Tag Archive | "Rwanda Budget"

Gatsibo Amafaranga

Rwanda | Gatsibo: Amafaranga yagenewe gahunda ya VUP ni make ugereranyije n’abagomba gufashwa

Tags: , , , , ,


Gatsibo Amafaranga

Ruboneza Amborise Umuyobozi w’akarere ka Gatsibo

Abakozi ba RLDSF (ikigega gitera inkunga imishinga ya leta) hamwe n’akarere ka Gatsibo kuri uyu kabiri tariki 9/10/2012 basuzumye aho ishyirwa mubikorwa ry’imwe mu mishinga igaragara mu ngengo y’imari ya 2012-2013 igeze hamwe na gahunda ya VUP mu karere.

Muri iri suzuma abakozi bahagarariye VUP mu mirenge 4 ikoreramo mu karere ka Gatsibo, bagaragaje ko amafaranga iyi gahunda yagenewe muri uyu mwaka ari make ukurikije abagenerwabikorwa bagomba gufashwa muri Gahunda ya VUP.

Umubare munini w’abatishoboye ugaraga mu karere ka Gatsibo ugomba gufashwa mu kwivana mu bukene,ugaragazwa n’icyegeranyo cya minisiteri y’Imari n’igenamigambi, icyegeranyo kigaragaza uko uturere duhagaze ku baturage bakibarirwa munsi y’umurongo w’ubukene.

Aka karere ka Gatsibo kagaragara mu turere 10 twambere dufite abaturage benshi babarirwa mu nsi y’umurongo w’ubukene bangana na 56.9%.

Mu gukora urutonde rw’abagomba gufashwa na gahunda ya VUP, ubu ikorera mu mirenge 4 muri aka karere,amafaranga yagaragajwe ko akenewe mu gihe kingana n’umwaka, siko yatanzwe. Mu murenge wa Kiziguro hasabwaga miliyoni 35,ariko hatangwa izigera kuri 25.Mu murenge wa Gsange hasabwaga miliyoni72,hatangwa izigera kuri 20.

Icyakora n’ubwo amafaranga ari make,ubuyobozi bw’akarere ka Gatsibo bugaragaza ko abatishoboye bagomba gufashwa bose. Ibi bikazasaba kongera kwerekana abagomba gufashwa hakurikijwe amafaranga akenewe,ubwo ingengo y’imari izaba isubirwamo mu ntangiriro z’umwaka utaha.

Umuyobozi w’aka karere Ruboneza Ambroise avuga ko nta gahunda ihari yo kugabanya abagomba kugenerwa ubufasha, yagize ati“ntabwo turibuvuge ngo bamwe turabahishe ahubwo turerekana uko ikibazo gihagaze tuvuge tuti twari twibwiye ko dufite abakene 85 none dusanze dufite 130 hanyuma inzego zidukuriye zibe zadufasha gushaka igisubizo.” Uku ni ko asanga ikibazo kizakemurwa.

 

 

Hagiye kubakwa umudugudu

Rwanda | Muhanga: Hagiye kubakwa umudugudu w icyitegererezo uzatwara miliyoni 500

Tags: , , , ,


Hagiye kubakwa umuduguduUbuyobozi bw’akarere ka Muhanga bwatangaje ko mu mihigo y’uyu mwaka wa 2012-2013, bwateganije miliyoni zirenga 600 zo zagenewe gusa gutuza abaturage b’aka karere mu midugudu.

 

Mu gikorwa cyo kumurikira imihigo y’uyu mwaka, inama njyanama y’aka karere akaba ari nayo mukoreshwa wa komite nyobozi y’akarere, Yvonne Mutakwasuku, umuyobozi wako yavuze ko bagiye gutangira kubaka umudugudu w’icyitegererezo ndetse bakazanafasha abatuye amanegeka gutura mu midugudu.

 

Mutakwasuku avuga ko umududu wa Muyebe mu kagari ka Ruhango ho mu murenge wa Rongi ho mu karere ka Muhanga ariwo mudugudu watoranijwe nk’umudugudu w’icyikegererezo.

 

Uyu mudugudu ukazavuguruwa amazu yawo hashyirwaho ibisenge bishya ndetse n’ibindi bikeneye kuvugururwa bikazavugururwa kuri ayo mazu.

 

Avuga kandi ko uzagezwamo n’ibikorwaremezo  birimo amazi, ibitaro, biogazi kuburyo buri muturage uwutuye azajya akoresha ingufu za biogas aho gukoresha inkwi.

 

Uyu mudugudu kandi uzashyirwamo ikiraro rusange cy’inka zizajya zikamirwa abawutuye ndetse zibahe n’ifumbire. Iki kiraro kikazanafasha ku byerekeranye na biogas. Iki gikorwa cyateganirijwe miliyoni 500 z’amafaranga y’u Rwanda kugirango gikorwe.

 

Mutakwasuku avuga kandi ko bateganije miliyoni zirenga 100 zo gutuza abatuye aka karere mu midugudu cyane ko ari kamwe mu turere tuza mu myanya ya mbere mu gihugu ku gutura nabi.

Amazu y’imidugudu ateganijwe kubakwa muri iki gikorwa agera kuri 6 500.

 

Akarere ka Muhanga kaza mu Turere dukennye mu gihugu haba mu miturire mibi ikagaragaramo ndetse no mu bindi. Aka Karere kandi kaje ku mwanya wa 23 mu turere twa nyuma dukennye tw’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’aka karere butangaza ko abafatanyabikorwa b’Akarere ka Muhanga “JADF”, bafite uruhare mu bikorwa by’iterambere ry’Akarere, akaba ari yo mpamvu bagomba kumenya ibiteganywa gukorwa mu mihigo y’akarere, kugirango babitangemo ubwunganizi.

Bavuga ko imiturire mibi ibangamira iterambere, akaba ariyo mpamvu hagiye gukorwa ibishoboka abaturage batuye nabi nko mu mirenge ya Kabacuzi, Ndiza, Nyabinoni na Rongi bagatuzwa ku midugudu, aho bizoroha kubagezaho ibikorwaremezo, byo shingiro ry’iterambere rirambye.
Kugeza ubu abafatanyabikorwa b’Akarere ka Muhanga bagera ku ijana na bane, (104) bagizwe n’ibyiciro by’abantu bitandukanye, birimo imiryango y’abanyamahanga, iyo abanyarwanda, ibigo n’amadini.

 

 

 

 

m_Uburyo amafaranga

Rwanda | Kayonza: Uburyo amafaranga asohoka mu karere bituma bamwe batayakoresha neza uko babiteganyije

Tags: , , , , , , , , , , , , , , ,


Zimwe mu nzego  zikorera mu karere ka Kayonza zirinubira uburyo abashinzwe gusinyira ko amafaranga avanwa kuri konti y’akarere agakoreshwa babidindinza bigatuma hari bimwe mu bikorwa bidakorwa neza uko byateganyijwe bitewe no gutinda kuboneka kw’amafaranga.

m_Uburyo amafaranga

Abaherutse guhura n’icyo kibazo ni urwego rw’urubyiruko mu karere ka Kayonza. Umuhuzabikorwa w’inama nkuru y’igihugu y’urubyiruko muri ako karere, CNJR, Uwizeyimana Placide, avuga ko urwego ahagarariye rwasabye amafaranga yari agenewe urubyiruko mu ngengo y’imari kugira ngo akoreshwe ibikorwa by’urubyiruko, ariko amafaranga ntaboneke.

Avuga ko ababishinzwe bavugaga ko nta mafaranga ahari. N’ubwo ariko bakunze kuvuga ko nta mafaranga ahari, ku munota wa nyuma ubwo ingengo y’imari y’umwaka wa 2011/2012 yari iri gusozwa, abahagarariye urubyiruko bamenyeshejwe ko amafaranga yabonetse.

“Twagiye dusaba amafaranga kenshi bakatubwira ko adahari, ariko ingengo y’imari igiye kurangira baratubwira ngo amafaranga yabonetse (…) urumva ko amafaranga nk’ayo rero n’iyo wayabonye ntabwo akoreshwa neza ibyo yagombaga gukora kubera ukuntu aba yaje atunguranye” Uku niko Uwizeyimana yabisobanuriye inama njyanama y’akarere ka Kayonza.

Uwizeyimana avuga ko ayo mafaranga yakoreshejwe mu bikorwa by’amahugurwa y’urubyiruko na yo ataritabiriwe uko byari bikwiye kubera ko abagombaga kuyajyamo batunguwe bigatuma bamwe batayitabira.

Bamwe basanga ikibazo kiri ku bashinzwe gusinyira ko amafaranga yasohotse, kuko ngo “baba basiragiza abakeneye gukora ibikorwa amafaranga aba yaragenewe, bakanga gusinya mu gihe gikwiye”

Umuyobozi w’inama njyanama y’akarere ka Kayonza, Butera K. Jean Baptiste avuga ko inzego zimwe na zimwe zidakwiye kugenerwa amafaranga mu ngengo y’imari y’akarere ngo bibe mu nyandiko gusa, asaba ko amafaranga yajya ahabwa abo yagenewe mu gihe gikwiye kugira ngo akoreshwe ibyo yagenewe.

 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia