Utubari n’uburiro (restora) bwo mu Kagali ka Rusagara, Umurenge wa Gakenke twafunzwe n’ubuyobozi mugitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 05/03/2013 nyuma yo kugaragara ko nta suku dufite kandi tugateza umutekano muke mu Mujyi wa Gakenke.
Ku nzugi z’utwo tubari, ubuyobozi bwashyizeho impapuro zivuga ko ubwo bubari bufunzwe kubera impamvu ebyiri nyamukuru ari zo isuku nke n’umutekano muke uturangwamo.
Abana bato b’abakobwa bigize indaya ndetse n’inzererezi z’abasore ni bo bagana utwo tubari ugasanga birakurura umutekano muke; nk’uko Murekezi Patrick, ukuriye Local Defense mu Karere washyize mu bikorwa ifungwa ry’utwo tubari yabitangaje, Mu magambo ye, Murekezi yagize ati: “Utu tubari dufunzwe kubera umutekano muke uterwa n’indaya na mayibobo ndetse n’isuku nke ihari cyane iyo ugenzuye ubwiherero usanga nta suku ihagije ku buryo abakiriya baba bafite umutekano.”
Utwo tubari dukomatanya imirimo yo gucuruza inzoga n’amafunguro, usanga aho bategurira amafunguro harahindutse umukara n’ibyo babiteguriramo na byo ari uko ku buryo bishobora gutera abaturage indwara ziterwa n’isuku nke.
Ahagaze imbere y’umuryango akoreramo n’agahinda mu maso, Mukanyandwi Melanie, yavuze ko icyemezo bafatiwe cyabatunguye bityo kikaba kibateza igihombo kuko hari ibintu yari yateguye gucuruza bipfa. Ariko, yiyemerera ko akabari akoreramo kazamo indaya ziteza umutekano muke.
Inama y’umutekano yaguye yateranye mu mpera za Gashyantare yasabye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gakenke guhagurikira ikibazo cy’utubari twabaye indiri y’isuku nke n’indaya zihungabanya umutekano two mu Mujyi wa Gakenke.














