Tag Archive | "Rwanda against"

NYAGATARE GUTANGA AMAKURU BIZAGABANYA IBIYOBBYABWENGE

NYAGATARE GUTANGA AMAKURU BIZAGABANYA IBIYOBBYABWENGE

Tags: , , , , , , , , , , ,


NYAGATARE GUTANGA AMAKURU BIZAGABANYA IBIYOBBYABWENGENYAGATARE- Gutanga amakuru ku biyobyabwenge mu nzego zibakuriye ni kimwe mu bikangurirwa abayobozi b’inzego z’utugari n’imidugudu by’umwihariko mu mirenge ihana imbibe n’igihugu cya Uganda.

Ibi byahuriweho n’ubuyobozi bwa Police n’akarere ka Nyagatare kuri uyu wa 8/5/2013 mu gikorwa cyo kumena ibiyobyabwenge byafatiwe mu mirenge itandukanye y’aka karere.

Nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare ngo ibiyobyabwenge ni byo biza imbere mu mpamvu z’uguhungabana k’umutekano.

Gusa ariko ngo uruhare rwa buri rwego kugeza ku muturage ni rwo rukenewe kugira ngo iki kibazo gicyemuke. Ibi ni ibitangwazwa na Atuhe Sabiti Fred umuyobozi w’aka karere, anashingiye ku ngaruka bigira haba ku mutekano, ubukungu n’ubuzima bw’abaturage.

Icyakora hagamijwe gucyemura iki kibazo ku buryo burambye hatangiye ibiganiro hagati y’u Rwanda na Uganda, kuko kugeza ubu imwe mu mbogamizi ziri ku rugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge ari uko muri iki gihugu hari inzoga zitabarwa mu ibiyobyabwenge kandi ari ho byinhsi bituruka.

Ubuyobozi bwa Police mu karere ka Nyagatare butangaza ko mu gukumira ukwinjira kw’ibiyobyabwenge mu karere ka Nyagatare ingamba zikaze zikwiye gufatwa mu mirenge ihana imbibi n’igihugu cya Uganda by’umwihariko ahantu bigaragara ko bigoye kugenzura ibyinjira mu Rwanda.

Ni byo byasobanuwe na Superitendant Eric Mutsinzi umuyobozi wa police mu karere ka Nyagatare.

Ibiyobyabwenge byamenwe ni litiro 180 za kanyanga y’insukano na toni 2 n’ibiro 900 za Chief warage n’izindi nzoga zo mu masachet kimwe n’ibiro bibiri by’urumogi.

 

Nyamagabe: FODECO yiyemeje kuzakoresha amafaranga yayo mu guhangana n’ingaruka za jenoside.

Nyamagabe: FODECO yiyemeje kuzakoresha amafaranga yayo mu guhangana n’ingaruka za jenoside.

Tags: , , , , , , , , , ,


Nyamagabe: FODECO yiyemeje kuzakoresha amafaranga yayo mu guhangana n’ingaruka za jenoside.Abagize koperative y’abacuruzi baciriritse bakorera mu mujyi wa Kigali ahitwa muri Sar Motor I Remera (FODECO) batangaza ko amafaranga yabo bazayakoresha mu guhangana n’ingaruka za jenoside aho kuyakoresha mu bikorwa bisenya igihugu.

Ibi ni ibyatangajwe n’umuyobozi wa FODECO, Umutesi Julia, ubwo abanyamuryango bayo basaga 70 basuraga urwibutso rwa jenoside rwa Murambi kuri uyu wa kane tariki ya 25/04/2013 baje kwigira amateka kuri uru rwibutso, ngo n’abato bayirimo bamenye ukuri kuri jenoside yakorewe abatutsi, ndetse n’abandi bakuru babashe kwibonera ibimenyetso by’umugambi wo kurimbura abatutsi.

Umutesi yatangaje ko abacuruzi bagize uruhare muri jenoside bityo abacuruzi bakaba bakwiye gusura inzibutso za jenoside ngo bafate ingamba zo kuba batashora imari yabo mu bikorwa bisenya igihugu nk’uko bagenzi babo babikoze.

Ati: “Muri jenoside n’abacuruzi babigizemo uruhare. Rero abacuruzi tudafashe igihe cyo kuza aha ngaha  kugira ngo tutazongera kugira uruhare ukundi nk’uko abandi bacuruzi twumvise babigenje mu gihe cya jenoside byaba ari amakosa”.

Umuyobozi wa FODECO yatangaje ko jenoside itazongera kubaho kuko bo batakwemera gushoramo amafaranga yabo, ahubwo bazayashora mu guhangana n’ingaruka zayo.

“Ntabwo jenoside izongera kubaho, amafaranga yo ayacu dufite nk’uko twabyiyemeje tuzayakoresha duhangana n’ingaruka za jenoside yabaye 1994, dufasha abatishoboye basizwe iheruheru n’iyo jenoside,” Umutesi.

Ibikorwa bya FODECO byagaragaje ko imvugo ariyo ngiro, kuko bahise bajya gusura umwe mu bacitse ku icumu rya jenoside utuye mu mudugudu wa Munyege mu kagari ka Ngiryi mu murenge wa Gasaka unabana n’ubumuga bw’ingingo kuko atagenda kubera kurwara imbasa akiri muto, ikaba yamuhaye ubufasha bw’ibihumbi 500 bw’amafaranga y’u Rwanda.

Nshimiyimana Mivumbi Justin w’imyaka 57 wabeshwagaho no gucuruza utuntu dutandukanye mu ikarito nka bombo, shikareti, itabi n’ibindi yashoyemo ibihumbi 20 yakuye mu nkunga y’ingoboka yahawe n’ikigega gitera inkunga abacitse ku icumu (FARG), yatangaje ko yishimiye kuba atewe inkunga akaba agiye kongera igishoro cye.

“Ubu ngiye gukoresha uko nshoboye kose nange nyabyaze kubaho. Nzongera utwo nacuruzaga,” Nshimiyimana.

Uretse gufasha uyu mugabo ufite umugore n’abana batanu bamuha amafaranga ibihumbi 500, banateye inkunga urwibutso rwa Murambi ingana n’ibihumbi 50 byo gufasha mu mirimo itandukanye, yose yavuye mu misanzu y’abanyamuryango.

 

 

Ngororero: Residents commended over fighting Malnutrition

Ngororero: Residents commended over fighting Malnutrition

Tags: , , , , , , , , , ,


 Ngororero: Residents commended over fighting MalnutritionThe vice mayor in charge of social welfare in Ngororero District Clothilde Nyiraneza said that people owning home gardens contribute a lot in fighting malnutrition and diseases related to it especially amongst children and expectant mothers.

“Having children who are health is because of the different teaching we gave to their parents about how to prepare nutritious meals especially with vegetables”, said Nyiraneza.

As said by the health director in the district, there are less numbers of children with malnutrition which is emphasized still in Kabaya and Muhororo hospital that had many such cases.

However though with this achievement, many of the home gardens are no longer taken care of by parents hence a call from Nyiraneza to people concerned to help maintain these gardens to fight malnutrition completely from this district.

 

 

Amategura ngo ari mubyangiza ibidukikije

Ruhango: Abaturage ngo bamaze kumenya ko gusakaza amategura byangiza ibidukikije

Tags: , , , , , , ,


Amategura ngo ari mubyangiza ibidukikije

Amategura ngo ari mubyangiza ibidukikije

Akarere ka Ruhango, kari mu turere tugaragaramo inyubako zishakaje amategura, abaturage bavuga ko impamvu bitabiriye cyane gusakaza amategura kuko yabaga ahendutse ugereranyije n’amabati.

Icyakora kuri ubu, aba baturage ngo ntibakitabira gusakaza amategura ahubwo ubu ngo bashishikajwe no gusakaza amabati, kuko amategura batakemererwa kuyakoresha kuko ngo ari mubyangiza ibidukikije.

Habimana Samson ni umusaza utuye mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango, avuga ko mbere amategura bayubakishaga kuko ariyo yabahendukiraga ariko ubu ngo amabati niyo asigaye ahendutse kurusha amategura kuko ibirombe by’amategura bitagikunze kubaho.

Mu gushaka kumenya itandukaniro riri hagati yo gusakaza amabati n’amategura, twegereye umwe mu nzobere z’ibijyanye n’ubwubatsi Gatsinzi Mark umaze imyaka isaga 30 muri uyu mwuga.

Gatsinzi akavuga ko icyiza cyo gusakaza amabati ngo ni uko amabati atagira uburemere ku gisenge cy’inzu. Kuko ngo akenshi amategura akunze kuremerera inzu igatangira gusaduka bityo bikayiviramo gusenyuka.

Gusa abaturage ngo nubwo bamaze kumenya ibibazo by’amategura, ngo ababera meza kuko yo igihe cyose ushobora no kuyimukana.

Kuba amategura ari mu byangiza ibidukikije, bikunze kugaragara mu gihe cyo kuyatwika, akaba arinayo mpamvu byagiye bihagarikwa bigakorwa mu buryo bujyanye n’igihe.

 

Nyuma yaho hagaragariye ikibazo cy'imirire mibi mu myaka

Nyuma yaho hagaragariye ikibazo cy’imirire mibi mu myaka 2 ishize abaturage n’ubuyobozi bafashe ingamba zo kuyirwanya byihuse

Tags: , , , , ,


Mu myaka ibiri ishize,mu karere ka Nyabihu hari haragaragaye  ikibazo cy’imirire mibi. Nk’uko umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage muri aka karere Sahunkuye Alexandre yabidutangarije,abana bagera kuri 516 bari bari mu ibara ry’umutuku,bisobanura ko bari bafite iki kibazo ku buryo bukabije. Mu rwego rwo kugikemura hari zimwe mu ngamba zafashwe ku buryo muri uyu mwaka abana 31 gusa aribo bari basigaranye icyo kibazo nabwo ku buryo budakabije.

Nyuma yaho hagaragariye ikibazo cy'imirire mibi mu myaka

Nk’uko Sahunkuye abivuga, ubuyobozi ku bufatanye n’abaturage  baragihagurukiye bafa ta ingamba zo kugikemura burundu. Zimwe mu ngamba nyamukuru zafashwe harimo kwita ku turima tw’igikoni,aho buri rugo rwasabwe kukagira kandi kameze neza. Ku bufatanye n’intore,ingo ziri mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri zikaba zarakorewe uturima tw’igikoni kandi tumeze neza.

 Hafashwe kandi icyemezo cyo gushyira ingufu cyane muri gahunda y’agashuri k’agakono k’umwana. Iyi gahunda ikaba ikorwa ku midugudu buri cyumweru,aho ababyeyi bafatanije n’umujyanama w’ubuzima bigishwa gutegura indyo nziza yuzuye bahereye kubyo babona by’ibiribwa mu ngo zabo.Kuri iyi gahunda akarere kakaba gatanga amafaranga make y’ibirungo,kakabishyikiriza ababyeyi ku midigudu hanyuma bagatunganya iyo gahunda.

Kubyara muri batisimu abana bafite ikibazo cy’imirire mibi,nayo n’indi ngamba yafashwe n’abayobozi by’umwihariko. Buri muyobozi,akaba yarafashe umwana cyangwa abana bo kwitaho bafite icyo kibazo. Icyo yabafashaga akaba ari ukuganira n’ababyeyi be,ikibazo gituma uwo mwana agira imirire mibi,akabagira inama kandi akanabaha n’ubufasha bufatika bwo gutuma icyo kibazo gikemuka.

 Bimwe mu by’abayobozi bagiye bakora harimo nko gukamishiriza abo bana amata abafasha,koroza ababyeyi babo amatungo magufi abafasha mu mirire,guha ubujyana butandukanye ingo zifite ibyo bibazo n’ibindi. Kuva icyo kibazo cyagaragara kugeza ubu,abana bagera kuri 485 bakaba baramaze gukira hakaba hasigaye gusa abana 31 nabo bakaba barimo kwitabwaho ku buryo bazakira vuba nk’uko Sahunkuye yabidutangarije. Ikigamijwe akaba ari ukurwanya imirire mibi igacika burundu ndetse n’indwara ziterwa nayo.

 Turatsinze Emmanuel,nk’umwe mu baturage b’akarere ka Nyabihu,avuga ko gahunda y’uturima tw’igikoni yafashije abaturage cyane kurwanya indwara no kurya indyo yuzuye.Ku rwe ruhande avuga ko ahanini yakundaga kugura imboga,rimwe na rimwe zanataye n’umwimereri. Ariko kugeza ubu,abona imboga ataguze,akuye hafi y’urugo,bakaziteka nta mbogamizi. Ibyo bikaba bituma iki gikorwa badapfa kwandura indwara.

 Mu Rwanda guca imirire mibi n’indwara ziterwa nayo ikaba ari imwe mu ntego ziyemejwe. Ni muri urwo rwego, abayobozi ku nzego zose uhereye ku z’ibanze,abajyanama b’ubuzima n’abaturage by’umwihariko basabwa kurwanya imirire mibi. Bakaba basabwa kwibanda ku kwita kuri gahunda y’uturima tw’igikoni aho buri rugo rusabwa kukagira ;kugira nibura  igiti cy’imbuto ziribwa,korora amatungo magufi afasha mu mirire no kwitabira ibisabwa byose bijyanye na gahunda ya Leta yo kurwanya imirire mibi.

Bumwe muburyo bugezweho bwo gusakara inzu igahangana n’imiyaga

Hacyenewe ingamba zo guhangana n’ibiza biterwa n’imvura

Tags: , , , , , ,


Bumwe muburyo bugezweho bwo gusakara inzu igahangana n imiyaga

Bumwe muburyo bugezweho bwo gusakara inzu igahangana n imiyaga

Ikibazo cy’ibiza biterwa n’imvura mu karere k Rubavu itera Ibiza bimaze kuba akabi kamenyerwa kuko iyo iguye abaturage batangira kugira impungenge ko hari abo iri busenyere.

 

Kuva uku kwezi kwa Werurwe kwatangira amazu icumi mu mirenge itandukanye igize akarere ka Rubavu amaze kwangirika bitewe n’imvura igwa muri aka karere, ahenshi bagasenyerwa n’umuyaga uherekeje iyo mvura.

 

Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu mu kwezi kwa Gashyantare, 2013 bwari bwatangaje icyizere ko Ibiza bizagabanuka kuko ahari hatuye abaturage babangamiwe n’ibiza bashoboye kwimurwa, abo akaba ari abaturage bari baturiye uruganda rwa Bralirwa bashoboye kwimurwa bakajyanwa Kanembwe hamwe n’abari baturiye umugezi wa Sebeya nabo bashoboye gufashwa kwimuka bakajya gutura kure y’uyu mugezi.

 

Kuva imvura yakongera kugwa igasenyera imiryango igera ku icumu, umuyobozi w’akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe imibereho myiza  y’abaturage Rusine Rachel avuga ko abaturage batagomba kwirara ahubwo bagomba gukomeza ingamba zo guhangana n’ibiza zirimo gufata amazi ava ku mazu kuko agira ingaruka mu gusenya.

 

Imvura iheruka kugwa igasenyera abaturage ni mu mirenge ya Gisenyi mu mudugudu wa Mbugangari ahasenyutse inzu 7, umurenge wa Rubavu hamaze gusenyuka amazu abiri harimo n’ishuri ryasakambutse kubera umuyaga.

 

Ahenshi, amazu asenyuka bigaterwa n’uburyo yubatse ariko abaturage bagasabwa kwirinda ko amazi abasenyera nkuko bagombye kwitondera imyubakire bazirika ibisenge kugira ngo bidatwarwa n’imiyaga. Akarere ka Rubavu kari mu turere duhura cyane n’umuyaga hakaba haraje uburyo bwo guhangana n’imiyaga bubaka ibisenge biri hejuru cyane bigahangana n’umuyaga.

Nubwo abaturage basabwa gufata ingamba zo guhangana n’imyubakire kuko henshi abaturage batuye ahantu hahanamye bashobora guterwa n’imiyaga k’uburyo bworoshye, ahandi hagatwarwa n’inkangu kuko hahanamye kandi hari ubutaka bworoshye bijyanye n’igitaka bubakisha, benshi mubaturage bubaka bakaba batita kureba ingaruka bagira bitewe n’aho bubaka ahubwo bakubaka bashaka kugira inzu gusa.

 

m_02

Ruhango: Imvura iheruka I Kigali ikwiye kubera Abanyaruhango urugero-Mayor Mbabazi

Tags: , , , , ,


Ruhango: Imvura iheruka I Kigali ikwiye kubera Abanyaruhango urugero-Mayor Mbabazi

Imvura iherutse kugwa muri Kigali benshi bayifatiraho urugero rwo kwirinda Ibiza

Uyu muyobozi asaba inzego z’ibanze, abayobozi b’ibigo by’amashuri abayobozi b’ibigo nderabuzima n’abandi batandukanye kwirinda Ibiza hakiri kare kugirango bitangiza ibikorwa byabo.

Mbabazi yasabye izi nzego gushakisha imirindankuba hakiri kare ngo kuko hari ibigo usanga bitarayigura nyamara ari kenshi bagiye babikangurirwa.

Agira ati “ni kenshi twagiye tubashishikariza kwirinda Ibiza, harimo kugura imirindankuba, none se byabamarira iki muramutse mutunguwe ibyo mwubatse bikangirika”

Akarere ka Ruhango kari mu turere dukunze kugaragaramo Ibiza cyane cyane inkuba zikunze guhitana abantu ndetse n’imvura nyinshi ikunze gutwara ibikorwa remeza birimo ibigo by’amashuri.


Umuvugizi wa polisi mu ntara y’Iburengerazuba arasaba abaturage gusobanukirwa no kwirinda abatubuzi

Tags: , , , , , , ,


Umuvugizi wa polisi mu ntara y’Iburengerazuba, Superintendant Mwiseneza Urbain avuga ko muri iyi minsi abajura basigaye bakorana ubuhanga bwimbitse, bityo buri wese akaba asabwa gusobanukirwa n’imyitwarire ndetse n’imikorere yabo kuko nta zindi nyungu zibaturukaho usibye gusa ko baba bagamije kwiba abaturage.

Abo batekamutwe bazwi ku izina ry’abatubuzi ngo bakunze gukora ubutekamutwe bwabo mu byerekeranye n’amafaranga, buri muturage akaba asabwa kwirinda umuntu wese uzaza amusanga nta gikorwa cy’ubucuruzi bakoranye, akamusaba ngo amuzanire amafaranga ngo arayamusubiza yabaye menshi.

Hari bamwe mu baturage ngo bashobora kwizera ko uwo muntu ashobora kuyabatuburira koko akaba menshi, ariko ngo byanze bikunze uwo muntu aba ashaka kubiba.

Supt. Mwiseneza avuga ko hari abantu bakunze kubeshya abandi ko bafite amadorali y’umukara (black dollars) ariko ngo bakaba babuze umuti wo kuyashyiramo kugira ngo ahinduke amadorali mazima. Ngo hari igihe basaba umuntu amafaranga yo kugura uwo muti bakamubwira ko bayagabana ariko ngo baba bari kumubeshya.

Hari abandi batekamutwe bashobora guhamagara umuntu kuri telefoni cyangwa se bakamwandikira ubutumwa haba kuri telefoni cyangwa kuri interineti bakamubwira ko amaze gutsindira amamiliyoni kandi nta tombora cyangwa se amarushanwa ayo ari yo yose wa muntu yigeze ajyamo.

Icyo gihe ngo abo batekamutwe bakubwira ko kugira ngo ubone ibyo watsindiye usabwa kubanza gutanga amafaranga runaka , cyangwa se bakagira n’andi mabwiriza bagusaba kubanza gukora.

Supt. Mwiseneza yasabye abaturage kwirinda umuntu wese waza abizeza inyungu zatuma bazamuka bagatera imbere mu gihe cyihuse cyane kandi batanabikoreye.

Ati : “Kuki ayo mafaranga bagusaba batayakura muri ayo bagomba kuguhemba?”

Supt. Mwiseneza avuga ko ubutekamutwe bukorwa mu buryo bwinshi kuko ngo hari n’undi mujura usanga yandikira umuntu kuri interineti akavuga ngo yamenye ko uri umuntu mwiza, akagusaba gushinga ishyirahamwe noneho ngo umuhe konti yawe agushyirireho amafaranga menshi afite kugira ngo uzayakoreshe muri iryo shyirahamwe kuko we ngo agiye kwitaba Imana. Uwo muntu ngo aba ashaka ko umubwira konti yawe n’indi myirondoro yose kugira ngo azabone uko akwiba amafaranga yawe ari kuri konti.

Umuvugizi wa polisi mu ntara y’Iburengerazuba yasabye umuntu wese waramuka abonye umuntu nk’uwo cyangwa se akamukekaho ko ari umutekamutwe kwihutira kubimenyesha polisi cyangwa se izindi nzego zishinzwe umutekano kugira ngo habeho ubufatanye mu gutahura bene abo batekamutwe.

 

Abimana Gasore,nyuma yo gufatanwa bule 700 z’’urumogi

Nyuma yo gufatira ibiyobyabwenge nk’urumogimu karere ka Nyabihu,umuyobozi wako yongeye gusaba abaturage kurushaho kubyirinda

Tags: , , , , ,


Abimana Gasore,nyuma yo gufatanwa bule 700 z’’urumogi

Abimana Gasore,nyuma yo gufatanwa bule 700 z’’urumogi

Mu gitondo co kuwa 27 Gashyantare, 2013 mu karere ka Nyabihu hafatiwe ikiyobyabwenge cy’urumogi, ndetse n’ibindi bikoresho bitandukanye byari byinjiye mu buryo  bwa forode mu Rwanda. Bikaba byafashwe na Police y’akarere ka Nyabihu, station ya Mukamira.  Abimana Gasore niwe wafatanywe urumogi, ububule 700. Gasore avuga ko yari agiye kurucuruza I Kigali mu rwego rwo gushaka imibereho.

Gasore avuga ko yavutse mu mwaka w’ 1998, akaba mwene Nzamwitakuze Patrice na Nyirandeze Albertine,batuye mu murenge wa Kanama mu karere ka Rubavu.

Gasore  yongeraho  ko nta wundi bakorana mu bucuruzi bw’iki kiyobyabwenge cy’urumogi ,ahubwo ko arugura muri Congo kuko ruhaba rwinshi. Urwo yafatanywe avuga ko ari bule 700 ,akaba yari agiye kurucuruza mu mujyi wa Kigali mu rwego rwo gushaka imibereho. Kugeza ubu akaba acumbikiwe kuri Station ya Police ya Mukamira.

Uretse urumogi bule 700, ibindi bikoresho byafashwe byinjijwe ku buryo bwa forode, harimo amavuta yo kwisiga y’ubwoko butandukanye,ibitenge, sauce tomates ndetse n’amacupa y’inzoga ya likeri ya Red Label. Ahanini ukaba usanga ari abagore bakunze gufatanwa ibyinjizwa mu Rwanda mu buryo butemewe nk’ibyo bafatiwe  muri aka karere,  kuko uretse urumogi,ibindi byari bifitwe n’abagore.

 

Umuyobozi w’akarere ka Nyabihu Twahirwa Abdoulatif,avuga ko iyo abantu bafatanywe ibiyobwabwenge nk’urumogi bashyikirizwa ubutabera bugakora akazi kabwo. Naho ku bindi bicuruzwa bikoreshwa mu Rwanda, bigashyikirizwa Rwanda Revenue hanyuma ba nyirabyo bagakurikiza ibyo  ibasaba.

Uyu muyobozi kandi yaboneyeho kugira inama abaturage yo kwirinda ibiyobyabwenge aho biva bikagera,bakabirinda na bagenzi babo ndetse bakanabikumira,buri wese akaba ijisho rya mugenzi we.

Ibiyobyabwenge na forode,bikaba bidindiza iterambere ry’u Rwanda ari nayo mpamvu buri wese asabwa kubyirinda,kubirinda abandi no kubikumira aho biva bikagera mu rwego rwo kubaka u Rwanda ruzira ibiyobyabwenge.

 

 

ibiyobyabwenge bihagurukiwe

Rwanda | Rusizi: ibiyobyabwenge bihagurukiwe n’ijisho ry’umuturanyi

Tags: , , , , ,


Kayonza Ibikorwa by’intore

ibiyobyabwenge bihagurukiweMu mirenge yase 18 igize akarere ka Rusizi ku wa 30/01/2013, hatangijwe amahugurwa ya za komite z’ijisho ry’umuturanyi guhera ku rwego rw’utugari kugera kumudugudu iyi gahunda yashyizweho mu rwego rwo kurwanya no kurandura ibiyobyabwenge nyuma yo kubona ko byugarije abantu cyane cyane urubyuruko, aya mahugurwa akaba yari agamije guhanahana amakuru mu rwego rwo kureba aho bituruka, ababikoresha ndetse nababicuruza kugirango bagirirwe inama zo kubireka kuko byangiza ubuzima bw’abanyarwanda

Icyagaragaye mu ihanahana makuru ni uko muri aka karere ka Rusizi hari inzira nyinshi zicishwamo ibiyobyabwenge cyane cyane bikaba bituruka mubihugu by’abaturanyi cyane cyane mubihugu bya Congo n’UBurundi dore ko hari imipaka myinshi ihuza aka karere n’ibyob’ibihugu , bimwe mubiteye impungenge n’uko hari ibindi biyobyabwenge bitazwi biri kugenda byiyongera muri aka karere amwe mumakuru twahawe na Pasitori Sebineza Felix uyobora itorero rya zion temple muri aka karere akaba ari n’umuyobozi w’ ijisho ry’umuturanyi ku rwego rwakarere ka Rusizi yadutangarije ko mu murenge wa Nkombo hari kugaragara ibiyobyabwenge bikaze by’inzoga za Simba na Furaha ziri kuva muri Congo

Ibindi byagaragaye bikunze gukurura ibiyobyabwenge ni urugomo rukorwa n’imbura mukoro biganjemo urubyiruko ndetse nabagabo bataye ingozabo kubera amakimbirane yo mungo aha nanone ngo hagaragaye ko hari abaturage basigaye bahinga urumogi mubikombe iruhande rw’utubari ,bamwe mubagaragaye ko bakwirakwiza ibiyobyabwenge abaza kwisonga ni abagore

Zimwe mu ngamba zafashwe ni uko abafite uruhare bose mukubikoresha bagomba kumenyekana bakagirirwa inama bazirengaho bagashyikirizwa inzego z’umutekano , gusa umunyamabanganshingwabikorwa w’umurenge wa Nkungu Nsabimana Theogene yasabye abaturage gucika kubiyobyabwenge kuko ngo bihangayikishije benshi aho ngo muminsi ishize muri uwo murenge byangiye umwana w’umuhungu witwa Mandela wari urangije amashuri yisumbuye ndetse wari warahawe uburenganzira bwo kujya kwiga hanze ariko ngo ubu amaze hafi umwaka mubitaro aho ubwenge bwayobye kubera ibyo biyobyabwenge

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia