Tag Archive | "Rwanda aid"

Urwego Opportunity Bank

Rukara: Urwego Opportunity Bank yatanze inkunga ya miliyoni yo kubaka urwibutso rw’abazize Jenoside

Tags: , , , , , , ,


Urwego Opportunity Bank

Urwego Opportunity Bank yatanze miriyoni y’amafaranga y’u Rwanda yo kubaka urwibutso rw’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwo mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza. Iyo banki yatanze ayo mafaranga tariki 24/05/2013 muri gahunda abakozi ba yo barimo yo kwifatanya n’abaturage b’i Rukara mu kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Abakozi b’Urwego Opportunity Bank bahisemo kwifatanya n’abaturage bo mu murenge wa Rukara kuko muri iyo banki hakoramo abakozi barokokeye mu murenge wa Rukara nk’uko Zihiga Faustin, umuyobozi wungirije w’Urwego Opportunity Bank yabidutangarije.

Abakozi b’iyo Banki bagiye kwifatanya n’abarokokeye i Rukara mu rwego rwo kubafata mu mugongo no kubereka ko gahunda yo kwigira ikomeje nk’uko zihiga yakomeje abivuga. Yongeyeho ko icyari kigamijwe atari ugutanga amafaranga, ahubwo ari ukugira ngo abantu bibukiranye amateka kandi ababere isomo kugira ngo baharanire ko ibyabaye bitazongera ukundi.

Amafaranga abakozi b’iyo banki batanze  azifashishwa mu kuzuza urwibutso rushya rw’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ruri kubakwa i Karubamba mu murenge wa Rukara. Ruzimurirwamo imibiri y’abazize Jenoside igera ku bihumbi umunani na Magana abiri (8200) ishyinguye i Rukara.

Imva zishyinguyemo iyo mibiri zatangiye kwangirika ari na yo mpamvu iyo mibiri izimurirwa muri iyo mva nshya iri kubakwa. Amafaranga yubatse urwo rwibutso rushya yavuye mu misanzu y’abaturage n’abandi baterankunga, ariko rwari rutaruzura bitewe n’uko amafaranga yo kurwuzuza yabuze.

Umuyobozi w’akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Mutesi Anita, yashimiye Urwego Opportunity Bank avuga ko inkunga batanze yaziye igihe. Ati “Iyi nkunga ya miriyoni imwe duhawe izagira icyo itwunganira mu byo tugomba gukora kuri ruriya rwibutso n’ubwo hakiri imirimo myinshi ikeneye imbaraga nyinshi ariko ni inyunganizi ikomeye”

Yasabye abanyarwanda n’ibindi bigo bikorera mu Rwanda kugira umutima utekereza ku barokotse Jenoside kugira ngo ahari imibiri idashyinguye neza ibashe gushyingurwa mu cyubahiro kandi n’abarokotse Jenoside batishoboye bagafashwa.

 

Dr Kagambirwa mugikorwa cyo gushyira ba demobu mubyiciro

Ngororero: Abavuye kurugerero bafite ubumuga bishimiye ubufasha bahabwa

Tags: , , , , , , , ,


Abavuye kuugerero bafite ubumuga butandukanye bo mu karere ka Ngororero barashimira komisiyo y’igihugu ishinzwe gusubiza mubuzima busanzwe abahoze ari abasirikare ko ibitayeho mugukurikirana ibibazo byabo batewe no kuba baramugariye kurugamba.

Ibyo babidutangarije tariki 22 Gicurasi 2013, ubwo itsinda ry’abanga rishinzwe kwita kubuvuzi bwabo ryakoraga igikorwa co kubashyira mubyiciro hakurikije ubumuga bafite. Hategekimana Vedaste, umwe muri abo bafite ubumuga yadutangarije ko kuba ahabwa insimburangingo n’iyo komisiyo aribyo bituma abasha kwikorara indi mirimo imutunze, akemeza ko we ubwe ntabushobozi yari afite bwo kwigurira izo nsimburangingo.

 

Ikindi bishimira ni uko muri uko gushyirwa mubyiciro ngo bikoranwa ukuri buri muntu agashyirwa mucyiciro akwiye kubarirwa mo nkuko Rwagasore Justin nawe uri muri abo ba demobe yabidutangarije, ubu bakaba ntabantu bafite batishimiye ibyiciro bashyizwemo nkuko bikunze kugaragara mubyiciro by’ubudehe.

Tuvugana na Dogiteri Kagambirwa Emmanuel, ukuriye itsinda ry’abaganga bita kubibazo by’ubuzima bw’abavuye kurugerero bafite ubumuga, yadutangarije ko komisiyo y’igihugu ishinzwe gusubiza mubuzima busanzwe ingabo zavuye kurugerero yitaye kubibazo byabo cyane cyane abahakuye ubumuga, bityo nabo bakaba bagomba gukora neza kugira ngo ejo hazaza habo habe heza nk’abantu barwaniye igihugu ndetse bakahamugarira.

Dr Kagambirwa mugikorwa cyo gushyira ba demobu mubyiciro

Dr Kagambirwa mugikorwa cyo gushyira ba demobu mubyiciro

Mu karere ka Ngororero ubu habarurwa abantu 51 bavuye kurugerero bakaba bafite ubumuga butandukanye bashyirwa mubyiciro 6 hakurikijwe ubumuga bwa buri wese. Uretse kwitabwaho kuri serivisi z’ubuvuzi, bakaba banahabwa amafaranga ibihumbi 50 buri kwezi bibafasha mumibereho yabo cyane cyane irebana no kwivuza.

 

Nyinawintwari arahumuriza abagizwe inshike na jenoside

Nyinawintwari arahumuriza abagizwe inshike na jenoside

Tags: , , , , , , ,


Nyinawintwari arahumuriza abagizwe inshike na jenoside

Claire JoyeuseNyinawintwari Donatienne ahumuriza abakecuru bagizwe inshike na jenoside, mu muvugo yabahimbiye ugarukamo ibango rivuga ko bagomba kubarera, bakabafasha mu busaza bwabo kuko ngo nabo babareze. Uyu muvugo yawuvugiye abakecuru b’inshike bo mu Murenge wa Mukura ho mu Karere ka Huye, mu gikorwa cyo kubaremera cyabaye kuwa 21/5/2013.
Mu muvugo we, Nyinawintwari yateruye agira ati “tubashimiye indero nziza mwaduhaye. Kuva kera mwahoranye urukundo, mwahoraga muduhanze amaso ngo hato mudahuga tugahutazwa. Mwatureze neza, nimureke natwe tubarere.”
Nyinawintwari kandi abwira aba babyeyi ko babacaniye bagaca ukubiri n’imbeho. Na bo rero ngo bazabacanira babamare imbeho yo mu zabukuru.
Na none kandi yibutsa ko bamwe muri aba bakecuru bafashwe ku ngufu bakanashinyagurirwa bikabaviramo indwara zikomeye. Ngo hari abasigaranye ubumuga ndetse n’ihungabana rikomeye, bakaba bakwiye guhabwa ubwishingizi mu kwivuza. Agira rero ati “nimureke tubarere, natwe baratureze.”
Ubutumwa bwa Nyinawintwari kandi bushishikariza abantu bose kwita kuri aba bakecuru babakura ahantu habi batuye agira ati “tubakure mu bibaya no mu bikombe, tubakikize maze basusuruke, tubamare irungu tubahumurize, tubarere neza, natwe baratureze.”
Abashyitsi bari baje kuremera aba bakecuru na bo Nyinawintwari yabageneye ubutumwa bugira buti “aba babyeyi bacu ni ba nyampundu, batureze neza twese twarakuze. Na n’ubu baracyadufatiye iry’iburyo. Nimureke dufatanye kubarera, na bo batureze neza.”
Aba bakecuru na bo kandi ngo bazi gushima. Ngo ni yo mpamvu batumye Nyinawintwari kubabwirira Ibuka na AVEGA ubutumwa bw’ishimwe ry’uko iyi miryango ihora ibafasha.
Nyinawintwari rero ati “bageze mu zabukuru ariko bazi gushima no gushimira, ni na yo mpamvu bantumye ngo mbibavugire muri iki gisigo ngo ‘mwababereye urumuri rumurikira imitima yabo.’”

Huye: Hatangijwe gahunda yo kuremera abapfakajwe na jenoside b’inshike

Huye: Hatangijwe gahunda yo kuremera abapfakajwe na jenoside b’inshike

Tags: , , , , , ,


Huye: Hatangijwe gahunda yo kuremera abapfakajwe na jenoside b’inshike

Umuryango w’abapfakazi ba jenoside ari wo AVEGA, ufatanyije na Minisiteri y’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango, batangije gahunda yo kuremera abapfakazi ba jenoside b’inshike, kuri uyu wa 21/5/2013. Iki gikorwa cyabereye mu Murenge wa Mukura ho mu Karere ka Huye.
Abakecuru baremewe ni 27, barengeje imyaka 70, bababaye cyane kurusha abandi. Buri wese muri bo yahawe matela, igitenge cyo kwambara, amavuta yo kwisiga, ikiringiti cyo kwiyorosa, n’isabune yo gukaraba.
Abenshi mu bakecuru baremewe barashaje cyane ku buryo batakigira imbaraga zo kujya ahateraniye abantu benshi. Kubera ko ubusanzwe batabasha kwitabira gahunda yo kwibuka, bityo ntibanabashe kunamira ababo aho bashyinguye, uyu munsi basindagijwe maze na bo bagera ku rwibutso rwa jenoside rwo mu Murenge wa Mukura, Akagari ka Bukomeye, maze babasha gushyira indabyo ahashyinguye abazize jenoside.
Ibikorwa aba bakecuru bakorewe byabashimishije cyane. Kuko ngo byarushijeho kubereka ko bafite ababatekerezaho. Uwitwa Nyirabukeye Donatilla ufite imyaka 73, yagize ati “sinabona uko mbivuga … nishimiye cyane abashyitsi baje kudusura. Ndara mu nzu njyenyine, ndi inshike, nta n’uruhinja napfushije kuko nari mfite abasore n’inkumi.”
Nyirabukeye kandi yagaragaje ko bakeneye ubufasha agira ati “Urabona ahongaho ndi, ndi njyenyine, n’inka ikananira kuyahirira keretse iyo mfite nk’udufaranga, cyangwa nkakura nk’amateke nkaha ujya kunyahirira cyangwa akanzanira n’isaso.”
Nk’uko byavuzwe n’umuyobozi mukuru wa AVEGA, Kabasinga Chantal, mu gihugu habaruwe abakecuru b’inshike barengeje imyaka 70 bagera ku 1462, harimo 248 bababaye cyane. Abo bababaye cyane rero ni bo bazafashwa muri iki gihe, ariko ngo uko bazagenda babona ubushobozi n’abandi bazafashwa.
Tugarutse ku butumwa bwatanzwe n’abantu batandukanye bafashe ijambo muri iki gikorwa, bihanganishije abakecuru basizwe iheruheru na jenoside, ndetse banasaba abaturanyi babo kuzajya babitaho, bakabasura, ndetse bakanabamenyera ko bashonje.
Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, abwira abaturanyi b’aba bakecuru yagize ati “nagira ngo dufate igihango: abayobozi, inshuti, abayoboye amadini, … tiyemeze kuzajya tubasura, tubamenye, tumenye uko baramutse. Barereye igihugu, natwe ni igihe cyacu cyo kubegera.”

Gufasha inshike ntibisaba ibya mirenge - Umuyobozi mukuru wa AVEGA

Gufasha inshike ntibisaba ibya mirenge – Umuyobozi mukuru wa AVEGA

Tags: , , , , , , ,


Gufasha inshike ntibisaba ibya mirenge - Umuyobozi mukuru wa AVEGA

Kabasinga Chantal, umuyobozi mukuru wa AVEGA, avuga ko gufasha inshike bidasaba ibya mirenge, yabwiraga abari bitabiriye igikorwa cyo gutangiza gahunda yo kuremera inshike cyabereye mu Murenge wa Mukura ho mu Karere ka Huye, kuwa 21/5/2013.
Uyu muyobozi yabanje kubwira abamwumvaga impano bari bazaniye abagizwe inshike na jenoside bo mu Murenge wa Mukura ho mu Karere ka Huye, hagamijwe kubaremera, ari zo ibitenge byo kwambara, amavuta yo kwisiga, isabume yo gukaraba, ibiringiti byo kwiyorosa na matera.
Yakomeje rero agira ati “N’abandi babishobora mujye mukomeza mubegere, mubashyire utwo mushoboye, mubafashe guteka , mubagaburire, ntabwo ari ngombwa kuba ufite amafaranga menshi kugira ngo ufashe. “
Yunzemo ati “Ushobora no gukura dukeya ku byo watetse ukabashyira barya ibihe se? Ntabyo murabibona. Mugasangira, mukaboherereza abana bakajya kubazanira amazi. “
Na none kandi uyu muyobozi yagize ati “Kuba bababaye si uko twabuze icyo tubafashisha, ahubwo turabura urukundo. Tugerageze twihingemo urukundo, tugerageze twihingemo gufashanya. Dukunde bagenzi bacu nk’uko twikunda…”

Bahawe Radiyo na terefone ndetse n'ibikoresho byayo byose

Gakenke: abasigajwe inyuma n’amateka bashyikirijwe terefone na radiyo zo kubafasha kumenya amakuru

Tags: , , , , , , , ,


Kuri uyu wa kabiri tariki 14/05/2013, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu yashyikije abasigajwe inyuma n’amateka  bo mu Karere ka Gakenke  bitabiriye itorero terefone na radiyo basabye kugira ngo babashe kumenya amakuru y’igihugu no gutumanaho n’abandi.

Aulerie Sindikubwabo  watanze  ibyo bikoresho  ahagariye  MINALOC  asobanura ko abasigajwe inyuma n’amateka  bari mu itorero  i Nkumba  mu mwaka ushize bagejeje kuri Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu ikibazo cyo kutamenya amakuru kubera kutagira radiyo na terefone maze abemerera kuzabibaha.

Sindikubwabo agira ati:“  abayobozi barazisuye  (intore)  zigaragaza ko zigira ikibazo cyo kumenya amakuru ndetse no gutumanaho n’abandi, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu abemerera ko nk’intore zimaze kubona amakuru arambuye ku miyoborere myiza y’igihugu..

Ko agiye kuzabaha amaterefone  na radiyo bajye babasha kumva amakuru bamenye aho igihugu kigeze baharanire no gutera imbere nk’abandi Banyarwanda bose.”

Bahawe Radiyo na terefone ndetse n'ibikoresho byayo byose

Bahawe Radiyo na terefone ndetse n’ibikoresho byayo byose

Akomeza avuga ko abasigajwe inyuma n’amateka bose bitabiriye itorero babonye radiyo na terefone, bikaba muri mu rwego rwo kubava mu cyiciro cy’abatishoboye n’izina ry’abasigajwe inyuma n’amateka bakarivaho bakaba nk’abandi Banyarwanda.

Kubera umumaro wa terefone muri iki gihe, bahuraga n’imbogamizi z’itumanaho kugira ngo bavugane n’abantu batandukanye ariko ngo birwanagaho batira abafite terefone.

Abahawe terefone na radiyo  bashimangira ko uretse  ikibazo cyo kumenya amakuru no kuvugana n’abandi gikemutse, ngo izabafasha gukumira ibyaha bitaraba.

Munyemana Ananie  washyikirijwe terefone na radiyo  agira ati: “ Ubu rwose ndishimye nta karadiyo nagiraga  ngo numve amakuru, ako nari mfite kari kagashaje, nta terefone nagiraga kugira numvikane n’abandi byangoraga.

Abajijwe ku cyo terefone izamumarira asubiza ati: “ Ooo!!! (Terefone) izamfasha byinshi. Hari ubwo rimwe na rimwe nakeneraga nko kubona umuntu kugira ngo njye mu kazi ariko bikangora ngize amahirwe tuzaza tuvugana menye aho ari.

Undi wasijwe inyuma n’amateka witwa Uwizeyimana Anastase avuga atya: “ Nta radiyo nagiraga ariko ubu ngiye kumva amakuru…. Iyi terefone, umuntu ashobora gukora amanyanga nkahita mpamagara nk’ubuyobozi, nk’umuntu ashaka kugira undi nabi nkamutabariza, nkakumira icyaha kitaraba.”

Ugereranyije na mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi,  abasigajwe inyuma n’amateka, imibereho yabo yateye imbere kubera imbaraga zashyizwemo n’ubuyobozi. Bubakiwe amazu bava muri nyakatsi, borozwa inka muri gahunda ya Girinka ndetse banakangurirwa kwiteza imbere bibumbira mu makoperative.

 

Gisagara: Vision Umurenge Program distributes mattresses to beneficiaries

Gisagara: Vision Umurenge Program distributes mattresses to beneficiaries

Tags: , , , , , , , ,


About 184 poor and vulnerable residents of Kigembe sector in Gisagara district have been given mattresses as a way to help them eradicate grass made beds; one of many plans of Vision Umurenge Program (VUP).

Improving people’s lifestyles through sleeping well will entice people to work harder to get to development and better social lives.

Gisagara: Vision Umurenge Program distributes mattresses to beneficiaries

The affected residents of Kigembe sector in Gisagara district are grateful for the mattresses they were given slightly after getting into new and better houses.

According to Donatille Uwingabiye, the vice mayor for social affairs in Gisagara district, giving mattresses to the poor local people is one of the ways to make them realize that they need to work hard and develop as well as having better social welfare.

“We have already eradicated grass thatched houses in this sector and grasses made beds are also being eradicated. People will sleep well in good houses, this will encourage them to live well and think well about what will develop them” says the vice mayor.

People are not only being given mattresses only, but after getting good houses and good beds, they have to develop explained Franҫois Hakizimana the coordinator of VUP. This is why the money that remained after buying mattresses will be used to buy livestock for each family to own one.

All the people in Kigembe sector that were supposed to get mattresses have so far been provided for. This is one more performance contract realized.

 

 

The foodstuffs distributed

Bugesera: Hotel Gorillas Groups support genocide survivors with food, livestock

Tags: , , , , , , , ,


The 1994 genocide survivors in Karambi village in Nyamata sector are grateful to the consideration of people towards supporting them and lending a hand to those in need.

This was said during the appreciation of the presents including foodstuffs and livestock they were given by Hotel Gorillas Groups.

   The goats given to genocide survivorsSupporting genocide survivors is the best way to make them self reliant. Hotel Gorillas Groups will always support genocide survivors, according to Ines Gikundiro in financial services in this hotel.

“We have always wanted to support genocide survivors for some time now. This is not about just supporting them with things, we are going to be with them always in their everyday troubles and lives” says Gikundiro.

Sixteen goats, food stuffs including rice, maize flour and cooking oil were distributed in 8 poorest families in Karambi village.

Hilariya Nsonera an old lady that was given food stuffs and a goat to rear says she is grateful to the president of the republic of Rwanda who made people realize the importance of helping out those in need.

The foodstuffs distributedJacques Gashumba the executive secretary of Nyamata sector appreciated the support by Hotel Gorillas Group to the genocide survivors in his sector. He appealed people who were given the livestock to take good care of them so that they reproduce and give to their neighbours.

The workers of Hotel Gorilla also visited the Nyamata genocide memorial site in Bugesera district, they were explained about the history of Rwanda, the preparation and execution of the 1994 genocide against the Tutsis and how Tutsis that had sought refuge in Nyamata church were massacred.

 

 

Rwanda Agriculture Board gives livestock to orphans

Rwanda Agriculture Board gives livestock to orphans

Tags: , , , , , ,


Workers of Rwanda Agriculture Board (RAB) western province of Rwanda branch on Friday 10th.May.2013 visited orphans of the 1994 genocide in Burehe cell, Twumba sector in Karongi district and supported them with 22 goats and Rwf100.000 for Bisesero Memorial site.

The idea of distributing livestock to the genocide survivors was a long lasting one from RAB workers. They contributed each one of them and bought 20 she-goats and two he goats of cross breeds to change the Rwandan breeds. This will eventually change the economically and social lives of these orphans

Rwanda Agriculture Board gives livestock to orphansApart from the livestock, RAB workers also contributed towards their kraals which were built before and goats were given when they were ready.

Jeannine Nuwumuremyi the coordinator of RAB in the Western Province of Rwanda explained why these orphans were given livestock. She said “such livestock reproduces quickly and will help them in their daily lives until they are self reliant.”

Venat Ruhumuriza the child representative of these orphans in Duhati village appreciated the exemplary act done by RAB. “Being visited only is enough for us that we always look forward too but now being given livestock to rear, giving us milk and manure is too much of value. We are grateful” he said.

The 23 orphans living on their own in 15 children- headed households built on the support of Twumba sector and the National Electoral Commission. Twumba sector provided water to these households and is yet to provide them with electricity as Emmanuel Nshimiyimana Ruzigana the executive secretary of this sector explained.

RAB workers concluded this occasion after each worker selecting a child they will be parenting just as these orphans had requested. The RAB workers also visited Bisesero Memorial Site and contributed Rwf100.000 for the upkeep of the memorial site.

 

 

Abafite ubushobozi buke baranorojwe

MAMBA: Ababana n’ubumuga bamenye ko bashoboye

Tags: , , , , , , ,


Koperative KOIMA y’abafite ubumuga mu murenge wa Mamba ho mu karere ka Gisagara irishimira, aho igeze uyu munsi, ndetse ikanatangaza ko yiteguye gufatanya n’umuryango nyarwanda ku bw’umwihariko n’abatuye akarere ka Gisagara kurwanya ubukene no guharanira kwigira.

   Abafite ubushobozi buke baranorojwe

Iyi koperative ibumbiye hamwe abafite ubumuga bagera kuri 415, ibikorwa byayo bikaba ubworozi bw’ingurube, abayigize bavuga ko bamaze kwigirira icyizere kandi ko banabonye ko bashoboye bityo bakaba bahamya ko badateze na rimwe gusubira inyuma. Ibi babitangaje ubwo bari mu muhango wo kwizihiza umunsi mukuru w’abafite ubumuga muri iki cyumweru.

Ikindi kandi kibaha imbaraga uyu munsi ngo ni uko nta kikibashikamiye, ntawe ukibafata nk’abadashoboye, bahawe ijambo n’ubwisanzure ntaho bahezwa nko mugihe cyashize aho baterwaga ipfunwe no kuba hagati y’abandi bantu bagahitamo kwiheza.

Gahongayire Marie Grâce uhagarariye iyi koperative ati « Uyu munsi ntitugihezwa, ntitukitwa abahehejwe inyuma n’amateka, niyo mpamvu tiyemeje gukora tukazamuka kuko turashoboye »

Mu ijambo rye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mamba Nyirimanzi Gilbert yongeye gushimangira ko abafite ubumuga ari abantu nk’abandi bafite uburenganzira n’inshingano nk’iz’abandi benegihugu.  Ati: “twese dutandukanira ku ntege, ubushobozi n’ubumenyi, buri wese akwiye kurenga uko abandi bamubona kandi bamuha amazina atamukwiye agakora ashishikaye, akiteza imbere kandi akagirira igihugu cye akamaro”

Bwana Elysee Bakundukize Umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’abafite ubumuga mu karere ka Gisagara, garuka ku mateka n’imibereho yaranze abafite ubumuga, agaragaza impinduka zagiye zibaho kuva Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994 yarangira, aho yibukije ko ubu abafite ubumuga bahagarariwe kugeza ku rwego rw’igihugu,avuga ko ayo mahirwe bafite bakwiye kuyabyaza umusaruro biyubakira igihugu, akomeje cyane yongeye gusaba abafite ubumuga kutiheza, kwigunga no kwiyima ijambo kandi byose ari uburenganzira bwabo, abashishikariza kugira uruhare mu bikorwa bashoboye byubaka igihugu, bagatanga ibitekerezo byubaka, batirengagije no kubahiriza izindi nshingano z’umwenegihugu, yashimye byimazeyo ubuyobozi bwa Koperative yabo ndetse abasezeranya ubuvugizi igihe cyose.

Murwego rwo gukomeza gahunda yo kuzamurana mu babana n’ubumuga, habayeho no koroza ababana abadafite amatungo, bahabwa amatungo magufi.

 

 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia