Tag Archive | "inkunga"

Rulindo: MIDIMAR yatanze inkunga ku batishoboye

Rwanda | Rulindo: MIDIMAR yatanze inkunga ku batishoboye

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


 Rulindo: MIDIMAR yatanze inkunga ku batishoboye

 

 

 

 

 

 

Kuri uyu wa kabiri tariki 4/8/2012 mu murenge wa shyorongi,akarere ka Rulindo, ministere ifite mu nshingano zayo imicungire y’ibiza no gucyura impunzi MIDIMAR ifatanije na OIM(umuryango wo gufasha abimukira ku isi) batanze inkunga igizwe n’ibikoresho byo mu bwubatsi ,n’ingurube. Bikaba byashyikirijwe abatishoboye n’abatahutse batuye muri uwo murenge.

 Rulindo: MIDIMAR yatanze inkunga ku batishoboye

 

 

 

 

 

 

Abaturage bahawe iyo nkunga ngo babona ari ubufasha leta ikomeje kubagezaho mu rwego rwo kwifuriza abaturage imibereho myiza. Uwitwa Rwirahira Emmanuell utuye mu kagari ka Buvumo wahawe itungo ry’ingurube ati”ndashimira Leta y’ubumwe ikomeje kwifuriza imibereho myiza abaturage bayo iduha ubufasha.”

Aba baturage ngo bahuye n’invura idasanzwe mu mezi yashize, ku buryo amazu Atari akomeye yahise asenyuka. Mubahawe inkunga y’amabati ngo bishimiye ko bagiye kuba mu nzu zabo kuko ngo bari bacumbitse. Umukecuru witwa Mukandoli Venansiya utuye mu kagari ka Bugaragara ati”nshimishijwe nuko ngiye mu nzu yanjye nanjye nkamererwa neza kuko nari ncumbikiwe n’umurenge nyuma  yo gusenyerwa n’invura”

Murenzi Gaspard waje ahagarariye MIDIMAR yavuze ko uyu mushinga ukorera mu turere tumwe na tumwe, ukaba utanga infashanyo z’ibanze ku bantu batahutse n’abatishoboye ,ukigisha n’imyuga iciriritse muri rusange. ukaba uterwa inkunga na leta y’ubuyapani.

 

 

IbitaroBikurubyaPolisibyahayeabapfakazibaJenosideihene 33 zakijyambere

Rwanda : Ibitaro Bikuru bya Polisi byahaye abapfakazi ba Jenoside ihene 33 za kijyambere

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Ibitaro Bikuru bya Polisi bya Kacyiru tariki 14/08/2012 byashyikirije abapfakazi 58 ba Jenoside  yakorewe Abatutsi  muri Mata 1994 batuye mu Murenge wa Rutunga, Akarere ka Gasabo ihene 33 za kijyambere.

IbitaroBikurubyaPolisibyahayeabapfakazibaJenosideihene 33 zakijyambere


 

 

 

 

 

 

Aba bapfakazi bahawe kandi ibikoresho by’ubuhinzi birimo ibikoresho byo kuvomerera imyaka (arrosoirs), imiti yica udukoko mu rwego rwo kubafasha kongera umusaruro ukomoka  ku buhinzi.

Ayo matungo magufi n’ibikoresho by’ubuhinzi bashyikirijwe bifite agaciro k’amafaranga angana na miliyoni imwe n’ibihumbi 130 by’amafaranga y’u Rwanda, yose yatanzwe n’abakozi b’Ibitaro Bikuru bya Polisi biri Kacyiru mu Mujyi wa Kigali; nk’uko bitangazwa na Polisi y’igihugu.

ACP Daniel Nyamwasa ukuriye Ibitaro Bikuru bya Polisi atangaza ko iyo nkunga yashyirikijwe abapfakazi ba Jenoside iri muri gahunda za Polisi yihaye zo guhindura imibereho y’Abanyarwanda badafite amikoro.

 Umuyobozi w’Ibitaro Bikuru bya Polisi yabasabye gufata neza izo hene kugira ngo zizabahe umusaruro mwiza kandi zinagire uruhare mu guhindura imibereho yabo.

Yongeraho ko  Polisi izafasha bamwe mu bacitse ku icumu bafite ibibazo b’ihungabana byatewe n’ibihe bibi bya Jenoside banyuzemo.

James Nzirimu, umukozi wa Komisiyo ishinzwe kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside yashimye inkunga ya Polisi aboneraho gusaba abayihawe kwita kuri ayo matungo kugira ngo azabahe umusaruro ushimishije uzabafasha gukemura ibibazo by’ibanze mu ngo zabo.

Sarafina Uwimana, umwe mu bahawe iyo nkunga  yashimiye Polisi inkunga yabageneye. Yagize ati:  “Abaturage b’I Rutunga bari abakene cyane cyane abacitse ku icumu ariko Imana yadukoreye ibitangaza tubaye abambere bo kubona inkunga.”


 

 

Ubuyobozi bw’inkeragutabara

Rwanda | Nyamasheke: Ubuyobozi bw inkeragutabara bwateye Coomsel inkunga ya miliyoni 3.

Tags: , , , , , , , , , , , , , , , ,


Ubuyobozi bw’inkeragutabaraKuri uyu wa 05/06/2012, ubuyobozi bw’inkeragutabara bwateye inkunga y’amafaranga y’urwanda miliyoni eshatu koperative yitwa Cooperative pour la maintenance de la sécurite locale (Coomsel) igizwe n’inkeragutabara n’abaturage b’abasivili, kubera igikorwa cy’indashyikirwa barimo cyo kubaka igorofa muri santere ya Peru mu murenge wa Macuba wo mu karere ka Nyamasheke.

Nk’uko umuyobozi wa coomsel, Mbanjineza Jonathan abitangaza, ngo iyi nzu y’igorofa izaba igizwe n’amazu atatu agerekeranye izaba irimo ibyumba bizakorerwamo ubucuruzi hasi, iyo hagati izabamo ibiro bya koperative n’ububiko bw’ibikoresho byayo, naho iya nyuma izaba irimo icyumba mberabyombi kizajya gikorerwamo ibirori  bitandukanye, ibi bikazaba birushaho kwinjiza umutungo muri koperative.

Umuyobozi wa coomsel akomeza atangaza ko aho inyubako igeze ubu imaze gutwara miliyoni zisaga 36 z’amafaranga y’urwanda, inzu ya kabiri bari kubaka ubu ikazuzura neza bigeze ku mafaranga y’urwanda miliyoni 43.  Inzu ya gatatu ariyo bazagarukiraho izubakwa mu mwaka wa 2013, inyubako yose ikazatwara amafaranga angana na miliyoni 60 z’amafaranga y’urwanda.

General Major Ngendahimana Jérôme, umugaba w’inkeragutabara wungirije wari wasuye iyi koperative yabashimiye igitekerezo bagize cyo kwishyira hamwe kuko ngo iyo abantu bishyize hamwe ibyagaragaraga nk’ibidashoboka babigeraho, ndetse anabashimira ibikorwa bakora muri rusange.

Yavuze ko ubwo umugaba w’inkeragutabara Lieutenant General Freud Ibingira yasuraga inkeragutabara zo mu ntara y’iburengerazuba bamugejejeho gahunda bafite maze akabemerera inkunga ingana na miliyoni 3 akaba yabashyikirije sheki y’izo miliyoni kuri uyu munsi  wok u itariki 05/06/2012, akaba yanabijeje ko nibongera gukora n’ibindi bikorwa bifatika nta kabuza bazaterwa inkunga.

Coomsel igizwe n’abanyamuryango 85 barimo abagore 29 n’abagabo 56 bakora akazi ko gucunga umutekano ahantu hatandukanye n’indi mirimo yo mu masoko.

 

 

 

 

 

Gatsibo abahinzi bagenewe 1

Rwanda : Gatsibo abahinzi bagenewe inkunga ya miliyoni 90 mu gutunganya igihingwa cy imyumbati

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Umuryango w’abanyamerika witwa African development Foundation (ADF) wemereye koperative KIAI inkunga irenga miliyoni 90 yo gutunganya ibihingwa by’ibinyabijumba n’ibinyamisogwe by’umwihariko igihingwa cy’imyumbati bifuje guteza imbere mu murenge wa Rugarama, ubu bakaba baratangiye  gutunganya ifu y’imyumbati.

Abayobozi b’umuryanga w’African development Foundation hamwe n’abanyagatsibo

Abayobozi b’umuryanga w’African development Foundation hamwe n’abanyagatsibo

Koperative KIAI ifite abanyamuryango 220 bifuje guha agaciro ibihingwa by’ibinyabijumba, umuyobozi wayo Asumani Bagara akaba avuga ko nyuma yo kwiga umushinga wabo baragannye ikigo cy’abanyamerika cyita ku iterambere rya Afurika kugira ngo kibafashe kandi bashima ubufatanye bagiranye mu gutegura umushinga unononsoye kugeza babahaye inkunga izafasha koperative kugera ahantu heza cyane ko inkunga bagenewe batazayisubiza ahubwo izabafasha kwiyubaka no gushyira mu bikorwa ibyo bifuza.

Gatsibo abahinzi bagenewe  1

Mu myaka 4 amasezerano y’inkunga izamara, umuryango wa ADF usaba koperative ya KIAI gukurikiza ibyo bumvikanye, ibyo bikazatuma n’amafaranga uyu muryango utanga uzayatanga mu bice bitandukanye bigendewe ku bikorwa.

 

Koperative ya KIAI iri mu murenge wa Rugarama akarere ka Gatsibo, ukaba umurenge ufite amakoperative menshi kandi yitabiriye ubuhinzi burimo umuceri bumaze gutera imbere.

 

Koperative yitabiriye ubuhinzi bw’urusenda bumaze gutera imbere n’ubwo habuze isoko hamwe no gutunganya ifu y’imyumbati. Inkunga ya ADF ikazatuma iyi koperative izashobora kongera inyubako n’ibikorwa byo gutunganya ifu y’imyumbati, ndetse ikazabafasha kugeza ku isoko ifu yabo birimo no kubongerera ubumenyi kugira ngo nyuma y’inkunga kopetarive izashobore gukora ntawe itegeye amaboko.

 

Sylidio Sebuharara

 

 

 

 

Rwanda | CODRBC-Abizeranye yashimiwe kurwanya ubukene muri Gatsibo

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Abanyamuryango bibumbiye mu makoperative atErwa inkunga n’umushingwa

CODRBC (cooperative pour development rural et le bien etre

Communautaire)- Abizeranye  mu karere ka Gatsibo batangaza ko bishimira

uburyo uyu mushinga wababaye hafi bakaba bageze kure bikura mu bukene

kuko nyuma yo kubaho batagira akazi bamaze gutera intambwe yo

kwihangira umurimo.

Taliki ya 30 Gicurasi, 2012  ubwo Global Fund yasuraga umushinga

CODRBC-Abizeranye itera inkunga mugufasha amakoperative atandukanye mu

karere ka Gatsibo batangarijwe n’abanyamuryango bafashwa na CODRBC-

Abizeranye  ko ibikorwa bagezeho bimaze kubaha icyizere mu kugira

imibereho myiza no kurwanya ubukene, bivuye ku mirimo bakora yo kuboha

imipira y’abanyeshuri n’ubworozi bw’inkoko.

Umuyobozi wa CODRBC- Abizeranye ngwabije sylvestre avuga ko intego

bihaye ari ugufasha abatishoboye kuva mubukene bivuye mu gukora aho

abakora bamenya no gutekereza bakikura mubukene. Naho bamwe

mubafashijwe nka Uwankusi makulata ukuriye koperative Girisuku

Kabarore  ari nabo bigishwa kuboha imipira y’abanyeshuri muri uwo

mushinga, avuga ko bahereye ku ngofero none bakaba bageze ku mipira

kuburyo baboha imipira itatu ku munsi, agahamya ko koperative yabo

ibafitiye akamaro cyane bitewe n’ibigo by’amashuri bitakijya kure

gushaka imipira y’abanyeshuri kandi ko iyo barangije gukora isuku

mumujyi wa Kabarore bajya kwigira munzu bikodeshereje.


 

 

Rwanda | Kayonza Abaturage bishimiye

Rwanda | Kayonza: Abaturage bishimiye ibikorwa bya Asosiyasiyo Urumuri

Tags: , , , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda | Kayonza Abaturage bishimiyeBamwe mu baturage bo mu mirenge ya Gahini na Nyamirama mu karere ka Kayonza, bavuga ko bishimira cyane ibikorwa by’ishyirahamwe ry’urubyiruko rwo mu murenge wa Mukarange ritanga ubutumwa n’ibiganiro  by’ubumwe n’ubwiytunge.

Urwo rubyiruko rwibumbiye muri asosiyasiyo yitwa Urumuri. Abayigize bigisha abaturage uburyo amakimbirane atangira n’uburyo bwo kuyakumira, kandi bakanigisha amateka yaranze u Rwanda n’inkomoko y’amacakubiri yaje kuvamo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ubutumwa batanga babunyuza mu biganiro by’imbwirwaruhame no mu makinamico.

Benshi mu bumva ubwo butumwa bifuza ko urwo rubyiruko rwazagaruka ikindi gihe kuko ngo “ubwo butumwa bubafasha” nk’uko abo bo mu murenge wa Nyamirama babisabye urwo rubyiruko ubwo rwabaganiraraga mu byumweru bibiri bishize. Kazarama Elias yavuze ko hari benshi bari bafite imitima yuzuye urwango, ariko ngo bagenda bahinduka kubera izo nyigisho.

Yagize ati “Nkanjye rwose umutima wanjye wari uriho mukushi (wari wuzuye urwango), kandi hari n’abandi twari tumeze kimwe, ariko bigenda bishira kubera inyigisho z’aba bana”

Asosiyasiyo Urumuri yaterwaga inkunga n’umuryango utegamiye kuri leta IREX mu mushinga wawo witwa Youth for Change wafunze tariki 29/05/2012. Muri uwo mushinga urubyiruko rwateguraga imishinga igamije iterambere maze igaterwa inkunga na IREX.

N’ubwo abaturage bavuga ko bishimiye ibiganiro Asosiyasiyo Urumuri ibagezaho, iyi asosiyasiyo ngo ntibizayorohera gukomeza gutanga ibyo biganiro kubera ko yabishobozwaga n’inkunga yahabwaga na IREX, nk’uko Jean Bosco Kayonga uyobora iyo asosiyasiyo abivuga.

Kayonga avuga ko iyo asosiyasiyo itaragira ubushobozi buhagije, agasaba ko yaterwa inkunga kugira ngo ikomeze gutanga ibiganiro n’ubutumwa bw’amahoro nk’uko yari yarabitangiye.


 

Rwanda Inkunga yatanzwe n’abaturage

Rwanda : Amafaranga agera kuri miliyoni 15 yatanzwe n’abaturage nk’inkunga y’abacitse ku icumu azafasha mu kubasanira amazu no kubaremera baboroza inka

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda Inkunga yatanzwe n’abaturage

Inkunga yatanzwe n’abaturage b’akarere ka Nyabihu izafasha mu gusana amazu yabo no kubagurira inka zo korora ku batazifite :Juru Anastase ushinzwe IBUKA

Nk’uko Juru Anastase uhagarariye IBUKA mu karere ka Nyabihu yabidutangarije, amafaranga agera kuri miliyoni 15 yatanzwe n’abaturage b’akarere ka Nyabihu mu gihe cy’icyunamo, agatangwa nk’inkunga yagenewe  abacitse ku icumu rya Jenoside  batishoboye, azafasha mu gusana amazu y’abacitse ku icumu batishoboye  bafite amazu afite ibibazo mu rwego rwo kugirango bature heza kandi n’amazu yabo abe akomeye nta kibazo afite.

Juru Anastase yakomeje avuga ko uretse gusana amazu y’abacitse ku icumu batishoboye, muri ayo mafaranga hazanagurwamo inka zizafasha mu kuremera abacitse ku icumu batishoboye batoroye kugira ngo izo nka zizabafashe mu kuzamura imibereho y’ubuzima bwabo ndetse no gukora umwuga wabo w’ubuhinzi hakoreshejwe amafumbire zizatanga.

Juru Anastase, ushinzwe IBUKA mu karere ka Nyabihu, akaba ashima abaturage b’akarere ka Nyabihu ku bwitange bagaragaje bafasha bagenzi babo bacitse ku icumu rya Jenoside. Uku gushima kandi kukaba kwaranagarutsweho n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyabihu bushima abaturage uko bitwaye n’uburyo bitabiriye ibiganiro byatanzwe mu cyumweru cy’icyunamo. Ikindi kandi abaturage bashimiwe umutima w’urukundo n’impuhwe bagaragaje mu kwitabira gutanga inkunga y’abacitse ku icumu  batishoboye.

  

 

 

Rwanda | Barasaba akarere kubashyikiraza

Rwanda | Barasaba akarere kubashyikiraza vuba inkunga y’amabati kabemereye

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda | Barasaba akarere kubashyikiraza

Abaturage bo mu kagari ka Rulindo mu Murenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera barasaba akarere kubashyikiriza inkunga kabemereye y’amabati yo gusakara akagali kuko nibyo bubatse birimo kwangirika.

Abo baturage bafatanyije n’abayobozi babo babonye ko gukomeza gukodesha aho akagari gakorera bihenze. Mu kwezi kwa 6 umwaka ushize baje kwegeranya ubushobozi maze batangira kwiyubakira.

Ariko mu kwezi kwa 10 baje gukorwa mu nkokora bahagarika kubaka kubera amikoro, aho inzu yari igeze hejuru y’amadirishya kandi yubakishije rukarakara.

Perezida w’inama njyanama y’akagari ka Rulindo Byangamanywa Jean Baptiste avuga ko isakaro ritabonetse vuba imvura y’itumba yasenya n’ibikorwa byari bimaze gukorwa, dore ko n’amatafari yo hejuru yatangiye kunyagirwa.

Yagize ati Ndasaba ko akarere ko katugezaho inkunga vuba  katwemereye kuko itaje vuba umusanzu w’abaturage wazaba imfabusa”.

Avuga ko akurikije inkunga y’abaturage bajya kuyegera byatinda bityo imvura y’itumba ikazasanga batararangiza. Aha akaba avuga ko byibuze akarere kabaha isakaro.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Musenyi  Murwanashyaka Oscar avuga ko akarere nigatanga amabati, umurenge nawo uzabafasha kubisigaye.

Ati “ akarere kemeye gutanga amabati 74 naboneka ibindi bizahita bishyirwaho”.

Umuyobozi w’akarere ka Bugesera Rwagaju Louis avuga ko inkunga y’isakaro bemerewe igiye gutangwa vuba bitarenze icyumweru gitaha kandi akaba abashimira uburyo bitabira gutanga inkunga yabo biyubakira ibiro by’akagari.

Akagali ka Rulindo  kakoreraga mu nzu kakodeshaga amafaranga ibihumbi bitanu ku kwezi  ariko ikaba ihagitse mu gasenteri k’ubucuruzi ka Rumuna.


 

 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia