Tag Archive | "Rwanda Advocacy"

Agace kanini ka Gitisi kagizwe n’imisozi y’amabuye

Ruhango: Akazi ko guhonda amabuye karabatunze ariko imvune bakuramo ni nyinshi

Tags: , , , , , , ,


Agace kanini ka Gitisi kagizwe n’imisozi y’amabuye

Agace kanini ka Gitisi kagizwe n’imisozi y’amabuye

Abaturage batuye mu mudugudu wa Nyarunyinya mu kagari ka Gitisi umurenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, batunzwe n’umwuga wo guhonda amabuye. Gusa ngo nubwo uyu mwuga ubatunze ntibawishimiye na gato.

Muri uyu mudugudu harimo abagikora umwuga w’ubuhinzi ariko abenshi guhinga barabihagaritse ahubwo bayoboka umwuga wo guhonda amabuye, ndetse n’abagikora ubuhinzi iyo bahinguye bongeraho guhonda amabuye.

 

Bamwe mu baturage twasanze muri aka kazi ko guhonda amabuye, bavuga ko gukora akazi ko guhonda amabuye ari amaburakindi, ngo bagize amahirwe babona ubundi buryo bwo gukora nk’uko byavuzwe na Mugenzi Ephron.

Mushimiyimana Eva  umugore w’imyaka 25 nawe atunzwe no guhonda amabuye, avuga ko atazi mu gihe cy’imyaka nk’itanu iri imbere uko azaba ameze kuko ngo buri gihe iyo avuye muri aka kazi ataha ababara agatuza, aka kazi ngo akaba akamazemo imyaka itatu yose agakora nyamara ngo nta n’ikintu arageraho gifatika.

Nyiraminani Veronica nawe ni umudamu w’imyaka 20, ubwo twamusanganga mu kazi ke, yari kumwe n’umwana w’uruhinja rumuririra mu mugongo. Ati “none se ntaje guhonda aya mabuye, urabona uyu mwana namutungishiki ko se twananiranywe,”

Abakora uyu mwuga bavuga ko bahura n’ingaruka nyinshi

Abakora uyu mwuga bavuga ko bahura n’ingaruka nyinshi

Abakora uyu mwuga bose wo guhonda amabuye bose, iyo ubabajije amafaranga binjiza ku munsi, bakubwira ko batayazi ngo kuko hari n’igihe bakubita mu mezi atatu batarabona ubagurira. Ndetse ngo hari n’igihe bemera guhendwa bitewe n’ubukene.

Bati “hari igihe imodoka ishobora kuba ipakirirwa ibihumbi 25, ariko kubera ko nta bakiriya dupfa kubona, hari igihe haza umuntu akaba yapakirira imodoka ibihumbi 15. Ubwo se ayo mafaranga mu mezi atatu kandi mugomba kuyagabana, yakumarira iki?”

Gusa nanone ikibababaza cyane, ngo ni uko usanga muri izi mvune zose iyo bagize amahirwe bakabona umukiriya ubagurira, usanga imodoka bayikatwaho ibihumbi 3 by’umusoro.

 

Rusizi: Abayobozi barasabwa kubakira abacitse ku icumu amazu kuko aho bari hababangamiye

Tags: , , , , , , ,


Rusizi: Abayobozi barasabwa kubakira abacitse ku icumu amazu kuko aho bari hababangamiyeBitewe nuko amazu y’abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi amaze gusaza mu karere ka Rusizi, basanga igikorwa cyo kububakiara andi kigomba kwihutishwa kuko aho bari hatabakwiriye, ngo kuba abacitse ku icumu bagicumbitse muri ayo mazu adasobanutse ntibivuga ko akarere katazi ikibazo cyabo, gusa ngo bitewe n’uko ari benshi bahuriweho n’icyo kibazo nibyo byatindije iyubakwa ry’amazu yabo ariko nanone ngo ntibagomba kwiheba kuko akarere kazi ingorane bafite kuko bari gushakirwa uburyo bwose bwo kububakira amacumbi meza ajyanye n’igihe

Nirere Francoise Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu imari n’iterambere muri aka karere yatangaje ko hazashyirwaho amatsinda y’Imirenge agomba  gusura inzu ku yindi kugira ngo bamenye abakwiye kubakirwa vuba kuko bose batababaye kimwe, hari abari mu mazu ashaje cyane kuburyo bukabije ku ikubitiro akaba yavuze ko aribo babanza gusanirwa, kandi batangaje ko Iryo tsinda  rizaba rigizwe na Affaire Sociale w’Umurenge, Uhagarariye Ibuka, Uhagarariye AVEGA ndetse n’Inkeragutabara mu rwego rwo kugirango icyo gikorwa kizarusheho kugenda neza  bitewe nuko abacitse ku icumu bacumbitse ahantu habi mu mazu ashaje nkuko byakomeje kuvugwa muri aka karere, hafashwe umwanzuro wo kwihutisha isuzuma ry’amazu agomba kubakwa vuba kuburyo igikorwa cyo gusuzuma kitagomba kurenza  icyumweru kimwe.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere Ndemeye Arbert yavuze izi nzu zigomba gukurikiranywa muburyo bwo kuzubaka kuko ngo zizatwara amafaranga menshi barasaba inkeragutabara kuko ari nabo bazubaka aya mazu kutazayasondeka,  akaba yanasabye buriwese kubigira inshingano ze ,yasobanuriye abitabiriye inama uko amasezerano y’abazubaka ayo mazu azaba ateye ndetse n’uko azashyirwa mu bikorwa n’inshingano za buri ruhande. bemeje kandi ko Komite Nshingwabikorwa  ( zigizwe n’Inkeragutabara 7) zizaba ku rwego rw’Akagari  kugira ngo inzu zizabashe kwihutishwa. Komite Ngenzuzi ( igizwe n’Abantu 5 baturuka ku Buyobozi bw’Umurenge, Inzego za IBUKA na AVEGA) nayo ikaba ku rwego rw’Umurenge. Hemejwe kandi ko Inkeragutabara zizatanga ibigomba gukorwa kugira ngo babashe guhabwa amafaranga akenewe ukurikije ibizakorwa kugirango aya mazu azabe yujuje ibisabwa.

Nk’uko byifujwe na Gereza ko bakubakira bamwe mu bacitse ku icumu  inzu, abitabiriye inama bemeje ko Abagororwa bazubaka inzu 5 mu Murenge wa Mururu, gusa abagororwa barasaba Akarere cyangwa Umurenge kubabonera ibikoresho hanyuma nabo bakagaragaza umusanzu wabo mu rwego rwo gufata mu mugongo abacitse ku icumu doreko bagize uruhare muri izo ngaruka zose ziri kubacitse ku icumu.

Rusizi: Abayobozi barasabwa kubakira abacitse ku icumu amazu kuko aho bari hababangamiye

Rusizi: Abayobozi barasabwa kubakira abacitse ku icumu amazu kuko aho bari hababangamiye

Tags: , , , , , , , ,


Rusizi: Abayobozi barasabwa kubakira abacitse ku icumu amazu kuko aho bari hababangamiyeBitewe nuko amazu y’abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi amaze gusaza mu karere ka Rusizi, basanga igikorwa cyo kububakiara andi kigomba kwihutishwa kuko aho bari hatabakwiriye, ngo kuba abacitse ku icumu bagicumbitse muri ayo mazu adasobanutse ntibivuga ko akarere katazi ikibazo cyabo, gusa ngo bitewe n’uko ari benshi bahuriweho n’icyo kibazo nibyo byatindije iyubakwa ry’amazu yabo ariko nanone ngo ntibagomba kwiheba kuko akarere kazi ingorane bafite kuko bari gushakirwa uburyo bwose bwo kububakira amacumbi meza ajyanye n’igihe

Nirere Francoise Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu imari n’iterambere muri aka karere yatangaje ko hazashyirwaho amatsinda y’Imirenge agomba  gusura inzu ku yindi kugira ngo bamenye abakwiye kubakirwa vuba kuko bose batababaye kimwe, hari abari mu mazu ashaje cyane kuburyo bukabije ku ikubitiro akaba yavuze ko aribo babanza gusanirwa, kandi batangaje ko Iryo tsinda  rizaba rigizwe na Affaire Sociale w’Umurenge, Uhagarariye Ibuka, Uhagarariye AVEGA ndetse n’Inkeragutabara mu rwego rwo kugirango icyo gikorwa kizarusheho kugenda neza  bitewe nuko abacitse ku icumu bacumbitse ahantu habi mu mazu ashaje nkuko byakomeje kuvugwa muri aka karere, hafashwe umwanzuro wo kwihutisha isuzuma ry’amazu agomba kubakwa vuba kuburyo igikorwa cyo gusuzuma kitagomba kurenza  icyumweru kimwe.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere Ndemeye Arbert yavuze izi nzu zigomba gukurikiranywa muburyo bwo kuzubaka kuko ngo zizatwara amafaranga menshi barasaba inkeragutabara kuko ari nabo bazubaka aya mazu kutazayasondeka,  akaba yanasabye buriwese kubigira inshingano ze ,yasobanuriye abitabiriye inama uko amasezerano y’abazubaka ayo mazu azaba ateye ndetse n’uko azashyirwa mu bikorwa n’inshingano za buri ruhande. bemeje kandi ko Komite Nshingwabikorwa  ( zigizwe n’Inkeragutabara 7) zizaba ku rwego rw’Akagari  kugira ngo inzu zizabashe kwihutishwa. Komite Ngenzuzi ( igizwe n’Abantu 5 baturuka ku Buyobozi bw’Umurenge, Inzego za IBUKA na AVEGA) nayo ikaba ku rwego rw’Umurenge. Hemejwe kandi ko Inkeragutabara zizatanga ibigomba gukorwa kugira ngo babashe guhabwa amafaranga akenewe ukurikije ibizakorwa kugirango aya mazu azabe yujuje ibisabwa.

Nk’uko byifujwe na Gereza ko bakubakira bamwe mu bacitse ku icumu  inzu, abitabiriye inama bemeje ko Abagororwa bazubaka inzu 5 mu Murenge wa Mururu, gusa abagororwa barasaba Akarere cyangwa Umurenge kubabonera ibikoresho hanyuma nabo bakagaragaza umusanzu wabo mu rwego rwo gufata mu mugongo abacitse ku icumu doreko bagize uruhare muri izo ngaruka zose ziri kubacitse ku icumu.

Ngororero: Umuyobozi w’akarere yijeje abarokotse jenoside ko ibibazo bafite bigiye gukemurwa

Ngororero: Umuyobozi w’akarere yijeje abarokotse jenoside ko ibibazo bafite bigiye gukemurwa

Tags: , , , , , , , ,


Ngororero: Umuyobozi w’akarere yijeje abarokotse jenoside ko ibibazo bafite bigiye gukemurwa
Bimwe mubibazo abarokotse jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 94 bo mu karere ka Ngororero umuyobizi w’akarere Ruboneza Gedeon avuga ko bigiye kwihutishwa ni ibirebana n’imitungo cyane cyane itimukanwa, kurangiza imanza no kubakira abagituye ahantu hadatunganye.
Ruboneza avuga ko kuba hakiri ibibazo nkibyo bitarakemuka nyuma y’imyaka 19 atari uburangare ahubwo biterwa n’ubushobozi akarere gafite ndetse ibindi bikaba bigomba kunyura mumanza nazo zikaba zidahita zirangira.

Mayor Ruboneza arizeza abarokotse ko ibibazo byabo bigiye gukemurwa
Indi mbogamizi akarere gafite mukurangiza ibibazo nkibyo ni umubare munini w’abatishoboye bakeneye ubufasha, bityo bakaba bafashwa gahoro gahoro bitewe n’ubushobozi buhari.
Kubirebana no kurangiza imanza no kwishyura imitungo, Niyonsenga Jean d’Amour uhagarariye abarokotse mu karere ka Ngororero avuga ko hari abanga kwishyura iyo mitungo kandi bafite ubushobozi, bisa no guhimana.
Niyonsenga kandi, avuga ko kuba abangije imitungo batishoboye bazakoreshwa imirimo ifitiye igihugu akamaro, leta ikwiye kugira icyo izajya igenera abagombaga kwishyurwa iyo mitungo bavanye mubyinjijwe mumirimo ikorwan’abagombaga kwishyura.
Kuri iki kibazo, ubuyobozi bw’akarere ndetse n’ubwa Ibuka bakaba baremeye kubikorera ubuvugizi. Kuba hakiri ibibazo by’abacitse kwicumu bitarakemurwa ni kimwe mubyo abarokotse bavuga ko bidindiza gahunda yabo yo kwiyubaka.

 

Gatumba: Umuturage wasenyewe n’interahamwe mu 1992 arasaba ubufasha mukubaka

Gatumba: Umuturage wasenyewe n’interahamwe mu 1992 arasaba ubufasha mukubaka

Tags: , , , , , ,


Umugabo witwa Namabajimana Alphred wo mudugudu wa Musagara mu kagali ka Cyome mu murenge wa Gatumba ho mu karere ka Ngororero arasaba Leta ubufasha mukubaka inzu yo gutura mo kuko iyo arimo ubu idatunganye kandi ikaba yarasenywe n’interahamwe mu 1992.

Nkuko Nambajimana abitangaza, ngo mu 1992 yahizwe n’interahamwe zari muri ako gace ziyobowe n’uwitwa Teganya Innocent wari umukozi muri sosiyete icukura amabuye y’agaciro atandukanye muri ako gace, akaba yari n’umujyanama wa komini Kibirira, ubu ni mu murenge wa Gatumba.

Gatumba: Umuturage wasenyewe n’interahamwe mu 1992 arasaba ubufasha mukubaka

Nambajimana Alphred usaba gufashwa

Interahamwe zasenyeye Nambajimana ngo zari zoherejwe na Teganya kumusaba kujya muri MRND ngo kuko bavugaga ko ari mubarwanya Leta, maze basanze adahari kuko yari yamenye umugambi wabo agahunga bahitamo kumusenyera.

Kuva ubwo, uwo mugabo aracyatuye muri iyo nzu yagerageje gusana ariko akavuga ko akeneye ubufasha kugira ngo ayubake neza kuko ntamikoro afite, dore ko ntanakazi agira kandi akaba akuze kumyaka 65.

Nubwo Nambajimana avuga ko ugusaba kwe atigeze akugeza munzego zo hejuru, yemeza ko ubuyobozi bw’inzego zibanze mu murenge wa Gatumba buzi ikibazo cye ndetse bukaba bwaranamusabiye inka yo korora muri gahunda ya girinka, dore ko izo yari afite zariwe icyo gihe.

Ruhango : Abarokotse Jenoside barasaba gufashwa kubona imibiri y’ababo ngo ishyingurwe mu cyubahiro

Ruhango : Abarokotse Jenoside barasaba gufashwa kubona imibiri y’ababo ngo ishyingurwe mu cyubahiro

Tags: , , , , , , , , ,


Ruhango : Abarokotse Jenoside barasaba gufashwa kubona imibiri y’ababo ngo ishyingurwe mu cyubahiro

Abarokotse jenoside ngo babazwa n’imyaka 19 batarashyingura ababo mu cyubahiro

Abarokotse jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994 bo mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, barasaba abanyarwanda bose by’umwihariko abireze bakemera ibyaha ko bajya batanga amakuru y’ahaba haherereye imibiri y’ababo bishwe muri jenoside.

Ubuyobozi bw’umurenge wa Bweramana bwo buvuga ko bukomeje gahunda yo gukangurira abaturage gutanga amakuru y’aho baba bazi ko imibiri iherereye nayo igashyingurwa mu cyubahiro.

Abafite ababo bari baje gushakisha imibiri y’ababo bavuga ko bakibangamiwe nuko mu myaka 19 itambutse bitaboroheye kubona amakuru yaho imibiri yababo yaba iherereye kugirango ishyingurwe mu cyubahiro mugihe kandi ngo iyo bazi ko ababo bashyinguwe mucyubahiro bibaruhura imitima.

Bityo bagasaba inzego bireba ko bafashwa gutangarizwa aho imibiri y’ababo iherereye maze igashyingurwa mu cyubahiro.

Nyuma yo kumva ibyifuzo by’abarokotse jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994, twegereye ubuyobozi bw’umurenge wa Bweramana, maze Muhawenimana Eric ushinzwe imibereho myiza y’abaturage muri uyu murenge avuga ko hakiriho abantu bimana amakuru. cyakora ngo hariho gahunda y’ubukangurambaga mu gutanga amakuru yahazwi ko hari imibiri maze igashyingurwa mu cyubahiro.

Kimwe n’ahandi mu Rwanda hose mu gihe cyo kwibuka  jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994, usanga hirya no hino hariho ibikorwa byo gushakisha imibiri ndetse no kuyishyingura mu cyubahiro.

Muri uyu murenge wa Bweramana hakaba hamaze kuboneka imibiri igera kuri 12 biteganyijwe ko izashyingurwa mu cyubahiro tariki ya 13/04/2013.

 

 

Kamonyi: Barasaba ko abakene barushaho kongererwa ubushobozi ngo babashe kwigira

Tags: , , , , , , , , ,


Mu kiganiro ku miyoborere myiza igamije kwigira, cyatangiwe ku Ruyenzi n’umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Runda, tariki 11/4/2013, abaturage bashimye gahunda z’iterambere leta yashyizeho, ariko basaba ko abaheranywe n’ubukene barushaho kwitabwaho.

Mu kungurana ibitekerezo kuri gahunda Leta y’Ubumwe yashyizeho ngo zifashe abanyarwanda kwiteza imbere, abaturage bagaragaje ko hari ibigega byashyizweho ngo byunganire abaturage nk’ Ikigega cya Leta gitera inkunga abacitse ku icumu rya jenoside, ikigega cy’ingwate, ikigega gifasha abanyeshuri batishoboye, n’ibindi.

Hari na gahunda zo kwivana mu bukene zashyizweho, nka Gira inka Munyarwanda, Ubudehe, VUP (Vision 2020 Umurenge program), gahunda y’ivugurura buhinzi no kugeza ibikorwa remezo ku baturage.

Abaturage bitabiriye ibiganiro bahamya ko izo gahunda zafashije bamwe muri bo kugera ku iterambere. Ariko kandi ngo babona hakiriho icyuho gikabije hagati y’abakire n’abakene. Abakize bararushaho gukira cyane naho abakene ntibave aho bari.

Aha abaturage basabye ubuyobozi ko bwashyiraho politiki zihamye zo gufasha abakene, na bo bagatera imbere.

Bamwe mu baturage kandi bagarutse ku nyito y’ibyiciro by’ubudehe bashyirwamo; bakaba bavuga ko icyiciro cy’abatishoboye kurusha abandi bi ta “abahanya”, iryo zina ridahesha agaciro abakirimo.

Rwanda commemorates 19 year after the 1994 genocide against Tutsis

Ruhango genocide survivors search for bodies of loved ones

Tags: , , , , , , ,


The survivors of the 1994 genocide against Tutsis in Bweramana sector in Ruhango district ask all Rwandans especially genocide perpetrators who accepted their crimes and asked for forgiveness to give information on the whereabouts of where they buried the bodies of their victims to be laid to their final resting places.

The management of Bweramana sector says they are still carrying out the sensitization program to give information on the whereabouts of genocide victims’ bodies to be buried in respects like all genocide victims.

Rwanda commemorates 19 year after the 1994 genocide against Tutsis

Rwanda commemorates 19 year after the 1994 genocide against Tutsis

People who their loved ones and families members who were the victims of the 1994 genocide that annihilated more than 1 million Tutsis who have not yet found their bodies say it bothers them that after 19 years, they haven’t buried the bodies of their people.

Burying the bodies of the genocide victims gives closure and peace of mind to their family members. This is the reason why residents of Bweramana sector are pleading to anyone who has information on the whereabouts of genocide victims to make it known and be put to rest.

Eric Muhawenimana the social affairs official in Bweramana sector says people still have a tendency to withhold such kind of information especially avoiding to implicate themselves in certain cases.

“There is however a sensitization program going on to encourage people to give such information on the whereabouts of genocide victims’ bodies to be buried in respects to their final resting places” says Muhawenimana.

Like everywhere in Rwanda, the search for genocide victims’ bodies and laying them to rest in genocide memorial sites happens during the commemoration periods. In Bweramana sector, only 12 bodies of the genocide victims were found and will be buried respectfully on this Saturday 13th.April.2013.

 

m_01

Ngororero: poor community call for special support

Tags: , , , , ,


Ngororero: poor community call for special support

Alphonse Munyanzira talking of the problems experienced by the community

The historically marginalized community in Ngororero District need special support for the under development experienced by their family members says Boniface Munyanzira a leader to this group.

Though Rwandan is on a quick wheel to development as well as Ngororero district, Munyanzira says that the pigmies in COPORWA (the cooperative for Potters in Rwanda) that he presents are still far from development.

 Children of the pigmies commonly referred to as Historically Marginalized or locally as ‘Abasangwabutaka’ do not get access to education as other residents. This is mainly due to the poor situation of the pigmies who cannot provide for themselves and unfortunately all of them were never included on the list to be supported by the government.

Children of the pigmies manage to get basic education from the free Universal Education System but cannot attain more than this due to their poverty. Munyanzira says he even presented this issue to the Ministry of Local Governments (MINALOC) but no solution has been provided yet.

Munyanzira wants the government to give special support to the pigmy society for them to be able to solve their own problems and be able to join the rest of the Rwandans in the development of their country.

The Management of Ngororero district say they do not discriminate in supporting the needy and the local people make the list of those that need to be supported and the district has no capacities of providing special support.

Ngororero: Abashigajwe inyuma n’amateka barasaba guhabwa ubufasha bw’umwihariko

Ngororero: Abashigajwe inyuma n’amateka barasaba guhabwa ubufasha bw’umwihariko

Tags: , , , , ,


Ngororero: Abashigajwe inyuma n’amateka barasaba guhabwa ubufasha bw’umwiharikoUmuyobozi w’abo amateka agaragaza ko basigaje inyuma bazwi kwizina ry’Abasangwabutaka, bwana Munyanzira Boniface arasaba ubuyobozi bw’akarere kubaha ubufasha bw’umwihariko kubera gusigara inyuma gukabije kukigaragara mubanyamuryango ayoboye.

Nubwo munyanzira ashima iterambere ry’u Rwanda n’iry’akarere ka Ngororero by’umwihariko, avuga ko abasangwabutaka ahagarariye mu karere ka Ngororero no munama y’igihugu yabo COPORWA (Cooperative des Potiers du Rwanda) bigaragara ko bakiri inyuma mu iterambere.

Ahanini, Munyanzira avuga ko abana babo basigara inyuma mubirebana n’uburezi ahanini bitewe n’uko abenshi mubanyamuryango ayoboye batishoboye kandi bose bakaba batarabashije gushyirwa kurutonde rw’abafashwa na Leta.

Munyanzira arasaba ko abasangwabutaka bahabwa ubufasha bwihariye

Uretse kuba abana babo ngo biga amashuli y’ibanze kubuntu, ngo iyo bakeneye kwiga amashuli ya kaminuza ntibababishobora kubera amikoro, ndetse akavuga ko icyo kibazo yanakigejeje muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu MINALOC, ariko akaba atarabona igisubizo.

Kubwe, munyanzira arasaba leta kubaha ubufasha bw’umwihariko kugira ngo nabo babashe gukemura ibibazo bafite maze bafatanye n’abandi baturage mwiterambere ry’igihugu. Ubuyobozi bw’akarere bwo buvuga ko mugufasha abaturage ntanumwe burobanura, kandi ko abaturage ubwabo aribo bashyira abakene kurutonde bityo bakaba ntabundi bushobozi akarere gafite bwo gutanga ubufasha bwihariye.

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia