Posted on 23 April 2013
Tags: Ngororero, Rwanda Advocacy, Rwanda Genocide, Rwanda Ngororero, Rwanda Problem, Rwanda properties, Rwanda resolution, Rwanda suviovors, Umuyobozi

Bimwe mubibazo abarokotse jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 94 bo mu karere ka Ngororero umuyobizi w’akarere Ruboneza Gedeon avuga ko bigiye kwihutishwa ni ibirebana n’imitungo cyane cyane itimukanwa, kurangiza imanza no kubakira abagituye ahantu hadatunganye.
Ruboneza avuga ko kuba hakiri ibibazo nkibyo bitarakemuka nyuma y’imyaka 19 atari uburangare ahubwo biterwa n’ubushobozi akarere gafite ndetse ibindi bikaba bigomba kunyura mumanza nazo zikaba zidahita zirangira.
Mayor Ruboneza arizeza abarokotse ko ibibazo byabo bigiye gukemurwa
Indi mbogamizi akarere gafite mukurangiza ibibazo nkibyo ni umubare munini w’abatishoboye bakeneye ubufasha, bityo bakaba bafashwa gahoro gahoro bitewe n’ubushobozi buhari.
Kubirebana no kurangiza imanza no kwishyura imitungo, Niyonsenga Jean d’Amour uhagarariye abarokotse mu karere ka Ngororero avuga ko hari abanga kwishyura iyo mitungo kandi bafite ubushobozi, bisa no guhimana.
Niyonsenga kandi, avuga ko kuba abangije imitungo batishoboye bazakoreshwa imirimo ifitiye igihugu akamaro, leta ikwiye kugira icyo izajya igenera abagombaga kwishyurwa iyo mitungo bavanye mubyinjijwe mumirimo ikorwan’abagombaga kwishyura.
Kuri iki kibazo, ubuyobozi bw’akarere ndetse n’ubwa Ibuka bakaba baremeye kubikorera ubuvugizi. Kuba hakiri ibibazo by’abacitse kwicumu bitarakemurwa ni kimwe mubyo abarokotse bavuga ko bidindiza gahunda yabo yo kwiyubaka.
Posted on 16 March 2013
Tags: advocacy, marginalized, MINALOC, Ngororero, people
Umuyobozi w’abo amateka agaragaza ko basigaje inyuma bazwi kwizina ry’Abasangwabutaka, bwana Munyanzira Boniface arasaba ubuyobozi bw’akarere kubaha ubufasha bw’umwihariko kubera gusigara inyuma gukabije kukigaragara mubanyamuryango ayoboye.
Nubwo munyanzira ashima iterambere ry’u Rwanda n’iry’akarere ka Ngororero by’umwihariko, avuga ko abasangwabutaka ahagarariye mu karere ka Ngororero no munama y’igihugu yabo COPORWA (Cooperative des Potiers du Rwanda) bigaragara ko bakiri inyuma mu iterambere.
Ahanini, Munyanzira avuga ko abana babo basigara inyuma mubirebana n’uburezi ahanini bitewe n’uko abenshi mubanyamuryango ayoboye batishoboye kandi bose bakaba batarabashije gushyirwa kurutonde rw’abafashwa na Leta.

Munyanzira arasaba ko abasangwabutaka bahabwa ubufasha bwihariye
Uretse kuba abana babo ngo biga amashuli y’ibanze kubuntu, ngo iyo bakeneye kwiga amashuli ya kaminuza ntibababishobora kubera amikoro, ndetse akavuga ko icyo kibazo yanakigejeje muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu MINALOC, ariko akaba atarabona igisubizo.
Kubwe, munyanzira arasaba leta kubaha ubufasha bw’umwihariko kugira ngo nabo babashe gukemura ibibazo bafite maze bafatanye n’abandi baturage mwiterambere ry’igihugu. Ubuyobozi bw’akarere bwo buvuga ko mugufasha abaturage ntanumwe burobanura, kandi ko abaturage ubwabo aribo bashyira abakene kurutonde bityo bakaba ntabundi bushobozi akarere gafite bwo gutanga ubufasha bwihariye.
Posted on 08 August 2012
Tags: bahoneza, com, district, Hindiro, malnutrition, nbsp, Ngororero, Rwanda, Sebyenda, sector, www
Although Hindiro is one of 13 sectors that make Ngororero district and the poorest of all, residents come first in fighting against malnutrition.
Athanase Sebyenda in charge of social affairs denote the residents have rose to fight malnutrition through teaching residents how to prepare balanced diet, growing vegetables and not waiting upon help.

According to nutritionists at Kabaya and Muhororo hospitals in Ngororero district, Hindiro has the lowest number of malnourished
Sebyenda asserts this sector had 8 malnourished children who were 8 in the beginning of 2012 but only two are not yet cured while the 6 are in phase one and two and greatly improving as according to the reports of community health workers.
Sebyenda explains that according to how poor Hindiro residents are and how active they embrace different programs meant for them, social and economic development would be attained if other residents follow their example.
He adds that even school children from Hindiro sector perform well academically compared to other sectors of Ngororero district which gives hope for a better future of the place.
Posted on 05 August 2012
Tags: abaturage, Habiyambere, Kagame, kandi, Mugabo, ngo, Ngororero, Perezida, Rwanda development, Rwanda Kagame, Rwanda Ngororero, Rwanda people, Rwanda president, uyu, yahawe
Umugabo witwa Habiyambere Gerard utuye mu murenge wa Hindiro mu karere ka Ngororero aravuga ko azitura Perezida Kagame kuko ngo yamuteye ishaba atigeze agira mu buzima bwe. Ibi ngo byaturutse kunka uyu mugabo yahawe na Nyakubahwa Perezida wa Repuburika ubwe, ubwo yasuraga abaturage b’akarere ka Ngororero kuwa 15 Gashyantare 2012.
Kuri ubu, iyo ugeze mu rugo rw’uwo mugabo ufite umugore n’abana umunani ubundi utaragiraga amatungo mu rugo rwe akaba yarahereye kuyo yahawe na Perezida, uhasanga inka 3 zirimo iyo yahawe hamwe n’inyana yayo ndetse hakaba n’indi yahashye ngo amaze kubona ko korora ari ingirakamaro, akagira kandi intama 2 n’ihene imwe.

Amatungo ya Habiyambere
Nkuko uyu mugabo abitangaza, ngo yatangiye kumvira Perezida Kagame ubwo yavugaga kuri radiyo ko abaturage bakwiye kuva ahantu h’imibande bakajya mu midugudu bakegerezwa ibikorwa remezo, maze Habiyambere afata iyambere asaba ikibanza maze afatanyije n’abana be biyubakira inzu kandi ari abakene gusa ngo bakaba baragiye babona inkunga zitandukanye.
Nyuma yo kubona atanze abandi kubaka mu mudugudu, ndetse agahabwa inka na Perezida, nibwo yiyumvisemo ko nawe agomba kugira icyo yigezaho maze akorera amafaranga nawe yigurira inka n’andi matungo yavuzwe haruguru ariko byose ngo akaba yarabitewe na Kagame wamufunguriye amarembo.
Uretse kwitura Perezida nawe yoroza abandi, Habiyambere ngo ubu yatangiye gahunda yo gushishikariza abaturage batuye mu mibande kumwegera kugirango bifatanye bahabwe n’umuriro w’amashanyarazi kandi iyi gahunda akaba ayigejeje kure.
Ubwo bwitange bwo gukangurira abaturage kujya mu midugudu ndetse n’ibikorwa by’uyu mugabo bigaragaza imbaraga z’ibitekerezo ngo nibyo byatumye n’abaturage bamwizera none kuri ubu bakaba baramugize umukuru w’umududgudu atuyemo, ibintu ubundi ngo atari yarigeze arota kubera ubukene bwe.
Abazi uyu mugabo barimo n’abayobozi mumurenge atuyemo bahamya ko ari umuntu ufite gahunda z’ejo hazaza heza kandi agashaka kugendana n’abandi baturage.
Posted on 02 July 2012
Tags: abaturage, akarere, amazi, ariko, cyane, ibikorwa, karere, nbsp, ndetse, Ngororero, Rwanda, Rwanda dry, Rwanda Ngororero, Rwanda Problem, Rwanda season, Rwanda Water
Ikibazo cy’amazi meza mu karere ka Ngororero gikomeje kuvugisha menshi abaturage ndetse n’abayobozi bireba kuko giteye inkeke. Mu minsi yashize, abaturage cyane cyane abatuye umujyi wa Ngororero bari baratangiye kugira icyizere cyo kubona amazi bitewe n’ibikorwa byo gukora imiyoboro byari birimo kubakwa ndetse bikaba byaranarangiye ariko bakaba batarabona amazi.
Nkuko bisanzwe, mu Rwanda mu gihe cy’izuba amazi aba makeya ndetse hirya no hino hagatangira kubaho isaranganya hafungirwa bamwe hagafungurirwa abandi, ariko abo mu karere ka Ngororero bo bakaba basaranganya no mugihe cy’imvura ibi bigatuma bamwe bashoka iy’ibishanga n’ibinamba.

Iyo ugenda mu bice bimwe na bimwe by’aka karere ahubatswe utuzu twagenewe gushyirwamo amazi ndetse twuzuye, usanga hari udukorerwamo indi mirimo nk’ubucuruzi ariko wafungura amazi ugaheba, ibi bikaba ari bimwe mubituma abantu batakaza icyizere cyo kuzayabona ndetse hakibazwa niba icyibanze ayo mazu yubakiwe ari ugushyiramo amazi cyangwa gucururizwamo.
Icyakora ubuyobozi bw’akarere bwo buvuga ko imirimo yo gusana ibikorwa remezo bijyanye n’amazi bigikomeje ariko bukanemera ikibazo cy’amazi makeya, bigatuma hari uduce atageramo bakifashisha ay’imvura ariko ubu nayo akaba yaratangiye kubura kubera ibihe by’izuba tugezemo. Ahanini uku kutagira amazi ahagije ngo bituruka ku miterere y’akarere aho amazi aterera cyane kandi akenshi imiyoboro igakunda kwangizwa n’imigezi ndetse indi ikaba yaragiye yangizwa n’ibikorwa remezo birimo imihanda n’ibindi.
Iki kibazo cy’amazi gikomeje kuba agatereranzamba mugihe mu ngengo y’Imari y’uyu mwaka urangiye Akarere ka Ngororero kari kariyemeje ko byibura 71% by’abaturage bagatuye bazaba bavoma amazi meza kandi ahantu hari urugendo rutarengeje metero 500. Iki gikorwa kikaba cyaragenewe amafaranga y’urwanda 231.465.110 nkuko byatangajwe n’umuyobozi w’akarere.
Posted on 25 June 2012
Tags: Abafite, amazu, bakaba, Iki, mujyi, muri, neza, Ngororero, Rwanda, Rwanda habitation, Rwanda houses, Rwanda Ngororero, Rwanda rebuilding, Rwanda trades, umurenge, yose
Muri gahunda yo gukomeza kuvugurura no guteza imbere umujyi wa Ngororero, ubuyobozi bw’umurenge wa Ngororero bwategetse abantu bose bafite amazu muri uwo mujyi cyane cyane amazu afite amabati bigaragara ko ashaje (dore ko hafi y’amazu ari muri uwo mujyi yose asakaje amabati) ko ayashaje agaragaramo imyenge bayavugurura abandi bagasiga ho irangi ritukura.
Ku itariki ya 20 Kamena 2012, umuyobozi w’umurenge wa Ngororero ari kumwe n’abandi bakozi b’umurenge bakaba barabyukiye mu gikorwa cyo kugenzura ishyirwa mu bikorwa ry’icyo cyemezo no kwibutsa abatarabikora ko hari ibihano biteganyijwe.
Nyuma y’iki gikorwa abafite amazu muri uyu mujyi twabajije uko biteguye gushyira mubikorwa iki cyemezo batugaragarije kutabyishimira. Impamvu ya mbere batanga ni uko nta gihe kinini gishize basabwe kuvugurura amazu hagendewe ku myubakire bahawe n’ubuyobozi, abenshi bakaba barabikoze nubwo hakiri n’amazu ataravugururwa, ariko bakaba bavuga ko iyo mirimo yose itunguranye isaba amafaranga menshi kuburyo ba nyirayo bibasaba kwiyambaza amabanki none bakaba batararangiza no kwishyura amafaranga ya mbere.
Kimwe mubyo ba nyiri amazu basabwa kwitaho mu mivugururire ni ibikari by’amazu yabo aho inzu zisa neza imbere ariko wagera inyuma ukumirwa, aho ahenshi hagaragara ibyondo ku mazu ndetse ukabona nta n’amasuku ahakorerwa. Gusa umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Ngororero bwana Habiyakare Etienne avuga ko amazu yose yo mu mujyi akwiye kuba yubatse neza, asa neza kandi akomeye atabangamiye umutekano n’ibidukikije.
Muri iki gikorwa kandi hongeye no gusuzumwa iyubahirizwa ry’amabwiriza arebana n’isuku yahawe abafite ububari na za resitora muri uwo mujyi.
Posted on 13 June 2012
Tags: aka, Amafi, ari, bworozi, karere, mafi, muri, nbsp, ngo, Ngororero, Rwanda, Rwanda development, Rwanda fish, Rwanda food, Rwanda Market, Rwanda PAIGELAC
Kuwa gatatu tariki ya 6 Kamena 2012, ku isoko ryo mu mujyi wa Ngororero muri aka karere hatangiye kuboneka amafi aturutse ku bworozi bwa koperative Imyumviremyiza ikorera muri aka karere, mu byo ikora hakabamo n’ubworozi bw’amafi.

Abamenyereye aka karere bavuga ko ari ubwa mbere ibi babibonye kuko ngo ubusanzwe kubona ifi muri aka karere byari nk’inzozi, ku buryo byashimishije benshi maze bagatonda umurongo muremure aho iyi koperative yacurizaga ndetse hakabamo n’umubyigano.
N’ubwo bavuga ko ari ubwa mbere babonye amafi muri aka karere, hari ibyuzi by’amafi bihamaze imyaka itari mike ariko ngo ntamusaruro byari byarigeze bitanga kubera ko abatangiye ubu bworozi batari babimenyereye bagafata amafi yabo nabi kugeza aho minisiteri ibishinzwe ifashe ibyo byuzi ikabiha abandi babishoboye harimo n’iyi koperative.
Aya mafi yacurujwe bwambere akaba yarororewe mubyuzi by’ahitwa Bwavu mu kagali ka Nyange ho mu murenge wa Ngororero. Nsanzamahoro Jean ukuriye iyi koperative yadutangarije ko intego yabo ari ugutezimbere ubu bworozi maze bakanyomoza abibwiraga ko muri aka karere ntamafi yahaba.
Gusa Nsanzamahoro avuga ko bazana ayo mafi kwisoko batari baziko ari bugurwe kuko bidasanzwe bimenyerewe muri aka karere bikaba ari nabyo byatumye bagurisha ku giciro gito (amafaranga 1500 ku kilo), ariko bakaba barabonye ko abanyangororero bayakunze kuburyo batazashobora guhaza isoko.
Ubwo twageraga ahacururizwaga aya mafi twasanze abantu bafite amatsiko menshi ari nako bahamagara bagenzibabo ngo nabo baze kwirebera no guhaha.
Cyakora n’ubwo ari agashya kagaragaye muri aka karere wabonaga n’ubundi aya mafi adakuze ariko abayagurishaga badutangarije ko ariyongano yayo ndetse ngo kuyaroba babifashijwemo n’umukozi w’ikigo cyita kubworozi bw’amafi gikorera muri minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi PAIGELAC (Projet d’Appui a l’Amenegement Integre et a la Gestion des Lacs Interieurs).
Mu karere ka Ngororero ubu bworozi bukorerwa ahantu hatatu harimo ibyuzi bya bwira, ibya kazabe, ikiyaga kiri mu murenge wa gatumba, hose hakaba haratewemo abana b’amafi basaga ibihumbi ijana.
Ernest kalinganire
Posted on 29 May 2012
Tags: ADEPE, charge, child, development, district, education, labour, meeting, Ngororero, problem, Rwanda
In order to stop Violation of children’s rights, ADEPE (Action Pour le Development du Peuple) has organized a meeting with education concerned authorities recently to discuss the matter.
The meeting saw the turn up of different sector education officials, teachers, lawyer in charge of women and children violence, religious leaders and others.
Among the topics discussed in the meeting after forming groups was about people who engage children in hard labour, which results into school dropout, physical harm and development problems.
The case in point was children who work in mines and tea plantations in Ngororero district. The groups discussed on the type of work, if cultural beliefs promote child labour, consequences on children life and the measures that can be taken to stop child labour.
However, education officials in Ngororero district say that dividing children into small groups so that the teacher helps them all, policing community, sensitizing residents on the importance of their children’s education and others have been done to reduce on the biggest number of children that had dropped out of schools.
Main speaker of the meeting, Eugene Rwandarwejo in charge of coordinating residents and Communication in ADEPE, explains that the aim of this project is to identify problems, provide advocacy on sponsors so that they are included in the budget.
Although some participants note that child labour is done in rural areas secretly, there are some children that are traced in towns working for business people when they should be at school.
Participants and concerned authorities in Ngororero said they will fight the problem before the end of June because international children rights also apply to Rwandan children.
Posted on 25 May 2012
Tags: abantu, ari, ariko, cyane, karane, mujyi, ngo, Ngororero, ngufu, Rwanda boys, Rwanda haulers, Rwanda Life, Rwanda Ngororero, Rwanda Young, uyu
Nkuko bisanzwe bigaragara ahantu hose haba abantu benshi cyane cyane aharemera amasoko cyangwa mu mijyi haba abantu batunzwe no kwikorera imitwaro cyangwa se gupakira no gupakupakurura amamodoka bazwi kwizina rya karane Ngufu.
Aba bantu batandukanye n’abana bato usanga batwaza abantu udutwaro duto mu masoko kuko bo ari abantu bakuru ndetse abenshi muribo bakaba bafite n’imiryango batunze irimo abagore n’abana babo. Kuba karane ngufu mu mujyi wa Ngororero ngo ntibyoroshye nkuko abari mw’ishyirahamwe rya Karane Ngufu mu karere ka Ngororero babivuga.
Nubwo ababantu aribo baba barihitiyemo uyu murimo, abenshi usanga bavuga ko ari ukubura uko bagira kuko nubwo bafite amashyirahamwe n’amakoperative abahuza usanga bafatwa nk’inyandagazi. Gusa ngo ibi ntacyo byajyaga kubatwara iyo baba babona amafaranga ahagije aturuka kukazi kavunanye cyane bakora.
Bizimana Francois umuyobozi w’ishyirahamwe rya ba Karane Ngufu mu mujyi wa Ngororero avuga ko bafite abantu benshi bagenda bakura mu bushomeri no kwirirwa bicaye babigirira guca ibikorwa by’ubujura n’urugomo ariko kubera ubwinshi bw’abasore n’abagabo badafite akazi bakaza gukora ako kwisuma (gutwara imizigo), bigatuma basaranganya isoko rikeya riboneka muri uyu mujyi.
Uyu muyobozi avuga ko kuba uyu mujyi ari mutoya ndetse hakabamo n’abacuruzi barangura ibintu biremereye bikenera abikorezi bake bituma batabona ibiraka (akazi) kabahagije kuburyo basanga gutunga imiryango yabo bibagoye cyane. Kuribo, ngo batangiye gukemura icyo kibazo bishyirahamwe ngo bazabone uko bashaka inguzanyo cyangwa inkunga ariko ntanakimwe bari bageraho. Gahunda yabo ngo ni ukubona amafaranga maze gafatanya kwiteza imbere.
Umukozi w’akarere ushinzwe iby’amakoperative we avuga ko amakoperative yujuje ibisabwa yakirwa kandi agakorerwa ubuvugizi kuburyo biteguye kwakira nab a karane ngufu igihe bazaba bakoze ibisabwa.
Muri rusange ngo karane ngufu wo mu mujyi wa Ngororero akorera amafaranga ari hagati y’1000 n’ibihumbi 2000 kuminsi isoko ryaremye naho kuyindi minsi ngo bakorara ari munsi yayongayo, kuburyo bose badakora ahubwo bagaharirana iminsi kugirango abakoze bagire icyo bacyura. Urugero ni uko uwakoze kuwa mbere adakora no kuwa kabiri. Nyamara ariko iyo ugeze mungo zabo ntiwazitandukanya n’izabandi baturage kuko usanga bari kukigero kimwe.
Ariko bo bakavuga ko kugereranya ingo zabo n’iz’abantu batunzwe n’ubuhinzi ubundi ataribyo kuko abahinzi bakora kwifaranga ari uko basaruye imyaka ariko bo bakaba barikoraho buri munsi bityo bakaba bagombye no guterimbere kurusha abahinzi. Abenshi mubakora uyu murimo bemeza ko ari umurimo ugayitse kandi uvunanye gusa ngo aho kwicwa n’inzara bazicwa n’akazi.
Posted on 17 May 2012
Tags: amajerikani, baturage, bavuga, bazikuye, ibitoki, inzoga, kuko, nbsp, Ngororero, Rwanda, Rwanda bar, Rwanda closed, Rwanda loss, Rwanda Ngororero, Rwanda traders, tubari
Kuva tariki 11/5/2012 ubuyobozi bw’umurenge wa Ngororero bwafunze tumwe mu tubari twacuruzaga inzoga z’ibitoki (Urwagwa). Abantu bagemuraga inzoga bazikuye mu baturage bavuga ko byabateje igihombo kinini kuko baba barishyuye abaturage amafaranga y’inzoga zabo mbere y’uko ziboneka, abandi bakaba barangura ibitoki bakabitara.
Iyo ugeze hafi y’isoko rya Ngororero ubona amajerikani menshi arimo inzoga ba nyirazo bategereje kubona ubagurira. Gusa kubera umubare munini w’utubari twafunzwe ntibabona ababagurira inzoga zabo.

Umwe muri abo bacuruza inzoga bazikuye mu baturage witwa Manirarora Innocent avuga ko kumunsi yagemuraga hagati y’amajerikani 6 n’10, kandi akaba yari yarishyuye abaturage amafaranga yabo kuko abishyura bagitara ibitoki mu rwego rwo gutanguranwa na bagenzi be. Uretse inzoga zimwe zibura abacuruzi bazigura, ngo niziguzwe zigurwa kumafaranga make kuko nyuma y’uko utu tubari dufungwa igiciro kwijerikani imwe cyavuye kumafaraga 6000frw kikagera kubihumbi bine (4000frw).
Ugereranyije aho abagurisha inzoga baba bashyize inzoga usanga haba hari amajerikani ari hagati ya 30 na 50 ku minsi y’isoko. Gusa bamwe mu bacuruzi bafungiwe amazu bavuga ko barimo gukora ibishoboka byose ngo batunganye ibyo basabwe gukora bongere bafungurirwe, kuko nabo bavuga ko bazagira ikibazo cyo kutazabona ababazanira inzoga nibaramuka bifatiye andi masoko.