Nubwo abaturage basigajwe Gishwati babujijwe guhinga ngo bagomba gukora ubworozi, basaba ubuyobozi gushishoza bakabakorera amatesi bagashobora guhinga no korora kuko byajyana, aho guhatirwa gukora ubworozi budashobora kubatunga kandi n’igiciro cy’amata bagurishaho ari gito.
Abaturage batuye Gishwati ntibatinya kugereranya amata n’igipende ngo bavuge ko amata arutwa n’igipende kubera ibiciro bitandukanye nkuko Umwe mubaturage twaganiriye ubwo twabasuraga yabitangaje ati “hano amata arutwa n’igipende, kuko ilitiro y’amata igura amafaranga 100 mu gihe icupa ry’igipende rigura Magana atatu.”
abaturage bavuga ko kubuzwa guhinga ari ukubuzwa kubaho cyane ko benshi bari basanzwe batunzwe n’ubuhinzi n’ubworozi kandi bikunganirana, bakavuga ko gutegekwa guhinga imicaca igaburirwa amatungo bishobora kubagiraho ingaruka cyane kubafite abana benshi kugaburira byagora kuko amata bakuramo atabinjiriza uko bikwiye.
Abaturage bavuga ko muribo harimo abafite abana bagera kuri 7 kugira ngo bazabone amata bagurisha kugira ngo bahahe ibitunga imiryango byabahenda, cyane ko na litiro y’amata iri hasi kandi batabona n’ahandi bajya kuyagurisha uretse kuyagurisha abakora Fromage bahakorera.
Imiryango irenga 1000 niyo yagumishijwe muri Gishwati ariko ngo aho batuye hemezwa ko hazakorerwa ubworozi, nubwo abaturage batabirwanya basaba ubuyobozi gushishoza bakareba uburyo bakorerwa amaterasi nkuko akorerwa n’abandi basigajwe Gishwati kandi ko bakorewe amaterasi bashobora no gukora ubworozi bahereye k’ubwatsi buterwa ku mikingo.
Si abaturage babona ko bishoboka gusa kuko Sebikari Jean umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kanama abo baturage batuyemo avuga ko bishoboka ko abaturage bakomeza korora babifanije n’ubuhinzi bagashobora no kwigisha abana babo no kugera kubindi bikorwa by’amajyambere.
Ubwo abandi baturage bavuga ko bacyeneye ibikorwa by’amajyambere nk’umuriro, abo muri Gishwati bavuga ko batagira aho bahahira kuko kugera ku isoko bakora urugendo rw’amasaha arenze atatu, bakavuga ko babona barasigaye inyuma bakeneye gusurwa n’abayobozi cyane ko n’ubuyobozi bw’akarere butabegera ngo bubagezeho iterambere rituma bava mu bwigunge.













