Posted on 06 September 2012
Tags: abatishoboye, abaturage, gufasha, ingurube, inkunga, leta, MIDIMAR, murenge, ngo, Rwanda aid, Rwanda MIDIMAR, Rwanda people, Rwanda Rulindo, Rwanda vulnerable, uyu

Kuri uyu wa kabiri tariki 4/8/2012 mu murenge wa shyorongi,akarere ka Rulindo, ministere ifite mu nshingano zayo imicungire y’ibiza no gucyura impunzi MIDIMAR ifatanije na OIM(umuryango wo gufasha abimukira ku isi) batanze inkunga igizwe n’ibikoresho byo mu bwubatsi ,n’ingurube. Bikaba byashyikirijwe abatishoboye n’abatahutse batuye muri uwo murenge.

Abaturage bahawe iyo nkunga ngo babona ari ubufasha leta ikomeje kubagezaho mu rwego rwo kwifuriza abaturage imibereho myiza. Uwitwa Rwirahira Emmanuell utuye mu kagari ka Buvumo wahawe itungo ry’ingurube ati”ndashimira Leta y’ubumwe ikomeje kwifuriza imibereho myiza abaturage bayo iduha ubufasha.”
Aba baturage ngo bahuye n’invura idasanzwe mu mezi yashize, ku buryo amazu Atari akomeye yahise asenyuka. Mubahawe inkunga y’amabati ngo bishimiye ko bagiye kuba mu nzu zabo kuko ngo bari bacumbitse. Umukecuru witwa Mukandoli Venansiya utuye mu kagari ka Bugaragara ati”nshimishijwe nuko ngiye mu nzu yanjye nanjye nkamererwa neza kuko nari ncumbikiwe n’umurenge nyuma yo gusenyerwa n’invura”
Murenzi Gaspard waje ahagarariye MIDIMAR yavuze ko uyu mushinga ukorera mu turere tumwe na tumwe, ukaba utanga infashanyo z’ibanze ku bantu batahutse n’abatishoboye ,ukigisha n’imyuga iciriritse muri rusange. ukaba uterwa inkunga na leta y’ubuyapani.
Posted on 05 July 2012
Tags: abantu, Aho, ari, benshi, igicuri, ingurube, inyama, Kera kose, kubera, nbsp, ngo, PEACE BAR
Kera kose itungo ry’ingurube ryasaga n’irigayitse, aho abantu benshi banariziraga ngo kubera imiterere yaryo n’umwanda rigira ariko ngo ubu ibintu byarahindutse kuko inyama z’ingurube zisigaye zifite agaciro aho ikiro kimwe cyazo cyokeje kigura amafaranga ibihumbi bibiri na magana inani (2800fr) ,mu karere ka Rusizi ibyo bigaragarira mutubari twinshi two mumujyi aho usanga inyama z’ingurube zikoreshwa cyane .
aho twageze ni nko mukabari kitwa PEACE BAR kari mu mujyi rwagati , twabashije kuganirana bamwe mubatunganya inyama z’ingurube, tunatemberezwa aho bazitunganyiriza .
abo basore bakora uwo murimo icyambere batangaza ngo ko ingurube itacyitwa izina ryayo rusange ry’ingurube kuko ngo basanga ari ukuyitesha agaciro kandi ari ikiribwa gikunzwe cyane, ubu ngo isigaye yitwa AKABENZI iryo zina ngo basanga riyikuraho igisebo .
aba basore mubona nibamwe mubatunganya inyama z’ingurube muri ako kabari baratangaza ko ngo mbere yo kuzishyira abakiriya baba babanje gusuzuma ko zihiye neza .
kubera ko abantu benshi bakunze gukoresha izo nyama bamwe mubazicuruza batangaza ko ingurube zahenze ku isoko aho ingurube imwe nkuru igura amafaranga ari hagati y’ ibihumbi ijana nijana na makumyabiri. Cyakora ku bivugwa ko inyama z’ingurube zitera indwara y’igicuri abazotsa bavuga ko ngo nabo babyumva batyo. ushinzwe ubuvuzi bw’amatungo mu karere ka Rusizi bwana Niyonsaba Oscar we yatangaje ko izo nyama zidatera igicuri ariko ngo hari uburwayi bw’igicuri abantu bashobora kurwara buturutse ku kurya inyama z’ingurube zirwaye Rushe cg (cysticereose porcine)