Tag Archive | "Rulindo"

60% ni cyo gipimo akarere ka Rulindo kagezeho kuri ubu mu bijyanye n’imiturire myiza.

Rulindo: abayobozi n’abarimu barasabwa gutanga urugero rwiza batura ku midigudu.

Tags: ,


60% ni cyo gipimo akarere ka Rulindo kagezeho kuri ubu mu bijyanye n’imiturire myiza.

60% ni cyo gipimo akarere ka Rulindo kagezeho kuri ubu mu bijyanye n’imiturire myiza.

Kuri iki kibazo kijyanye n’imiturire myiza,umuyobozi w’akarere ka Rulindo Kangwagye Justus akaba anenga cyane abayobozi hamwe n’abarimu bo muri aka karere, ku kuba bo batazamuka ngo bature ku midugudu nk’abandi baturage.

Nyamara ariko n’ubwo aba bayobozi baba bategera abandi ku midugudu ,ngo nibo bafata iya mbere mu gukangurira rubanda rundi kujya gutura ku midugudu.

Hari zimwe mu mbogamizi zikunze kuvugwa ku kuba abaturage batitabira gutura ku midugdudu muri aka karere ,zirimo nk’ikibazo cy’ingurane aho usanga umuturage mu gihe cyo kugurana amasambu yifuza cyane, agashaka kuba yahenda mugenzi we ukeneye gutura ku mudugudu.

Aha abayobozi b’ibanze bakaba bagaragaza ko bikiri ikibazo gikomeye, mu gihe umuturage ufite isambu kuri site yatoranijwe kubakwamo umudugudu, ashaka ko ahabwa ibirenze ibyo we yatanga ngo abandi bature neza.

Akaba ari muri urwo rwego umuyobozi w’aka karere yafashe ingamba zizafasha abantu batarajya gutura ku midugudu kugira ngo babikore ku buryo bwihuse,kugira ngo akarere kave ku kigero  cya 60% kagere ku kigero cy’ijana ku ijana muri uyu mwaka.

Ibi kandi ngo bizagerwaho ari uko abayobozi  ndetse n’abarimu bazamutse nabo bakegera abandi ku midugudu.Ikindi basabwa kandi ngo ni ugushyira ingufu mu gukora imihanda itameze neza,bityo abahatura bakazaba bagerwaho n’ibikorwa remezo ku buryo bworoshye.

Yagize ati”Ndabizi neza ko bamwe mu bayobozi hamwe n’abarimu batitabira gutura mu midugudu.None kugira ngo iyi gahunda twihaye yo gutura ku midugudu igerweho ijana ku ijana,abarimu,abayobozi bose nibazamuke begere abandi ku midugudu,kuko ni bwo bazaba batanze urugero rwiza.”

Uyu muyobozi kandi akemeza ko aba bantu bombi baramutse babikoze byagerwaho nk’uko babyifuza.

Impanvu avuga atya ngo ni uko akenshi usanga abaturage bakunze gufatira ingero ku bayobozi bo mu mirenge ,n’utugari ndetse no ku barimu.Kuri we ngo akaba asanga bikozwe byakemura ikibazo cy’ubwitabire bucye bwo gutura ku midugudu.

 

 

Intore ziri ku rugerero zirahindura imyunvire kuri benshi.

Rulindo: Intore ziri ku rugerero zirahindura imyunvire kuri benshi.

Tags: , , , , , , ,


Intore ziri ku rugerero zirahindura imyunvire kuri benshi.

Intore ziri ku rugerero mu karere ka Rulindo ngo zaba zirimo guhindura imyunvira ya benshi ku bijyanye no kunva no kumenyekenisha urukundo no gukorera igihugu.

Kuri uyu wa kane tariki 21/2/2013 ubwo bari basuwe n’umukozi w’itorero  ku rwego rw’igihugu ushinzwe ibikorwa by’itorero ,izi ntore zamubwiye kandi zimugaragariza ko zirimo gukora ibikorwa byiza byo kubaka igihugu.

Intore ziri ku rugerero mu murenge wa Base , zavuze  ariko ko hakiri inzitizi ku bijyanye n’imyunvire muri uyu murenge ,aho bavuze ko bamwe mu baturage bakifitemo imyunvire itari myiza.

zatangaje ko hari abaturage banga ko babafasha mu bikorwa bimwe na bimwe birimo nko kububakira uturima tw’igikoni, ngo bakavuga ko ari imburamukoro.

Intore ziri ku rugerero ariko zivuga ko bajyenda barushaho kubunvisha akamaro kabyo, bityo ngo abaturage bazajya bajyenda barushaho kubyunva gahoro gahoro.

Kanyamuhanda Donatien intore iri ku rugerero mu murenge wa Base,

yagize ati”muri uyu murenge ibikorwa by’intore biragenda neza ,ariko hari inzitizi imwe ikunze kutubangamira y’uko imyunvire y’abaturage bo muri uyu murenge batarunva neza akamaro k’ibikorwa turimo.Hari bamwe mu baturage batemera ko tubafasha kubaka akarima k’igikoni,kandi biri mu nyungu zabo.”

Iyi ntore ikomeza ivuga ko ikindi kibazo bafite ari ikijyanye n’uko urugendo rujya rubabana rurerure,ngo kubera imisozi igize aka karere.Ariko ngo byo si ikibazo kuko bagomba kurangiza ibyo biyemeje,birimo cyane cyane guhindura imyunvire itari myiza ku baturage b’uyu murenge.

Ahandi hasuwe ni mu murenge wa Bushoki,muri uyu murenge intore zagaragaje ibikorwa by’indashyikirwa zimaze kugeraho,aho bamaze gutera ibiti ku nkengero z’umuhanda bingana ni 135,babaruye abaturage batazi gusoma no kwandika n’ibindi.

Niwemukobwa Aline umukozi wo mu itorero ku rwego rw’igihugu ushinzwe ibikorwa by’intore yashimye intore zo mu karere ka Rulindo ,ko zikomeje kugaragaza ibikorwa byiza,aho yabijeje ko ubuyobozi bubari hafi kandi ko ibyo bakora bihabwa agaciro gakomeye.

Muri iki gikorwa hakaba hasuwe intore ziri ku rugerero mu mirenge ibiri ari yo ya Base ,ifite intore 69 na Bushoki ifite intore 67,ziri ku rugerero.

 

Rulindo Begerejwe Imashini zibumba amatafari ya rukarakara mu buryo bwa kijyambere.

Rwanda | Rulindo: Begerejwe Imashini zibumba amatafari ya rukarakara mu buryo bwa kijyambere.

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Rulindo Begerejwe Imashini zibumba amatafari ya rukarakara mu buryo bwa kijyambere.Rulindo Begerejwe Imashini zibumba amatafari ya rukarakara mu buryo bwa kijyambere.

Izi mashini ziri mu murenge wa shyorongi akarere ka Rulindo ngo zibumba  amatafari akomeye kandi menshi mu gihe gito nkuko byemezwa n’abazikoresha  ,bemeza ko  aya matafari aramba kurusha rukarakara zisanzwe zibumbwa n’iforoma ya Kinyarwanda.

Mugisha Wilson umuyobozi w’abakozi babumbisha izo mashini Ati “izi mashini zibumba amatafari akomeye kuko zirayatsindagira zikoresheje ijeki, bigatuma aza akomeye kurusha ayabumbwe n’iforomo y’intoki ikindi kandi ziroroshye kuzikoresha.”

Aya matafari ngo iyo abumbwa nta mazi bakoresha,ngo bakoresha  igitaka cyumutse neza, ngo izo mashini kandi zibumba amatafari menshi. Mujawayezu maria umwe mu babumbisha  izo mashini ati “izi mashimi ziroroshye kuzikoresha kuko ntibigusaba kunama wunamuka ngo uratsindagira nkuko bimeze ku iforoma, ikindi kandi ijyaho abakozi babiri, kandi ishobora kubumba  amatafari ijana ku munsi

Izi mashini zikaba  zaratanzwe na Minaloc izihaye akarere ka Rulindo mu rwego gufasha abaturage gutura heza.

 

 

Rwanda Gakenke Abakora akazi k’uburaya

Rwanda | Gakenke : Abakora akazi k’uburaya barahamagarirwa gukora bakiteza imbereRwanda,Rwanda Gakenke,Rwanda Rulindo,Rwanda Advice,Rwanda Cooperative,Rwanda Development

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Abakora akazi k’uburaya mu turere twa Gakenke na Rulindo barasabwa guhagurukira kujya mu makoperative kugira ngo biteze imbere, bityo bareke uburaya. Ibi babisabwe  mu mahugurwa y’umunsi umwe yabaye kuri uyu wa gatatu tariki 23/05/2012 mu karere ka Gakenke.

Rwanda Gakenke Abakora akazi k’uburaya

Muri ayo mahugurwa, bibukije ko  kwibumbira mu makoperative ari yo nzira yonyine yabafasha kwiteza imbere mu buryo bwihuse, aho basabwa gutanga imisanzu muri makoperative ibafasha kugurizanya hagati y’abo kugira ngo babone amikoro yo gushora mu bucuruzi.

Abakora akazi k’uburaya bibumbiye mu makoperative bemeza ko bateye intambwe mu kwiteza imbere n’ubwo inzira ikiri ndende kuko bagifite ikibazo cy’amikoro makeya.

Mukamugira Odille ukuriye koperative « Birashoboka » y’abakora akazi k’uburaya mu karere ka Rulindo asobanura ko koperative yabo imaze umwaka n’igice ikora, ariko ikaba imaze kugera kuri byinshi dore ko ifite ubushobozi bwo kuguriza abanyamuryango amafaranga yo gucuruza ubuconsho ikanakora imirimo ijyanye n’ubufumyi ndetse n’ubuhinzi.

Abakora akazi k’uburaya bavuga ko impamvu zabateye kwishora mu buraya ari imibereho mibi ndetse n’ubupfubyi kuri bamwe, nyamara bagahakana bivuye inyuma ko ari ingeso yabibateye kuko bashimangira ko  mu gihe babonye imibereho myiza bahita babusezerera ako kanya.

Bavuga ko mu kazi kabo bakora bahura n’ihohoterwa ritandukanye kuko abana babyarana n’abagabo batabemera kandi ntibabishyurwe amafaranga bumvikanye maze bakabura n’aho barega.


 

 

 

 

Rwanda Government encourages

Rwanda: Government encourages citizens to own house

Tags: , , , , , , , , ,



The mayor of Rulindo district has strongly reminded the 1994 Survivors of genocide against Tutsi that have been given houses to work hard for their own property.

Rwanda Government encourages

Justus Kangwagye said this recently as one of commemoration in Rulindo district saying that though there is a step taken by genocide survivors, they should not be left alone.

“A nice house is one that you will build for yourself and what is worth you, you need to find strength in yourself, you genocide survivor and develop yourself above the level you’re on” he said.

Today, at least every family of a genocide survivor in Rulindo district has a cow and a house but there is a lot that has not been achieved as Eric Rubayita the coordinator of IBUKA in Rulindo district explained.

“We are asking that the genocide survivors be given permanent documents for the houses that they were given. So that they can present them as collateral guarantee and get loans.”  He further commented.

 

Abatewe indwara zidakira muri

Rwanda | Genocide survivors call for urgent treatment

Tags: , , , , , , , , , , ,


Ibuka in Rulindo district is calling for special treatment for those with chronic diseases resulting from the 1994 genocide against Tutsi.

Rwanda | Abatewe indwara zidakira muri

The leadership of Ibuka in Rulindo district said that though genocide survivors who cannot support themselves are given medicine, there is special treatment and medicine that should be given to those with difficult and chronic diseases.

Eric Rubayita the director of Ibuka in Rulindo district said, “There is a need for special treatment to the people that got chronic diseases due to the genocide, and if nothing is done soon, some people might lose their lives when we still need them”.

He said that there is a way that they are preparing a way for people to get services from big hospitals since some of these diseases are curable.

He thanked FARG that supports and helps genocide survivors who are not able to support themselves in accommodation, education and in medical care.

Mu ndyo z’abanyarulindo

Rwanda : Mu ndyo z’abanyarulindo hagiye kwiyongeraho amafi

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Mu ndyo z’abanyarulindo

Mu gihe mu karere ka Rulindo nta soko ry’amafi rihaboneka, kuri ubu hubatswe ibyuzi 90 mu mwaka umwe mu mirenge itandukanye igize aka karere, hagamijwe kongera urwego rw’imirire myiza mu batuye aka karere.

Ibi byuzi bizajya bitanga amafi agera ku biro 40 kuri are imwe, ngo aje kunganira ubundi bwoko bw’ inyama busanzwe buboneka muri Rulindo, nk’uko bivugwa na Dr Ndagijimana Joseph, ushinzwe ubworozi muri Rulindo.

Ati: “ikiro cy’amafi ntabwo kizaba gihenze. Kizahagarara hagati y’amafaranga 1500 na 2000, bitewe n’uko nta mafaranga y’urugendo rw’amafi kuko umuturage azajya ayabona hafi ye”.

Kugeza ubu, imirenge 11 mu karere ka Rulindo ifite ibyuzi by’amafi, ndetse ngo hari gahunda yo kugeza ubu bworozi mu yindi mirenge itandatu, bitarenze umwaka wa 2013, nk’ uko bivugwa na Dr Ndagijimana.

Kuva muri 2010, akarere ka Rulindo gafashijwe n’umushinga PAIGELAC, ushinzwe guteza imbere ubworozi bw’amafi muri minisiteri y’ubuhinzi, hatangiye gahunda yo gusana ndetse no kongera ibyuzi by’amafi mu Karere ka Rulindo.

Rwanda | Rulindo - Mu minsi 3

Rwanda | Rulindo – Mu minsi 3 hamaze gukusanywa amafaranga arenga miliyoni 1 yo gufasha abarokotse

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda | Rulindo - Mu minsi 3

Mu karere ka Rulindo hamaze gukusanywa amafaranga arenga miliyoni 1 y’amafaranga y’u Rwanda, mu minsi itatu ya mbere y’icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 18, agamije gufasha abarokotse jenoside bagifite ibibazo kurusha abandi.

Nk’uko bivugwa n’umuyobozi w’akarere ka Rulindo wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu Mulindwa Prosper, ngo aya mafaranga amaze kurenga miliyoni imwe, kuko buri munsi haba igikorwa cyo gukusanya iyi nkunga.

Aya mafaranga ngo azakoreshwa harebwa igikorwa cy’ingenzi cyakorerwa abarokotse batishoboye, ku buryo cyabagirira akamaro mu gihe kirekire.

Ati: “niturangiza ibijyanye no gukusanya inkunga, tuzareba uko amafaranga avuyemo angana, maze tube twayagura  nk’ inka zizahabwa abarokotse, ku buryo nabo bazaziturira abandi igihe zizaba zabyaye”.

Kugeza ubu mu karere ka Rulindo buri muryango wacitse ku icumu ufite icumbi, ndetse n’inka byibura imwe, iyi nkunga ikazafasha mu kurushaho kubafasha kwiteza imbere no kuva mu bwigunge.


 

 

Rwanda : District gives houses to poor people

Tags: , , , , , , , , ,


 

People who have evacuated from grass thatched houses (Nyakatsi) in Rulindo district are to plant trees and kitchen gardens for new houses offered to them for family promotion and welfare.

This was said recently by the National committee in charge of removing thatched houses during their visit to Rulindo district to see how far they are dealing with Post Nyakatsi.    

Major Sekoko Kisangani and Esdras Hitayezu who are members of this committee said that they are making a review to see if all houses that were built for people who evacuated grass thatched houses are settled in and if the number of the houses built correspond to the number of people that were evacuated.

This team that visited Rulindo district also visited some of the families that were evacuated in grass thatched houses in Ntarabana sector which are now developing themselves through VUP Umurenge.

In Rulindo district, there are about 1632 houses that were built for people who were evacuated but some of them are not yet fully furnished.  Jean Nepomuscene Kayiranga the vice mayor for social affairs said that by the end of May, they will be ready.

 

Rwanda Bugesera Residents request

Rwanda | Bugesera: Residents request for promised iron sheets

Tags: , , , , , , , , ,


Rwanda Bugesera Residents request

Residents of Rulindo district -Musenyi sector have asked the administration to give them the iron sheets promised to them for roofing the cell offices.

Due to the increased rent on the house where the cell administration operates from, residents together with their leaders decided to contribute money and start building in June last year 2011.

However, building stopped after three months because of financial crisis. Since then, the building just stands without a roof which might fall due to much rain on the unfired blocks, residents say.

Advisory committee president for Rulindo Jean Baptiste Byangamanywa discloses that if the house is not roofed soon, rainy season might destroy the building.

“I request that the district authorities give us roofing materials they promised us; if not so the residents’ efforts will be wasted,” Byangamanywa says.

Executive secretary for Musenyi sector Oscar Murwanashyaka confirms that if the district gives 74 iron sheets promised, the sector will provide the rest.

Bugesera district mayor Louis Rwagaju adds that the iron sheets promised will be available within a week and thanked the residents for their commitment in building their administration offices.

Rulindo cell offices are operating in one of the houses in Rumuna trading centre rented at Rwf5000 per month.

 

 

 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia