umubiri, ibirinda indwara n’ibitera imbaraga. Ibikunze kubura cyane ngo bikaba ari ibirinda indwara n’ibyubaka umubiri, ari nayo mpamvu abantu bashishikarizwa kugira uturima tw’igikoni, ibiti by’imbuto no korora amatungo magufi. Avuga ko akarima k’igikoni n’ibiti by’imbuto ziribwa ari isoko y’ibirinda indwara. Mu karima k’igikoni haboneka imboga ziciriweho zigifite umwimerere wazo bityo uziriye zikamugirira akamaro kuko ziba zigifite intungamubiri zose. Ushobora guhingamo imboga rwatsi, epinari, amashu, ibitunguru, calottes, sereri, pavuro n’izindi kandi ku buso buto.
Ibiti by’imbuto ziribwa nabyo ni byiza kuko bifasha mu birinda indwara cyane ko ugifite bitamusaba kugura imbuto ahubwo aba azibonera iwe bitamugoye,bikamufasha gutanga igaburo ryiza kandi ryuzuye. Korora amatungo magufi,nk’inkoko,n’ayandi bituma umuntu abona ibyubaka umubiri ku buryo bworoshye. Biba bigizwe n’inyama zikomoka kuri ayo matungo yorowe ndetse n’amagi inkoko zishobora gutera byose byafasha mu muryango. Ibyo bikaba byaza byiyongera ku bitera imbaraga bikunze kutabura cyane mu miryango nk’ibijumba,ibirayi,amateke,imyumbati,ibikoro n’ibindi nk’uko Mukambungo yabigatseho.
Kugira akarima k’igikoni,gutera ibiti by’imbuto ziribwa no korora amatungo magufi bikaba byaranagarutseho mu mfashanyigisho ya Minisiteri y’ubuzima ku birebana n’uburyo bwo kurwanya imirire mibi mu ngo. Buri rugo rukaba rusabwa kuba rwagira akarima k’igikoni,ibiti by’imbuto ziribwa no korora amatungo magufi. Ngibyo rero ku bashaka kwitungira amagara mazima,nimuyoboke inama mugirwa.
Posted on 20 July 2012
Tags: akarima, ari, avuga, dore, igikoni, imboga, imirire, kugira, kuko, nbsp, Rwanda bugesera, Rwanda garden, Rwanda importance, Rwanda Kitchen, Rwanda nutrition-improvement

Abaturage bo mu karere ka Bugesera baravuga ko kugira akarima k’igikoni ari ngombwa, kuko gafasha umuryango kugira imirire myiza no kubona imboga, bityo kakaba karabaye igisubizo cy’imirire mibi.
Ku bijyanye n’akamaro k’akarima k’igikoni, Mukamurigo Daphrose wo mu murenge wa Ntarama avuga ko ako karima ari ingobokamuryango, dore ko kaba kegereye urugo maze igihe ashakiye imboga akazibona bitamugoye.
Ati “ intego yacu ni ukurwanya imirire mibi twifashishije akarima k’igikoni, dore ko gashobora guterwaho ubwoko bw’imboga butandukanye.
Mukamurigo avuga ko ubusanzwe mu muryango hakunda kuboneka ibyo bita uburisho ari byo, ibijumba, amateke, ibitoki, imyumbati, ugasanga benshi batita ku bijyanye n’imboga, kuko usanga akenshi ziboneka ku isoko.
Aha yatanze inama avuga ko buri muturarwanda yari akwiye kugira akarima k’igikoni, kuko katagoye kandi gatabara vuba. Yongeyeho ko mu muryango we nta mafaranga akihasohoka bagura imboga, kuko bifasha mu gutera imbere kuko akoreshwa ibindi.
Ati “ nta karima k’igikoni nagiraga ariko nkaba nari mu nzira yo kugatunganya, dore ko nasanze bitagoranye kandi bikaba bidasaba n’umurima.
Avuga ko irembo riri iwe rimwe na rimwe ritanakuburwa agiye kurishyiraho uturima tw’igikoni, bityo abo mu rugo rwe bajye babona imboga zisoromwe ako kanya, dore ko ari nazo ziba zicyuzuyemo intungamubiri.
Kugira akarima k’igikoni biri mu nshingano za buri muturage ariko nanone abifashijwemo n’ubuyobozi bw’akagari.
Posted on 08 July 2012
Tags: gahunda, igikoni, imirire, kandi, karere, muri, nbsp, Rwanda, Rwanda development, Rwanda food, Rwanda Nyabihu, Rwanda population, rwego, ubuzima, uko

Uturima tw’igikoni twashyizwemo ingufu ndetse hanakorwa amahugurwa ku bafite inshingano zijyanye n’ubuzima mu rwego rwo kurushaho kububungabunga
Indyo yuzuye n’isuku mu ngo, ku mubiri,n’ahandi hose hahurira abantu ni isoko y’ubuzima bwiza ku baturage. Ni muri urwo rwego mu karere ka Nyabihu hashyizweho gahunda zo guteza imbere urwego rw’ubuzima hafatwa ingamba kugira ngo uru rwego rube ku rufatiro rurushijeho kuba rwiza hirindwa imirire mibi,indwara ziterwa nayo,iziterwa n’umwanda n’isuku nke, n’ibindi.

Gahunda y’agakono k’umudugudu iratanga umusaruro mu mirire myiza mu ngo
Ni muri urwo rwego mu midugudu yose igize aka karere uko ari 473 muri gahunda y’imirire myiza hashyizweho ishuri ry’agakono k’umudugudu aho ababyeyi biga bakanakurikirana amasomo y’uko bategura indyo yuzuye bagaburira abo mu rugo rwabo ndetse n’abana by’umwihariko.Aya masomo akaba akurikirandwa n’ababyeyi kandi akaba agira akamaro mw’iterambere ry’imirire y’ingo nk’uko Dusenge Pierre ushinzwe ubuzima mu karere ka Nyabihu yabitangaje mu mpera z’ukwezi kwa Kamena ubwo akarere ka Nyabihu kamurtikaga uko kesheje imihigo.
Uretse gahunda y’agakono k’umudugudu,hanubatswe uturima tw’igikoni 316 mu turima 267 twari twiyemeje kubakwa,abaturage bakaba baritabiriye cyane gahunda y’uturima tw’igikoni,nyuma yo gusobanurirwa akamaro katwo muri gahunda y’imirire mu rugo. Akarima k’igikoni kakaba gafasha mu kubona imboga zitandukanye zifasha ababyeyi mu gutegura indyo yuzuye,zikungahaye mu birinda indwara kandi zikaba zisoromwa hafi y’urugo zigifite umwimerere wazo.
Muri gahunda y’imikurire y’abana,mu mirenge 12 igize akarere ka Nyabihu abana bapimwa ibiro kandi hakanakurikiranwa imikurire yabo. Abajyanama b’ubuzima 1792 bari bagombaga guhugurwa barahuguwe ku birebana n’imirimo yabo ya buri munsi no kurushaho kubungabunga ubuzima.
Imihigo hagati y’abayobozi b’ibigo nderabuzima n’akarere ku bijyanye no kwita ku buzima bw’abaturage no gukora akazi kabo neza nayo yarasinywe kandi ikorerwa amasuzuma nk’uko Dusenge Pierre ushinzwe ubuzima mu karere yabigarutseho.
Hamwe n’izo ngamba zafashwe mu karere ka Nyabihu, urwego rw’ubuzima rukaba rugenda rurushaho gutera imbere nk’uko Dusenge yabigarutseho.
Posted on 11 June 2012
Tags: abaturage, akagari, akarima, ako, igikoni, imboga, Kabagesera, karima, ngo, Rwanda, Rwanda agriculture, Rwanda School, Rwanda Vegetable, Rwanda vegetables, shuri
Mu karima shuri k’akagari ka Kabagesera, ho mu murenge wa Runda, hateye imboga z’amoko yose ku buryo butandukanye, Abaturage bakeneye ingemwe zo gutera n’imboga zo guteka muri gahunda y’igikoni cy’umudugudu ni ho baza gusarura imboga.

Amashu, karoti, ibitunguru, imboga n’imiteja biteye mu karima k’ishuli
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari ka Kabagesera, Muvunyi Eugene, atangaza ko uwo murima werekwa abaturage igihe cyose kugira ngo ubabere urugero rw’ubuhinzi bw’imboga. Izo mboga ziterwa n’abaturage kandi akaba ari na bo bazitaho.
Uyu muyobozi akomeza avuga ko imboga zo muri ako karima shuri ari zo zifashishwa mu gikoni cy’umudugudu aho ababyeyi bahuriza hamwe abana bo mu mudugudu bakabatekera indyo yuzuye bakabagaburira.
Mukarukwaya Annoncée, ni umujyanama w’ubuzima mu kagari ka kabagesera, atangaza ko kuba ku biro by’akagari hateye imboga, bibafasha mu bukangurambaga bwo gukangurira abaturage gutegura indyo yuzuye.
Ako karima shuri kandi ngo gafasha abaturage bo mu kagari kubona ingemwe z’imboga bakeneye kuko hafi ya bose bakenera guhinga imboga zo kwifashisha mu rugo. Kuri ubu abaturage barenga 70% batuye ako kagari ngo bafite akarima k’igikoni nk’uko byemezwa na Mukarukwaya.
Abaturage na bo babona akamaro ko gutera imboga dore ko nta n’isoko riri hafi ya bo baziguramo. Mukankubana Jeannine, amaze imyaka itandatu azirikana kwita ku buhinzi bw’akarima k’igikoni, bikaba byaratumye abana be bakura neza.
Marie Josee Uwiringira
Posted on 09 June 2012
Tags: abaturage, igikoni, imirire, indyo, kagari, mibi, muri, ndwara, Rwanda development, Rwanda Health, Rwanda kayonza, Rwanda Rwanda, Rwanda vegetables, yuzuye, ziterwa
Abaturage bo mu kagari ka Kawangire mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza, bavuga ko akarima k’igikoni kabafatiye runini kuko ngo katumye zimwe mu ndwara ziterwa n’imirire mibi zibagirana muri ako kagari. Abo baturage bavuga ko mu myaka yashize muri ako kagari hagaragaraga abana barwaye bwaki n’izindi ndwara ziterwa n’imirire mibi, ariko ubu ngo zikaba zigabanuka ku buryo bugaragara.

Icyo benshi mu bo twaganiriye bahurizaho, ni uko ngo kurwaza bwaki n’izindi ndwara ziterwa n’imirire mibi byaterwaga ahanini n’ubujiji bw’abaturage, kuko ubusanzwe batari abakene ku buryo abana babo babura indyo yuzuye.
Mukunzi Leonard yabisobanuye muri aya magambo “Ubundi rwose natwe twabonye ko kurwara ziriya ndwara na twe twabigiragamo uruhare kubera ubujiji, nonese ko ntacyo tubuze abana bacu barwara bwaki gute? ahubwo ni uko tutari tuzi indyo yuzuye”
Akarima k’igikoni ni imwe muri gahunda leta ishishikariza abanyarwanda gushyira mu bikorwa hagamijwe kurwanya indwara ziterwa n’imirire mibi. Mu karima k’igikoni, abaturange bahingaho imboga zitandukanye zongera intungamubiri kandi zigafasha urugo kubona indyo yuzuye.
Biteganyijwe ko abaturage bo mu murenge wa Rukara bazanigishwa uko amafunguro aciriritse benshi bita ay’abakene ashobora gutegurwa kandi akaba akubiyemo ibyangombwa byose umubiri uba ukeneye, ibyo bikazakorwa muri gahunda yiswe “iziko” igamije guhuriza hamwe ababyeyi bakigishwa gutegura indyo yuzuye.
Posted on 31 May 2012
Tags: abaturage, akarima, gahunda, igikoni, imbere, iterambere, karere, kubaka, kwiteza, muri, Rwanda, Rwanda agriculture, Rwanda bugesera, Rwanda Croix Rouge, Rwanda development, Rwanda vegetables
Abakorerabushake ba Croix-Rouge y’u Rwanda bakanguriye abaturage bo mu murenge wa Rilima mu Karere ka Bugesera igikorwa cyo kubaka akarima k’igikoni muri gahunda yayo yo gukangurira abaturage kwiteza imbere hagamijwe iterambere rirambye.

Perezida wa Croix-Rouge mu Karere ka Bugesera afatanya n’abaturage kubaka akarima k’igikoni
Rudasingwa Jean Baptise, Perezida wa Croix-Rouge mu Karere ka Bugesera yasobanuye ko nk’umufasha wa Leta, agasozi indatwa kari muri gahunda Croix-Rouge y’u Rwanda yashyize mu mihigo yayo.
Ati “bigamije kuzamura umuturage bakamugeza ku iterambere rirambye umuturage na we yagizemo uruhare, cyane ndakangurira abaturage kugira isuku bakora neza imisarane bakayigirira isuku, bakanakoresha kandagira ukarabe mu rwego rwo kurwanya indwara ziterwa n’umwanda”.
Yasobanuye ko abaturage bahawe imirama y’imboga mu rwego rwo kubafasha kurwanya imirire mibi. Yavuze kandi ko hatanzwe inkwavu zigera kuri 240 ku batishoboye mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere kugira ngo bashobore kwikemurira ibibazo nko kwigurira ubwishingizi mu kwivuza (mutuelle de santé). Yavuze kandi ko abaturage bagomba kwitabira guhinga imbuto ku buryo buri rugo ruzajya rugira nibura igiti kimwe cy’imbuto.

Bafasha abaturage kubaka akarima k’igikoni
Rudasingwa Jean Baptise ahamya ko intambwe imaze guterwa ishimishije kuko abaturage bamaze kumva ko na bo bagomba kwishakamo ubushobozi bakagira uruhare mu kwizamura bityo bakazagera ku iterambere rirambye rigamijwe.
Ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu murenge wa Rilima, Umugwaneza Diane, yashimiye ubufatanye bwiza Croix-Rouge y’u Rwanda ifitanye na Leta muri gahunda yo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.
Ati “ iki gikorwa cyo kubaka uturima tw’igikoni kije gufasha abaturage kwiteza imbere, ndashimira Croix-Rouge y’u Rwanda ibyo imaze kubagezaho birimo gutoza abaturage isuku ndetse no koboroza amatungo”.
Nyirimanzi Vincent umwe mu bafashijwe kubaka akarima k’igikoni yashimiye cyane ubufasha bahawe na Croix-Rouge y’u Rwanda. avuga ko bigishijwe, bagirwa inama bahabwa amatungo ndetse n’imbuto.
Posted on 27 May 2012
Tags: akarima, amatafari, avuga, bityo, buryo, bwa, igikoni, imboga, imirire, kijyambere, Rwanda akarima k’igikoni, Rwanda Kirehe, Rwanda nutrition, Rwanda program, Rwanda vegetables
Bamwe mu baturage bamenyereye ko akarima k’igikoni kubakwa mu buryo busanzwe bwa giturage kuri ubu ariko akarima k’igikoni gashobora kubakwa mu buryo bwa kijyambere aho bakubakisha amatafari na sima bityo kakaba gakomeye kandi kagahingwaho imboga z’ubwoko bwose mu buryo bwa kijyambere.
Kaburame Emmanuel, umuturage utuye mu kagari ka Mubuga mu murenge wa Musaza avuga ko nyuma yo kubona ko akarima k’igikoni kari mu bikorwa bigaragara ko bifitiye akamaro abaturage ariko ugasanga hari igihe akarima kagerayo kagasaza bityo bikaba ngombwa ko wubaka akandi we yahisemo gukora akarima k’igikoni ka kizungu, akomeza avuga ko yakubatse akoresheje amatafari, sima n’umucanga aho avuga ko kuri ubu akarima k’igikoni agafata nk’umutako uteyeho imboga zitandukanye mu rugo iwe.
Ubusanzwe akarima k’igikoni gahingwaho imboga zitandukanye aho bahingaho amashu n’ubwoko bw’izindi mboga, Kaburame avuga ko impamvu aka karima k’igikoni ka kizungu akubakisha amatafari ngo ni uko amatafari abika ubukonje bityo imboga zigakomeza kumera neza, akomeza avuga ko Atari byiza kukubakisha amabuye kuko yajya abika ubushyuhe bityo bukaba bwateza imboga kuma mu gihe izuba ryaba ryatse.
Akarima k’igikoni gafitiye abaturage akamaro kuko kari mu bifasha abaturage kurwanya imirire mibi batera imboga kuri aka karima zikabafasha kurya neza bavanzemo imboga.
Posted on 27 May 2012
Tags: akarima, cell, cement, home, igikoni, kitchen, Mubuga, Musaza, polythene, resident
While many residents have been making kitchen gardens out of polythene papers, some have advanced methods of using bricks and cement to make good looking and durable gardens.
Emmanuel Kaburame, a resident of Mubuga cell, Musaza sector says that akarima k’igikoni is very important to residents but sometimes they get destroyed because of poor quality materials used.
Emmanuel Kaburame, who used bricks, sand and cement, asserts that his kitchen garden is like a decorative piece with different vegetable types in his home.
The most common vegetables grown in akarima k’igikoni are cabbages, greens, carrots among others.
Using bricks is beneficial in a way that bricks keep the soil cold for the better growth of the vegetables unlike using stones that keep warmth, which makes them dry if it shines.
Akarima k’igikoni became a necessity of every home because it helps in fighting malnutrition.
Posted on 30 March 2012
Tags: akarima, area, Bugesera, garden, Goretti, home, igikoni, kitchen, malnutrition, way
As a way of fighting malnourishment, every home in Bugesera district has been encouraged to have a kitchen garden (akarima k’igikoni) so that vegetables are eaten often.
Having akarima k’igikoni does not require one to have a big space because of the way it can be made to fit on a small area.

Kitchen garden (Akarima k’igikoni)
Goretti Nyiramana, community health worker of Rwaniro cell in Gashoro sector asserts that a kitchen garden is a must have for every home because it’s the easiest way of fighting malnutrition.
“Akarima k’igikoni is the simplest way of growing vegetables without a big area and expensive materials. You can use old basins, buckets and others can be used to grow carrots, onions and cabbages,” says Goretti Nyiramana.
Jeanne Mukandayisenga, a nutritionist at ADEPR Nyamata Hospital encourages parents to care for their children and prevent malnutrition.
“It’s not necessary to buy vegetables when there is an easy way of having your garden,” adds Mukandayisenga.
Mukandayisenga elaborates that what makes the whole process simple and affordable is the fact that vegetables can be grown as flowers in flower pots or vases and look like decorations when catered for.
In order to fight malnutrition in Bugesera, a team of people was chosen for making kitchen gardens in every home and giving them seeds to grow.
Posted on 02 March 2012
Tags: against, against poverty, akarere, igikoni, imirire, kibazo, kitchen, malnutrition, mibi, ndetse, nta, Rulindo, Tugireyezu, umudugudu
Abatuye akarere ka Rulindo, baravuga ko nta kibazo cy’ imirire mibi kizaba kikiharangwa mu kwezi kwa gatanu, bitewe na gahunda zitandukanye zirimo akarima k’ igikoni ndetse n’ igikoni cy’ umudugudu.
Ibi bikaba byatangarijwe Minisitiri muri perezidansi, Venantie Tugireyezu tariki 29/02/2012, ubwo yasuraga umurenge wa Buyoga, akarere ka Rulindo, kugirango arebe aho bageze mu kurwanya imirire mibi.
Nyuma yo gusura ibikorwa bitandukanye birimo igikoni cy’ umudugudu wa Butare, yashimye gahunda y’ igikoni cy’ umudugudu, aho abana batekerwa hamwe indyo yuzuye bakagaburirwa ndetse bakanahabwa amata.
Abayobozi n’ abaturarage b’ akarere ka Rulindo bijeje minisitiri Tugireyezu ko mu kwezi kwa gatanu nta kibazo cy’ imirire mibi kizaba kikirangwa muri Rulindo, kuko bagiye kongera ingufu mu gikoni cy’ umudugudu.
Ministiri Tugireyezu kandi yasabye abanyarulindo kuboneza urubyaro, ndetse no kujyana abana mu mashuri, kuko byagaragaye ko benshi mu bana babyarira iwawo, ari abahagaritse amashuri yabo.