Posted on 08 June 2012
Tags: abaturage, amazi, amazu, ibanze, ibiza, imvura, inzego, kubaka, nbsp, Rwanda environment, Rwanda Housing Authority, Rwanda Rwanda, Rwanda Western Province, ubuyobozi
Muri iyi minsi haragenda hagaragara amazu asenyuka ari nako ahitana ibitari bike hatirengagijwe n’ubuzima bw’abantu. Iyi ikaba ariyo mpamvu minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yahagurukiye gushaka zimwe mu mpamvu zibitera no kureba uko byakemuka.
 Bimwe mu biteza ibyo bibazo byashyizwe ahagaragara harimo Fondasiyo zidakomeye zubatswe mu bikoresho bidashoboye guhangana n’imitere y’aho amazu yubatse; Kutagira uburyo bwo kuyobora amazi y’imvura aturuka kubisenge by’amazu no ku misozi; Ibisenge by’amazu bitaziritse ku nkuta ku buryo bukomeye hakoreshejwe ibikoresho byabugenewe hamwe na fondasiyo n’inkuta zidahomye bityo zikangizwa vuba n’amazi n’udusimba two mubutaka nk’imiswa n’ibindi.
Ibindi byavuzwe harimo kudafata amazi y’imvura asagutse akayoborwa ahabugenewe; ibisenge bikozwe mu bikoresho bidakomeye bigatuma hahora impanuka kubaka hatitawe ku cyerekezo cy’umuyaga; amazu yubatse mu biti afatwa n’imiswa vuba; Amazu yubatse ku mabanga y’imisozi aho ashobora gutwarwa n’inkangu igihe cyose imvura iguye.
Kubaka amazu adashoboye guhangana n’imvura, ingufu z’imiyaga no gufata amazi y’imvura aturka kubisenge by’amazu nabyo biri mu byagarutsweho. Amategeko y’ubwubatsi atubahirizwa ku nzego z’ibanze bitewe n’abaturage benshi bubaka bihishe ubuyobozi, Kubaka ahadakwiye, kubakwa cyane cyane mu bishanga, Ubumenyi buke bw’abaturage mu bijyanye n’ubwubatsi bw’amazu, Kubaka inzu udashingiye ku biza bikunda kuboneka mu gace ugiye kubakamo, Gusenyuka guturutse ku mvura nyinshi itanyura inzira zayo n’imiyaga nabyo byashyizwe mu majwi.
Gusa nanone bongeye kugaragaza ko ibyo byose ahanini bikorwa bitewe n’imyumvire y’abaturage bataramenya imyubakire ijyanye n’ibiza Imiterere y’ahantu amazu yubakwa, hamwe no Kutagira ibiti bikingira umuyaga.
Nyuma yo kubona ibitera ibiza ariko kuko hanatanzwe zimwe mu ngamba  zigiye gufatwa mu rwego rwo kwirinda ibiza no kurengera ubuzima bw’abantu bwangizwa nabyo.Mbere na mbere haskozwe igishushanyo mbonera kizafasha kuboneza imiturire.

Igishushanyo cy’imiturire irambye u Rwanda rwifuza kugeraho
Aha ubuyobozi bw’inzego z’ibanze burasabwa gukangurira abaturage kwitabira iki gikorwa cyo kwihutisha gutura mu midugudu; ikindi ni uko buyobozi bw’inzego z’ibanze busabwa gushishikariza abaturage gutura mu midugudu birinda kubaka aho babonye hose.
Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze kandi burasabwa gushyira ingufu mu gukurikirana ishyirwaho ry’umudugudu w’icyitegererezo muri buri Karere kugira ngo ubere urugero indi midugudu.
Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze burasabwa kwigisha abaturage umuco wo gukoresha ibikoresho bikorerwa mu gihugu kandi biramba kuko akenshi ubuziranenge bwabyo buba bwizewe kuko bikorwa bijyanye n’igihugu cyacu.
Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze burasabwa kujya bategura amahugurwa y’abafundi bubaka mu Turere bitewe n’ubwoko bw’ibiza buboneka mu karere bagiye kubakamo.
Â
Posted on 24 February 2012
Tags: abaturage, akarere, amatara, hanze, inzego, ngo, nshingwabikorwa, Nyamagabe, Rwanda, Rwanda electricity, Rwanda lamp, Rwanda nyamagabe, Rwanda Security, ubuyobozi, umutekano

amatara
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe bufatanyije n’inzego z’umutekano bumaze igihe busaba abaturage gushyira amatara hanze, ariko ababikoze nabo ngo ntibacana aya matara.
Inzego z’umutekano mu karere ka Nyamagabe zikomeje gusaba abanyamabanga nshingwabikorwa ko bahagurukira iki kibazo bagasaba abaturage bamaze kugerwaho n’amshanyarazi kujya bacana amatara yo hanze, kuko akunze gukumira abanyabyaha bitwaza ijoro.
Nyuma y’icyi cyemezo cy’inzego z’umutekano, guhera ku itariki ya 16/02/2012, mu murenge wa Gasaka hatangiye kugaragara amatangazo yagiye agezwa muri buri rugo rw’umuturage yatanzwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa wawo Gasana Richard, aho yasabaga ko buri wese yashyira itara hanze.
Iri tangazo rikomeza rivugako uzajya afatwa atacanye itara ryo hanze azajya abihanirwa n’ubuyobozi, ngo kuko byamaze kugaragara ko hari abantu baba bafite amatara yo hanze bakayacanaho akanya gato ubundi bakayazimya.
Inzego z’umutekano zikaba zisaba abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge yose y’akarere ka Nyamagabe kwihutisha iki gikorwa kugirango borohereze abashinzwe umutekano guhangana n’abagizi ba nabi bitwaza ijoro.
Posted on 31 January 2012
Tags: abantu, avuga, education, gihe, I Wawa, inzego, inzererezi, mijyi, Nyamagabe, nyinshi, Rwanda, ubuyobozi, umutekano
Ubuyobozi bwa karere ka Nyamagabe buvuga ko abantu b’inzererezi bakigaragara mu mijyi no mu dusantire dutandukanye ko batazakomeza kwihanganirwa, hakaba hagiye kujyaho imikwabo y’inzego zishinzwe umutekano batabwe muri yombi hanyuma bafashwe gusubira mu buzima busanzwe kandi bige ibyabateza imbere..
Â
Mu gihe cya mugitondo ubasanga hafi y’isoko batumura agatabi
Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Emile Byiringiro, avuga ko buri gihe mu nama z’umutekano hahora hagaruka ikibazo k’inzererezi zikigaragara mu mijyi n’udusantire.
Avuga ko inshuro nyinshi ubuyobozi bwagiye bukangurira inzererezi gushaka imirimo zikora ndetse zikanafashwa kwishyirahamwe. Bamwe bashoboye kubyumva babivamo ariko uko bucya n’uko bwira hagenda havuka izindi.
Byiringiro avuga ko k’ubufatanye n’inzego z’umutekano zifatanyije n’ubuyobozi ngo iki kibazo kigiye kuvugutirwa umuti.
Kugeza ubu usanga inzererezi nyinshi ari abana bari munsi y’imyaka 12 y’amavuka ”mayibobo” bataye iwabo bagahitamo kwirirwa basabiriza mu mijyi, abafite imbaraga bagatwaza imizigo abantu. Mu gihe cyo kuryama usanga hari ahantu bashashe amakarito nko mu bihuru no munsi y’imikingo.
Aba bana bo bavuga ko akenshi babiterwa n’ubukina buba bwaribasiye iwabo cyangwa bigaturuka ku makimbirane y’ababyeyi babo.
Â