Abanyeshuri bo muri kaminuza gatorika y’u Rwanda ishami riri mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara bibumbiye muri association FESA (Future Entrepreneurs Students Association), barahamagarira urubyiruko rw’u Rwanda aho ruri hose kumenya ko arirwo mbaraga z’igihugu bityo rugaharanira kwigira ruzamura n’abari hasi.
Tariki 11/5/2013 Ubwo abanyeshuri bo muri kaminuza gatorika y’u Rwanda baba muri association igamije gushaka uburyo bwo kwizamura no kuzamura abandi yitwa FESA bakoraga igikorwa cy’umuganda mu rugo rw’umwe mu baturage batishoboye bo mu kagari ka Gatoki mu murenge wa Save aho iyi kaminuza ibarizwa, batangaje ko biri mu bikorwa bagamije mu rwego rwo gufasha abakiri hasi kuzamuka bagana ku kwigira.
Byagaragaye rero ko ibi bikorwa bafite byo gufasha abandi kuzamuka, abo babigezaho babyishimira, cyane ko aba banyeshuri ari nabo bibwiriza ntawe ubibasaba. Umukecuru Mukarusine Elizabeti basaniye inzu yari igiye kugwa, bayihoma n’ibyondo ndetse bakanamworoza ihene ifite agaciro k’ibihumbi 16000, aravuga ko iki gikorwa cyamushimishije cyane ko aramutse afite uko abitura yabikora.
Ntawuzumunsi Elias umunyeshuri uhagarariye association FESA avuga ko ibikorwa bateganya bifuza ko byagirira akamaro igihugu ariko bihereye hafi yabo aho biga, ariyo mpamvu basabye ubuyobozi bw’akagari kaminuza yabo irimo ko bwabafasha kubona umwe bapfakazi ba Jenoside yo muri mata 1994 utishoboye ukeneye ubufasha bakaba bagira igikorwa gito bamukorera muri iyi minsi 100 yo kwibuka, ndetse baka banamuha itungo babasha kubona rikajya rimufasha kwikenura ndetse akaba yanazamukiraho yivana mu bukene.
Ati “Icyo tugenedereye ni ugufatanya kuzamura igihugu ntawe dusize inyuma, ariyo mpamvu twahereye kuri uyu mukecuru ubayeho mu buzima butoroshye wari ufite n’inzu itameze neza ngo tumufashe nawe abe yazamuka”
Aba banyeshuri kandi banavuga ko ibikorwa nk’ibi ndetse n’ibyisumbuyeho bitewe n’ubushobozi umuntu afite, byagakwiye kuranga urubyiruko aho ruri hose mu gihugu cyane ko ngo aribo mbaraga z’igihugu, rugaharanira kwigira ariko rutanasiga inyuma abagifite integer nke.
Iyi kaminuza gatorika y’u Rwanda ishami rya Save igiye kumara hafi imyaka 3 itangiye, yitezweho guhindura byinshi mu iterambere muri uyu murenge wa Save ndetse no mu karere muri rusange, kandi byatangiye kugaragara ko n’ubucuruzi bwazamuye intera muri uyu murenge.












