Tag Archive | "Rwanda disasters"

Rutsiro : Umurenge wa Gihango urateganya kubakira imiryango ibiri y’abacitse ku icumu bugarijwe n’ibiza

Rutsiro : Umurenge wa Gihango urateganya kubakira imiryango ibiri y’abacitse ku icumu bugarijwe n’ibiza

Tags: , , , , , , , , , , ,


Rutsiro : Umurenge wa Gihango urateganya kubakira imiryango ibiri y’abacitse ku icumu bugarijwe n’ibizaImiryango ibiri y’abapfakazi batishoboye bacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ni yo yatoranyijwe ku rwego rw’umurenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro kugira ngo yubakirwe muri iki gihe cy’iminsi ijana y’icyunamo, nyuma y’aho iyo miryango yasenyewe n’ibiza birimo inkangu n’umuyaga.

Umwe mu bagomba kwimurwa, akavanwa aho atuye ndetse akubakirwa ni umukecuru witwa Ancile Icyimanizanye w’ imyaka 63 y’amavuko.

Umugabo we yishwe muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, bakaba bari barabyaranye umwana umwe gusa,  ariko na we aza kwitaba Imana. Icyimanizanye abana mu nzu n’umwana yasigiwe na mukuru we na we witabye Imana.

Inzu ye yugarijwe n’inkangu itwara ubutaka bwo hepfo y’inzu, indi nkangu igasenya umukingo uri haruguru y’inzu, rimwe na rimwe bikitura kuri ya nzu isanzwe ifite ikibazo cyo gusaza.

Mu myaka y’1998 umukingo wo haruguru y’inzu wigeze gucika, witura hejuru y’inzu, urukuta rwo haruguru rurasenyuka biba ngombwa ko hitabwazwa umuganda inzu irongera irasanwa.

Icyimanizanye avuga ko muri iyi minsi ahamuteye impungenge ari hepfo y’inzu kuko hacitse inkangu ikomeye, ubutaka bwamaze kugenda, inzu ikaba isigaye hejuru y’imanga ku buryo afite ubwoba ko inzu ari yo igiye gukurikiraho, dore ko zimwe mu nkuta zayo zatangiye kwiyasa.

Ati : “Iyo hagiye gucika, wumva inzu inyeganyeze, ikazungazunga noneho mu gitondo ngasanga haraye hacitse.”

Inzu y’uwo mukecuru n’ubusanzwe irashaje kuko yubatswe kera kandi n’ibiti by’inkingi imiswa yarabiriye kubera ko harimo umugina w’imegeri. Harimo n’imyobo minini ibamo inzoka kuko rimwe na rimwe azibona zisohokamo.

N’ubwo iyi nzu ifite ikibazo cyo kwibasirwa n’inkangu hamwe no kuba ishaje, uwo mukecuru ntibimubuza kuyijyamo nijoro akaryama.

Ati : “Kubera ko kuba ndiho ari inyongezo Imana yampaye, numva ntacyo bimbwiye njya mu nzu nkaryama.”

Icyakora ngo agize amahirwe akabona abashaka kumuha ubufasha yabasaba kumwubakira bakamukura aho hantu hateye impungenge.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gihango, Niyodusenga Jules avuga ko ikibazo cy’uwo mukecuru ubuyobozi bw’umurenge bukizi, akaba ari umwe mu bapfakazi babiri batishoboye bacitse ku icumu rya jenoside bashyizwe kuri gahunda yo kubakirwa.

Umurenge wa Gihango urateganya gusakarira undi muturage witwa Mukankusi Veronese utuye mu kagari ka Murambi wubakiwe inzu n’ikigega gitera inkunga abacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye (FARG).

Umuyaga uvanze n’imvura yaguye tariki 25/01/2013 byagurukanye igisenge cy’inzu yubakiwe isakaje amabati, ikaba ari inshuro ya kabiri iguruka kuko ubwa mbere igisenge cyayo cyagurutse ataratangira kuyibamo.

Umurenge ngo uzabubakira uhereye ku nkunga yakusanyijwe mu gihe cy’icyunamo muri gahunda yo kuremera abacitse ku icumu batishobye, hamwe n’imiganda y’abaturage.

Barateganya gusakara inzu ya Mukankusi bakoresheje amategura kubera ko amabati amaze kuguruka inshuro ebyiri. Kumusakarira ngo bigomba gukorwa vuba ku buryo bitarenze tariki 15/05/2013 bizaba byarangiye .

Kubakira Ancile Icyimanizanye byo ngo ntibyoroshye kuko bisaba kumwimura akajyanwa gutura ahandi. Umurenge wabanje gufatanya na we gushakisha ikibanza. Ikigiye gukurikiraho ngo ni ukureba ko imvura igabanuka, noneho umurenge ufatanyije n’abaturage bagatangira kubumba amatafari n’amategura.

Niyodusenga ati : “ Twihaye gahunda ko nibura mu kwa karidwi tuzaba twamaze kumwimura.”

Nyabihu: Abaturage barasabwa kugira ibyabo, ibikorwa byo gukumira Ibiza,kurengera ibidukikije no kurwanya isuri hirindwa ingaruka byateza

Nyabihu: Abaturage barasabwa kugira ibyabo, ibikorwa byo gukumira Ibiza,kurengera ibidukikije no kurwanya isuri hirindwa ingaruka byateza

Tags: , , , , , , , ,


Nyabihu: Abaturage barasabwa kugira ibyabo, ibikorwa byo gukumira Ibiza,kurengera ibidukikije no kurwanya isuri hirindwa ingaruka byatezaInkangu n’ibiza bikunze kwibasira akarere ka Nyabihu,mu kubikumira abaturage bakaba basabwa gufata iya mbere no kubigira ibyabo

Akarere ka Nyabihu ni akarere k’imisozi miremire kakaba kagizwe n’imirenge 12, harimo imirenge 8 igizwe n’imisozi ihanamye kandi  irangwa n’ubutaka  bworoshye.

Ibi bituma mu gihe cy’imvura nyinshi,byoroshye ko iyi mirenge ibamo isuri n’inkangu ku buryo byibasira ibikorwa by’abaturage birimo amazu, imyaka, amatungo ndetse na bamwe mu  baturage ubwabo bakaba bahasiga ubuzima . Ingaruka z’ibiza kandi zikaba zigera no ku bikorwa remezo nk’imihanda.

Uretse imirenge 8 igizwe n’ubutaka bworoshye,aka karere karacyafite n’imirenge 4,yo mu gice cy’amakoro, nayo ikunze kuba yakwibasirwa n’ibiza, kuko amazi amanuka muri iyo misozi ashobora kwangiza ibyo ahura nabyo.

Bitewe n’imiterere y’akarere ka Nyabihu,biroroshye ko kakwibasirwa n’ibiza. Umuyobozi w’akarere ka Nyabihu Twahirwa Abdoulatif,tumubajije ingamba bafata ngo bakumire ibi biza,yadutangarije ko hafashwe ingamba nyinshi kandi buri muturage akaba asabwa kubigira ibye ku buryo ingaruka ziterwa n’ibi biza zagabanuka nabyo bikagabanuka.

 Zimwe mu ngamba zafashwe n’akarere,abaturage nabo basabwa kugira izabo ni ibikorwa byokurengera ibidukikije no kurwanya isuri hirya no hino mu mirenge igize aka karere. Gutera ibiti,gucukura ibyobo bifata amazi,gufata amazi ku mazu yabo,gucukura imirwanyasuri no kurwanya isuri mu mirima yabo,kubungabunga ibiti n’ibindi bidukikije by’umwihariko zikaba ari zimwe mu ngamba zafashwe.

Uretse izo ngamba,abaturage bakaba basabwa kwirinda gutura mu duce dukunze kwibasirwa n’ibiza”high risk zone”ndetse n’abatuye ahakunze kwibasirwa bakimuka. Kugeza ubu abagera kuri 300 bakaba bamaze kwimurwa,ariko hakaba hakiri abasaga 680 bakeneye kwimurwa nk’uko Twahirwa Abdoulatif,mayor w’aka karere  yabidutangarije.

Buri muturage w’akarere ka Nyabihu,akaba ashishikarizwa kugira ingamba zafashwe ize no guharanira gufata iya mbere mu guhangana n’ingaruka ziterwa n’ibiza no kugabanya ubukana bwabyo nk’uko umuyobozi w’akarere ka Nyabihu yabigarutseho.

Red Cross gives iron sheets to displaced families

Kirehe: Red Cross gives iron sheets to displaced families

Tags: , , , , , , , ,


About 24 families in Gahara sector in Kirehe District have been given iron sheets for roofing after their houses were recently destroyed by heavy rainfall with storms, leading to a disastrous situation. Red cross Rwanda donated this on 24th.March.2013.

Red Cross gives iron sheets to displaced families

304 iron sheets were given to 24 families

 The heavy rainfall that fell on the 11th of February 20134 destroyed about 87 houses including 2 cells offices, village offices and schools in Gahara district. The ministry of Disaster Management and Refugee Affairs (MIDIMAR) interfered on the 14th.Feb.2013 and gave necessary materials to the displaced.

The Kirehe district administration with the support of Red Cross then decided to step in and give iron sheets to 24 families as well as help residents in the community work to build for those whose houses were destroyed by the rain.

Red Cross gives iron sheets to displaced families

The mayor of Kirehe district talking to the people

 Hirariya Nyirahabimana a recipient of iron sheets just like most others says she is grateful for being able to rebuild her house that was destroyed in the rain.

For Fustine Kayiranga who had tried everything to rebuild his house but failed due to financial constraints is grateful for the offer of the iron sheets and is hopeful at the prospects of having a home again.

The mayor of Kirehe district Protais Murayire reminded the displaced people who were given iron sheets to always make strong the roofs and to tie them tightly not to be taken away by strong winds.

The 24 families were given about 304 iron sheets out of 999 needed iron sheets to give all the displaced people homes. Red Cross and Kirehe district say the remaining will also be provided in time for all people to have roofs over their homes.

Rusizi:Bifatanije n’abaturage ba Bugarama bahuye n’ibiza.

Tags: , , , , , , , , ,


Mu rwego rwo gufata mu mugongo abaturage b’imirenge ya Muganza na Bugarama yo mu Karere ka Rusizi bahuye n’ibiza mu mpera z’ukwezi k’ukwakira umwaka ushize wa 2012, bamwe mu bayobozi n’abikorera ku  giti cyabo bakomoka mu turere twa Rusizi na Nyamasheke  batuye mu mujyi wa Kigali bifatanije n’abaturage b’iyo mirenge mu gikorwa cy’umuganda, aho bateye ibiti ibihumbi 23, bakanabatera inkunga y’ibiribwa n’ibikoresho byo mu rugo bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni enye, imiryango 42 yo mu murenge wa Muganza yazahajwe cyane  n’ibyo biza.

Nyuma y’aho mu mpera z’umwaka ushize wa 2012, ubwo abo baturage bahuraga n’ibiza bakomeje gufashwa n’imiryango itandukanye cyane cyane abo  mu mirenge ya Muganza na Bugarama dore ko aribo bari bibasiwe  n’imvura nyinshi yasize iheruheru imiryango  igera ku 172 ndetse bamwe bakahasiga n’ubuzima, ni muri urwo rwego bamwe mu baturanyi n’imiryango nterankunga yihutiye kubatabara byihuse. Bamwe mu bayobozi n’abandi bikorera ku giti cyabo bakomoka muri tuno turere twa Rusizi na Nyamasheke bakorera mu mujyi wa Kigali nabo bakaba biyumvise mo uwo mutima w’impuhwe utabara.

 Babitewe mo inkunga na sosiyete y’itumanaho MTN, bakusanije inkunga igizwe  n’ibiribwa, ibiryamirwa n’ibikoresho byo mu rugo bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 4,200,000, bakaba bari baje kuyishyikiriza imiryango 42 yo mu murenge wa Muganza yazahajwe cyane n’ibyo biza, ndetse banifatanya n’abaturage b’iyo mirenge yombi mu gutera ibiti bigera ku 23000, kuri site ya Kibangira ahazimurirwa abo baturage bahuye n‘ibyo biza kikaba ari igikorwa cyabaye mu mpera z‘icyumweru kuwa gatandatu tariki 16/3/2013.

Mu jambo rye, Ministre muri Présidence ya Repubulika, Mdame Tugireyezu Venentie wari umushyitsi mukuru yavuze ko akaga bagize inzego zose zagakurikiraniye hafi ari nayo mpamvu baje kubafata mu mugongo akaba yanaboneyeho kubasaba kwitabira gutura mu midugudu.

Minisitiri Tugireyezu Venantie kandi yanabasabye gukomeza gushyira imbaraga zabo hamwe mu rwego rwo kurusha ho kwigira no kwihesha agaciro.

Mu izina ry’abatewe iyi nkunga Madame Nyiranzabandora Zainabu ntiyahishe umunezero batewe n’iki gikorwa aho yatangaje ko bashimiye byimazeyo urukundo babonanye abana b’uRwanda kuko ngo kuva bahura nibiza ntibigeze biheba nkabahuye nibyago kuko bakomeje kwitabwaho kugeza magingo aya.

aba baturage bahuye nibiza biteganyijwe ko bazimurirwa muri site ya kibangira mu rwego rwo gutura aheza no kubarinda Ibiza, izarangira neza itwaye akayabo ka Miliyari 15frws, ikazatunganywa mu gihe cy’imyaka  iri hagati y’itatu n’ine nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, bwana Nezyimana Oscar.

Bumwe muburyo bugezweho bwo gusakara inzu igahangana n’imiyaga

Hacyenewe ingamba zo guhangana n’ibiza biterwa n’imvura

Tags: , , , , , ,


Bumwe muburyo bugezweho bwo gusakara inzu igahangana n imiyaga

Bumwe muburyo bugezweho bwo gusakara inzu igahangana n imiyaga

Ikibazo cy’ibiza biterwa n’imvura mu karere k Rubavu itera Ibiza bimaze kuba akabi kamenyerwa kuko iyo iguye abaturage batangira kugira impungenge ko hari abo iri busenyere.

 

Kuva uku kwezi kwa Werurwe kwatangira amazu icumi mu mirenge itandukanye igize akarere ka Rubavu amaze kwangirika bitewe n’imvura igwa muri aka karere, ahenshi bagasenyerwa n’umuyaga uherekeje iyo mvura.

 

Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu mu kwezi kwa Gashyantare, 2013 bwari bwatangaje icyizere ko Ibiza bizagabanuka kuko ahari hatuye abaturage babangamiwe n’ibiza bashoboye kwimurwa, abo akaba ari abaturage bari baturiye uruganda rwa Bralirwa bashoboye kwimurwa bakajyanwa Kanembwe hamwe n’abari baturiye umugezi wa Sebeya nabo bashoboye gufashwa kwimuka bakajya gutura kure y’uyu mugezi.

 

Kuva imvura yakongera kugwa igasenyera imiryango igera ku icumu, umuyobozi w’akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe imibereho myiza  y’abaturage Rusine Rachel avuga ko abaturage batagomba kwirara ahubwo bagomba gukomeza ingamba zo guhangana n’ibiza zirimo gufata amazi ava ku mazu kuko agira ingaruka mu gusenya.

 

Imvura iheruka kugwa igasenyera abaturage ni mu mirenge ya Gisenyi mu mudugudu wa Mbugangari ahasenyutse inzu 7, umurenge wa Rubavu hamaze gusenyuka amazu abiri harimo n’ishuri ryasakambutse kubera umuyaga.

 

Ahenshi, amazu asenyuka bigaterwa n’uburyo yubatse ariko abaturage bagasabwa kwirinda ko amazi abasenyera nkuko bagombye kwitondera imyubakire bazirika ibisenge kugira ngo bidatwarwa n’imiyaga. Akarere ka Rubavu kari mu turere duhura cyane n’umuyaga hakaba haraje uburyo bwo guhangana n’imiyaga bubaka ibisenge biri hejuru cyane bigahangana n’umuyaga.

Nubwo abaturage basabwa gufata ingamba zo guhangana n’imyubakire kuko henshi abaturage batuye ahantu hahanamye bashobora guterwa n’imiyaga k’uburyo bworoshye, ahandi hagatwarwa n’inkangu kuko hahanamye kandi hari ubutaka bworoshye bijyanye n’igitaka bubakisha, benshi mubaturage bubaka bakaba batita kureba ingaruka bagira bitewe n’aho bubaka ahubwo bakubaka bashaka kugira inzu gusa.

 

m_02

Ruhango: Imvura iheruka I Kigali ikwiye kubera Abanyaruhango urugero-Mayor Mbabazi

Tags: , , , , ,


Ruhango: Imvura iheruka I Kigali ikwiye kubera Abanyaruhango urugero-Mayor Mbabazi

Imvura iherutse kugwa muri Kigali benshi bayifatiraho urugero rwo kwirinda Ibiza

Uyu muyobozi asaba inzego z’ibanze, abayobozi b’ibigo by’amashuri abayobozi b’ibigo nderabuzima n’abandi batandukanye kwirinda Ibiza hakiri kare kugirango bitangiza ibikorwa byabo.

Mbabazi yasabye izi nzego gushakisha imirindankuba hakiri kare ngo kuko hari ibigo usanga bitarayigura nyamara ari kenshi bagiye babikangurirwa.

Agira ati “ni kenshi twagiye tubashishikariza kwirinda Ibiza, harimo kugura imirindankuba, none se byabamarira iki muramutse mutunguwe ibyo mwubatse bikangirika”

Akarere ka Ruhango kari mu turere dukunze kugaragaramo Ibiza cyane cyane inkuba zikunze guhitana abantu ndetse n’imvura nyinshi ikunze gutwara ibikorwa remeza birimo ibigo by’amashuri.


BISHIMIYE KWIMURIRWA

RUSIZI: BISHIMIYE KWIMURIRWA MU MUDUGUDU WA KIBANGIRA

Tags: , , , , , , , ,


BISHIMIYE KWIMURIRWA

Abaturage basanzwe batuye muri centre ya Bugarama  mu murenge wa Bugarama byagaragaye ko aho batuye ari mu gishanga bakaba bagomba kwimurirwa mu mudugudu wa Kibangira, baratangaza ko bishimiye iki gikorwa. Gusa ikibazo gihangayikishije aba bagiye kwimurirwa ahitwa kibangira ndetse n’abasanzwe bahatuye , ni ikibazo cyo kutagira amazi meza kuko mu buzima bwabo bwa buri munsi bavoma umugezi wa Rubyiro. Kuri iki kibazo ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi buvuga ko ku bufatanye na EWASA iki kibazo kitazatinda kubonerwa umuti.

Imirimo yo gutunganya uyu mudugudu wa Kibangira uzimurirwamo abaturage bigaragara ko aho bari batuye ari mu gishanga yaratangiye, aho usanga nk’imihanda y’imigenderano yaratangiye gucibwa , ndetse ukanabona n’ibiranga aho amashanyarazi azanyura. Abaturage bazimurwa batangaje ko ngo basanga kubavana mu gishanga aribyo byiza kuko aho bari bari hatabereye guturwa cyane cyane ko bamaze igihe kinini baterwa n’imyuzure itunguranye ikangiza ibikorwa byabo muburyo bukabije ndetse n’abantu bakahasiga ubuzima.

Uyu mudugudu wa Kibangira nk’umudugudu w’icyitegererezo mu karere ka Rusizi urimo gutunganyirizwa kwimurirwamo abazava mu gishanga , usanzwe utuwemo n’indi miryango igera ku 180 y’abimuwe mu murenge wa Bweyeye bitewe n’ibitengu byagiye bibasenyera amazu ndetse n’abagiye basenyerwa n’imyuzure itewe n’umugezi wa Cyagara.

Kuri iki kibazo cyo kuba nta mazi meza arangwa aha kibangira , ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi ngo bufite ingamba zo kwihutisha imirimo yo kuhageza ho amazi meza nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’akarere ka Rusizi wungirije Habyarimana Marcel.

Naho ku bijyanye n’uko imiryango izimurwa izabaho igeze kibangira, Habyarimana Marcel yavuze ko kwimurwa kwabo bizafasha kwagura ubuhinzi bw’umuceri aho bari batuye nabo bikazabagirira akamaro kuko aribo bazagira uruhare runini muri ubwo buhinzi.

Uyu mudugudu wa Kibangira uzimurirwamo abazava mu gishanga cya Bugarama , biteganyijwe ko uzimurirwamo imiryango isaga 2700 ukaba uherereye mu kagari ka Ryankana mu murenge wa Bugarama.

 

 

Nyabihu District devises new ways to prevent natural Disasters

Rwanda : Nyabihu District devises new ways to prevent natural Disasters

Tags: , , , ,


Nyabihu district is one of the 7 districts in the western province of Rwanda that was affected by many natural disasters in this year which claimed the lives of many people; destroyed many properties and many crops.

Nyabihu District devises new ways to prevent natural  Disasters

Nyabihu district was badly affected by Natural disasters in April and May 2012 where about 13 people lost their lives,  598 houses got destroyed and about 748 are very weak and can be destroyed in case of any disaster said Jacques Niwemahoro who is in charge of Natural disasters and preparedness in Nyabihu district.

About every sector in Nyabihu district were affected by Natural disasters especially Jomba sector of which 136 homes were destroyed and about 539 people were left homeless. About 2475 people were left homeless in all 12 sectors of the district and because of many hectares of land that were eroded; many people are affected by poverty and other effects of these natural disasters.

People who were affected by natural disasters were given basic support like constructing their houses where Red Cross promised to build houses for 20 very poor families compared to others in Jomba sector.

Rwanda Revenue Authority Gave out 1500 iron sheets to 50 families where each family gets 30 iron sheets in supporting these unfortunate families and Ministry of Disaster Management and Refugee Affairs (MIDIMAR) expects every person who was affected by Natural Disasters to build their houses and be provided with roofing.

Though the effects of these natural disasters were bad and devastating to people, Niwemahoro says that most natural disasters were created by men and that they should therefore take care and prevent such disasters from happening again by following the advice given.

Some people in this district like residing under or on the sides of high mountains where they can be affected by natural disasters easily, others stay in houses with no ceilings tied to the house and many other careless factors that can be avoided.

MIDIMAR is sensitizing people to prevent natural disasters like using strong tools to tie their ceilings, creating holes that hold water to prevent land eroding and water destroying houses.

Houses to be sanded correctly and carefully, people should avoid living near swamps and wet lands, near, under or besides high mountains, making their houses thunder proof, fight soil erosion and planting trees near their houses are some of the advices people have to follow in order to avert the effects of Natural disasters in Nyabihu district.


 

 

Rwanda | Rusizi Abasenyewe

Rwanda | Rusizi: Abasenyewe n’ibiza bagiye kubakirwa amazu

Tags: , , , , , , ,


Rwanda | Rusizi AbasenyeweNyuma yuko imvura nyinshi igwiriye mu karere ka Rusizi ku itariki ya 30/10/2012, igasenya amazu amwe y’abaturage n’ibikorwa remezo ndetse igahitana n’ubuzima bw’abantu akarere ka Rusizi hamwe n’abandi bafatanyabikorwa bako basanze ari ngombwa ko bategura umushinga baheraho mu rwego rwo gutabara no gutuza aheza abaturage bahuye n’akaga ariko batibagiwe nabandi baturage batuye ahadakwiye guturwa (high risk zones) mu murenge wa Muganza

Nyuma yo gukora, umuyobozi w’akarere ka Rusizi wungirije ushinzwe iterambere ubukungu n’imari Habyarimana Marcel yatangaje ko basanze imiryango igomba gutuzwa neza ari 787 muriyo harimo 162 yasenyewe n’imvura iherutse kugwa, yakomeje gutangaza ko uyu mushinga uzaba ukubiyemo ibikoresho by’ibanze by’imiryango 162 n’ingengo y’imari yayo

Site yo kuzatuzaho iyo miryango 787 ituye ahantu habi ngo yarangije kuboneka hakaba hasigaye kubarura agaciro kimitungo n’ubutaka abo baturage bazimurirwaho, n’ubwo abo baturage bazimurwa harimo abatabyumva neza kuko ngo aho bazimurirwa batazabona aho bahinga mugihe aho bari batuye ariho bashakiraga ubuzima bwabo bwa buri munsi bifuza ko niba bimuwe bahabwa n’amasambu yo guhingamo

Aha nanone umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imari n’amajyambere Habyarimana Marcel yasabye abo baturage kwagura ibitekerezo bakareba kure ababwira ko aho kugirango baza bure ubuzima bakwimuka kuko ibintu ari ibishakishwa aha kandi yaberetse ko gutura mu midugudu ari ho begerezwa ibikorwa by’amajyambere kandi bikabageraho vuba bityo bakabasha gutera imbere vuba.

 

Nyamyumba abaturage 3

Rwanda : Nyamyumba abaturage bahangayikishijwe n’ibiza byangiza

Tags: , , , , ,


Umugezi wa Burehe wangirije uruganda rwa Bralirwa n’abaturage

Abaturage bo mu murenge wa Nyamyumba akarere ka Rubavu batangaza ko Ibiza biterwa n’isuri y’umugezi wa Burehe bibabuza umutekano kubera kwikanga buri gihe ko ubasenyera.

Mu muganda wakozwe taliki ya 20/10/2012 abaturage bavuga ko bamaze kubura abantu 3 hamwe n’ibikorwa remezo birimo ibyumba by’amashuri 6 byasenyutse bikaba bisubiza inyuma iterambere ryabo.

Abaturage bakaba bavuga nubwo bakora umuganda wo gusukura ibyangijwe ngo hari n’ibyo badafitiye ubushobozi nko kubaka ikiraro cya Bugufi  gihuza Brasserie na Nkora kibafasha kujyana abarwayi kwa muganga nacyo kikaba cyarangiritse.

Abaturage bavuga ko amazu 4 amaze gusenyuka kubera Ibiza biterwa n’isuri ikomoka k’umusozi wa Kiraga kubera umuhanda wa Kiraga-Burushya wakozwe nabi amazi akoherezwa mubaturage akangiza imyaka  kuburyo hegitare 60 zimaze kwangirika.

 

Rwanda | Abaturage mu muganda wo gusukura Umugezi wa Burehe wabangirije

Abaturage mu muganda wo gusukura Umugezi wa Burehe wabangirije

Imvura yaguye taliki ya 17/10/2012 yasenye n’inyubako z’uruganda rwa Bralirwa n’umuhanda ukoreshwa cyane warangiritse abaturage bakaba bavuga bahora mu muganda wo gusukura ibisenyuka.

 

Rwanda | Imyiryango 22 ituriye umugezi igiye kwimurwa

Imyiryango 22 ituriye umugezi igiye kwimurwa

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyamyumba Habimana Martin avuga ko kubera ubukana bw’ibiza biyemeje kwimura imiryango 22 byihutirwa bakajyanwa Kanembwe kugirango bakize ubuzima bwabo, Martin akaba avuga ko babihera ko bamaze kubura abana batatu batwawe n’umugezi wa Burehe.

Habimana Martin umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyamyumba akaba avuga ko basabye abaturage kumva impamvu yo kwimurwa batarindiriye guhabwa insimbura y’aho batuye ahubwo bakumva ko ari ugukiza ubuzima bwabo.

 

 

 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia