Tag Archive | "Rwanda construction"

Rusizi: Abayobozi barasabwa kubakira abacitse ku icumu amazu kuko aho bari hababangamiye

Tags: , , , , , , ,


Rusizi: Abayobozi barasabwa kubakira abacitse ku icumu amazu kuko aho bari hababangamiyeBitewe nuko amazu y’abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi amaze gusaza mu karere ka Rusizi, basanga igikorwa cyo kububakiara andi kigomba kwihutishwa kuko aho bari hatabakwiriye, ngo kuba abacitse ku icumu bagicumbitse muri ayo mazu adasobanutse ntibivuga ko akarere katazi ikibazo cyabo, gusa ngo bitewe n’uko ari benshi bahuriweho n’icyo kibazo nibyo byatindije iyubakwa ry’amazu yabo ariko nanone ngo ntibagomba kwiheba kuko akarere kazi ingorane bafite kuko bari gushakirwa uburyo bwose bwo kububakira amacumbi meza ajyanye n’igihe

Nirere Francoise Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu imari n’iterambere muri aka karere yatangaje ko hazashyirwaho amatsinda y’Imirenge agomba  gusura inzu ku yindi kugira ngo bamenye abakwiye kubakirwa vuba kuko bose batababaye kimwe, hari abari mu mazu ashaje cyane kuburyo bukabije ku ikubitiro akaba yavuze ko aribo babanza gusanirwa, kandi batangaje ko Iryo tsinda  rizaba rigizwe na Affaire Sociale w’Umurenge, Uhagarariye Ibuka, Uhagarariye AVEGA ndetse n’Inkeragutabara mu rwego rwo kugirango icyo gikorwa kizarusheho kugenda neza  bitewe nuko abacitse ku icumu bacumbitse ahantu habi mu mazu ashaje nkuko byakomeje kuvugwa muri aka karere, hafashwe umwanzuro wo kwihutisha isuzuma ry’amazu agomba kubakwa vuba kuburyo igikorwa cyo gusuzuma kitagomba kurenza  icyumweru kimwe.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere Ndemeye Arbert yavuze izi nzu zigomba gukurikiranywa muburyo bwo kuzubaka kuko ngo zizatwara amafaranga menshi barasaba inkeragutabara kuko ari nabo bazubaka aya mazu kutazayasondeka,  akaba yanasabye buriwese kubigira inshingano ze ,yasobanuriye abitabiriye inama uko amasezerano y’abazubaka ayo mazu azaba ateye ndetse n’uko azashyirwa mu bikorwa n’inshingano za buri ruhande. bemeje kandi ko Komite Nshingwabikorwa  ( zigizwe n’Inkeragutabara 7) zizaba ku rwego rw’Akagari  kugira ngo inzu zizabashe kwihutishwa. Komite Ngenzuzi ( igizwe n’Abantu 5 baturuka ku Buyobozi bw’Umurenge, Inzego za IBUKA na AVEGA) nayo ikaba ku rwego rw’Umurenge. Hemejwe kandi ko Inkeragutabara zizatanga ibigomba gukorwa kugira ngo babashe guhabwa amafaranga akenewe ukurikije ibizakorwa kugirango aya mazu azabe yujuje ibisabwa.

Nk’uko byifujwe na Gereza ko bakubakira bamwe mu bacitse ku icumu  inzu, abitabiriye inama bemeje ko Abagororwa bazubaka inzu 5 mu Murenge wa Mururu, gusa abagororwa barasaba Akarere cyangwa Umurenge kubabonera ibikoresho hanyuma nabo bakagaragaza umusanzu wabo mu rwego rwo gufata mu mugongo abacitse ku icumu doreko bagize uruhare muri izo ngaruka zose ziri kubacitse ku icumu.

Rusizi: Abayobozi barasabwa kubakira abacitse ku icumu amazu kuko aho bari hababangamiye

Rusizi: Abayobozi barasabwa kubakira abacitse ku icumu amazu kuko aho bari hababangamiye

Tags: , , , , , , , ,


Rusizi: Abayobozi barasabwa kubakira abacitse ku icumu amazu kuko aho bari hababangamiyeBitewe nuko amazu y’abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi amaze gusaza mu karere ka Rusizi, basanga igikorwa cyo kububakiara andi kigomba kwihutishwa kuko aho bari hatabakwiriye, ngo kuba abacitse ku icumu bagicumbitse muri ayo mazu adasobanutse ntibivuga ko akarere katazi ikibazo cyabo, gusa ngo bitewe n’uko ari benshi bahuriweho n’icyo kibazo nibyo byatindije iyubakwa ry’amazu yabo ariko nanone ngo ntibagomba kwiheba kuko akarere kazi ingorane bafite kuko bari gushakirwa uburyo bwose bwo kububakira amacumbi meza ajyanye n’igihe

Nirere Francoise Umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu imari n’iterambere muri aka karere yatangaje ko hazashyirwaho amatsinda y’Imirenge agomba  gusura inzu ku yindi kugira ngo bamenye abakwiye kubakirwa vuba kuko bose batababaye kimwe, hari abari mu mazu ashaje cyane kuburyo bukabije ku ikubitiro akaba yavuze ko aribo babanza gusanirwa, kandi batangaje ko Iryo tsinda  rizaba rigizwe na Affaire Sociale w’Umurenge, Uhagarariye Ibuka, Uhagarariye AVEGA ndetse n’Inkeragutabara mu rwego rwo kugirango icyo gikorwa kizarusheho kugenda neza  bitewe nuko abacitse ku icumu bacumbitse ahantu habi mu mazu ashaje nkuko byakomeje kuvugwa muri aka karere, hafashwe umwanzuro wo kwihutisha isuzuma ry’amazu agomba kubakwa vuba kuburyo igikorwa cyo gusuzuma kitagomba kurenza  icyumweru kimwe.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere Ndemeye Arbert yavuze izi nzu zigomba gukurikiranywa muburyo bwo kuzubaka kuko ngo zizatwara amafaranga menshi barasaba inkeragutabara kuko ari nabo bazubaka aya mazu kutazayasondeka,  akaba yanasabye buriwese kubigira inshingano ze ,yasobanuriye abitabiriye inama uko amasezerano y’abazubaka ayo mazu azaba ateye ndetse n’uko azashyirwa mu bikorwa n’inshingano za buri ruhande. bemeje kandi ko Komite Nshingwabikorwa  ( zigizwe n’Inkeragutabara 7) zizaba ku rwego rw’Akagari  kugira ngo inzu zizabashe kwihutishwa. Komite Ngenzuzi ( igizwe n’Abantu 5 baturuka ku Buyobozi bw’Umurenge, Inzego za IBUKA na AVEGA) nayo ikaba ku rwego rw’Umurenge. Hemejwe kandi ko Inkeragutabara zizatanga ibigomba gukorwa kugira ngo babashe guhabwa amafaranga akenewe ukurikije ibizakorwa kugirango aya mazu azabe yujuje ibisabwa.

Nk’uko byifujwe na Gereza ko bakubakira bamwe mu bacitse ku icumu  inzu, abitabiriye inama bemeje ko Abagororwa bazubaka inzu 5 mu Murenge wa Mururu, gusa abagororwa barasaba Akarere cyangwa Umurenge kubabonera ibikoresho hanyuma nabo bakagaragaza umusanzu wabo mu rwego rwo gufata mu mugongo abacitse ku icumu doreko bagize uruhare muri izo ngaruka zose ziri kubacitse ku icumu.

Ngoma: RURA promises to construct house for elderly Genocide survivor

Ngoma: RURA promises to construct house for elderly Genocide survivor

Tags: , , , , , , , ,


Ngoma: RURA promises to construct house for elderly Genocide survivorThe Rwanda Utilities Regulatory Authority [RURA] promised to construct a house for a 61 year old man Alexis Rwakarema, a 1994 genocide survivor in Rukumberi who has been staying in other people’s home with his 6 children for the past 19years.

 RURA took on this discussion as one way of helping vulnerable people in this area who suffered the 1994 genocide against the Tutsi since this place was badly affected.

 As said by Beathee Mukangabo from RURA they decided to help this area, because it’s one area with very bad history of the genocide.

“We were helped by IBUKA and the National Commission Against the Genocide [CNLG] to select this area because it has very many people suffering all because of the bad incident that happened to them”, said Mukangabo.

 In his words, Rwakarema thanked RURA for the help saying that he was so happy that at last he was going to leave his children somewhere.

 It was however noted that the genocide survivor’s social wellbeing was improving a lot in this area compared to the past years by Callixte Kabandana from ARGR an association for genocide survivors in Rukumberi.

 RURA did not only help this elderly man but also other 5 families of genocide survivors which they promised to continue helping in any way possible.

 These people were encouraged to always strive for self-reliance which will help them gain self-respect.

01

Rukumberi: Nyuma y’imyaka 19 arokotse Jenocide acumbitse, RURA igiye kumwubakira inzu

Tags: , , , , , , , ,


01Rwakarema Alexis  umusaza w’imyaka 61 y’amavuko utishoboye warokotse Jenocide yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994,akaba yari amaze imyaka  19 acumbitse atarubakirwa, agiye kubakirwa inzu n’ikigo cy’igihugu gishinwe kugenzura inzego zimwe z’imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA).

 Uyu musaza  abana n’abana batandatu akaba yari amaze imyaka 19 acumbitse atagira aho yakwita iwe yaba. Ikigo RURA kiyemeje kumwubakira inzu n’igikoni ndetse n’ubwiherero.

 Mbere yari yubakiwe n’abari muri TIG inzu y’amatafari y’ibyondo (inkarakara) iza guhita isamburwa n’umuyaga atarayitaha bityo gahunda yo kongera kubakirwa ngo yari itarongera kumugeraho.

 Mu gikorwa cyo gushyira ibuye fatizo ahazubakwa iyo nzu, Mukangabo Beathee, umuyobozi mukuru muri RURA ushinzwe abakozi yavuze ko bahisemo gufasha abanya-Rukumberi bacitse ku icumu batishoboye kuko ari ahantu hafite amateka yihariye kuri Jenocide.

 Yagize ati”Twahisemo Rukumberi kuko ari ahantu hafite amateka yihariye kuri Jenocide  tubifashijwemo na Ibuka na CNLG ku rwego rw’igihugu badufasha guhitamo hano kuko hari abantu bababaye cyane nkuko mubyibonera.”

 Mu ijambo rigufi cyane yagejeje kubari aho yavuze ko ashimiye abagize uruhare muri icyo gikorwa ndetse ko abasabiye umugisha kuma Mana.

Yagize ati ”Muri make icyi gikorwa kiranshimishije cyane kuko mbonye iwanjye. Ikinshimishije ni uko noneho ngize nicyo mba ntasiga abana banjye bandagaye nta bindi byinshi mvuga twese Yezu Christu aduhe umugihsa.”

 Uhagarariye  association y’abarokotse Jenoside b’ I Rukumberi (ARGR) Kabandana Callixte, yavuze ko imibereho y’abacitse ku icumu muri Rukumberi igenda ibamo myiza ugereranije n’ imyaka yashize kuko ngo byari bibi cyane.

 Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rukumberi, Nyamutera Emmanuel aherutse gutangaza ko hakiri amazu atari make y’abacitse ku icumu rya Jenocide iRukumberi  ameze nabi kuburyo bugaragara.

 Uretse kubakira uyu mugabo utishoboye, RURA yanatanze ibikoresho by’ibanze kumiryango itanu itishoboye yarokotse Jenocide ndetse iniyemeza kubaba hafi babafasha uko bizabashobokera. RURA yakanguriye abatishoboye bafashijwe guharanira kwigira.

Abaturage barashishikarizwa 2

April community work to focus on renovating genocide survivors’ houses

Tags: , , , , , , , , ,


The end of the month of April community work which will be on Saturday the 27th.April.2013 in the whole country will be precisely on projects to renovate the houses for vulnerable 1994 genocide against the Tutsis survivors announced the ministry of Local Governments.

Abaturage barashishikarizwa 2

Most houses for genocide survivors need renovations

Dr. Alvera Mukabaramba the state minister for public development and social affairs in the message she passed out to the 30 districts in the country stated that the community work for Saturday the 27th will specifically done in villages through renovating houses for the vulnerable genocide survivors.

The announcement also specified the categories of people whose houses will be renovated including vulnerable widows of genocide, old man and women who have no family members due to the 1994 genocide, needy orphans of genocide, poor and sickly genocide survivors and any genocide survivor who is worth the support.

Local leaders are to make lists of the people whose houses will be renovated and their houses and to solicit the help of engineers and people who are aware of construction in the villages and cells.

Concerning the tools they will use like soil, sand, stones and water they will be provided by the neighbouring families of the homes that will be reconstructed and in places where this will not be possible, these will be got from the FARG and MINALOC budgets in the districts.

For the houses beyond simple repair that will take more money to renovate them, Dr. Alvera Mukabaramba states that they should be left aside for they will be included in the 2013/2014 budget. In villages with no genocide survivors with houses to be renovated, they will have to renovate houses for other vulnerable people in the village.

Every district will have to select the site that need more enforcement than others and that is where the community work on the district level will be done. Actions to renovate the accommodation for the 1994 genocide survivors will be done once a week till the end of July 2013.

According to the research carried out by MINALOC in 2010, there are about 13000 houses for genocide survivors all over the country that need to be renovated.

 

m_Untitled

Ruhango: Nubwo batuye mu mudugudu utabamo uwarokotse jenoside bagaragaje uruhare mu gufasha abatishoboye batuye ahandi

Tags: , , , , , , , ,


Umudugudu wa Bisika mu kagari ka Mpanda umurenge wa Byimana mu karere ka Ruhango, nta muntu numwe warokotse jenoside yakorewe abatutsi uhatuye, ariko abaturage batuye uyu mudugudu barashimirwa cyane ubushake bagaragaje mu gufasha abarokotse batishoboye.

Ubwo hasozwaga icyumweru cy’icyunamo tariki ya 13/04/2013 nibwo aba baturage batuye umudugudu wa Bisika bakusanyije inkunga y’amafaranga y’u Rwanda agera ku 110000 bayashyikiriza ubuyobozi bw’akagari ka Mpanda kugirango nako karebe undi mudugudu urimo abarokotse jenoside batishoboye uyabafashishe.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Mpanda Habarurema Sothene, avuga ko bakimara kubona aya mafaranga ndetse ngo n’ibindi bikorwa uyu mudugudu wagiye ugaragaramo byo gufasha abarokotse batishoboye birimo imiganda n’ibindi ngo byarabashimishije cyane.

Uyu muyobozi akomeza avuga ko amafaranga bashyikirijwe n’uyu mudugudu ngo bageranyije n’andi baguramo utumasa tubiri badushyikiriza Nashamaje Antoine na Bosco barokotse jenoside batishoboye.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Byimana Nahayo Jean Marie, avuga ko iki ari ikimenyetso cyiza kigaragaza intambwe y’ubumwe n’ubwiyunge abanyarwanda bakomeje gushishikarizwa.

Ruhango: Nubwo batuye mu mudugudu utabamo uwarokotse jenoside bagaragaje uruhare mu gufasha abatishoboye batuye ahandi

Uru rwibutso rwa Byimana rwari rukikijwe n’imiyenzi ariko mu cyumweru kwibuka rwubakishijwe amatafarai

 Uretse iyi nkunga uyu mudugudu watanze, ngo wanagize uruhare rugaragara mu isanwa ry’urwibutso rwa jenoside rwa Byimana rwagaragaraga nk’urushaje rukavanwaho urugo rw’imiyenzi rugakikizwa n’amatafari ahiye; nk’uko bitangazwa na Jean Marie

Jean Marie yagize ati “kugirango uru rwibutso rutungwanywe aba baturage barugizemo uruhare cyane. Muri iki cyiciro cyambere, imirimo yo gusana yagombaga gutwara amaranga y’u Rwanda 25 00 000, none irangiye itwaye  2 400 000Frw,  muriyo 1 000 000 yatanzwe n’akarere kacu ka Ruhango, abaturage batuye mu murenge n’abawukoreramo hamwe n’abahavuka baba ahandi bakusanya 1400 000Frw”

Kuba uyu mudugu wa Bisika nta warokotse jenoside yakorewe abatutsi uhatuye, ngo ni uko na mbere ya jenoside na Mututsi wari uhatuye. Gusa ubu abawutuye bakaba bashimirwa ubwitanjye bagaragaza mu gufasha abarokotse jenoside batuye mu yindi midugudu.

Uyu mukecuru ararana n’inyana n’ihene

Ruhango: Bababajwe n’uko bagiye kwibuka ku nshuro ya 19 batarabona amacumbi bemerewe

Tags: , , , , , ,


Aya mazu yatangiye kurengerwa n’ibyatsiMu gihe hirya no hino mu gihugu barimo guharanira kugirango Abacitse ku icumu bazajye kwibuka ku nshuro ya 19 bafite aho bacumbika, mu karere ka Ruhango ho hari abemerewe amacumbi none imyaka igiye kuba ibiri batarayabona.

Imiryango umunani y’Abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, ituye mu murenge wa Ruhango, iravuga ko ibabazwa cyane n’uko igiye kongera kwibuka ababo bazize jenoside ku nshuro ya 19 batagira aho bacumbika,

Iyi miryango yemerewe kubakirwa amacumbi mu gihe cya mezi abiri guhera tariki ya 13/03/2012 kugeza tariki 13/05/2015.

Aya mazu yagombaga kubakwa mu mezi 2 none bimaze gufata umwaka n’igice

Aya mazu yagombaga kubakwa mu mezi 2 none bimaze gufata umwaka n’igice

Ariko ibi siko byagenze kuko ubwo twasuraga aya mazu 8 ari mutugari umunani tugize umurenge wa Ruhango, twasanze amwe yaraguye ataruzuzwa, icyakora hari izindi 3 zisa nkizuzuye ariko nazo ubona zubatse ku buryo budasobanutse ugereranyije n’agaciro k’amafaranga yagombaga gukoreshwa kuri buri nzu.

Buri nzu yari yagenewe gutwara amafaranga akabakaba muri miliyoni 2 n’ibihumbi 200, gusa iyo ubonye izuzuye usanga ntaho zihuriye n’agaciro kagenwe.

Kuko nta nzu nimwe igira igikoni, ubwiherero ndetse nazo ubwazo ukabona nta minsi zisigaje zitaragera hasi.

Inzu zitwa ko zuzuye nta misarane n’ibokoni zigira

Inzu zitwa ko zuzuye nta misarane n’ibokoni zigira

Mukangango Beata ni umwe mu bemerewe aya macumbi yubakiwe mu kagari ka Musamo, ari munzu zitwa ko zuzuye, avuga ko yabwiwe n’ubuyobozi ko agomba kwinjira munzu ye ngo ikazuzuzwa ayibamo, ndetse anategekwa gusinya ariko ntiyamenye icyo yasinyiye ngo kuko bamubwiraga ko asinyira umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari kuko adahari.

Uyu mukecuru yagize ati “ mwana wa narebye kubyanga kandi kuva narabuze abanjye sinagiraga aho mba kuko nacumbikaga, nuko ndabyemera. Ariko do singira aho ntekera, nshaka kwiherera nkabura uko mbigenza ureba uko ngana uku, iyo imvura iguye mba nziko intwarana n’iyi nzu”

Mukankundiye Veridiana we acumbikiwe mu kagari ka Buhoro, aba mu nzu y’ibyumba 2 na salon, icyumba kimwe akibanamo n’ihene n’akanyana k’inka ye, ikindi kikabamo inka nkuru naho salon ikararwamo n’abana.

Uyu mukecuru ararana n’inyana n’ihene

Uyu mukecuru ararana n’inyana n’ihene

Inzu yemerewe ntiruzura kuko Rwiyemezamirimo yayitaye igeze hagati. Uyu mukecuru avuga ko atamenya aho abariza. Icyakora ngo agerageza kubaza ku murenge bakamubwira ko Rwiyemezamirimo yataye amazu ataruzura ngo barimo kumukurikirana.

Aba babyeyi twaganiriye, bavuga ko ibi babaza cyane ariko ngo iyo icyunamo kigeze, barushaho kubabara cyane.

Ubuyobozi bw’umurenge wa Ruhango, buvuga ko iki kibazo bukizi ngo bukaba burimo gukurikirana, uyu Rwiyemezamirimo aho bwanamugejeje mu nzego z’ubugenzacyaha kugirango yuzuze amasezerano ye nk’uko bitangazwa na Nsanzimana Jean Paul umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu murenge.

Amizero Ntaganzwa Eric, ni rwiyemezamirimo watsindiye isoko ryo kubaka aya mazu, avuga ko impamvu yatumye atuzuza aya mazu, ngo yayapatanye mu gihe cy’imvura bituma yangirika cyane, ariko aremera ko bitazarenza ukwezi kwa Mata uyu mwaka atuzuye.

Gusa abakurikiranira hafi iyubakwa ry’aya mazu, basanga aya mazu atazapfa kuzuzwa vuba kuko rwiyemezamirimo ashigajemo amafaranga make ugereranyije n’ayo yapatanye. Aya mazu yose yagombaga gutwara amafaranga ari hejuru ya miliyoni 17 ubu akaba asigajemo miriyoni zitagera kuri 2.

Ubwo amasezerano yo kubaka aya mazu yasinywaga, hashyizweho komite y’abantu 5 bazajya bakurikirana Rwiyemezamirimo ndetse bakaba ari nabo bamusabira amafaranga bitewe n’ibikorwa, ariko ngo siko byagenze kuko uyu Rwiyemezamirimo amafaranga yagiye ayafata mu buryo butari mu maszerano.

Gusa uyu Rwiyemezamirimo, avuga ko komite yahawe nta mbaraga cyangwa ubushake yigeze igira mu byo yari yashinzwe ngo kuko bamwe byageze aho aranababura.

 

Abakozi ba ILPD hamwe n’abaturage bari hamwe mu gikorwa cy’umuganda

Nyanza: Abakozi ba ILPD bifatanyije n’abaturage bubaka ibiro by’umudugudu

Tags: , , , , , , ,


Abakozi b’ishuli rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko ( ILPD) riherereye mu karere ka Nyanza bifatanyije n’abaturage b’umudugudu wa Gatare mu kagali ka Nyanza  ko mu murenge wa Busasamana muri ako karere mu gikorwa cyo kubaka inyubako y’ibiro by’umudugudu.

Icyo gikorwa cyabaye tariki 27/02/2013 ubwo bakozi ba ILPD bifatanyaga n’abaturage baturiye hafi yacyo bakabafasha kubaka ibiro by’umudugudu wabo.

Abakozi ba ILPD hamwe n’abaturage bari hamwe mu gikorwa cy’umuganda

Abakozi ba ILPD hamwe n’abaturage bari hamwe mu gikorwa cy’umuganda

Uko bari 28 muri icyo gikorwa bamwe muri bo bakase urwondo abandi babumba amatafari azubakishwa ibyo ibiro by’imidugudu muri gahunda yo kubafasha kugira aho bakorera heza kandi hagutse nk’uko akarere ka Nyanza kabyiyemeje mu mihigo y’umwaka wa 2012-2013.

 

Uretse kuba abakozi ba ILPD batanze umusanzu wabo muri icyo gikorwa cy’umuganda byanabaye umwanya mwiza wo kumenyana n’abaturage batuye hafi y’icyo kigo akenshi bahoraga babacaho bibereye muri gahunda z’akazi kabo maze ntihagire aho bahurira nabo mu bikorwa nk’ibyo by’umuganda.

Ibyo  byashimangiwe na Ruzindana Alexis  akaba ari umukozi wa ILPD wagize ati: “ Ibi twabiteguye kugira ngo tumenyane n’abaturage kandi nabo bashobore kutwisangaho. Yakomeje avuga ko abakozi ba ILPD badashimishwa no kubaho bonyine badafite aho bahuriye n’abaturage kandi ibyo bakora biri mu nyungu za buri wese.

Ruzindana Alexis asanga n’ubwo ikigo cyabo cya ILPD gikora ibintu bijyanye no kwigisha amategeko hari abanyamahanga bagikoramo baba bakeneye ikintu cyo kubahuza n’abaturage mu bikorwa bimwe na bimwe by’amajyambere baba bakora akenshi kugira ngo nabo babyigireho.

Abaturage baturiye kigo cya ILPD si ubwa mbere babonye abakozi baho baza kubaha umusanzu mu bikorwa bitandukanye kuko buri mwaka bafasha nibura umuntu umwe wakozweho n’ingaruka za jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 kugira ngo bamufashe kwifasha nk’uko Ruzigana Alexis.

Uwimana Jean Noel Umuyobozi w’umudugudu wa Gatare wakorewemo icyo gikorwa cyo kubaka ibiro by’umudugudu wabo mu izina ry’abaturage ayoboye yishimiye ubwo bufasha bahawe n’abakozi b’ikigo cya ILPD.

Yagize ati: “ Ubu twishimiye kuba abantu twumvaga ko ari abasirimu tubatinya aribo baje badusanga ndetse bakemera kwicisha bugufi bakata icyondo hamwe n’abaturage bacu”.

Ibiro by’umudugudu wa Gatare abawutuyemo bifuza ko  byabera abandi intangarugero mu bwiza no mu bunini nk’uko Uwimana Jean Noel Jean Noel umuyobozi w’umudugudu abihamya.

Ku bijyanye n’agaciro ibyo biro by’umudugudu bizaba bifite bimaze kubakwa yasubije ko kagera kuri miliyoni 4 z’amafaranga y’u Rwanda (4. 0000.000frw).

Ibyo biro nibimara kuzura bizakemura byinshi mu bibazo bahura nabyo byo kubura aho bakorera inama ndetse naho bigishiriza abantu bakuru batazi gusoma kwandika no kubara bakibarizwa muri uwo mudugudu.

 

m_Nyabihu Harateganywa

Nyabihu: Harateganywa kubakwa amazu 37 y’Abacitse ku icumu batishoboye mu mwaka wa 2013

Tags: , , , , , ,


Juru Anastase uhagarariye  IBUKA mu karere ka Nyabihu,avuga ko imibereho y’abacitse ku icumu rya Jenoside igenda irushaho kuba myiza ugereranije na mbere

Juru Anastase uhagarariye IBUKA mu karere ka Nyabihu,avuga ko imibereho y’abacitse ku icumu rya Jenoside igenda irushaho kuba myiza ugereranije na mbere

Ugereranije no mu bihe byabanje,mu karere ka Nyabihu imibereho y’Abacitse ku icumu igenda igera ku ntera ishimishije,nk’uko Juru Anastase,uhagarariye IBUKA mu karere ka Nyabihu abivuga.

Kugeza ubu imiryango myinshi yubakiwe amazu,andi agenda asanwa ndetse n’ibindi bikorwa byinshi birabakorerwa nk’uko Juru abigarukaho. Juru yongeraho ko ubuyobozi bw’akarere ka Nyabihu bwumva ibibazo byabo vuba kandi bukihutira kubikemura. Gusa avuga ko hari amazu 37 y’abarokotse Jenoside  atarubakwa kugeza ubu.

Gusa kuri iki kibazo,umukozi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Nyabihu avuga ko impamvu ari uko batari babonye inkunga ya FARG mu mwaka wa 2012,ijyanye n’inyubako. Gusa yavuze ko ibyakozwe ari  nko guha imiryango 60 y’abacitse ku icumu batishoboye inka zatanzwe na FARG, mu bindi byakozwe,abanyeshuri 470 bishyuriwe amafaranga agera kuri miliyoni 113 banahabwa matera 400 ku mashuri bigaho.

Abacitse ku icumu batishoboye kurusha abandi ,bahawe inkunga y’ingoboka ingana na miliyoni 7 n’ibihumbi 830, banatangirwa mitiweli yatwaye miliyoni 4 n’ibihumbi 300.

Ku bijyanye n’inyubako, nubwo nta nkunga ya FARG yabonetse mu mwaka wa 2012, hubatswe  inzu imwe y’abana 7 bacitse ku icumu rya Jenoside bibana bo mu murenge wa Jenda,ikindi cyakozwe hasanwe amazu 22 y’abacitse ku icumu batishoboye. Mu bikorwa byo gusana, inkunga ikaba yaraturutse mu mafaranga abaturage batanze nk’inkunga mu gihe cy’icyunamo.

Ku kijyanye n’amazu 37 atarubakwa,Rwamucyo Francois avuga ko bafite gahunda yo kuyubaka muri uyu mwaka wa 2013, ku buryo batangiye gushishikariza abazakora ibyo bikorwa kuzabyihutisha. Avuga ko  inkunga ya FARG yo kubaka yabonetse muri uyu mwaka wa 2013,ku buryo umwaka w’ingengo y’imari uzarangira n’aya mazu yaramaze kurangira. Hakaba hazanatangwa inkunga yo gufasha abacitse ku icumu batishoboye mu gushira mu bikorwa imishinga yabo.

Ikigamijwe,akaba ari ukurushaho kuzamura imibereho yabo,no kubafasha kugera ku iterambere rirambye.

 

Kayonza Abubaka amazu

Rwanda | Kayonza: Abubaka amazu ahuriramo abantu benshi barasabwa kunoza imyubakire

Tags: , , ,


Kayonza Abubaka amazu

Abubaka amazu ahuriramo abantu benshi barasabwa kuyubaka mu buryo bukurikije amabwiriza agenga imyubakire kuko ashobora guteza impanuka igihe yubatswe nabi nk’uko bivugwa n’umuyobozi w’akarere ka Kayonza Mugabo John.

Abivuze nyuma y’uko urusengero rwa ADEPR Nyagatovu mu murenge wa Mukarange rwashenywe n’imvura ivanze n’umuyaga mu mpera z’ukwezi kwa cumi kwa 2012, nyuma bikaza kugaragara ko rwari rwubatse nabi.

Urwo rusengero rwari rwubakishije ibiti n’ibyondo, nyuma y’igihe rwubatse rushyirwaho urukuta rw’amatafari ndetse banashyiraho igisenge cy’ibyuma. Bamwe bavuga ko uburemere bw’igisenge cya rwo ubwacyo cyashoboraga guteza impanuka kuko cyari giteretse hejuru y’ibyondo na byo bidakomeye.

Ubwo rwasenyukaga nta muntu rwatwariye ubuzima, ariko uburyo rwasenyutse byateye impungenge abantu benshi. Bamwe mu babonye uburyo rwari rwasenyutse bemeza ko rwazize kubakwa nabi kuko nta yindi nzu mu gace ruherereyemo yigeze igira ikibazo.

Uburemere bw’igisenge bwabaye bwinshi bituma rusenyuka kuko ntaho cyari gifashe nk’uko umwe mu batuye hafi ya rwo abivuga.

Urwo rusengero rwarashenywe ku buryo aho rwari rwubatse ubu bigoye kumenya ko higeze kuba urusengero. Akarere ka Kayonza kari mu rugamba rwo gukuraho amazu yubatse mu kajagari ku buryo bamwe mu bari babujijwe kubaka mu kajagari bamaze no gusenyerwa.

By’umwihariko ku bijyanye n’insengero, umuyobozi w’akarere ka Kayonza asaba abanyamadini kubaka mu buryo bunoze. Aho kubaka ikintu kini kidashinga wakubaka gatoya ariko ukaba uzi ko gakomeye nk’uko umuyobozi w’akarere ka Kayonza abivuga.

 

 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia