Tag Archive | "iyo"

Rwanda | Ngororero Abaturage

Rwanda | Ngororero: Abaturage barenga 7800 batuye ahantu habi bazajya mu midugudu

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Mu karere ka Ngororero ingo zirenga ibihumbi 7800 ngo zituye ahantu habi bahanamye ku misozi cyangwa munsi yayo kuburyo bafite ibyago byo guhura n’ibiza nkuko bikunze kugaragara muri aka karere bityo bakaba bagomba kwimurwa.

Amakuru dukesha umuyobozi w’akarere ka Ngororero bwana Gedeon Ruboneza avuga ko aka karere gafite umubare munini w’abaturage bafite icyo kibazo mu turere twose tw’u Rwanda. Kuri ubu, ngo gahunda akarere gafite ni uko abatuye ahantu nkaho bagomba kwimurwa mbere y’uko hongera kuza ibihe by’imvura nyinshi mu rwego rwo kwirinda impfu z’bantu no kwangirika kw’ibintu byabo.

Rwanda | Ngororero Abaturage

Amazu ni kimwe mubikunze kwibasirwa n’ibiza

Nubwo abayobozi bafashe izo ngamba, muri aka karere haracyagaragara abaturage batitabira iyo gahunda kandi bafite ubushobozi nkuko bigaragara. Ntawuryiha Pascal utuye mu murenge wa Gatumba yemeza ko hari abaturage bakerensa ibintu bibwira ko nta ngaruka cyangwa bagategereza ko Leta ibubakira nyamara nyuma bahura n’ingaruka bagahita bajya mu midugudu.

Umuyobozi w’akarere akaba avuga ko iyo gahunda agomba kubahirizwa kuko iyo abaturage bapfuye hahomba igihugu. Avuga ko abafite ubushobozi bagiye gukurikiranwa bakubaka mu midugudu naho abatishoboye bagahabwa inkunga zo kubagurira ibibanza ndetse bakanahabwa umuganda wo kwikorera ibyo bari bubakishije bigezwa aho bazubaka ku mudugudu.

Mugihe cy’imvura bita itumba giheruka, amazu, imyaka ndetse n’amatungo by’abaturage batuye kuri ubwo buryo byaratikiye ndetse n’abantu 4 bahasiga ubuzima, bityo ibi bikaba bigomba gukemurwa hakiri kare. Muri rusange, mu Rwanda hose abagera kuri 36 bapfuye bishwe n’impanuka zituruka kubiza.

 

Abimukira bo mu Ntara y’Iburasirazuba basigaye bahita Dubayi kuko hahendutse

Rwanda : Abimukira bo mu Ntara y’Iburasirazuba basigaye bahita Dubayi kuko hahendutse

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Abimukira bo mu Ntara y’Iburasirazuba basigaye bahita Dubayi kuko hahendutse

Abaturage batari bake mu Rwanda ngo bagambiriye kwimukira mu Ntara y’Iburasirazuba kuko bamaze kumenya ko ubutaka muri iyo Ntara buhendutse, ndetse bamwe ngo basigaye bahita ko ari i Dubayi bakwiye kujya gushakira amakiriro.

Koko rero ngo muri iyo Ntara haracyaboneka ubutaka bwo guhinga ku kiguzi kiri hasi cyane y’uko ubutaka bugurwa ahandi mu gihugu. Ibi kandi ngo bigaragazwa n’imibare iri hejuru y’abimukira muri iyo Ntara kuko abayobozi b’Intara y’Iburasirazuba bavuga ko abaturage basaga 33.1% bose muri iyo Ntara ari abimukira baturutse ahandi mu gihugu, cyane cyane mu Ntara y’Amajyaruguru.

Aba bimukira ngo nibo bakurura bene wabo iyo basigaye bakababwira ko bimukiye mu Burasirazuba bahabona ubutaka buhendutse kandi bwera. Bamwe ndetse ngo bababwira ko bageze i Dubai. Umujyi wa Dubai usanzwe ari ihuriro rikomeye ry’ubukungu kuko uberamo ubucuruzi bukomeye.

Abazi abimukira muri iyo Ntara baravuga ko abenshi muri bo babaye abakungu kuko bahinga cyane kandi ubutaka bukaba bucyera neza, bityo ngo aho bageze bakaba bahashinga imizi bifuza no kuhagira amaboko bahazana abo baziranye.

Hari abavuga ko impamvu ubutaka bwo mu Burasirazuba buhendutse ari uko iyo Ntara isanzwe idatuwe cyane, kandi abenshi bayituye bakaba ari aborozi bafite inzuri nini bashobora kugurishaho uko bakeneye agafaranga kandi bakagira ubutaka basigarana.

Aba bimukira cyakora baratungwa agatoki kuba bari mu badindije gahunda yo guca Nyakatsi kuko bagenda bagondagonda inyubako zidakomeye, ndetse ngo hamwe na hamwe banagaragara mu bahungabanya umutekano dore ko baba batazwi na benshi, aho bashatse kwiyoberanya bikaborohera.

   

 

 

Rwanda | Gisagara Gahunda

Rwanda | Gisagara: Gahunda ya gira inka ibaha kubana neza hagati yabo

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Gahunda ya Gira inka, yishimiwe n’abatuye mu kagari ka Gikonko, mu murenge wa Gikonko, mu karere ka Gisagara; iyi Gahunda ngo ifasha abaturage mu kwikura mu bukene, ndetse no kubana neza hagati yabo. Ku ruhande rw’ubuyobozi buvuga ko iyo hari igikorwa cyo kugabirana biba ari ibirori mu tugari, abaturage bagasabana.

Rwanda | Gisagara GahundaIyi Gahunda ya Gira inka, ifasha imiryango yahawe inka, kwizamura mu mibereho, ndetse no kubana neza, kuko nk’uko aba baturage bo mu kagari ka Gikonko, babivuga ngo basangira amata, kandi iyo inka ibyaye bariturana.

“Inka mfite ubu igiye kubyara ubwa gatatu, iyambere narayituye, nayikamaga amalitiro agera kuri 15 akamfasha kurihira abana amashuri, ariko ayo nkama ku mugoroba nyasangira n’abaturanyi” Alphonsine NYIRANDABANANIYE

 

Ntaganda Antoine, umukozi w’Umurenge wa Gikonko, ushinzwe Ubworozi, ngo ababonye inka bizamuye mu mibereho kandi biteje imbere, ndetse ngo n’imibanire yabaye myiza, aho ababonye inka ubu babana neza kurusha uko babanaga mbere.

 

“Urebye cyane ku mibereho yabo ubona abazibonye batari bazifite barateye imbere kubona amata byatumye basa neza ndetse n’imiryango yituranye irushaho kubana neza” Ntaganda Antoine

 

Mugambira Etienne, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gikonko, avuga ko iyo hari igikorwa cyo kwiturana, mu tugari haba ari ibirori kuko usanga abaturage bizihiwe, kandi bavuga rumwe, bityo n’umubano ukagenda urushaho kuba mwiza.

 

Muri uyu murenge hari inka zirenga 200, zaturutse muri Gahunda ya Gira Inka, harimo n’izibarutse izindi.

 

Gahunda ya Gira Inka cyangwa Inka imwe ku muryango ukennye, ni gahunda yatangi­jwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame mu mwaka wa 2006, abi­nyujije muri Guverinoma no mu kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ibikomoka ku matungo RARDA. Ikaba ishinzwe gutanga inka mu miryago yatoranijwe mu gihugu cyose itishoboye hagami­jwe kurwanya indwara ziko­moka ku mirire mibi, kurwanya ubukene ndetse no kugabanya itumizwa mu mahanga ry’ ibiko­moka ku matungo.

 

Iyo uganiriye n’imiryango ya­hawe izo nka, ukitegereza no mu mibereho yabo ya buri munsi, im­pinduka zigaragarira buri wese haba mu mirire, mu buhinzi, mu bukungu ndetse no mu bumwe bwabo.

 

 

Rwanda : Cyizi: Barinubira kuba isoko ritagira ubwiherero.

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Abaturage barema isoko rya Cyizi riri mu murenge wa Maraba wo mu karere ka Huye barinubira kuba iri siko ritagira ubwiherero rusange.

Benshi muri aba baturage bavuga ko bibagora kubona ubwiherero iyo babukeneye kuko isoko ubwaryo nta bwiherero rigira. Akenshi ngo iyo  aba baturage bashatse  kujya mu bwiherero bifashisha ubwiherero bw’amwe mu mazu y’ubucuruzi.

Umwe muri aba baturage wifuje ko izina rye ridatangazwa yavuze ko yirinda kugira icyo arya iyo ari bujye mu isko kugira ngo ataza gushaka kujya mu bwiherero, ati “ njyewe nirinda kuza mfashe ifunguro iryo ariryo ryose kugira ngo ntaza gukenera kujya kuri toilet (ubwiherero), nayikura he se?”

Benshi kandi bemeza ko batewe impungenge n’isuku nkeya iterwa no kuba iri soko ritagira ubwiherero, gusa ubuyobozi bw’umurenge wa Maraba buratangaza ko hari gahunda yo kubaka ubwiherero muri iri soko ku buryo mu mezi atanu buzaba bwarangiye.

Umunyamabanga nshingwabikorwa  w’umurenge wa Maraba, Mutangana Innocent yagize ati “ ubu tugiye kubaka ubwiherero isoko ryaratanzwe.Ubwo rero ikibazo cy’isuku nkeya gishingiye ku bwiherero urumva ko twagifatiye ingamba kandi turizera ko mu gihe kitarenze amezi nk’atanu ubwiherero buzab abuhari.”

Iri soko rya Cyizi riri mu muhanda rikunze kuremwa n’abaturage baturutse mu mirenge itandukanye yo mu turere twa Huye na Nyamagabe.


Rwanda | Ubworozi bw inka bufasha

Rwanda : Ubworozi bw’inka bufasha abahinzi kubona ifumbire ituma umusaruro wiyongera

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Kugira ngo umusaruro uva mu buhinzi ube mwiza kandi wiyongere, bisaba ko hakoreshwa ifumbire ihagije mu ihinga. Ubworozi bw’inka rero ni kimwe mu gisubizo ku bahinzi batuye mu cyaro, kuko babasha kubona ifumbire nyinshi bitabaye ngombwa kugura iyo mu nganda.

Rwanda | Ubworozi bw inka bufasha

Mukabalisa Consolee , utuye mu Kagari ka Masaka, umurenge wa Rugarika ho mu Karere ka Kamonyi, yemeza ko gukoresha ifumbire atindura mu kiraro cy’inka byatumye umusaruro akura mu buhinzi wiyongera.

Uyu mubyeyi wapfakajwe na jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, akora umwuga w’ubuhinzi, akaba ari na wo w’ibanze umufasha gutunga urugo rwe, avuga ko kugira inka mu rugo bituma buri gihe cy’ihinga abona umusaruro, kuko n’iyo habayeho izuba ryinshi, imwe mu myaka aba yahinze yihanganira izuba kubera ifumbire aba yashyizemo, akagira icyo asarura.

Iyo agereranyije umusaruro yakuraga mu buhinzi mbere y’uko yorora inka asanga wariyongereye kuko nk’ibishyimbo yasaruraga mu murima wa hegitari ebyiri, ubu asigaye abikuba inshuro zirenga eshatu.

Umukecuru witwa Mukasine Marie nawe utuye ku Rugarika, wabonye inka muri Gahunda ya Gira inka, atangaza ko nyuma y’imyaka ibiri ahawe inka, imirima ye imaze kurumbuka, ku buryo urutoki rwe rusigaye rutoshye, mu gihe mbere wasangaga harimo insina zisa nabi.

Iyo nka yayihawe kubera ko atari yishoboye kandi afite agasambu gato, ariko ubu abasha gufumbira ako gasambu ke maze ibyo ahinzemo bikamuha umusaruro ushimishije. Uyu mukecuru avuga ko ibibazo by’inzara yagiraga atarorora bigenda bigabanuka. Aragira ati “ubundi nahoranaga inzara n’iyo abandi babaga basarura, ariko ubu iyo imyaka yeze ngira agahenge nkongera gusonza ari uko bishize”.

Kongera umusaruro w’ubuhinzi kandi ngo aba bahinzi babikesha gahunda nshya y’ubuhinzi ibakangurira gufumbira buri gihangwa. Ngo mbere nta muhinzi wafumbira imyumbati ariko kuri ubu bakangurirwa kuyifumbira kandi igatanga umusaruro ushimishije.


Asosiyasiyo Urumuri igiye kongera koroza abaturage ihene

Rwanda : Asosiyasiyo Urumuri igiye kongera koroza abaturage ihene

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Urubyiruko rwibumbiye muri Asosiyasuyo Urumuri itanga ibiganiro by’ubumwe n’ubwiyunge yo mu murenge wa Mukarange mu karere ka kayonza, igiye kongera koroza abaturage ihene ku nshuro ya gatatu kuva itangiye ibikorwa byayo. Iyo asosiyasiyo ubushize yoroje ihene abantu cumi n’umunani batishoboye.

Asosiyasiyo Urumuri igiye kongera koroza abaturage ihene

Zimwe mu ihene iyo koperative yoroje abo baturage ngo zamaze kubyara. Amasezerano iyo koperative igirana n’abo yoroza avuga ko ihene ibyaye bwa mbere uwayihawe yitura asosiyasiyo ayiha ishashi yavutse ku ihene yorojwe kugira ngo ihabwe undi muturage utishoboye.

Umuyobozi w’iyo koperative Jean Bosco Kayonga avuga ko zimwe muri izo hene zabyaye, ubu bakaba bari gushaka uko hatoranywa abandi baturage batishoboye bazorozwa mu cyiciro cya gatatu.

Bamwe mu bagiye borozwa izo hene bavuga ko zabagiriye akamaro cyane, ahanini bitewe n’uko ihene yororoka vuba kandi idasaba ubushobozi budasanzwe kugira ngo umuntu ayorore. Ernestine Umugwaneza worojwe na asosiyasiyo Urumuri abisobanura muri aya magambo “Ihene ni ingirakamaro cyane. Yororoka vuba kandi ntisaba ubushobozi buhambaye kuko nkanjye bampaye inka sinayishobora kubera ko ntayibonera ubwatsi, ariko ihene nta kibazo intera”

Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Mukarange by’umwihariko abagiye borozwa ihene n’iyo asosiyasiyo bavuga ko kimwe n’uko hariho gahunda ya Gira inka, bishobotse habaho na gahunda ya “Gira ihene munyarwanda” yagenerwa abanyarwanda batishoboye kandi batashobora korora inka.

 

 

 

Uburaya ni imwe mu ngaruka

Rwanda : Uburaya ni imwe mu ngaruka zo gukoresha abana bakiri batoya

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


 

Uburaya ni imwe mu ngaruka

Iyo umuntu avuze gukoresha abana batoya, ntibivuga kubaha imirimo ibatoza kuzavamo abantu bazagira icyo bimarira bashobora gukorera iwabo. Bivuga kubaha gukora imirimo ibazanira amafaranga bakiri batoya. Iyo mirimo kandi ituma akenshi bata ishuri mu gihe ari ryo rifatwa nk’umunani ukomeye umubyeyi aha umwana we kuri iki gihe.

Nk’uko Visi Meya ushinzwe imibereho myiza mu Karere ka Huye abisobanura, abana batangiye gukora bakiri batoya, cyane cyane abakora akazi ko mu rugo, usanga ahanini ari bo bavuyemo indaya. Byose kandi bitangira batewe inda. Bamwe baziterwa na ba shebuja, abandi bakaziterwa na bagenzi babo, …

Iyo bamaze kubyara rero, ntibaba bakiri muri ka kazi ko mu rugo. Kubera ko baba bagomba kubaho, batangira gushakisha ibyo gutunga abana baba babyaye, ni uko bakiroha mu buraya.

Visi Meya ati : « Twagerageje gushaka umuti w’iki kibazo gisigaye giteye inkeke muri uyu mujyi wacu wa Butare. Ingamba turazibona, ariko ubushobozi bwo kugikemura ni bwo tubura ». Visi Meya rero avuga ko bari gushakisha uburyo abakora umurimo w’uburaya, dore ko abenshi bakiri na batoya, babasubiza mu ishuri bakiga umwuga wabagirira akamaro. Gusa, aba bakora umurimo w’uburaya bavuga ko batanze kwiga, ko ikibazo ari ukubona aho basiga abana bagiye ku ishuri.

Akarere rero kari gushakisha aho kakura amafaranga yo guhemba abakwita ku bana mu gihe ba nyina bagiye ku ishuri. Birumvikana ko aba babyeyi bajya basabwa na bo kugira icyo batanga kugira ngo abana babo babashe kubaho.

Ababyeyi rero bari bakwiye kujya batekereza ku ngaruka abana babo bazahura nazo igihe bataye ishuri bagatangira gukora imirimo yo mu ngo bakiri batoya. Ibi ndabivugira ko usanga hari ababyeyi basaba abana kujya gushaka bene iyi mirimo kugira ngo babafashe kurera barumuna babo mu gihe na bo bagikeneye kurerwa.

 

 

 

 

Rwanda | “Umuntu ashobora kuva mu buzima bwo mu muhanda kandi akabaho neza” – Kayumba Maximilien

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Kayumba Maximilien wahoze ari umwana wo mu muhanda avuga ko umuntu ashobora kuva mu buzima bwo mu muhanda akabaho neza iyo yitoje kumvira, gukurikiza inama agirwa ndetse akanagira ikinyabupfura. Kayumba yarangije amashuri yisumbuye umwaka ushize, ubu akaba ari gutegura imishinga yamubeshaho ndetse anayishakira abaterankunga.

Avuga ko iyo atumva inama yagirwaga ku ngaruka mbi z’ubuzima bwo mu muhanda n’ubu aba akiwurimo kuko ngo hari abana babanaga mu buzima bwo mu muhanda abona n’ubu bakiwurimo kandi barandavuye cyane.

Uwo musore uri mu kigero cy’imyaka 21 ngo yavanywe mu muhanda n’abayobozi b’ikigo cya Sacca (Street Ahead Children’s Centre Association) cyo mu karere ka Kayonza cyita ku bana bo mu muhanda. Icyo kigo ngo ninacyo cyamusubije mu ishuri kinamwishyurira amafaranga y’ishuri ubu akaba yararangije ayisumbuye.

Kayumba avuga ko icyamushoboje kuva mu buzima bw’umuhanda ari ukumvira abamukuriye kandi akanabubaha. Ati “iyo ukiva mu muhanda ntibiba byoroshye kuko hari imico y’ubwigomeke iba imaze kokama umuntu, ariko iyo wubaha ukanumvira abakuru byose birashoboka, ni nako nanjye nabigenje”

N’ubwo atarabona uburyo bwo gukomereza amasomo ye muri kaminuza, Kayumba avuga ko ubu yamaze gutegura imishinga yamutunga, ndetse imwe akaba yaranayigejeje ku bantu bazayitera inkunga.

Agira inama abana bo mu muhanda inama kugira ngo basubize amaso inyuma maze bategura ahazaza habo bava mu buzima bwo mu muhanda, akanagira inama bagenzi be bari mu bigo bitandukanye byakira abana bo mu muhanda kurangwa n’ikinyabupfura kugira ngo babashe kuzagira aho bigeza mu gihe kiri imbere.


Rwanda Rwamucyo Francois ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Nyabihu

Rwanda | Nyabihu: Inkunga y’ingoboka iri hafi gutangwa ku bagize FARG barebwa n’iyo gahunda

Tags: , , , , , , , , , , , , ,



Nk’uko twabitangarijwe n’ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Nyabihu, Rwamucyo Francois, ngo baritegura gutanga inkunga y’ingoboka ku bagenerwabikorwa ba FARG barebwa n’iyo gahunda. Iki gikorwa kikaba giteganijwe mu ntangiriro z’ukwezi kwa Mata 2012 nk’uko yakomeje abidutangariza.

Rwanda Rwamucyo Francois ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Nyabihu

Rwamucyo Francois ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Nyabihu

Ubusanzwe iyi nkunga y’ingoboka ikaba ihabwa abatishoboye ni ukuvuga abakecuru, abasaza, ababana n’ubumuga, inshike n’abandi batashobora kwitunga bakoresheje amaboko yabo. Ku birebana n’inkunga ihabwa abari muri ibi byiciro ba FARG Rwamucyo avuga ko itangwa mu byiciro bine mu mwaka, ni ukuvuga uko amezi atatu ashize, bikaba inshuro 4 mu mwaka.

Buri kwezi utishoboye uhabwa ingoboka akaba aba agenewe 5000 muri FARG, ni ukuvuga ko iyo bagiye gufata icyiciro cya mbere kuko bishyurwa amezi 3 bahabwa amafaranga 15000 kuri buri muntu.

Mu mirenge 12 igize akarere ka Nyabihu, hakaba habarirwa abahabwa iyo nkunga y’ingoboka bari muri FARG bagera kuri 87. Mu itangwa ry’amafaranga y’ingoboka abagenewe akaba anyuzwa kuri konti z’imirenge hanyuma akagezwa kuri ba nyirayo.

Mu mwaka ushize wa 2011, abahabwa ingoboka bari muri FARG bakaba  barageraga ku 170 ariko ubu bakaba basigaye ari 87 kuko bamwe muri bo bagiye bashyirwa mu byiciro bindi by’abatagomba gufashwa nyuma yo guhabwa inka zo kubafasha kwikura mu bukene muri gahunda ya Girinka. Abatishoboye bakaba bazakomeza gufashwa mu rwego rwo kubafasha kwikura mu bukene.


Imbuto za Pomme zirinda indwara y’impiswi n’umuvuduko w’amaraso

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Urubuto « pomme » ruvugwa ko ari rwo Adam na Eve bariye bari muri Edeni, icyabihekeje abakirisitu barakizi. Urwo rubuto bakunda gutazira umwamikazi w’imbuto kubera akamaro rugira mu buvuzi ruvura indwara y’impiswi n’umuvuduko w’amaraso.

Amakuru dukesha igitabo ducishirije mu kinyarwanda Ubuzima bushingiye ku biribwa (santé par les aliments) cyanditswe na Dr. Georges Pamplona-Roger kivuga ko imiterere ya pomme ikura bagiteri mu gifu zitera umuntu indwara yo guhwitwa.

Iyo wagize ikibazo cyo guhitwa, ngo ni byiza gufata pomme zitagagujwe maze bakayisekura ugakuramo agahu kazo ukongeramo ubuki bukeya, ukabifata inshuro 4 cyangwa 5 ku munsi, ufata hagati ya garama 200 na 300 ku nshuro imwe (hafi ikirahuri).

Uretse kuvura indwara y’impiswi, pomme zivura indwara yo kutituma neza (impatwe). Pomme itunganya amara kandi ikanakosora ikibazo cyo kutituma neza. Iyo ufashe pomme imwe cyangwa ebyiri mugitondo igihe utazakurya, irinda amara kwikuba.

Ubushakashatsi bwakozwe mu gihugu cy’u Buyapani (Japon) bwerekanye ko abantu bakunda kurya pomme bagira ibyago bike byo kurwara indwara y’umuvuduko w’amaraso ugereranyije n’abatarya pomme kuko ngo pomme ntigira imyunyungugu ya sodium itera indwara y’umuvuduko w’amaraso ahubwo ikungahaye kuri myunyungugu ya potasium irinda umuvuduko w’amaraso.

Urubuga rwa interineti www.knowledgebasic.org ruvuga ko umutobe wa pomme ari ngikamaro ku mubiri kuko ushobora kurinda ubwonko umunaniro.


Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia