Abatuye ku rutare rwa nyirijuri ruri mu kagari ka Rutare mu Murenge wa Shyara mu karere ka Bugesera, baratangaza ko kubona ubwiherero bitaboroheye kubera ko bitoroshye gucukura umwobo kuri urwo rutare kuko bahisemo kubwubaka kure y’aho batuye kuhagera bikabatwara iminota 10.
Ubuyobozi bw’iyahoze ari komini Ngenda bwahatanze ibibanza ariko ntibwatekereza ko abaturage bazakenera ubwihero hafi y’amazu yabo. Abaturage bashishikariye kuhatura, ariko ahitaruye urwo rutare hatangwa ibindi bibanza by’ubwiherero kuko ariho hari ubutaka bushobora gucukurika, nkuko bitangazwa na Nzeyimana Valens umwe mubaturage batuye kuri urwo rutare.
Ati “Abagerageje kuhabona ubwiherero ngo bashakisha nibuze ahaboneka umwobo wa metero imwe y’ubujyakuzimu, noneho bakubakiraho bazamura urukuta n’amabuye na sima kuzabujyamo hakifashishwa urwego”.
Murekezi Celestin nawe agita ati “ iyo ucukuye ukabona nka metero imwe y’ubujyakuzimu, uhita uzamura urukuta n’amabuye na sima, bwamara kuzura bagahita bavidura kuko baba bubatse imiryango 2, ntabwo byoroshye ariko na none ni byiza, bubaka bazamura noneho kuzabujyamo ukurira nk’uwurira escalier.”
Abaturage badafite amikoro bavuga ko kubona ubwo bwiherero bihenze akaba ariyo mpamvu bahitamo kujya kubwubaka kure y’ingo zabo nabo bikabagora kujyayo mu gihe cya ninjoro cyangwa se igihe imvura igwa.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Shyara Karinganire Célestin agira ati “Twabiganiriye n’abaturage, ndetse tubigeza no mu nama njyanama y’umurenge tubyigaho, dusaba abaturage ko bagerageza gushaka ubwiherero hafi y’amazu yabo ariko bujyanye n’imiterere yaho. Bagombaga kubaka bazamura hejuru, kandi bagakora ubwiherero bunini bakazabuvidura bumaze kuzura.”
Avuga ko nubwo byaba bihenze ariko ubuzima aribwo buhenze kurusha kubaka ubwiherero.
Aho ku rutare rwa Nyirijuri hatuye ingo 33, muri zo 18 zimaze kubona ubwiherero hafi, 5 ntiziruzuza na ho 10 ziracyakoresha ubwiherero bwa kure.


