Posted on 09 September 2012
Tags: abaturage, Aho, amazi, ava, Cyasemakamba, gufata, Kagali, leta, nbsp, Nubwo, Rwanda, RWANDA conflicts, Rwanda from, Rwanda habitation, Rwanda houses, Rwanda Ngoma, Rwanda rain, Rwanda Water
Nubwo ubuyobozi bwo mu kagali ka Cyasemakamba ho mu murenge wa Kibungo butangaza ko amakimbirane hagati y’ abaturanyi ashingiye ku kudafata amazi ava ku mazu agenda agabanuka,hari abaturage bavuga ko aya makimbirane agihari.
Mu minsi mike imvura iguye imanza zatangiye kuvuka zishingiye ku kudafata amazi yo kumazu aho bamwe barega abandi ko amazi bayayoborera mu rugo rwe.
Urubanza ruherutse ni urwumusaza Venant utuye mu kagali ka Cyasemakamba aho umuturanyi we bakunda kwita Fisi yamuregaga ko ayoborera amazi mu gipangu cye.
Hari n’undi mugabo witwa Kayinamura nawe utuye muri aka kagali avuga ko yakomeje kurega umuturanyi we ko amuteza amazi yo kunzu ye mu rugo.
Uyu mugabo avuga ko ikibazo cye uwahoze ari umuyobozi w’akarere ka Ngoma Niyotwagira Francois ubwo yeguraga kubuyobozi ,yasize ataragikemura nubwo yari yabisabwe n’ umuyobozi w’ intara y’ iburasirazuba.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’ akagali ka Cyasemakamba Kamanzi Lucien ibi bivugwamo,atangaza ko kubera ubukangurambaga bagiye bakorera abaturage babumvisha amabwiriza ya leta yo gufata amazi,ibibazo nkibi byagabanutse.
Yagize ati” Abaturage tubakangurira gahunda ya leta ivuga ko buri muturage agomba gufata amazi ava kunzu ye acukura icyobo kiyafata ,cyangwa akagira ikigeza n’umureko ayo mazi ajyamo. Kugeza ubu ibyo izo manza ntizari ziherutse.”
Ikibazo cy’ amazi ava ku mazu cyagiye gishwanisha abantu ndetse bikaba n’ intandaro y’ amakimbirane mu baturanyi.
Nyuma y’aho leta ifatiye umwanzuro kuri iki kibazo ishyiraho amabwiriza yo gufata amazi kuri buri muntu ndetse n’ ibigo bya leta n’ ibyigenga,aya makimbirane yagiye agabanuka.
Posted on 27 April 2012
Tags: abaturage, akarere, bakennye, gahunda, gufasha, inka, Kagali, kurusha, Mushari, nbsp, Rwanda, Rwanda Caw, Rwanda development, Rwanda Help, Rwanda Rulindo
Abaturage 33 bakennye kurusha abandi bo mu kagali ka Mushari, umurenge wa Mbogo akarere ka Rulindo, kuri uyu wa gatatu tariki 25/04/2012 bahawe inka, mu rwego rwo gufasha abatuye aka kagali kurushaho kwiteza imbere.

Izi nka zatanzwe muri gahunda ya gir’inka munyarwanda, ngo zizafasha aba baturage kwiteza imbere ndetse no kugendana na gahunda za leta nk’uko babisabwe na Mulindwa Prosper, umuyobozi w’akarere ka Rulindo wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu.
Yagize ati: “ukugabiye muba muhanye igihango … bityo ntimuzahemukire leta y’u Rwanda muri gahunda zayo. Nta mpamvu nimwe muzongera kubona yo kudatanga mituweli, kudakorana n’ibigo by’imari cyangwa kudaca nyakatsi yo kuburiri”.

Mulindwa, yavuze kandi ko akarere ka Rulindo gafite gahunda yo kudatatanyiriza imbaraga ahantu hatandukanye, ahubwo bazajya bafata agace runaka bakagaha ubufasha bufatika, bakabona gufata akandi.
Ati: “Dufashe inka 33 tuzitanze mu kagali ka mushari gusa, bivuze ko abaturage ba mushari bakennye bagabanutseho 33. Ubutaha tuzareba akandi kagali nako tugahe inka nyinshi kugirango mu gihe gito bave mu mubare w’utugali dukennye”.
Akagali ka Mushari, niko kagali gakennye kurusha utundi mu murenge wa Mbogo nawo utifashe neza kuko mu mirenge 17 igize akarere ka Rulindo, uyu murenge uza ku mwanya wa 6 mukwibasirwa n’ubukene.
Posted on 17 March 2012
Tags: abantu, abatuye, akarere, cyo, Kagali, Katarara, midugudu, nbsp, nyanza, Rwanda, Rwanda habitation, Rwanda Help, Rwanda helping the poor, Rwanda Nyanza, rwego
Mu mudugudu wa Nkombe mu Kagali ka Katarara mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza tariki 15/03/2012 hasojwe ku rwego rw’ako karere icyumweru cyahariwe gutuza abantu mu midugudu.

Umuyobozi w’akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah yishimira ko igipimo cy’abatuye mu midugudu cyiyongereye
Icyo cyumweru cyateguwe n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza mu rwego rwo kongera igipimo cyari 57% by’abatuye mu midugudu muri ako karere.

Polisi y’igihugu yifatanyije n’abaturage mu gikorwa cyo guhoma inzu mu mudugudu
Mu mirenge yose uko ari 10 igize akarere ka Nyanza hakozwe ibikorwa bitandukanye bigamije gushishikariza abantu gutura mu mudugudu nk’uko Murenzi Abdallah umuyobozi w’akarere ka Nyanza yabisobanuye.

Umuganda wo guhuza imihanda y’abatuye mu midugudu
Mu kagali ka katarara icyo cyumweru cyahariwe gutuza abantu mu midugudu cyasorejwe ku rwego rw’akarere ka Nyanza habereye igikorwa cyo guhoma inzu 60 zubakiwe abakatiwe ibibanza mu midugudu no guharura imihanda ibahuza.
Umuyobozi w’akarere kaNyanza MurenziAbdallah yavuze ko mu kagali ka Katarara icyumweru cyo gukangurira abantu gutura mu midugudu cyasorejwe ahahoze hari igisambu kinini kigiye kirimo Inzu nyinshi za Nyakatsi hanyuma ziza kuhavanwa muri gahunda yiswe Bye bye Nyakatsi.
Yakomeje avuga ko igikorwa cyo gukangurira abantu gutura mu midugudu gisize ku rwego rw’akarere ka Nyanza bari ku gipimo kiri hejuru ya 65% by’abatuye mu midugudu mu gihe ubukangurambaga bugikomeje gukorwa.
Mukakalisa Caritas umwe mu bitabiriye icyo gikorwa cyo gusoza icyumweru cyahariwe gutuza abantu mu midugudu yagarutse ku kamaro ko gutura abantu begeranye avuga ko ibyiza byabyo bitarondoreka.
Yagize ati: “Tubona iterambere, hakaboneka umutekano n’urukundo”. Yongeye agira ati: “abatuye mu midugudu barushaho kwicungira umutekano mu buryo bworoshye ndetse n’ibikorwa remezo bikorohera ubuyobozi kubibagezaho vuba kuko ari ryo shingiro ry’iterambere rirambye”.
Igikorwa cyo gusoza icyumweru cyahariwe gutuza abantu mu midugudu ku rwego rw’akarere ka Nyanza cyabereye mu kagali ka Katarara mu murenge wa Ntyazo cyitabiriwe n’abaturage bagera ku gihumbi basiga bakoze igikorwa cy’umuganda gifite agaciro k’ibihumbi 500 by’amafaranga y’u Rwanda.