Umuyobozi w’akarere ka Burera arahamagarira abanyaburera bose kujya bubaha no guha agaciro inkeragutabara nk’urwego rubafasha kubungabunga umutekano bumva ko ari abantu nk’abandi.
“(inkeragutabara) Bazi uburyo uburyo bwo kurinda umutekano. Ni abantu rero tugomba kumva, ni Aabanyarwanda, ni abana bacu, ni abavandimwe bacu, aho kugira ngo babatererane…” nk’uko Sembagare Samuel umuyobozi w’akarere ka Burera abisobanura.
Uyu muyobozi avuga ko usanga rimwe na rimwe abanyaburera basuzugura urwego rw’inkeragutabara maze inkeragutabara imwe yakora ikosa bakaryititra urwego rwose nyamara ari umuntu umwe warikoze.
Niba inkeragutabara imwe yakoze ikosa ntabwo abantu bakwiriye gufata urwego rwose ngo rwakoze amakosa. Ahubwo ni abantu badufata mu bikorwa by’iterambere nk’uko Sembagare abihamya.
Mu karere ka Burera inkeragutabara zirwanya ibyaha bitandukanye birimo kurwanya “Abarembetsi” bazwiho kwinjiza ikiyobyagwenge cya kanyanga muri ako karere bagikuye muri Uganda.
Abarembetsi ni itsinda ry’abagabo bakwirakwiza iyo kanyanga. Bazwiho kwitwaza intwaro za gakondo zirimo ibisongo, ibyuma, imipanga z’ibindi, mu gihe bagiye kuzana kanyanga muri Uganda.
Nta muturage usanzwe ushobora kubakoma imbere kuko bashobora kumugirira nabi. Inkeragutabara nizo zihangana nabo zikabambura kanyanga ababa bikoreye.
Abarembetsi bijundika izo nkeragutabara, bazitera ubwoba kuburyo bagera naho bazitera mu ngo bagakomeretsa amatungo yazo: ugasanga inka inkeragutabara itunze bayiciye nk’umurizo cyangwa ugutwi.
Umuyobozi w’akarere ka Burera avuga ko ibyo badashobora kubyihanganira kuko byaba ari ukurengera.
Agira ati “Niba hari itungo ryangirijwe mu kagari, mu mudugudu, abo baturiye aho kuba batatabaye bagomba kurigura. Bagashyira amafaranga hamwe bakarigura kandi bakarinda na wa mururage.”








