Tag Archive | "Rwanda cooperative"

Huye: Abagenerwa inkunga y’ingoboka bashinze koperative Imanishimwe

Huye: Abagenerwa inkunga y’ingoboka bashinze koperative Imanishimwe

Tags: , , , , , , , ,


Huye: Abagenerwa inkunga y’ingoboka bashinze koperative Imanishimwe

Abagenerwabikorwa ba VUP bo mu Murenge wa Huye ho mu Karere ka Huye bari mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri cy’ubudehe, bagenerwa inkunga y’ingoboka, bashinze koperative yitwa Imanishimwe. Ibikorwa by’iyi koperative byatangijwe ku mugaragaro kuwa 15 Gicurasi, 2013.
Ferederiko Nzeyimana, perezida w’iyi koperative, avuga Imanishimwe igizwe n’abagenerwabikorwa ba VUP 405, ikaba yaratangiye gukora mu Ukuboza 2012. Buri wese yatanze amafaranga ibihumbi 10 avuye mu nkunga basanzwe bagenerwa, nuko bayaranguza ibishyimbo.
Yagize ati “n’ubwo ari bwo tugitangira, dufite icyizere cy’uko koperative yacu hari aho izatugeza. Twatangije amafaranga miliyoni eshatu n’ibihumbi 680. Twaranguye ibishyimbo bigura amafaranga 330 kuri mironko, none ubungubu mironko iragura 500, kandi turateganya gutegereza gato ku buryo tuzabigurisha bisigaye bihenze kurushaho.”
Ferederiko kandi atekereza ko inyungu bazakura muri ibi bishyimbo izaba irenga miriyoni imwe n’ibihumbi 200. Ayo mafaranga nibamara kuyabona, bazayegeranya n’andi mafaranga y’ingoboka bazahabwa muri iyi minsi, hanyuma bubakemo amazu yo gucumbikamo ahitwa i Sovu.
Impamvu ngo batekereje kubaka aya mazu i Sovu, ni uko ari ho Akarere ka Huye kari kwimurira inganda ndetse n’abanyamyuga itandukanye nk’iy’ubucuzi, ububaji, … baratekereza ko abazaza gukorera muri aka gace bazacumbika mu mazu yabo, bakabasha kubona amafaranga.
Ku bijyanye n’ingano y’inkunga y’ingoboka aba bagenerwabikorwa bategereje, Hakizimana Benigne, umukozi ushinzwe VUP mu Murenge wa Huye, avuga ko atari amafaranga makeya kuko azaba agera kuri miriyoni 17.
Yagize ati “amafaranga abagenerwabikorwa bategereje ni ay’amezi atanu. Naza, buri wese azahabwa 30% by’amafaranga yagenewe kugira ngo abashe kuyikenuza mu rugo, hanyuma 70% asigaye ni yo azavamo ziriya miriyoni 17 navugaga.”
Abanyamuryango ba koperative Imanishimwe bishimiye iki gitekerezo cyo kubafasha kwibumbira muri koperative, kuko ngo izababashisha kubona igikorwa bakuraho amafaranga igihe bazaba batakigenerwa inkunga.
Umukecuru uri mu kigero cy’imyaka 80, abajijwe icyo atekereza kuri koperative Imanishimwe abereye umunyamuryango yagize ati “iyi koterative (koperative) ndayishima, nkashima na Kagame … Paul Kagame uhora azarikana icyazamura n’abakene. Njyewe izamfasha ndayizeye pe! “
Umubyeyi bigaragara ko akiri mutoya (ari mu kigero cy’imyaka 25) wari waje aherekeje umubyeyi we ufite imyaka 90 we yagize ati “Iyi koperative izaduteza imbere. Kuko ntabwo twari twifite nyine, ariko ubu noneho dufite icyerekezo cy’imbere yacu heza.”

Abafite ubushobozi buke baranorojwe

MAMBA: Ababana n’ubumuga bamenye ko bashoboye

Tags: , , , , , , ,


Koperative KOIMA y’abafite ubumuga mu murenge wa Mamba ho mu karere ka Gisagara irishimira, aho igeze uyu munsi, ndetse ikanatangaza ko yiteguye gufatanya n’umuryango nyarwanda ku bw’umwihariko n’abatuye akarere ka Gisagara kurwanya ubukene no guharanira kwigira.

   Abafite ubushobozi buke baranorojwe

Iyi koperative ibumbiye hamwe abafite ubumuga bagera kuri 415, ibikorwa byayo bikaba ubworozi bw’ingurube, abayigize bavuga ko bamaze kwigirira icyizere kandi ko banabonye ko bashoboye bityo bakaba bahamya ko badateze na rimwe gusubira inyuma. Ibi babitangaje ubwo bari mu muhango wo kwizihiza umunsi mukuru w’abafite ubumuga muri iki cyumweru.

Ikindi kandi kibaha imbaraga uyu munsi ngo ni uko nta kikibashikamiye, ntawe ukibafata nk’abadashoboye, bahawe ijambo n’ubwisanzure ntaho bahezwa nko mugihe cyashize aho baterwaga ipfunwe no kuba hagati y’abandi bantu bagahitamo kwiheza.

Gahongayire Marie Grâce uhagarariye iyi koperative ati « Uyu munsi ntitugihezwa, ntitukitwa abahehejwe inyuma n’amateka, niyo mpamvu tiyemeje gukora tukazamuka kuko turashoboye »

Mu ijambo rye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mamba Nyirimanzi Gilbert yongeye gushimangira ko abafite ubumuga ari abantu nk’abandi bafite uburenganzira n’inshingano nk’iz’abandi benegihugu.  Ati: “twese dutandukanira ku ntege, ubushobozi n’ubumenyi, buri wese akwiye kurenga uko abandi bamubona kandi bamuha amazina atamukwiye agakora ashishikaye, akiteza imbere kandi akagirira igihugu cye akamaro”

Bwana Elysee Bakundukize Umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’abafite ubumuga mu karere ka Gisagara, garuka ku mateka n’imibereho yaranze abafite ubumuga, agaragaza impinduka zagiye zibaho kuva Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994 yarangira, aho yibukije ko ubu abafite ubumuga bahagarariwe kugeza ku rwego rw’igihugu,avuga ko ayo mahirwe bafite bakwiye kuyabyaza umusaruro biyubakira igihugu, akomeje cyane yongeye gusaba abafite ubumuga kutiheza, kwigunga no kwiyima ijambo kandi byose ari uburenganzira bwabo, abashishikariza kugira uruhare mu bikorwa bashoboye byubaka igihugu, bagatanga ibitekerezo byubaka, batirengagije no kubahiriza izindi nshingano z’umwenegihugu, yashimye byimazeyo ubuyobozi bwa Koperative yabo ndetse abasezeranya ubuvugizi igihe cyose.

Murwego rwo gukomeza gahunda yo kuzamurana mu babana n’ubumuga, habayeho no koroza ababana abadafite amatungo, bahabwa amatungo magufi.

 

 

Nyamagabe: FODECO yiyemeje kuzakoresha amafaranga yayo mu guhangana n’ingaruka za jenoside.

Nyamagabe: FODECO yiyemeje kuzakoresha amafaranga yayo mu guhangana n’ingaruka za jenoside.

Tags: , , , , , , , , , ,


Nyamagabe: FODECO yiyemeje kuzakoresha amafaranga yayo mu guhangana n’ingaruka za jenoside.Abagize koperative y’abacuruzi baciriritse bakorera mu mujyi wa Kigali ahitwa muri Sar Motor I Remera (FODECO) batangaza ko amafaranga yabo bazayakoresha mu guhangana n’ingaruka za jenoside aho kuyakoresha mu bikorwa bisenya igihugu.

Ibi ni ibyatangajwe n’umuyobozi wa FODECO, Umutesi Julia, ubwo abanyamuryango bayo basaga 70 basuraga urwibutso rwa jenoside rwa Murambi kuri uyu wa kane tariki ya 25/04/2013 baje kwigira amateka kuri uru rwibutso, ngo n’abato bayirimo bamenye ukuri kuri jenoside yakorewe abatutsi, ndetse n’abandi bakuru babashe kwibonera ibimenyetso by’umugambi wo kurimbura abatutsi.

Umutesi yatangaje ko abacuruzi bagize uruhare muri jenoside bityo abacuruzi bakaba bakwiye gusura inzibutso za jenoside ngo bafate ingamba zo kuba batashora imari yabo mu bikorwa bisenya igihugu nk’uko bagenzi babo babikoze.

Ati: “Muri jenoside n’abacuruzi babigizemo uruhare. Rero abacuruzi tudafashe igihe cyo kuza aha ngaha  kugira ngo tutazongera kugira uruhare ukundi nk’uko abandi bacuruzi twumvise babigenje mu gihe cya jenoside byaba ari amakosa”.

Umuyobozi wa FODECO yatangaje ko jenoside itazongera kubaho kuko bo batakwemera gushoramo amafaranga yabo, ahubwo bazayashora mu guhangana n’ingaruka zayo.

“Ntabwo jenoside izongera kubaho, amafaranga yo ayacu dufite nk’uko twabyiyemeje tuzayakoresha duhangana n’ingaruka za jenoside yabaye 1994, dufasha abatishoboye basizwe iheruheru n’iyo jenoside,” Umutesi.

Ibikorwa bya FODECO byagaragaje ko imvugo ariyo ngiro, kuko bahise bajya gusura umwe mu bacitse ku icumu rya jenoside utuye mu mudugudu wa Munyege mu kagari ka Ngiryi mu murenge wa Gasaka unabana n’ubumuga bw’ingingo kuko atagenda kubera kurwara imbasa akiri muto, ikaba yamuhaye ubufasha bw’ibihumbi 500 bw’amafaranga y’u Rwanda.

Nshimiyimana Mivumbi Justin w’imyaka 57 wabeshwagaho no gucuruza utuntu dutandukanye mu ikarito nka bombo, shikareti, itabi n’ibindi yashoyemo ibihumbi 20 yakuye mu nkunga y’ingoboka yahawe n’ikigega gitera inkunga abacitse ku icumu (FARG), yatangaje ko yishimiye kuba atewe inkunga akaba agiye kongera igishoro cye.

“Ubu ngiye gukoresha uko nshoboye kose nange nyabyaze kubaho. Nzongera utwo nacuruzaga,” Nshimiyimana.

Uretse gufasha uyu mugabo ufite umugore n’abana batanu bamuha amafaranga ibihumbi 500, banateye inkunga urwibutso rwa Murambi ingana n’ibihumbi 50 byo gufasha mu mirimo itandukanye, yose yavuye mu misanzu y’abanyamuryango.

 

 

Abaturage barashishikarizwa 2

Ruhango: Inkeragutabara 20 zaremewe, zihabwa inka na Koperative Imbere heza

Tags: , , , , , , ,


Abaturage barashishikarizwa 2

Minisitiri w’impunzi n’ibiza ashyikiriza Inyeragutabara inka 

Binyuze muri koperative y’inkeragutabara ikorera mu karere ka Ruhango yitwa Imbere heza, tariki ya 23/04/2013 yagabiye abanyamuryango bayo inka zigera kuri 20

Iki gitekerezo cyo kugabira izi Nyeragutabara ngo ni gahunda yo gutera ikirenge mu cya Nyakubahwa Perezida wa Repuburika Paul Kagame yagize cy’uko buri mu Nyarwanda yagira inka; nk’uko byatangajwe na Briged General Dan Gapfizi ukuriye inkeragutabara mu ntara Y’amajyepfo.

Abaturage barashishikarizwa 2

Umuyobozi w’Inkeragutabara mu ntara y’Amajyepfo

Yagize ati “niba Perezida avuga ko buri munyarwanda agomba kugira inka ndetse no kwiteza imbere, nta mpamvu yatuma Inkeragutabara zo zitagira inka zaziteza imbere mu gihe bavuye mu mirimo ya gisirikare basubiye mu buzima busanzwe”

Dan Gapfizi yasabye abahawe izinka kuzorora neza kugirango nabo bagire uruhare muguteza imbere aho batuye. Yakomeje avuga ko ibikorwa byo kuremera Inyeragutabara bigomba gukomeza.

Abahawe izi nka, ngo bishimiye kuba baratekerejweho nyuma y’uko bageze mu buzima busanzwe, ngo bakaba bagiye korora neza izi nka kugirango bashobore kubona ifumbire ndetse n’amata.

Ndabavunnye Athanase ni umwe mu nkeragutabara zahawe inka, yavuze ko inka ahawe igiye kumukura mu bukene kuko ngo azayitaho bishoboka akajya ayikama litiro zitari munsi 10 z’amata amwe akayanywa andi akayajyana ku isoko.

Minisitiri w’ibiza no gucyura impunzi, Mukantabana Seraphine wari umushyitsi mukuru mu muhango wo kuremera izi Nkeregutabara, yashimye inzego zose zagize uruhare muri iki gikorwa.

Akaba yanashimiye cyane uruhare rw’inkeragutabara zikunze kugaragara mu bikorwa bitandukanye cyane cyane igihe cy’ibiza ngo kuko arizo ziba izambere mu gutabara ndetse no gutanga amakuru.

Koperative Imbere heza, igizwe n’abanyamuryango 108 ikaba imaze umwaka n’amezi atandatu itangiye imirimo yayo yo gucunga umutekano gusa ngo ubu ikaba igiye gutangira ibindi bikorwa birimo no kubungabunga ibidukikije.

Kuremeraabatishoboyeniintego yak operative imyumviremyiza

Ngororero: Koperative Imyumviremyiza ntivangura mu kuremera abatishoboye

Tags: , , , , , , , ,


Kuremeraabatishoboyeniintego yak operative imyumviremyiza

Kuremeraabatishoboyeniintego yak operative imyumviremyiza

Abagize Koperative imyumviremyiza ikorera mu karere ka Ngororero iharanira kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge bw’abatuye akarere ka Ngororero bavuga ko batazigera bavangura mu gufasha no kuremera abatishoboye kuko umunyarwanda wese akwiriye kubaho neza.
Iyo koperative igizwe n’abantu bacitse ku icumu rya jenoside, abagize uruhare muri jenoside bireze bakemera icyaha, inkeragutabara, urubyiruko ndetse n’abandi baturage bakomeje kugenda bagana iyo koperative.

Kuremera abatishoboye ni intego yak operative imyumviremyiza
Murwego rwo kuremera abatishoboye no kwifatanya n’ababuze ababo muri jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994, kuwa 11 Mata, iyo koperative yaremeye abantu 10 batandukanye, harimo 6 barokotse jenoside batishoboye ndetse n’abandi bane batishoboye ariko batari mubacitse kwicumu rya jenoside.
Abaremewe bahawe amatungo arimo ihene n’inkwavu, ndetse bahabwa ibikoresho nk’amabasi n’amasabune hamwe n’amafi yo kurya yarobwe mubyuzi by’iyo koperative. Nsanzamahoro Jean, Perezida wa Koperative Imyumviremyiza akaba avuga ko ari gahunda bihaye yo gufasha abatishoboye kandi nta vangura muri gahunda y’ubumwe n’ubwiyunge.

Abaremewe bahawe n’amafi yo kurya
Perezida wa Koperative kandi avuga ko nubwo bafite abacitse kwicumu rya jenoside batishoboye benshi, bafite n’izindi ngeri z’abaturage bafite ibibazo by’ubukene, bityo bose bakaba bakwiye gufashwa nubwo ubushobozi bwa koperative bukiri bukeya.
Perezida wa IBUKA mu karere ka Ngororero bwana Niyonsenga Jean d’Amour wari muri icyo gikorwa akaba ashimira iyo koperative ndetse anasaba abantu bose muri rusange kwita kubibazo by’abatishoboye no kuba hafi abarokotse jenoside by’umwihariko. Yanashimye cyane iyo koperative ku kuba yarubakiye inzu umukecuru wacitse kwicumu wo mu murenge wa Muhororo.
Koperative imyumviremyiza igizwe n’abanyamuryango 74 ikaba ikora ibikorwa by’ubukangurambaga muri gahunda y’ubumwe n’ubwiyunge,

Abanyamuryango ba CITRAMORWA bahaye imfashanyo abanyeshuri b’abakene

Kabarore: Abanyamuryango ba CITRAMORWA bahaye imfashanyo abanyeshuri b’abakene

Tags: , , , , ,


Abanyamuryango ba CITRAMORWA bahaye imfashanyo abanyeshuri b’abakene

Abanyamuryango ba CITRAMORWA

Abibumbiye muri Koperative y’urubyiruko rutwara abagenzi ku mapikipiki mu Karere ka Gatsibo yitwa CITRAMORWA, ku munsi w’ejo tariki 27/3/2013 bashyikirije inkunga y’ibikoresho by’ishuri abana 16 baturuka mu miryango itishoboye bo mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo.

Ibi babikoze murwego rwo gufasha abana batishoboye kujya ku ishuri no kubaha icyizere ko uretse ababyeyi hari n’abandi babakunda kandi babatekereza bakabunganira mubushobozi bwabo bwo kujya ku ishuri.

Aba bana uko ari 16, barimo abo mu mashuri abanza n’ayisumbuye, abagize koperative bakaba bariyemeje kurihira umwana umwe mubafashijwe wari warahagaritse amashuri kugeza aho azumva ananiriwe.

Rwabalinda Aloys ni umuyobozi w’iyi koperative, avuga ko kugira umutima ufasha bitagomba ibintu byinshi ahubwo ari ukugira umutima ukunda abandi ugamije gucyemura ikibazo bafite n’ubwitange, akavuga ko ari indangagaciro abanyarwanda bagombye kugira bagafasha abana badafite ubushobozi bagashobora kwiga kuko ariwo murage umubyeyi akwiye guha umwana.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabarore Murara Kazora Fred, avuga ko abantu bose batekereje nk’ibi koperative y’abamotari yakoze, hari ibibazo byinshi byakemuka, kuko gufashanya byatuma abantu bose babaho neza.

Iki gikorwa ngo si ubwa mbere iyi koperative igikoze, kuko no mu nta ngiriro z’umwaka ushize bari bahaye abandi banyeshuli 10 batishoboye ibikoresho by’isshuli, aba banyamuryango bakavuga ko iki gikorwa kizakomeza.

 

Musanze - Barasabwa

Musanze – Barasabwa gufata neza inka 36 bahawe

Tags: , , , , , ,


Musanze - BarasabwaAbagize amakoperative 12 y’ababana n’ubwandu bwa SIDA, abatishoboye n’abandi bakozweho na SIDA, kuri uyu wa mbere tariki 25/03/2013 bashyikirijwe inka 36 mu murenge wa Rwaza akarere ka Musanze, mu rwego rwa gahunda yo koroza buri munyarwanda.

Izi nka z’inzungu ku kigero cya 50%, ngo zije gufasha abaturage kwivana mu bukene zibaha ifumbire ndetse n’amata, cyakora abahawe inka basabwe gusaranganya na bagenzi babo bataragerwaho, nk’uko byavuzwe n’umuyobozi w’akarere ka Musanze Mpembyemungu Winifrida.

Ati: “Kugirango izi nka zizabageze ku iterambere, murasabwa kuzifata neza, kandi ntimuzabure guha bagenzi banyu batarahabwa inka agafumbire, kuko umuntu muhuriye muri koperative muba muhuriye kuri byinshi”.

Ruhanamirindi Samir,umuyobozi w’ umuryango uharanira iterambere mu bwuzuzanye, watanze izi nka ku nkunga ya Global Fund, yagargaje ko abahawe izi nka babonye ubushobozi bwo gusezerera ubukene, bakarushaho kandi kuzifata neza kugirango zikomeze kwiyongera.

Inka  36 zatanzwe mu kiciro cya gatatu zitumye zose hamwe zimaze gutangwa n’uyu mushinga ziba inka 127, mu makoperative 12, aho buri yose if ite abanyamuryango 20.

 

 

Inkeragutabara zirasabwa

Nyamasheke: Inkeragutabara zirasabwa kwihesha agaciro mu byo zikora

Tags: , , , , , , , , ,


Inkeragutabara zirasabwa

Inkeragutabara zo mu karere ka Nyamasheke zirakangurirwa kwihesha agaciro mu byo zikora zirushaho kuba intangarugero mu bikorwa byo gucunga umutekano zikorera mu baturage.

Ibi byatangajwe n’Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke wungirije ushinzwe ubukungu, Bahizi Charles, ubwo kuri uyu wa kabiri, tariki ya 19/02/2013 yari mu nama n’Inkeragutabara zo mu mirenge ya Bushenge, Shangi na Nyabitekeri.

Muri iyi nama yayobowe n’Umukuru w’Inkeragutabara mu Ntara y’Iburengerazuba, Colonel John Tibesigwa, Inkeragutabara zo mu karere ka Nyamasheke zashishikarijwe gukomeza ibikorwa zikora byo kurinda umutekano hirya no hino mu mirenge zibarizwamo kandi iteka zikajya zirangwa n’imyitwarire iboneye.

Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke wungirije ushinzwe ubukungu, Bahizi Charles  yahaye ubutumwa izi Nkeragutabara bw’uko zikwiriye kuba intangarugero hirya no hino aho zikorera ku buryo umuturage uzibonye azisangana ikinyabupfura gikwiriye umuntu urinda umutekano, bityo bikazahesha agaciro umurimo bakora.

Inkeragutabara zo mu karere ka Nyamasheke kimwe n’ahandi ni abasirikari bahoze mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) ndetse n’abandi bitandukanyije n’Umutwe wa FDLR bagatahuka.

Uyu mutwe w’Inkeragutabara ukaba ugira uruhare mu gufatanya n’abaturage kwicungira umutekano.

Ubuyobozi mu nzego zitandukanye zikangurira Inkeragutabara ko zikwiriye kunoza umurimo zikora kandi zikagerageza kuba intangarugero kugira ngo ziheshe agaciro ubwazo ndetse zigaheshe n’umurimo zikora.

 

 

Ruhango kwibumbira mu matsinda

Rwanda | Ruhango: kwibumbira mu matsinda ni imwe mu nzira izafasha kwesa imihigo

Tags: , , , ,


Ruhango kwibumbira mu matsinda

Mbabazi Francois Xvier umuyobozi w’akarere ka Ruhango asaba abaturage kwibumbira mu matsinda

Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango, buravuga ko kwibumbira mu matsinda kw’abaturage ari imwe mu nzira izifashishwa  mu kwesa imihigo ya 2012-2013.

Mu mihigo y’akarere ka Ruhango y’umwaka wa 2012-2013, harimo umuhigo uvuga ko ubuyobozi bugomba gukora ibishoboka byose bugakura abaturage bakibarirwa munsi y’umurongo w’ubukene.

Kwibumbira mu matsinda, ni imwe mu nzira izafasha abaturage kwikura mu bukene; nk’uko bitangazwa na Mbabazi Francois Xavier umuyobozi w’akarere ka Ruhango.

Mbabazi avuga ko, iyo abaturage bibumbiye mu matsinda, bizigamira bakagurizanya bityo bigatuma uyobotse ayo matsinda abasha kwikenura mu byangombwa byinshi akeneye akabasha kuva munsi y’umurongo w’ubukene.

Nyuma y’aho bigaragaye ko hari abanyaruhango bamwe batangiye gahunda yo kwibumbira mu matsinda, umuyobozi w’aka karere asaba n’abandi guhindura imitekerereze bakegera abandi bagafatanya inzira y’iterambere.

Bamwe mu bamaze kwibumbira mu matsinda, bavuga ko ubu ubuzima bwabo bwamaze guhinduka, kuko bamaze kwivana mu bukene kandi ntayindi nkunga bakoresheje uretse kwizigamira no kugurizanya hagati yabo.

Umuryango wa Care interanatinal na AEE nibo bafasha abaturage b’akarere ka Ruhango kwibumbira mu matsinda.

Kugeza ubu mu karere ka Ruhango habarirwa amatsinda asaga 170, hakaba hari intego yo kongera umubare w’abitabira aya matsinda’ aho biteganyijwe ko uyu mwaka wajya gushira abaturage bagera ku bihumbi 20 bamaze kwibumbira mu matsinda.

 

 

RUSIZI Abanyamuryango ba

Rwanda | RUSIZI: Abanyamuryango ba Koperative Intambwe mu murimo bo mu murenge wa bweyeye bahejejwe mu gihirahiro.

Tags: , , , ,


RUSIZI Abanyamuryango baAbibumbiye muri Koperative Intambwe mu murimo yo mu murenge wa Bweyeye ho mu Karere ka Rusizi, batangaza ko bamaze igihe kirenga imyaka 2 n’igice baraheze mu gihirahiro, bashyizwemo na Rwiyemezamirimo Niyibaho Birthilde.

Ubusanzwe uyu Rwiyemezamirimo Niyibaho Berthilde, ngo niwe wari waragiranye amasezerano na Minisiteri y’Uburinganire n’iterambere ry’abagore, hagamijwe kwigisha abagize Koperative Intambwe mu Murimo , umurimo wo gutunganya ibihumyo hakoreshejwe imigina yabugenewe.

Icyaje guca intege abagize iyi Koperative ngo ni uko imirimo yo kubigisha itangiye, uwo rwiyemezamirimo yahise yigendera, avugako abuze ibikoresho,   nuko ibikorwa byo gutunganya ibihumyo byari byatangijwe n’uwahoze ari minisitiri w’Uburinganire n’iteramberer ry’umuryango Jeanne D’Arc Mujawamari, biba birahagaze.

Yaba abaturage kimwe n’abayobora iyo Koperative, bavugako byabahombeje kuko ibyo bari baratangiye byahagaze ndetse bakaba bari mu gihirahiro bitewe n’uko babona amafaranga arenga Miliyoni 2 yakoreshejwe mu kubaka ishyiga bakoresha bakagombye kuyakoresha indi mirimo, kandi bakaba basanga na Leta ubwayo yarahombye kuko yatangije ibitarabashije gukomeza.

Mu kiganiro twagiranye na Rwiyemezamirimo  wari watsindiye guhugura no gukurikirana imirimo yo gukora ibihumyo mu gihe cy’umwaka mu murenge wa Bweyeye, Niyibaho Berthilde, yatubwiye ko kuba yarahagaze byatewe n’ibura ry’ibikoresho.

 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia