Tag Archive | "inka"

Tabagwe: Arwanya imirire mibi mu baturanyi kubera gahunda ya “Gira inka mujyanama”

Rwanda | Tabagwe: Arwanya imirire mibi mu baturanyi kubera gahunda ya “Gira inka mujyanama”

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Tabagwe: Arwanya imirire mibi mu baturanyi kubera gahunda ya “Gira inka mujyanama”

Umusaza wo mu kigero cy’imyaka nka 60 witwa Habiyakare François Xavier, umujyanama w’ubuzima mu Murenge wa Tabagwe mu Karere ka Nyagatare, aratangaza ko kubera inka yakuye muri gahunda ya “Gira inka mujyanama” kuri ubu akamira abaturanyi mu rwego rwo kurwanya imirire mibi kandi na we ngo ikaba imaze kumufasha kwiteza imbere.

Uyu musaza avuga ko koperative yamuhaye inka ihaka, kuri ubu ngo ikaba ikamwa litiro 10 z’amata ku munsi. Akomeza avuga ko muri izo l 10 agurishaho ebyeri gusa andi akifashishwa muri gahunda yo kurwanya imirire mibi mu baturanyi.

Mu buhamya yatanze, ubwo abajyanama b’ubuzima ba Tabagwe bari mu birori byo kwishimira ibyo bamaze kugeraho kuri uyu wa 31/08/2012, Habiyakare akaba yatanze urugero rw’umubyeyi utishoboye uherutse kwibaruka umwana akaba yaramwemereye litiro imwe y’amata ku munsi.

Kubera ko akama litiro eashanu mu gitondo akongera gukama izindi eshanu ku mugoroba, akomeza avuga ko amata akama mu gitondo yayahariye abana bamuzanira ubwatsi. Ati “bazana ubwatsi bagacyura amata nta kindi kiguzi.” Ayo akama ku mugoraba ngo ni yo akuramo litiro 2 agurisha kugera ngo akemure utubazo two mu rugo n’aho andi bakayanwa dore ko afite umuryango munini w’abantu umunani.

Icyo yishimira kurusha byose ariko ngo akaba ari uko umuryango wo ufite ubuzima buzira umuze abikesheje iyo nka. Yagize ati “Kubera ko mfite umuryango w’abantu umunani, niushyuye ibihumbi 24 bya mutual. Byose mbikesha inka nahawe.”

Uretse gukamira abaturanyi no gushingana umuryango mu bwisungane mu kwivuza, uyu musaza anavuga ko iyo nka yamwongereye cyane umusaruro w’ubuhinzi. Avuga ko akarima yari afite ahinga keragamo umufuka umwe w’ibigori none kubera ifumbire ituruka ku nka yakuye muri “Gira inka mujyanama”, ubu ngo yeza imifuka itanu y’ibigori. Ati “Ubu gahunda mfite n’ugukomeza gufata iyi nka neza ikampa amafaranga yo gukora utundu dushinga twanteza imbere.”

 

 

Kunywa amata ni

Rwanda : Kunywa amata ni ukurya indyo yuzuye

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda | Amata mu kirahure

Amata mu kirahure

Amata  indyo yuzuye, bityo akaba ashobora kwifashishwa na benshi mu kuvura indwara zikomoka ku mirire mibi, cyane cyane indwara zikomoka ku kubura ibyubaka umubiri (proteins).

Mukamabano Anonciata ushinzwe imirire mu kigo nderabuzima cya Nyankenke mu karere ka Gicumbi avuga ko usanga amata abonekamo ibyubaka umubiri (proteins), amavuta (lipids) n’isukari (glucides) bikenerwa buri munsi mu mubiri.
Ati “ amata kandi yongera kubonekamo imyunyu ngugu ya kalisiyumu (Ca), sodiyumu (Na), potasiyumu (K), manyeziyumu (Mg) na Korore (Cl). Mu gihe iyi myunyu ngugu umubiri utayibonye mu mata biwusaba kuyikura mu bindi biryo bitandukanye kuko usanga ari ingenzi mu mubiri. Icyiza kandi ni uko usanga buri ntungamubiri mu mata iri ku rwego rudakabije mu bwinshi cyangwa mu buke”.

Akomeza avuga ko amata ari ikinyobwa gihindagurika bitewe n’impamvu zitandukanye cyangwa ahantu abitswe.

“Muri garama 130 zisigaye ukuyemo amazi ni ho habonekamo garama ziri hagati ya 35 na 50 z’amavuta. Ibigigaye ni ibyubaka umubiri (proteins), ibinyesukari (fats), ibitera imbaraga (lipids) n’ibindi”.

Mu Rwanda kugeza ubu amatungo akunze gukoreshwa mu gutanga amata ni inka n’ihene. Inka ni ryo tungo rinini kandi ritanga amata menshi, ariko na none aya mata akaba agira ingaruka kuri bamwe bitewe n’imiterere y’imibiri yabo.

Ikibazo kiboneka kuri bamwe banywa amata ni aho umubiri wabo uba udashobora neza kugogora aya mata y’inka, ariko bitabujije ko bashobora kunywa amata y’ihene.

Amata y’ihene ni amata adakunzwe cyane cyane muri Afurika, ariko kandi akaba ari yo meza kurusha amata y’inka. Aha bavuga ko ubwiza bw’amata y’ihene bushingiye ku kuba ashobora kunyobwa na buri wese nta ngaruka biteye mu mubiri we.

 

 

 

Nyabihu Biyemeje guhashya

Rwanda : Nyabihu: Biyemeje guhashya ubukene bakoresheje gahunda yo kuziturirana inka ku bazihawe mbere muri Gahunda ya Girinka

Tags: , , , , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda | Nyabihu Biyemeje guhashya

Bakomeje kwitabira gahunda yo kuziturira bagenzi babo b’abakene inka kugira ngo bafatanye kwizamura bahashye ubukene burundu

Inka 11 nizo zazituriwe abatishoboye mu murenge wa Rurembo kuri uyu wa 21/8/2012. Izi nka zikaba zarazituwe n’abaturage borojwe muri gahunda ya Girinka,bakaziha bagenzi babo batishoboye nyuma y’aho izo bari barahawe zari zimaze gutanga umusaruro.

Bamwe mu bazituye n’abazituriwe inka, bishimiye icyo gikorwa dore ko bavuga ko ari igikorwa kibafasha gufatana urunana mu rugamba rwo kurwanya ubukene no guharanira iterambere rirambye. Mukansonera Daphrose n’umwe mu bazituriye bagenzi babo inka. Nyuma yo kuyiha  Butera Alexandre baturuka mu Kagari kamwe ka Gitega,umudugudu wa Kagusa yatangaje ko ashimishijwe no guha mugenzi we inka kuko azi neza icyo yamumariye akabasha kugenda yikura mu bukene.

Yongeyeho ko atakibura ifumbire ndetse bimufasha no mu buhinzi bwe ndetse n’imibereho yo mu rugo rwe. Yavuze ko inka yamugejeje kuri byinshi: yeza ibigori byinshi,amata anywa akanagurisha ndetse ngo ahaho abana b’abaturanyi kuko ngo akama litiro 4 mu munsi. Kuba atanze inka ngo akaba asanga ari igikorwa kiza cyane kuko bizafasha na mugenzi we kwizamura,nawe akazayiha undi bityo bityo bagakomeza inzira yo kwikura mu bukene.

Alexandre Butera, umwe mu bahawe inka,yavuze ko inka izamufasha muri byinshi ngo kuko ariwe mu mudugudu wabo utagiraga inka. Ikazamufasha mu iterambere abasha kubona ifumbire,amata ndetse n’amafaranga. Yongeyeho ko ashimira cyane ubuyobozi bumuhaye inka.

Uyu muhango wo gutanga inka ukaba warayobowe n’umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere mu karere ka Nyabihu Mukaminani Angela.washimiye aborojwe muri gahunda ya Girinka ; kuko biteje imbere bahereye ku nka bahawe na Perezida wa Repuburika.

Yababwiye ko koroza abandi ari igikorwa cyiza cyo kwibuka aho bari bari bityo kwitura ko ari ukuziturira mugenzi wabo ukennye. Yasabye abahawe inka kuzifashisha maze bakikura mu bukene bazibyaza umusaruro mwiza. Yavuze ko ifumbire bazabona izabafasha kweza, amata akazabafasha kurya neza ntabwaki. Yabasabye kandi kujya bagaburira neza inka bahawe no kuyivuza igihe irwaye bagahita babimenyesha veterineri akabafasha.

Mu mwaka w’imihigo wa 2011-2012,mu karere ka Nyabihu hakaba haratanzwe inka 721 muri gahunda ya Girinka. Kugeza ubu nyuma y’amezi agera kuri 2, umwaka w’imihigo urangiye,bakaba bamaze gutanga inka 106 ziyongera kuri 721 zari zaratanzwe umwaka ushize. Ikigamijwe akaba ari uko gahunda ya Girinka yagera kuri buri wese yafasha kwikura mu bukene kugira ngo ubukene buhashywe burundu.

 

 

Mu rwego rwo kuzamura

Rwanda : Mu rwego rwo kuzamura iterambere ry’imiryango no guteza imbere ubuzima,umuryango APPROFAPER watanze inka 36 n’imigina y’ibihumyo ku miryango y’ababana n’ubwandu

Tags: , , , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda | Umuyobozi w’akarere ka Nyabihu ahereza inka umuturage

Umuyobozi w’akarere ka Nyabihu ahereza inka umuturage

Inka 36 zifite agaciro ka 10.692.000 nizo zahawe Asosiyasiyo zigizwe n’abantu  babana n’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA mu mirenge ya Mukamira, Jenda, Karago na Kintobo. Buri Asosiyasiyo yagiye ihabwa inka 3 mu rwego rwo kuyifasha kwizamura, kwikura mu bukene no kuvugurura imibereho y’ubuzima bw’abanyamuryango bayo. Uretse inka uyu muryango APPROFAPER” Association Pour la Promotion des Foyers Améliorées et la Protection de l’Environnement » watanze, wanahaye Asosiyasiyo zimwe na zimwe imigina y’ibihumyo izabafasha mu iterambere no kuvugurura imirire n’imibereho yabo nk’uko Shingiro Eugene umwe mu bari bitabiriye uyu muhango yabidutangarije.

Umuyobozi wa APPROFAPER Gapira Faustin, yatangaje ko izi nka zatanzwe mu rwego rwo guteza imbere imiryango y’ababana n’ubwandu n’indi miryango ndetse no kugira ngo bazabyaze umusaruro izi nka bavugurure imibereho yabo, imirire, n’ibindi. Izi nka kandi zikaba zaratanzwe no muri gahunda ya Girinka nk’uko Shingiro yabigarutseho.  Abahawe izi nka basabwe kuzifata neza, kugira ngo zizatange umusaruro kandi zibageze ku rwego rushimishije rwo kuvugurura imibereho yabo biteze imbere bikure mu bukene.

Umuyobozi w’akarere ka Nyabihu Twahirwa Abdoulatif, yashimiye cyane umuryango APPROFAPER ku ruhare wagize mu guteza imbere imwe mu miryango yo mu karere ka Nyabihu uyiha inka zizayifasha mu kwiteza imbere no kuvugurura imibereho yari isanzwe ibayeho bikarushaho kuba byiza. Twahirwa Abdoulatif, yasabye APPROFAPER gukomeza gukora n’ibindi bikorwa by’iterambere mu karere ka Nyabihu kugira ngo abaturage barusheho kuzamuka batere imbere kuko n’igihugu kizaba gitera imbere muri rusange.  Uyu muhango wo gutanga izi nka mu karere ka Nyabihu wabaye kuwa 11 Nyakanga 2012.

 

 

Ngororero Abatishoboye

Rwanda | Ngororero: Abatishoboye bose bazahabwa amatungo yo korora

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Kimwe mu bintu bizafasha abaturage b’akarere ka ngororero mu kongera umusaruro uturuka ku buhinzi, guteza imbere imirire no kongera ubukungu n’ubworozi bw’amatungo atandukanye nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’aka karere bwana Gedeon Ruboneza. Nyamara kuko abaturage bose batuye aka karere atari ko bafite ubushobozi bwo kwibonera amatungo yo korora, niyo mpamvu akarere kiyemeje koroza abaturage bakennye kabifashijwemo n’izindi nzego zitandukanye. Kuri ubu, ngo ikizere ni cyose cyo kuzagera kuri uwo muhigo nk’uko Abishuka Jean Damascene, umukozi w’akarere ushinzwe ubworozi akaba ari nawe ukurikirana itangwa ryayo matungo abivuga.

Rwanda | Amwe mu matungo yatanzwe mu karere ka Ngororero

Amwe mu matungo yatanzwe mu karere ka Ngororero

Imwe mu mpamvu Abishuka ashingiraho ni uko intego akarere kari gafite uyu mwaka yo kuzoroza inka abaturage 1000 ndetse bakoroza n’abaturage 2000 amatungo magufi, kuri ubu bamaze kurenza cyane urwo rugero kuko abamaze guhabwa inka ari 1295 naho amatungo magufi 3238 agizwe n’ihene, intama ndetse n’ingurube akaba ari yo amaze gutangwa. Ibi ngo bikaba bitanga ikizere ko imiryango 7000 yagaragajwe ko ikennye kuburyo itakwibonera itungo ryo korora ibarirwa muri aka karere yose izagerwaho niyi gahunda mu gihe kitarambiranye.

Munyengango Valens utuye mu murenge wa Gatumba akaba ari umwe mubahawe inka, avuga ko atari yizeye ko azagerwaho n’iyi gahunda ariko akaba yarabonye inka bitewe n’uko abayobozi bazitanga bakoresha ukuri. Kimwe n’abandi bazibonye ndetse n’abatarorozwa bakiri ku rutonde rutegereje bavuga ko uburyo amatungo atangwa ari ntamakemwa nabo bakaba bizeye kuzayabona.

Ikindi abayobozi ndetse n’abaturage bahawe amatungo mu karere ka Ngororero bishimira ni uko amatungo yatanzwe nta bibazo bikomeye nko gupfa yagiye agira bitewe nuko amatungo yabanzaga gusuzumwa uko ameze mbere yo kuyaha abaturage, kandi bakayahabwa baramaze kubona ubwatsi ndetse bagahabwa n’imiti imwe n’imwe.

Ubuyobozi bw’akarere ka ngororero bukaba bushimira ababufashije kubona ayo matungo bose kuko nko kunka 1295, akarere katanzemo 428 gusa, andi akava mu batera nkunga n’abafatanya bikorwa kandi bakemerera akarere kwitoranyiriza abahabwa amatungo hakurikijwe abayakeneye kurusha abandi.

 

Rwanda | Kayonza Abacitse ku icumu

Rwanda | Kayonza: Abacitse ku icumu bahangayikishijwe n’uko inka borojwe ziri gupfa

Tags: , , , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda | Kayonza Abacitse ku icumuUmuyobozi w’umuryango IBUKA urengera inyungu z’abacitse ku icumu mu karere ka Kayonza, Munyabuhoro Ignace, avuga ko abacitse ku icumu bahangayikishijwe n’uko inka borojwe ziri gupfa cyane.

Mu murenge wa Rukara, hari hatanzwe inka 13, ariko kugeza ubu eshatu muri zo zarapfuye, indi imwe na yo ikaba yarahumye ku buryo hari impungenge ko na yo ishobora gupfa nk’uko Burakari Jean de Dieu, umuyobozi wa IBUKA wungirije ku rwego rw’akarere ka Kayonza abivuga.

Burakari ukurikirana ibikorwa bya IBUKA mu mirenge ya Rukara na Murundi mu karere ka Kayonza, anavuga ko mu murenge wa Murundi abacitse ku icumu bari borojwe inka zirindwi, ariko eshatu muri zo zikaba zimaze gupfa.

Munyabuhoro avuga ko izo nka zorojwe abacitse ku icumu zavanwe hanze y’u Rwanda. Yongeraho ko uretse kuba zigera mu Rwanda zinaniwe kubera urugendo ziba zakoze bikaba byaziviramo gupfa, binashoboka ko kutamenyera imiterere y’akarere ka Kayonza bizigora ku buryo byaba ari imwe mu mpamvu izitera gupfa.

Yavuze ko inka zorozwa abacitse ku icumu ziguriwe mu baturanyi babo byaba byiza kurushaho kuko ziba zizwi kandi zinamenyereye agace ababa bagomba kuzorozwa batuyemo.

Yagize ati “Ziriya nka zavuye hanze y’u Rwanda, buriya iyo baza kugura inka mu baturage byajyaga kuba byiza kuko ziba zizwi kandi zinamenyereye aho ziri, ntekereza ko zitari gupfa cyane nk’uko byagenze”

Ubwo abacitse ku icumu bubakirwaga ibiraro byo kororeramo inka, abaturage ngo bagiye bareba umuntu w’inyangamugayo bakaba ari we bahitamo kugira ngo abubakire ibyo biraro. Munyabuhoro avuga ko ubwo buryo iyo bunifashishwa no mu kugura inka, hatari gupfa nyinshi nk’izimaze gupfa.

Cyakora ngo hari n’indi mbogamizi y’uko izo nka zidakunze gukurikiranwa n’abaganga ngo bamenye ibibazo zifite bkugira ngo ubuzima bwa zo bubashe kubungabungwa mbere y’uko zipfa nk’uko Burakari abivuga.


Rwanda | Gisagara Gahunda

Rwanda | Gisagara: Gahunda ya gira inka ibaha kubana neza hagati yabo

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Gahunda ya Gira inka, yishimiwe n’abatuye mu kagari ka Gikonko, mu murenge wa Gikonko, mu karere ka Gisagara; iyi Gahunda ngo ifasha abaturage mu kwikura mu bukene, ndetse no kubana neza hagati yabo. Ku ruhande rw’ubuyobozi buvuga ko iyo hari igikorwa cyo kugabirana biba ari ibirori mu tugari, abaturage bagasabana.

Rwanda | Gisagara GahundaIyi Gahunda ya Gira inka, ifasha imiryango yahawe inka, kwizamura mu mibereho, ndetse no kubana neza, kuko nk’uko aba baturage bo mu kagari ka Gikonko, babivuga ngo basangira amata, kandi iyo inka ibyaye bariturana.

“Inka mfite ubu igiye kubyara ubwa gatatu, iyambere narayituye, nayikamaga amalitiro agera kuri 15 akamfasha kurihira abana amashuri, ariko ayo nkama ku mugoroba nyasangira n’abaturanyi” Alphonsine NYIRANDABANANIYE

 

Ntaganda Antoine, umukozi w’Umurenge wa Gikonko, ushinzwe Ubworozi, ngo ababonye inka bizamuye mu mibereho kandi biteje imbere, ndetse ngo n’imibanire yabaye myiza, aho ababonye inka ubu babana neza kurusha uko babanaga mbere.

 

“Urebye cyane ku mibereho yabo ubona abazibonye batari bazifite barateye imbere kubona amata byatumye basa neza ndetse n’imiryango yituranye irushaho kubana neza” Ntaganda Antoine

 

Mugambira Etienne, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gikonko, avuga ko iyo hari igikorwa cyo kwiturana, mu tugari haba ari ibirori kuko usanga abaturage bizihiwe, kandi bavuga rumwe, bityo n’umubano ukagenda urushaho kuba mwiza.

 

Muri uyu murenge hari inka zirenga 200, zaturutse muri Gahunda ya Gira Inka, harimo n’izibarutse izindi.

 

Gahunda ya Gira Inka cyangwa Inka imwe ku muryango ukennye, ni gahunda yatangi­jwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame mu mwaka wa 2006, abi­nyujije muri Guverinoma no mu kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ibikomoka ku matungo RARDA. Ikaba ishinzwe gutanga inka mu miryago yatoranijwe mu gihugu cyose itishoboye hagami­jwe kurwanya indwara ziko­moka ku mirire mibi, kurwanya ubukene ndetse no kugabanya itumizwa mu mahanga ry’ ibiko­moka ku matungo.

 

Iyo uganiriye n’imiryango ya­hawe izo nka, ukitegereza no mu mibereho yabo ya buri munsi, im­pinduka zigaragarira buri wese haba mu mirire, mu buhinzi, mu bukungu ndetse no mu bumwe bwabo.

 

 

Rwanda | Nyamasheke: Inka yahawe izamufasha gutera imbere no gukira ibikomere byo ku mutima

Tags: , , , , , , , , , , , ,


Umukecuru Nyirambabazi Adriya w’imyaka 63 utuye mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke aratangaza ko inka yahawe muri gahunda ya girinka izamufasha mu guteza imbere imibereho ye ndetse no gukira ibikomere byo ku mutima yasigiwe na jenoside yakorewe abatutsi muri mata 1994.

Ubwo twaganiraga nyuma yo guhabwa iyi nka yabonye tariki ya 13/06/2012, uyu mukecuru wapfakajwe na jenoside ikanamutwarira abana agasigarana babiri gusa kuri ubu biga mu mashuri yisumbuye ndetse n’utwuzukuru tubiri arera ubu, avuga ko abayeho ubuzima bubi kuko agasambu gato afite kateraga kuko nta fumbire yagiraga.

Nyirambabazi aratangaza ko nyuma y’uko akorewe amaterasi ndinganire mu murima we akaba anahawe inkya izamufasha kubona ifumbire ashyira mu murima bizazamura umusaruro yabonaga bityo n’ubuzima bwe bugatera imbere.

Nyirambabazi yagize ati: “Sinzongera gusabiriza ifumbire. Ibi bizazamura umusaruro najyaga nkura mu karima kanjye”.

Akomeza avuga ko kuba afashijwe agahabwa inka bigiye kumukura mu bwigunge yahoragamo akava mu bukene bwajyaga bumusubiza inyuma mu bitekerezo ndetse binamukize ibikomere afite ku mutima. Uyu mukecuru yatewe inkunga yubakirwa inzu mu mwaka wa 1996 kuri ubu ikaba ishaje nk’uko abivuga, akaba anasanzwe ahabwa inkunga y’ingoboka itangwa n’ikigega gitera inkunga abarokotse jenoside yakorewe abatutsi batishoboye (FARG).


Imiryango 135 itishoboye 2

Rwanda | Nyamasheke: Imiryango 135 itishoboye yorojwe inka muri gahunda ya Girinka

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Imiryango igera kuri 135 itishoboye yo mu mirenge igize akarere ka Nyamasheke yorojwe inka muri gahunda girinka munyarwanda, uyu muhango wo koroza aba batishoboye ukaba wabereye ahantu hatatu hatandukanye mu karere.

Imiryango 135 itishoboye  1

Umwe mu baturage borojwe witwa Komezusenge Samuel yavuze ko inka yahawe azayibyaza umusaruro ikazamugirira akamaro we n’umuryango we ngo kuko agiye guhinga akeza ndetse agasagurira n’isoko. Yavuze ko mbere kunywa amata byajyaga bimugora ariko ubu akaba agiye anyway ayo yikamiye. Yaboneyeho gushimira leta y’ubumwe yashyizeho iyi gahunda itekereje no ku miryango ikennye.

Umukozi ushinzwe ubworozi mu karere ka Nyamasheke, Sindayiheba Felix, yasabye aba baturage bahawe inka kuzazifata neza kandi bakitabaza abashinzwe ubworozi mu mirenge mu gihe inka zigize ikibazo ndetse bakanasobanuza uko bakwiye guzifata mu buzima bwazo bwa buri munsi.

Yabibukije ko igihe zizaba zibyaye bagomba kuzitura bagenzi babo bityo inka zigakomeza kugera ku baturage bose.

Imiryango 135 itishoboye  2

Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imari, ubukungu n’iterambere Bahizi Charles, wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango yavuze ko gahunda ya Girinka igamije ko buri muturage atunga inka ikamufasha gutuma ubuzima bwe n’ubw’abe bumera neza.

Bahizi yasabye abaturage kumva ko gahunda ya girinka ari iya buri wese, anasaba abishoboye gushyigikira gahunda ya girinka nabo boroza bagenzi babo batishoboye ngo nabo batere imbere.

Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imari, ubukungu n’iterambere yasabye aba baturage batishoboye guharanira gutera imbere ntibasubire inyuma, bakanaba intangarugero aho bari hose.

Yaboneyeho kandi kubaha ubutumwa bwo kwitabira gahunda za leta zitandukanye zibaganisha ku iterambere kandi bakihesha agaciro bakanagahesha igihugu muri rusange.

 

 

 

 

m_Ririma umuryango AEE woroje amatungo imiryango ikennye 150 1

Rwanda | Ririma: umuryango AEE woroje amatungo imiryango ikennye 150

Tags: , , , , , , , , , , , , , , , ,


m_Ririma umuryango AEE woroje amatungo imiryango ikennye 150

Zimwe mu nka zorojwe abaturage

Umuryango Nyafurika w’Ivugabutumwa AEE Rwanda, ishami rya Bugesera, kuri uyu wa 11/6/2012 woroje inka n’ihene, imiryango ikennye igera ku 150, bibumbiye mu matsinda yo kwiteza imbere bo mu murenge wa Ririma mu karere ka Bugesera.

Muhongeyiteto Jeanne ni umwe mu batejwe imbere n’umuryango Nyafurika w’Ivugabutumwa akaba yahawe inka ije ikurikira ihene yahawe mbere, yavuze ko intego iyo mpuzamatsinda ifite ari ugutera imbere ejo hagakomeza kuba heza.

m_Ririma umuryango AEE woroje amatungo imiryango ikennye 150 1

Abagore bari babukereye

Ati “tugitangira amatsinda twumvaga bitazashoboka ariko tubifashijwemo n’uyu muryango twabashije kwigeza kuri byinshi mu buhinzi, ubworozi bw’amatungo atandukanye, kugurirana matelas zo kuryamira muri gahunda ya Sasa neza, kwizigama no kugurizanya, ndetse ubu tukaba tumaze kugeza kuri miliyoni 38 z’amafaranga y’u Rwanda y’ubwizigame mu murenge SACCO”.


 

Umuhuzabikorwa w’umuryango AEE mu karere ka Bugesera Cyomuhangi Wereny avuga ko gufasha abo bagore bibumbiye mu mpuzamatsinda Ejo Heza iwacu, byakomotse kuri gahunda yo kurwanya nyakatsi, ubwo Leta y’u Rwanda yafatanga icyemezo cyo kubuza abantu gutura muri nyakatsi, maze umuryango Eva Ministy w’Abaholandi ugasanga abo bantu bagomba gufashwa kubona amazu.

Ati “ ku ikubitiro twubatse amazu atanu, habonetse ubushobozi bubakira abandi  batanu bo mu kagari ka Kabeza, ariko tunabashakira uburyo babonerwa amatungo, ngo biteze imbere”.

Ibyo bikorwa byose binyuzwa mu muryango Nyafurika w’Ivugabutumwa, dore ko nawo ugendera muri iyo nzira yo kuzamura imibereho y’abaturage nk’uko Cyomuhangi abivuga.

Umuyobozi wungirije w’akarere ka Bugesera ushinzwe ubukungu, Rukundo Julius yavuze ko abahawe ayo matungo bo mu kagari ka Kabeza bafite inshingano zo guteza imbere imibereho ya bo n’ubukungu aho batuye.

Abahawe ayo matungo buri wese yasabwe kuba ijisho rya mugenzi we mu kuyafata neza, kugira ngo azakwire maze agere kuri benshi borozanya. Hatanzwe ihene 180 n’inka 60 z’inyarwanda, hakurikijwe ibyifuzo by’abagenerwabikorwa kuko kuri ubu nizo babasha korora.

Izo nka ariko ngo zizagenda zivugururwa kugira ngo zizagere ubwo zitanga umukamo ushimishije.

 


Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia