Imiryango y’abacitse ku icumu rya Jenoside ndetse n’iy’abasigajwe inyuma n’amateka igera kuri 40 itishoboye yo mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango, yagabiwe inka n’umuryanda witwa Bureau Social de development tariki ya 18/06/2012.
Imiryango yagabiwe inka yashimiye cyane Perezida Paul Kagame washyizeho gahunda ya Girinka, igamije guteza imbere ubuzima bwiza bw’abanyarwanda, aho bavuze ko ubu bagiye gutandukana n’imirire mibi kuko bagiye gutangira kunywa amata ndetse n’ifumbire ikaboneka.
“Kuri njye ndumva ari nk’inzozi, dore nawe ubu nujuje imyaka 54 uretse nanjye nta muntu wo mu muryango wacu wigeze atunga inka, none njye ngiye kuba umworozi” Ruyigirana Leonard umwe mu bacitse ku icumu rya jenoside wagabanye inka.
Mutungirehe Yohana wasigajwe inyuma n’amateka, nawe ni umwe mu bagabanye inka, avuga ko ubu agiye gutera imbere nyuma y’igihe cyinini y’ibanira n’ubukene.
Mutungirehe avuga ko akimara gutoranywa mu bazahabwa inka, ngo yumvise bimutunguye kuko yajyaga yumva abandi bahabwa inka akibaza impamvu we iyi gahunda itamugeraho ariko ubu kaba asaba n’indi miryango itaragerwaho n’iyi gaunda ko bihangana bategereje.
Karamira Prudence ni umunyamabanga nshingwabikorwa w’umuryango Bureau Social de development avuga ko izi nka batanga bazigenera imiryango itishoboye ariko nabwo ikaba ifite ubushobozi bwo kuzorora, ngo kuko hari igihe ushobora guha inka umuntu adafite ubushobozi bwo kuyorora ugasanga umupfanye ubusa kandi yakabaye ihwabwa undi ubifitiye ubushobozi.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Byimana Nahayo Jean Marie, avuga ko hari imiryango ihabwa inka ugasanga bahise bayigurisha.  Aha Nahayo akaba yihanangirije imiryango yagabanye inka kutazibeshya bazigurisha kuko uzabikora akamenyekana azakurikiranwa.
“nimuzigere mutekereza kugurisha izi nka muhawe, ahubwo muziteho kugirango zororoke namwe mworoze abandi muturanye batishoboye” Nahayo.






