Posted on 30 March 2012
Tags: ari, cyane, Epinari, imboga, kuri, nyinshi, Rwanda, Rwanda Health, Rwanda meal, Rwanda vegetables, Rwanda vitamins, umubiri, umuntu, vitamine, zikize

Epinari,imboga z’ingenzi cyane zikize kuri Vitamine nyinshi umubiri ukenera
Imboga ni zimwe mu biribwa by’ingenzi ku mubiri w’umuntu. Zishobora kuribwa zitetse cyangwa ari mbisi. Epinari ni zimwe mu mboga zikungahaye kuri Vitamine nyinshi umubiri w’umuntu ukenera. Ari nayo mpamvu tugiye kuvuga ku bwiza bw’izi mboga ndetse n’intungamubiri zibamo.
Imboga za Epinari zikize cyane ku mazi aho hafi 90% by’ibizigize ari amazi. Epinari ni imboga ziboneka ku masoko yo mu Rwanda kandi zidahenda cyane.Hari intungamubiri ziboneka muri Epinari  ni nyinshi nk’uko ubushakashatsi bwabyerekanye. Epinari zibamo ibitera imbaraga, ibyubaka umubiri,isukari,lipide,fibure,sodiyumu,manyeziyumu,Kalisiyumu,Feri, vitamine A,Vitamine C,Vitamine B9,Vitamine E,Vitamine B2,Vitamine B6,n’izindi,ibi byose bikaba biha ubudahangarwa imboga za Epinari mu kugirira akamaro gakomeye umubiri w’umuntu.
Imboga za Epinari ndetse n’izindi mboga zose zikaba zigira akamaro cyane mu kurinda umubiri indwara zitandukanye, uyu mumaro zikaba ziwusangiye n’imbuto. Mugemangango Aphrodice, umuganga kuri Dispensaire Ihumure, akaba yadutangarije ko kurya imboga za epinari ari byiza cyane, kuko zikize ku myunyu ngugu n’andi mavitamine atandukanye yubaka umubiri w’umuntu. Ari nayo mpamvu abategura ibyo kurya bagakwiye kujya bazitekerezaho kuko zifite akamaro kanini.
Posted on 31 January 2012
Tags: abantu, avuga, education, gihe, I Wawa, inzego, inzererezi, mijyi, Nyamagabe, nyinshi, Rwanda, ubuyobozi, umutekano
Ubuyobozi bwa karere ka Nyamagabe buvuga ko abantu b’inzererezi bakigaragara mu mijyi no mu dusantire dutandukanye ko batazakomeza kwihanganirwa, hakaba hagiye kujyaho imikwabo y’inzego zishinzwe umutekano batabwe muri yombi hanyuma bafashwe gusubira mu buzima busanzwe kandi bige ibyabateza imbere..
Â
Mu gihe cya mugitondo ubasanga hafi y’isoko batumura agatabi
Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Emile Byiringiro, avuga ko buri gihe mu nama z’umutekano hahora hagaruka ikibazo k’inzererezi zikigaragara mu mijyi n’udusantire.
Avuga ko inshuro nyinshi ubuyobozi bwagiye bukangurira inzererezi gushaka imirimo zikora ndetse zikanafashwa kwishyirahamwe. Bamwe bashoboye kubyumva babivamo ariko uko bucya n’uko bwira hagenda havuka izindi.
Byiringiro avuga ko k’ubufatanye n’inzego z’umutekano zifatanyije n’ubuyobozi ngo iki kibazo kigiye kuvugutirwa umuti.
Kugeza ubu usanga inzererezi nyinshi ari abana bari munsi y’imyaka 12 y’amavuka ”mayibobo” bataye iwabo bagahitamo kwirirwa basabiriza mu mijyi, abafite imbaraga bagatwaza imizigo abantu. Mu gihe cyo kuryama usanga hari ahantu bashashe amakarito nko mu bihuru no munsi y’imikingo.
Aba bana bo bavuga ko akenshi babiterwa n’ubukina buba bwaribasiye iwabo cyangwa bigaturuka ku makimbirane y’ababyeyi babo.
Â