Nyuma y’igihe gisaga amezi abiri impunzi z’Abanyekongo zigeze mu nkambi ya Kigeme, bamwe muri izi mpunzi batangiye gushakisha uburyo bwo kwirwanaho kugira ngo ubuzima bukomeze.
Kugeza ubu iyi nkambi ya Kigeme iherereye mu karere ka Nyamagabe imaze kugeramo impunzi zahunze imirwano iri kubera mu burasirazuba bwa Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo zisaga ibihumbi 13. Gusa n’ubwo ubuzima bw’inkambi butoroshye zimwe mu mpunzi ziri muri iyi nkambi zigaragaza ko zitigeze zicika intege.
Mukashema Desange, umwe mu mpunzi zageza bwa mbere mu nkambi ya Kigeme, ubu yatangiye umwuga wo kudoda imyenda akoresheje imashini yakodesheje mu baturage baturiye inkambi ya Kigeme.
Mukashema avuga ko kuva yatangira kudoda ubuzima bwe mu nkambi bwahindutse kuko abasha kwigurira bimwe mu bikoresho akenera mu buzima bwe bwa buri munsi.Yagize ati “ ubu mbasha kwigurira agasabune, akunyu n’utundi tuntu dukenerwa mu buzima.”
Ubusanzwe ishami ry’Umuryango w’ Abibumbye ryita ku mpunzi riha impunzi ziri mu nkambi ya Kigeme ibiribwa. Gusa izi mpunzi zivuga ko ibi biribwa biba bidahagije ku buryo byatunga umuntu byonyine, ikaba ariyo mpamvu impunzi zigomba kwigurira ibindi biribwa ziba zikenera.
Mukeshimana Olive, w’imyaka 20 nawe afite akameza acururizaho ibirirwa hamwe n’ibikoresho bitandukanye nk’amasabune, ibibiriti n’ibindi.
Mukeshimana wari usanzwe acuruza mbere yo guhunga, avuga ko akigera mu nkambi yiyemeje kugira ikintu acuruza kugira ngo abone icyo azajya agaburira umwana we w’imyaka 5.
Yagize ati “ gucuruza birantunze njye n’umwana wanjye.Tukigera hano ntiyaryaga [umwana we] kuberako ibiryo HCR iduha byari byaramunaniye ariko ubu mbasha kumugurira ibindi akaneye ubuzima bugakomeza.”
Mukeshimana kandi avuga ko yamaze kwiyandikisha mu bagomba gukomeza amashuri ye kuko yahunze atararanggiza kwiga.Ibi kandi ngo ntibizamubuza gukomeza gukora ubucuruzi bwe.
Abantu nka Mukashema na bagenzi be bafite icyo bakora mu nkambi bibinjiriza amafaranga bemeza ko amafaranga bakura mu byo bakora ariyo atuma birwanaho ndetse n’ubuzima bwabo bugakomeza. N’ubwo icyo bifuza kurusha ibindi ari uko intambara zashira iwabo bagataha, bemeza ko mu gihe bitarashoboka bafite icyizere cyo kubaho.


