Posted on 04 August 2012
Tags: ahantu, akarere, habi, impanuka, ingo, midugudu, nabi, nbsp, Nyamagabe, Rwanda disasters, Rwanda habitation, Rwanda nyamagabe, Rwanda people, Rwanda villages, zituye
Mu rwego rwo kwirinda impanuka zituruka ku miturire mibi, akarere ka Nyamagabe kihaye intego yo gutuza mu midugudu ingo zose zituye ahantu habi hashobora guteza impanuka ziturutse ku biza.

Inkangu ni kimwe byibasira abatuye ahantu habi.
Akarere ka Nyamagabe ni kamwe mu turere dukunze kwibasirwa n’impanuka ziturutse ku biza kubera ahanini imiterere yako igizwe n’imisozi miremire. Mu bihe by’imvura usanga ibikorwa birimo amazu , imihanda n’ibindi bikorwa remezo byangirika ahanini kubera inkangu.
Nko mu murenge wa Musebeya, umwe mu mirenge igize aka karere haherutse kwangirika ibikorwa bitandukanye aho ingo zigera kuri 18 zahuye n’inkangu mu gihe kimwe.
Mu rwego rwo kwirinda ingaruka zitandukanye zaterwa na bene izi mpanuka, ubuyobozi bw’akarere bwasabye abaturage bose batuye ahantu habi kuba bamaze kwimukira mu midugudu mbere y’uko uyu mwaka urangira.
Mu ngo zisaga 72, 861 zituye mu karere ka Nyamagabe, ingo 9,505 nizo zituye nabi. Gusa umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe Mugisha Philbert, yadutangarije ko abantu batuye nabi nko ku misozi ihanamye ndetse no mu bishanga aribo bagiye gutuzwa mu midugudu ku buryo bwihuse.
Yagize ati “ turateganya ko byibura mu kwezi kwa 12 uyu mwaka wa 2012, ingo zose bigaragara ko zituye nabi zaba zamaze gutuzwa neza ku buryo bw’umudugudu.”
Mugisha Philbert yatangaje kandi ko igihe cy’amezi 5 atari gito kandi ko haramutse habaye inzitizi zacyerereza iyi gahunda, akarere kakongera igihe ariko abatuye nabi bagatuzwa neza mu midugudu.
Mu gihe haramuka hagize uwanga kwimuka ku bushake, ngo ubuyobozi buzamwegera bumusobanurire ibibi byo gutura nabi ndetse bunamwereke ingaruka zabyo naho abazagaragaza ko nta bushobozi bwo kwiyubakira mu midugudu bafite, akarere kazabibafashamo.
Posted on 23 May 2012
Tags: bwo, ingo, karere, muri, ndetse, neza, ngo, rwamagana, Rwanda, Rwanda Conflict, Rwanda Couple, Rwanda Peace, Rwanda Rwamagana, Rwanda Youth, ubutumwa, urubyiruko
Urubyiruko rwo mu Karere ka Rwamagana rurasabwa guhindura ubutumwa bwiza bwo kwamamaza ivanjiri rusanzwe rukora muri bagenzi barwo bitwa ko baguye, rukongeramo n’ubutumwa bwo kubyutsa ikibatsi cy’urukundo, rukemura amakimbirane mu ngo zitabanye neza, hagamijwe gukumira amakimbirane n’urugomo byagiye bigaragara muri Rwamagana, ndetse hamwe na hamwe ababana mu rugo rumwe bakavutsanya ubuzima.

Urubyiruko rurasabwa kwimakaza amahoro n’ubusabane mu miryango
Ibi ngo biraterwa n’uko muri ako Karere hagaragaye ingo zisaga 232 zirangwamo umwiryane n’ubwumvikane buke, kandi benshi mu rubyiruko rw’i Rwamagana ari abakirisitu bakora ubutumwa bwo kwamamaza ijambo ry’Imana mu ngo za bagenzi babo bita ko baguye.
Superintendent James Muligande ukuriye polisi y’u Rwanda mu Karere ka Rwamagana yabwiye urubyiruko rw’i Rwamagana rwari mu nama nkuru y’Urubyiruko kuwa 17 Gicurasi ko urwo rubyiruko rukwiye no gushyiraho ubutumwa bwihariye bugenewe ingo bazi zirimo abashakanye batakibana mu bucuti, ahubwo baba mu ngo zirara zishya, bwacya zikazima.
Superintendent Muligande yabwiye abasore n’inkumi basaga 300 bari bitabiriye inama nkuru y’urubyiruko I Rwamagana ko mu kazi kabo ka polisi bazi ingo nyinshi zirara mu nduru n’intonganya, abazirimo bakaba barangwa n’umwiryane iyo bari bonyine mu ijoro, amaso ya rubanda asinziriye. Bamwe ndetse barara bagenda amajoro bajya gutabaza no gucumbika kuri polisi kuko mu ngo zabo hababereye indiri y’ibibazo.
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, bwana Uwimana Nehemie nawe avuga ko ikibazo cy’ingo zitabanye neza akizi ndetse kikaba cyarageze n’aho mu mezi ashize gitera bamwe mu babana kwicana hagati yabo. Kuri ubu ariko, uyu muyobozi avuga ko ingo zizwi ko zitabanye mu mudendezo zabaruwe, ndetse abazituye bakaba baraganirijwe bakanagirwa inama yo kubana neza kuko bibazanira amahoro n’umutuzo bombi.
Mu gukumira hakiri kare izi ntonganya n’urugomo rushobora kuzishamikiraho, urubyiruko rw’i Rwamagana rwasabwe gushyira muri gahunda z’iyobokamana no kubwiriza ubutumwa bwiza umwanya n’ubutumwa byihariye hagamijwe guhwitura abashakanye ngo bongere kubana neza.