Tag Archive | "ndetse"

Nyabihu Biyemeje guhashya

Rwanda : Nyabihu: Biyemeje guhashya ubukene bakoresheje gahunda yo kuziturirana inka ku bazihawe mbere muri Gahunda ya Girinka

Tags: , , , , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda | Nyabihu Biyemeje guhashya

Bakomeje kwitabira gahunda yo kuziturira bagenzi babo b’abakene inka kugira ngo bafatanye kwizamura bahashye ubukene burundu

Inka 11 nizo zazituriwe abatishoboye mu murenge wa Rurembo kuri uyu wa 21/8/2012. Izi nka zikaba zarazituwe n’abaturage borojwe muri gahunda ya Girinka,bakaziha bagenzi babo batishoboye nyuma y’aho izo bari barahawe zari zimaze gutanga umusaruro.

Bamwe mu bazituye n’abazituriwe inka, bishimiye icyo gikorwa dore ko bavuga ko ari igikorwa kibafasha gufatana urunana mu rugamba rwo kurwanya ubukene no guharanira iterambere rirambye. Mukansonera Daphrose n’umwe mu bazituriye bagenzi babo inka. Nyuma yo kuyiha  Butera Alexandre baturuka mu Kagari kamwe ka Gitega,umudugudu wa Kagusa yatangaje ko ashimishijwe no guha mugenzi we inka kuko azi neza icyo yamumariye akabasha kugenda yikura mu bukene.

Yongeyeho ko atakibura ifumbire ndetse bimufasha no mu buhinzi bwe ndetse n’imibereho yo mu rugo rwe. Yavuze ko inka yamugejeje kuri byinshi: yeza ibigori byinshi,amata anywa akanagurisha ndetse ngo ahaho abana b’abaturanyi kuko ngo akama litiro 4 mu munsi. Kuba atanze inka ngo akaba asanga ari igikorwa kiza cyane kuko bizafasha na mugenzi we kwizamura,nawe akazayiha undi bityo bityo bagakomeza inzira yo kwikura mu bukene.

Alexandre Butera, umwe mu bahawe inka,yavuze ko inka izamufasha muri byinshi ngo kuko ariwe mu mudugudu wabo utagiraga inka. Ikazamufasha mu iterambere abasha kubona ifumbire,amata ndetse n’amafaranga. Yongeyeho ko ashimira cyane ubuyobozi bumuhaye inka.

Uyu muhango wo gutanga inka ukaba warayobowe n’umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere mu karere ka Nyabihu Mukaminani Angela.washimiye aborojwe muri gahunda ya Girinka ; kuko biteje imbere bahereye ku nka bahawe na Perezida wa Repuburika.

Yababwiye ko koroza abandi ari igikorwa cyiza cyo kwibuka aho bari bari bityo kwitura ko ari ukuziturira mugenzi wabo ukennye. Yasabye abahawe inka kuzifashisha maze bakikura mu bukene bazibyaza umusaruro mwiza. Yavuze ko ifumbire bazabona izabafasha kweza, amata akazabafasha kurya neza ntabwaki. Yabasabye kandi kujya bagaburira neza inka bahawe no kuyivuza igihe irwaye bagahita babimenyesha veterineri akabafasha.

Mu mwaka w’imihigo wa 2011-2012,mu karere ka Nyabihu hakaba haratanzwe inka 721 muri gahunda ya Girinka. Kugeza ubu nyuma y’amezi agera kuri 2, umwaka w’imihigo urangiye,bakaba bamaze gutanga inka 106 ziyongera kuri 721 zari zaratanzwe umwaka ushize. Ikigamijwe akaba ari uko gahunda ya Girinka yagera kuri buri wese yafasha kwikura mu bukene kugira ngo ubukene buhashywe burundu.

 

 

Ngororero Abatishoboye

Rwanda | Ngororero: Abatishoboye bose bazahabwa amatungo yo korora

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Kimwe mu bintu bizafasha abaturage b’akarere ka ngororero mu kongera umusaruro uturuka ku buhinzi, guteza imbere imirire no kongera ubukungu n’ubworozi bw’amatungo atandukanye nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’aka karere bwana Gedeon Ruboneza. Nyamara kuko abaturage bose batuye aka karere atari ko bafite ubushobozi bwo kwibonera amatungo yo korora, niyo mpamvu akarere kiyemeje koroza abaturage bakennye kabifashijwemo n’izindi nzego zitandukanye. Kuri ubu, ngo ikizere ni cyose cyo kuzagera kuri uwo muhigo nk’uko Abishuka Jean Damascene, umukozi w’akarere ushinzwe ubworozi akaba ari nawe ukurikirana itangwa ryayo matungo abivuga.

Rwanda | Amwe mu matungo yatanzwe mu karere ka Ngororero

Amwe mu matungo yatanzwe mu karere ka Ngororero

Imwe mu mpamvu Abishuka ashingiraho ni uko intego akarere kari gafite uyu mwaka yo kuzoroza inka abaturage 1000 ndetse bakoroza n’abaturage 2000 amatungo magufi, kuri ubu bamaze kurenza cyane urwo rugero kuko abamaze guhabwa inka ari 1295 naho amatungo magufi 3238 agizwe n’ihene, intama ndetse n’ingurube akaba ari yo amaze gutangwa. Ibi ngo bikaba bitanga ikizere ko imiryango 7000 yagaragajwe ko ikennye kuburyo itakwibonera itungo ryo korora ibarirwa muri aka karere yose izagerwaho niyi gahunda mu gihe kitarambiranye.

Munyengango Valens utuye mu murenge wa Gatumba akaba ari umwe mubahawe inka, avuga ko atari yizeye ko azagerwaho n’iyi gahunda ariko akaba yarabonye inka bitewe n’uko abayobozi bazitanga bakoresha ukuri. Kimwe n’abandi bazibonye ndetse n’abatarorozwa bakiri ku rutonde rutegereje bavuga ko uburyo amatungo atangwa ari ntamakemwa nabo bakaba bizeye kuzayabona.

Ikindi abayobozi ndetse n’abaturage bahawe amatungo mu karere ka Ngororero bishimira ni uko amatungo yatanzwe nta bibazo bikomeye nko gupfa yagiye agira bitewe nuko amatungo yabanzaga gusuzumwa uko ameze mbere yo kuyaha abaturage, kandi bakayahabwa baramaze kubona ubwatsi ndetse bagahabwa n’imiti imwe n’imwe.

Ubuyobozi bw’akarere ka ngororero bukaba bushimira ababufashije kubona ayo matungo bose kuko nko kunka 1295, akarere katanzemo 428 gusa, andi akava mu batera nkunga n’abafatanya bikorwa kandi bakemerera akarere kwitoranyiriza abahabwa amatungo hakurikijwe abayakeneye kurusha abandi.

 

Abaturage batangiye

Rwanda | Ngororero: Abaturage batangiye kwiheba kubera kutagira amazi meza

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Ikibazo cy’amazi meza mu karere ka Ngororero gikomeje kuvugisha menshi abaturage ndetse n’abayobozi bireba kuko giteye inkeke. Mu minsi yashize, abaturage cyane cyane abatuye umujyi wa Ngororero bari baratangiye kugira icyizere cyo kubona amazi bitewe n’ibikorwa byo gukora imiyoboro byari birimo kubakwa ndetse bikaba byaranarangiye ariko bakaba batarabona amazi.

Nkuko bisanzwe, mu Rwanda mu gihe cy’izuba amazi aba makeya ndetse hirya no hino hagatangira kubaho isaranganya hafungirwa bamwe hagafungurirwa abandi, ariko abo mu karere ka Ngororero bo bakaba basaranganya no mugihe cy’imvura ibi bigatuma bamwe bashoka iy’ibishanga n’ibinamba.

Iyo ugenda mu bice bimwe na bimwe by’aka karere ahubatswe utuzu twagenewe gushyirwamo amazi ndetse twuzuye, usanga hari udukorerwamo indi mirimo nk’ubucuruzi ariko wafungura amazi ugaheba, ibi bikaba ari bimwe mubituma abantu batakaza icyizere cyo kuzayabona ndetse hakibazwa niba icyibanze ayo mazu yubakiwe ari ugushyiramo amazi cyangwa gucururizwamo.

Icyakora ubuyobozi bw’akarere bwo buvuga ko imirimo yo gusana ibikorwa remezo bijyanye n’amazi bigikomeje ariko bukanemera ikibazo cy’amazi makeya, bigatuma hari uduce atageramo bakifashisha ay’imvura ariko ubu nayo akaba yaratangiye kubura kubera ibihe by’izuba tugezemo. Ahanini uku kutagira amazi ahagije ngo bituruka ku miterere y’akarere aho amazi aterera cyane kandi akenshi imiyoboro igakunda kwangizwa n’imigezi ndetse indi ikaba yaragiye yangizwa n’ibikorwa remezo birimo imihanda n’ibindi.

Iki kibazo cy’amazi gikomeje kuba agatereranzamba mugihe mu ngengo y’Imari y’uyu mwaka urangiye Akarere ka Ngororero kari kariyemeje ko byibura 71% by’abaturage bagatuye bazaba bavoma amazi meza kandi ahantu hari urugendo rutarengeje metero 500. Iki gikorwa kikaba cyaragenewe amafaranga y’urwanda  231.465.110 nkuko byatangajwe n’umuyobozi w’akarere.

 

 

 

 

Rwanda | Intara y amajyepfo abashinzwe

Rwanda : Intara y’amajyepfo: abashinzwe imibereho myiza barasabwa kugira uruhare mu gusubiza abana bahoze mu bigo mu miryango

Tags: , , , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda | Intara y amajyepfo abashinzweHashize amezi hafi atandatu hatangijwe gahunda yo gukura abana mu bigo barererwamo bakajya kurererwa mu miryango. Ingengo y’imari y’umwaka utaha izatangirana n’ukwezi gutaha kwa Nyakanga, izatangirana n’ibikorwa byo gufasha aba bana gushyirwa mu miryango. Ni muri urwo rwego abashinzwe imibereho myiza mu mirenge hamwe n’abashinzwe irangamimerere ndetse n’abayobora ibigo by’imfubyi bo mu Ntara y’amajyepfo bahawe amahugurwa abategura gufasha muri iki gikorwa kuva tariki ya 26 kugeza kuya 27 Kamena.

Aya mahugurwa yateguwe n’Inama y’Igihugu y’abana hamwe na komisiyo y’igihugu yo gusezerera abasirikare no kubasubiza mu buzima basanzwe, yeretse abari batumiwe mu mahugurwa ibyavuye mu bushakashatsi bwakozwe ku bana barererwa mu bigo ndetse na gahunda n’ingamba Leta y’u Rwanda yafashe mu kubashyira mu miryango akaba ari ho barererwa.

Abashinzwe imibereho myiza ndetse n’irangamimerere mu mirenge barasabwa kuzafasha muri iki gikorwa cyo gusubiza abana mu miryango basobanurira abaturage akamaro k’iki gikorwa ndetse bakanagira uruhare mu kumenya imiryango iziyemeza kwakira aba bana, bareba niba koko bakwiye kubakira.

Aba bakozi b’imirenge kandi nibo bazamenya niba abakiriye abana biyemeje kubagira ababo (adoption), cyangwa niba biyemeje kubarera kugeza bakuze bakabasha kwirwanaho. Ibi bizagaragarira mu masezerano aba babyeyi bazakira abana bazagirana n’aba bayobozi, hanyuma inyandiko zigashyingurwa mu biro by’imirenge.

Abashinzwe imibereho myiza banasabwa kuzakurikiranira hafi abana igihe bageze mu miryango yabo cyangwa ibarera, bakareba ko impamvu zari zatumye bakurwa cyangwa bava muri iyi miryango zidasubira.

Mukantabana Seraphine, Komiseri muri komisiyo y’igihugu yo gusezerera abasirikare no kubasubiza mu buzima basanzwe ati “Kera umwana wese yarererwaga mu muryango. Mu kazi mushinzwe ka buri munsi muharanire ko nta bana barererwa mu bigo by’imfubyi bazongera kubaho. Abafite ababyeyi bazasubizweyo ababyeyi babo babiteho, ababuriwe inkomoko bakirwe n’ababyeyi b’impuhwe, abakuru baremerwe, bafashwe kwitunga.”


 

Rwanda : Ngororero Abakora

Rwanda | Ngororero: Abakora mu mirimo y’ububazi bakwiye kwambara byabugenewe

Tags: , , , , , , , , , , , , , , , ,


Ahantu henshi mu Rwanda cyane cyane mu mijyi y’uturere ndetse no mu masoko ahari n’amabagiro usanga abakora umurimo wo kubaga amatungo bambaye imyambaro yabugenewe (igisurubeti n’inkweto zo mu bwoko ba bote) byera kandi bikagaragaramo isuku ndetse abandujwe n’amaraso kubera akazi bagatandukana n’abashobora kwanduzwa nayo bitewe n’izindi mpamvu.

Rwanda : Ngororero AbakoraAbakora Akaka kazi bo mu mujyi wa Ngororero usanga biyambariye imyenda ndetse n’inkweto bisanzwe ndetse bamwe imyenda bakoranye ako kazi ugasanga baracyayambaye na nyuma yako nko mu bubari n’ahandi.

N’ubwo umuntu ahamya ko yabivuze yigiza nkana cyangwa abizi, kuri uyu wa gatatu umukecuru wari waje kurema isoko yabonye umusore wambaye imyenda iriho amaraso maze amubaza icyo yabaye undi amusubiza ko ari akazi.

Twegereye abakora uyu murimo maze nabo batubwira ko impamvu batagira imyambaro yabugenewe ari uko batagira akazi gahoraho kuko ngo hari igihe umukoresha (mu mvugo ya boss) ngo akoresha umuntu bwacya agakoresha undi bityo bagasanga baguze imyambaro yabahenda kandi badafite akazi gahoraho. Gusa nabo bavuga ko basanga bikwiye ko kuba bisize amaraso bakwiye gutandukanywa n’abanyarugomo.

Umwe mu bacuruza inyama z’amatungo mu mujyi wa Ngororero bwana Rukundo Oswald twabajije kuri iki kibazo yadutangarije ko hari amabwiriza bahawe yo kwambara iyo myambaro ariko bakaba bategereje kuzabikora batangiye gukorera mu ibagiro ritunganye ryubatswe muri uyu mujyi gusa naryo rikaba ryibazwaho impamvu ridatangira gukoreshwa.

Ubuyobozi bwo kuri iki kibazo buvuga ko rwiyemezamirimo witwa Nyirishema Felix wubatse iryo bagiro atararimurika, bigatuma gutangira kurikoreramo bidindira.

Mu gushaka kumenya impamvu uyu rwiyemezamirimo atamurika iri bagiro, twasanze amaze igihe kinini arwariye mu bitaro bya Kigali atabasha kuboneka.

Mu gihe rero usanga ba nyir’amatungo (abacuruza inyama) ari bo gusa bambara iyo myambaro kandi ahanini bo batanegera inyama, abantu bibaza niba kuba nta bagiro rigezweho riraboneka bivuga kutubahiriza amategeko agenga umwuga.


Rwanda | Gisagara Gahunda

Rwanda | Gisagara: Gahunda ya gira inka ibaha kubana neza hagati yabo

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Gahunda ya Gira inka, yishimiwe n’abatuye mu kagari ka Gikonko, mu murenge wa Gikonko, mu karere ka Gisagara; iyi Gahunda ngo ifasha abaturage mu kwikura mu bukene, ndetse no kubana neza hagati yabo. Ku ruhande rw’ubuyobozi buvuga ko iyo hari igikorwa cyo kugabirana biba ari ibirori mu tugari, abaturage bagasabana.

Rwanda | Gisagara GahundaIyi Gahunda ya Gira inka, ifasha imiryango yahawe inka, kwizamura mu mibereho, ndetse no kubana neza, kuko nk’uko aba baturage bo mu kagari ka Gikonko, babivuga ngo basangira amata, kandi iyo inka ibyaye bariturana.

“Inka mfite ubu igiye kubyara ubwa gatatu, iyambere narayituye, nayikamaga amalitiro agera kuri 15 akamfasha kurihira abana amashuri, ariko ayo nkama ku mugoroba nyasangira n’abaturanyi” Alphonsine NYIRANDABANANIYE

 

Ntaganda Antoine, umukozi w’Umurenge wa Gikonko, ushinzwe Ubworozi, ngo ababonye inka bizamuye mu mibereho kandi biteje imbere, ndetse ngo n’imibanire yabaye myiza, aho ababonye inka ubu babana neza kurusha uko babanaga mbere.

 

“Urebye cyane ku mibereho yabo ubona abazibonye batari bazifite barateye imbere kubona amata byatumye basa neza ndetse n’imiryango yituranye irushaho kubana neza” Ntaganda Antoine

 

Mugambira Etienne, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gikonko, avuga ko iyo hari igikorwa cyo kwiturana, mu tugari haba ari ibirori kuko usanga abaturage bizihiwe, kandi bavuga rumwe, bityo n’umubano ukagenda urushaho kuba mwiza.

 

Muri uyu murenge hari inka zirenga 200, zaturutse muri Gahunda ya Gira Inka, harimo n’izibarutse izindi.

 

Gahunda ya Gira Inka cyangwa Inka imwe ku muryango ukennye, ni gahunda yatangi­jwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame mu mwaka wa 2006, abi­nyujije muri Guverinoma no mu kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ibikomoka ku matungo RARDA. Ikaba ishinzwe gutanga inka mu miryago yatoranijwe mu gihugu cyose itishoboye hagami­jwe kurwanya indwara ziko­moka ku mirire mibi, kurwanya ubukene ndetse no kugabanya itumizwa mu mahanga ry’ ibiko­moka ku matungo.

 

Iyo uganiriye n’imiryango ya­hawe izo nka, ukitegereza no mu mibereho yabo ya buri munsi, im­pinduka zigaragarira buri wese haba mu mirire, mu buhinzi, mu bukungu ndetse no mu bumwe bwabo.

 

 

Rwanda | Nyamasheke: Inka yahawe izamufasha gutera imbere no gukira ibikomere byo ku mutima

Tags: , , , , , , , , , , , ,


Umukecuru Nyirambabazi Adriya w’imyaka 63 utuye mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke aratangaza ko inka yahawe muri gahunda ya girinka izamufasha mu guteza imbere imibereho ye ndetse no gukira ibikomere byo ku mutima yasigiwe na jenoside yakorewe abatutsi muri mata 1994.

Ubwo twaganiraga nyuma yo guhabwa iyi nka yabonye tariki ya 13/06/2012, uyu mukecuru wapfakajwe na jenoside ikanamutwarira abana agasigarana babiri gusa kuri ubu biga mu mashuri yisumbuye ndetse n’utwuzukuru tubiri arera ubu, avuga ko abayeho ubuzima bubi kuko agasambu gato afite kateraga kuko nta fumbire yagiraga.

Nyirambabazi aratangaza ko nyuma y’uko akorewe amaterasi ndinganire mu murima we akaba anahawe inkya izamufasha kubona ifumbire ashyira mu murima bizazamura umusaruro yabonaga bityo n’ubuzima bwe bugatera imbere.

Nyirambabazi yagize ati: “Sinzongera gusabiriza ifumbire. Ibi bizazamura umusaruro najyaga nkura mu karima kanjye”.

Akomeza avuga ko kuba afashijwe agahabwa inka bigiye kumukura mu bwigunge yahoragamo akava mu bukene bwajyaga bumusubiza inyuma mu bitekerezo ndetse binamukize ibikomere afite ku mutima. Uyu mukecuru yatewe inkunga yubakirwa inzu mu mwaka wa 1996 kuri ubu ikaba ishaje nk’uko abivuga, akaba anasanzwe ahabwa inkunga y’ingoboka itangwa n’ikigega gitera inkunga abarokotse jenoside yakorewe abatutsi batishoboye (FARG).


Rwanda : Gufata amazi hakoreshejwe ibyobo si umuti urambye

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Byagiye bigaragara ko amazi aturutse ku bisenge by’amazu agira uruhare mu kuzisenya, akagira uruhare mu gusenya inzu zegeranye ndetse n’ibikorwa remezo. Ibi byatumye abantu bose basabwa gucukura ibyobo bifata amazi iwabo. Ibi ariko ngo byaba ari umuti utarambye kuko bishobora kuzatera ibindi bibazo mu bihe bizaza.

Bimenyimana Eraste, umukozi ushinzwe iby’ubwubatsi mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere imiturire (RHA) avuga ko ubundi inzira nyayo y’amazi yakagombye kuba iyajyana mu nzuzi aho kuyinjiza imbere mu butaka.

Ubundi, ngo iyo amazi ayobowe mu butaka, agenda yinjiramo buke bukeya akagenda ahindura imiterere yabwo ku buryo ngo ubutaka bwari busanzwe bukomeye bushobora kuzagera aho bukoroha. Mu gice cy’ubutaka bwubatseho amazu menshi, haboneka bene ibi byobo byinshi. Hari n’igihe bigera aho bikuzura hagacukurwa ibindi iruhande rw’ibya mbere. Uwatekereza ko aya mazi ashobora kuzatuma ubutaka yagiye yinjiramo buke bukeya buzagera aho bukoroha cyane bukaba bwashwanguka ntiyaba yibeshye.

Abantu bamwe bati « buriya mu Koyovu cy’abakire hazagera aho hashwanyuke, amazu arigite, nk’uko byagenze muri Brésil mu minsi yashize, bitewe n’amazi ayoborwa mu butaka bwaho ». Abandi bati « ibyobo bifata amazi mu misozi ihanamye bizagera aho bitume iyo misozi igwa ».

Ibyo ari byo byose, n’ubwo inkangu igenda iritura imisozi imwe n’imwe mu Rwanda itaba yatewe n’ibyobo bifata amazi, ahubwo ahantu iyo misozi iherereye, no kubera imvura nyinshi rimwe na rimwe, nta n’uwabura kugira impungenge z’aya mazi ayoborwa mu butaka aho kuyoborwa mu nzuzi.

N’ubwo nta n’ahavugwa ko kugwa kw’inyubako zo muri Brésil byatewe n’amazi yayobowe mu byobo bifata amazi, izi mpungenge zifite ishingiro. Bimenyimana ati : « umuti urambye wo kurwanya ko amazi yangiza ibikorwa remezo ndetse n’inyubako ni ukubaka za ruhurura ziyayobora mu migezi, nyamara zirahenze ». None hazakorwa iki ?

Ibyo ari byo byose ubuyobozi bw’igihugu bushinzwe ibikorwa remezo, ibidukikije ndetse no gukumira ibiza bwari bukwiye gushaka umuti w’iki kibazo hakiri kare.


 

Gicumbi – Gufata inzererezi bigabanya abahungabanya umutekano

Rwanda : Gicumbi – Gufata inzererezi bigabanya abahungabanya umutekano

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda : Zimwe mu nzerere zafatiwe i Gicumbi

Zimwe mu nzerere zafatiwe i Gicumbi

Inzererezi ziri mu bintu bihungabanya umutekano, akarere ka Gicumbi kihaye inshingazo zo guca burundu inzererezi ndetse n’abandi bose bakora ibintu byahungabanya umutekano.

Nk’uko bitangazwa n’ushinzwe urwego rw’umutekano mu karere ka Gicumbi Sindayigaya Edouard kuri uyu wa 7/6/2012 yatangaje ko akarere ka Gicumbi kihaye gahunda yo guca inzererezi burundu muri ako Karere.

Yavuze ko usanga arizo ziteza umutekano muke kuko muri izo nzererezi bafata zibamo ibyiciro bitandukanye harimo abanywa urumogi, abasinzi baba banyweye za kanyanga, abagendagenda hirya no hino mu masoko bashaka abo biba bakoze mu mifuka ndetse n’abarembetsi bahungabanya umutekano bajya kuzana inzoga za Kanyanga mu gihugu cya Uganda, n’abakora ubujura bwa kiboko aho bacunga umuntu ari kuvugira kuri terefone akayimushikuza akiruka n’abategera umuntu mu nzira bumaze kwira akamushikuza isakoshi cyangwa ikindi kintu afite muntoki.

Ibyo byose n’ubujura bukorwa n’izo nzererezi kand ibyo bikorwa bihungabanya umutekano w’akarere, niyo mpamvu hafashwe ingamba zo kuzajya hafatwa umuntu wese w’inzererezi ugenda muri ako karere.

Nyuma yo gufata izo nzererezi zigezwa mu kigo cyagenewe kuzakira bagakomeza kugororwa bigishwa ububi bwo kunywa ibiyobyabwenge, kwiba n’ibindi byaha byabaviramo gufungwa ndetse bikangiza ubuzima bwabo.

Izo nzererezi nazo zemera ko ziba zakoze ibikorwa bihungabanya umutekano nyuma yo kuzava aho babagororera bakazasubira mubuzima busanzwe batangaza ko bazakomeza kwitwara neza.


 

Rwanda | Rusizi: RCYWA yubakiye umupfakazi wari umaze imyaka ine acumbikiwe n’abaturanyi.

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


tariki ya 26/05/2012 ishyirahamwe ry’urubyiruko ryita by’umwihariko ku bibazo by’abana bo mu muhanda rya Rusizi (RCYWA) ryakoze umuganda wo kubakira umupfakazi Mukabutera Jeannete wasenyewe n’umutingito wabaye mu kwezi kwa kabiri 2008.

 

Nk’uko RCYWA ikomeza ibivuga, ngo icyo gikorwa cyari kigamije kubiba ubwitange, ubukorerabushake n’urukundo mu rubyiruko ndetse no mu banyarwanda bose muri rusange.

 

Nyuma y’uyu muganda wo kubakira umupfakazi wasenyewe n’umutingito, umuyobozi wa RCYWA Tito Félix, yatangaje ko igikorwa cy’ubukorerabushake cyakozwe gifite agaciro gasaga amafaranga

y’u Rwanda ibihumbi 500, kikaba cyari ukurangiza inzu yari yaratangiye kubakwa ikagera hagati bikananirana , kuyigurira inzugi 2, amadirishya 3 , no kuyisakara neza.

 

Uretse uyu muganda kandi uru rubyiruko rwanakusanyije amafaranga agera ku bihumbi 50 by’amafaranga y’u Rwanda bizakoreshwa mu guhemba abakozi bazakomeza barangiza neza inzu.

 

Mukabutera wubakiwe inzu ndetse n’umukobwa we Murengeyinka Solange bashimiye ishyirahamwe ry’urubyiruko ryita by’umwihariko ku bibazo by’abana bo mu muhanda rya Rusizi kuba barabatekereje bakabagenera ubufasha mu kubaka inzu yabo, ndetse banashimira Imana.

 

Uyu MUKABUTERA wakorewe umuganda ni umubyeyi w’abana batanu utuye mu karere ka

Rusizi mu murenge wa Gihundwe, akagali ka Kamatita, akaba yari amaze imyaka igera kuri ine acumbitse

mu baturanyi hamwe n’abana be.

 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia