Posted on 11 June 2012
Tags: , akarere, bihungabanya, Gicumbi, inzererezi, izo, karere, nbsp, ndetse, nzererezi, Rwanda, Rwanda boys, rwanda Gicumbi, Rwanda Security, Rwanda street, umutekano

Zimwe mu nzerere zafatiwe i Gicumbi
Inzererezi ziri mu bintu bihungabanya umutekano, akarere ka Gicumbi kihaye inshingazo zo guca burundu inzererezi ndetse n’abandi bose bakora ibintu byahungabanya umutekano.
Nk’uko bitangazwa n’ushinzwe urwego rw’umutekano mu karere ka Gicumbi Sindayigaya Edouard kuri uyu wa 7/6/2012 yatangaje ko akarere ka Gicumbi kihaye gahunda yo guca inzererezi burundu muri ako Karere.
Yavuze ko usanga arizo ziteza umutekano muke kuko muri izo nzererezi bafata zibamo ibyiciro bitandukanye harimo abanywa urumogi, abasinzi baba banyweye za kanyanga, abagendagenda hirya no hino mu masoko bashaka abo biba bakoze mu mifuka ndetse n’abarembetsi bahungabanya umutekano bajya kuzana inzoga za Kanyanga mu gihugu cya Uganda, n’abakora ubujura bwa kiboko aho bacunga umuntu ari kuvugira kuri terefone akayimushikuza akiruka n’abategera umuntu mu nzira bumaze kwira akamushikuza isakoshi cyangwa ikindi kintu afite muntoki.
Ibyo byose n’ubujura bukorwa n’izo nzererezi kand ibyo bikorwa bihungabanya umutekano w’akarere, niyo mpamvu hafashwe ingamba zo kuzajya hafatwa umuntu wese w’inzererezi ugenda muri ako karere.
Nyuma yo gufata izo nzererezi zigezwa mu kigo cyagenewe kuzakira bagakomeza kugororwa bigishwa ububi bwo kunywa ibiyobyabwenge, kwiba n’ibindi byaha byabaviramo gufungwa ndetse bikangiza ubuzima bwabo.
Izo nzererezi nazo zemera ko ziba zakoze ibikorwa bihungabanya umutekano nyuma yo kuzava aho babagororera bakazasubira mubuzima busanzwe batangaza ko bazakomeza kwitwara neza.
Posted on 31 January 2012
Tags: abantu, avuga, education, gihe, I Wawa, inzego, inzererezi, mijyi, Nyamagabe, nyinshi, Rwanda, ubuyobozi, umutekano
Ubuyobozi bwa karere ka Nyamagabe buvuga ko abantu b’inzererezi bakigaragara mu mijyi no mu dusantire dutandukanye ko batazakomeza kwihanganirwa, hakaba hagiye kujyaho imikwabo y’inzego zishinzwe umutekano batabwe muri yombi hanyuma bafashwe gusubira mu buzima busanzwe kandi bige ibyabateza imbere..
Mu gihe cya mugitondo ubasanga hafi y’isoko batumura agatabi
Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Emile Byiringiro, avuga ko buri gihe mu nama z’umutekano hahora hagaruka ikibazo k’inzererezi zikigaragara mu mijyi n’udusantire.
Avuga ko inshuro nyinshi ubuyobozi bwagiye bukangurira inzererezi gushaka imirimo zikora ndetse zikanafashwa kwishyirahamwe. Bamwe bashoboye kubyumva babivamo ariko uko bucya n’uko bwira hagenda havuka izindi.
Byiringiro avuga ko k’ubufatanye n’inzego z’umutekano zifatanyije n’ubuyobozi ngo iki kibazo kigiye kuvugutirwa umuti.
Kugeza ubu usanga inzererezi nyinshi ari abana bari munsi y’imyaka 12 y’amavuka ”mayibobo” bataye iwabo bagahitamo kwirirwa basabiriza mu mijyi, abafite imbaraga bagatwaza imizigo abantu. Mu gihe cyo kuryama usanga hari ahantu bashashe amakarito nko mu bihuru no munsi y’imikingo.
Aba bana bo bavuga ko akenshi babiterwa n’ubukina buba bwaribasiye iwabo cyangwa bigaturuka ku makimbirane y’ababyeyi babo.