Umwana witwa Irakoze utuye mu mudugudu wa Kabashotsi, akagari ka Nyamabuye, umurenge wa Kagogo, mu karere ka Burera arebesha ijisho rimwe kubera ko irindi ryapfuye nyuma y’uko rikomeretse ababyeyi be bakabura amafaranga yo kujya kumuvuza.
Uwo mwana ufite imyaka itanu y’amavuko afite ababyeyi bombi: Munyawera Bernard na Nyirambonigaba Jackeline. Abo babyeyi bombi ntibishoboye. Batunzwe no guca inshuro hirya no hino.
Nyirambonigaba, nyina w’uwo mwana, avuga ko umwana we, Irakoze, yakomeretse ijisho ry’iburyo ubwo yari arimo akina n’abandi bana mu ntangirizo z’umwaka wa 2012. Umwana umwe mu bo bakinaga yamuteye agakezo (kahira ubwatsi) maze kamufata mu jisho rirakomereka cyane nk’uko abisobanura.
Akomeza avuga ko bahise bamujyana ku kigo nderabuzima cya Gitare, kiri mu murenge wa Kagogo, babona ubukomere afite bugoye, maze icyo kigo nderabuzima kimujyana mu bitaro bya Ruhengeri kugira ngo bamuvure neza.
Umuganga wo mu bitaro bya Ruhemgeri yasuzumye ijisho rya Irakoze asanga ryarononekaye cyane, bararipfuka, ariko asaba ababyeyi b’uwo mwana gushaka amafaranga kugira ngo bazajye kumuvuza ku bitaro bya Kabgayi, mu ntara y’amajyepfo, kuko bizobereye mu buvuzi bw’amaso nk’uko Nyirambonigaba abisobanura.
Agira ati “…umugabo (wa Nyirambonigaba) yamushubije yo (kwa muganga) umudogiteri ararisuzuma asanga ijisho ryarononekaye, ati “muzehe ni ugushaka ibihumbi 20 mukajya i Kabgayi…tubura amikoro, tubuze amikoro umwana tumurekera mu rugo nta handi twagiye kumuvuza”.
Akomeza avuga ko no kuba igisebe cyari kiri kuri iryo jisho cyaracyize ari ah’Imana kuko nta bundi buvuzi buhambaye yabonye. Umuti w’amaso w’igitonyanga ugura amafaranga y’u Rwanda 500 ngo niwo Nyirambonigaba yavurishaga ijisho ry’umwana we.
Nyirambonigaba avuga ko aterwa agahinda no kuba umwana we agize ubumuga bw’ijisho akiri muto bidatewe n’ikindi ahubwo ari ubukene. Yongera ho ko abonye ubufasha yajyana umwana we kumuvuza akazakura areba neza. Ngo yizeye ko umwana we yakira.
Ikigaragaraza ko Irakoze arebesha ijisho rimwe ni uko iyo afunze ijisho rizima ry’ibumoso, iry’iburyo, ariryo ritabona, n’ubwo riba rikanuye, avuga ko nta kintu na kimwe arirebesha.
Ikindi ni uko iyo urebye mu jisho ritareba ry’uwo mwana, ubona ku mboni hariho akantu k’umweru kameze k’ishaza ryo mu jisho. Ako kantu gashobora kuba ariko gatuma iryo jisho ritareba. Inzobere mu buvuzi bw’amaso baribaze bakagakura mo ashobora kongera akabona.
Irakoze avukana n’abana bane. Ababyeyi babo ntibishoboye kuko baba mu nzu y’icyumba kimwe. Nta sambu, nta n’itungo bafite kuburyo byabaha amafaranga bakaba bavuza umwana wabo.

