Tag Archive | "Rwanda Drugs"

NYAGATARE GUTANGA AMAKURU BIZAGABANYA IBIYOBBYABWENGE

NYAGATARE GUTANGA AMAKURU BIZAGABANYA IBIYOBBYABWENGE

Tags: , , , , , , , , , , ,


NYAGATARE GUTANGA AMAKURU BIZAGABANYA IBIYOBBYABWENGENYAGATARE- Gutanga amakuru ku biyobyabwenge mu nzego zibakuriye ni kimwe mu bikangurirwa abayobozi b’inzego z’utugari n’imidugudu by’umwihariko mu mirenge ihana imbibe n’igihugu cya Uganda.

Ibi byahuriweho n’ubuyobozi bwa Police n’akarere ka Nyagatare kuri uyu wa 8/5/2013 mu gikorwa cyo kumena ibiyobyabwenge byafatiwe mu mirenge itandukanye y’aka karere.

Nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare ngo ibiyobyabwenge ni byo biza imbere mu mpamvu z’uguhungabana k’umutekano.

Gusa ariko ngo uruhare rwa buri rwego kugeza ku muturage ni rwo rukenewe kugira ngo iki kibazo gicyemuke. Ibi ni ibitangwazwa na Atuhe Sabiti Fred umuyobozi w’aka karere, anashingiye ku ngaruka bigira haba ku mutekano, ubukungu n’ubuzima bw’abaturage.

Icyakora hagamijwe gucyemura iki kibazo ku buryo burambye hatangiye ibiganiro hagati y’u Rwanda na Uganda, kuko kugeza ubu imwe mu mbogamizi ziri ku rugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge ari uko muri iki gihugu hari inzoga zitabarwa mu ibiyobyabwenge kandi ari ho byinhsi bituruka.

Ubuyobozi bwa Police mu karere ka Nyagatare butangaza ko mu gukumira ukwinjira kw’ibiyobyabwenge mu karere ka Nyagatare ingamba zikaze zikwiye gufatwa mu mirenge ihana imbibi n’igihugu cya Uganda by’umwihariko ahantu bigaragara ko bigoye kugenzura ibyinjira mu Rwanda.

Ni byo byasobanuwe na Superitendant Eric Mutsinzi umuyobozi wa police mu karere ka Nyagatare.

Ibiyobyabwenge byamenwe ni litiro 180 za kanyanga y’insukano na toni 2 n’ibiro 900 za Chief warage n’izindi nzoga zo mu masachet kimwe n’ibiro bibiri by’urumogi.

 

Abimana Gasore,nyuma yo gufatanwa bule 700 z’’urumogi

Nyuma yo gufatira ibiyobyabwenge nk’urumogimu karere ka Nyabihu,umuyobozi wako yongeye gusaba abaturage kurushaho kubyirinda

Tags: , , , , ,


Abimana Gasore,nyuma yo gufatanwa bule 700 z’’urumogi

Abimana Gasore,nyuma yo gufatanwa bule 700 z’’urumogi

Mu gitondo co kuwa 27 Gashyantare, 2013 mu karere ka Nyabihu hafatiwe ikiyobyabwenge cy’urumogi, ndetse n’ibindi bikoresho bitandukanye byari byinjiye mu buryo  bwa forode mu Rwanda. Bikaba byafashwe na Police y’akarere ka Nyabihu, station ya Mukamira.  Abimana Gasore niwe wafatanywe urumogi, ububule 700. Gasore avuga ko yari agiye kurucuruza I Kigali mu rwego rwo gushaka imibereho.

Gasore avuga ko yavutse mu mwaka w’ 1998, akaba mwene Nzamwitakuze Patrice na Nyirandeze Albertine,batuye mu murenge wa Kanama mu karere ka Rubavu.

Gasore  yongeraho  ko nta wundi bakorana mu bucuruzi bw’iki kiyobyabwenge cy’urumogi ,ahubwo ko arugura muri Congo kuko ruhaba rwinshi. Urwo yafatanywe avuga ko ari bule 700 ,akaba yari agiye kurucuruza mu mujyi wa Kigali mu rwego rwo gushaka imibereho. Kugeza ubu akaba acumbikiwe kuri Station ya Police ya Mukamira.

Uretse urumogi bule 700, ibindi bikoresho byafashwe byinjijwe ku buryo bwa forode, harimo amavuta yo kwisiga y’ubwoko butandukanye,ibitenge, sauce tomates ndetse n’amacupa y’inzoga ya likeri ya Red Label. Ahanini ukaba usanga ari abagore bakunze gufatanwa ibyinjizwa mu Rwanda mu buryo butemewe nk’ibyo bafatiwe  muri aka karere,  kuko uretse urumogi,ibindi byari bifitwe n’abagore.

 

Umuyobozi w’akarere ka Nyabihu Twahirwa Abdoulatif,avuga ko iyo abantu bafatanywe ibiyobwabwenge nk’urumogi bashyikirizwa ubutabera bugakora akazi kabwo. Naho ku bindi bicuruzwa bikoreshwa mu Rwanda, bigashyikirizwa Rwanda Revenue hanyuma ba nyirabyo bagakurikiza ibyo  ibasaba.

Uyu muyobozi kandi yaboneyeho kugira inama abaturage yo kwirinda ibiyobyabwenge aho biva bikagera,bakabirinda na bagenzi babo ndetse bakanabikumira,buri wese akaba ijisho rya mugenzi we.

Ibiyobyabwenge na forode,bikaba bidindiza iterambere ry’u Rwanda ari nayo mpamvu buri wese asabwa kubyirinda,kubirinda abandi no kubikumira aho biva bikagera mu rwego rwo kubaka u Rwanda ruzira ibiyobyabwenge.

 

 

ibiyobyabwenge bihagurukiwe

Rwanda | Rusizi: ibiyobyabwenge bihagurukiwe n’ijisho ry’umuturanyi

Tags: , , , , ,


Kayonza Ibikorwa by’intore

ibiyobyabwenge bihagurukiweMu mirenge yase 18 igize akarere ka Rusizi ku wa 30/01/2013, hatangijwe amahugurwa ya za komite z’ijisho ry’umuturanyi guhera ku rwego rw’utugari kugera kumudugudu iyi gahunda yashyizweho mu rwego rwo kurwanya no kurandura ibiyobyabwenge nyuma yo kubona ko byugarije abantu cyane cyane urubyuruko, aya mahugurwa akaba yari agamije guhanahana amakuru mu rwego rwo kureba aho bituruka, ababikoresha ndetse nababicuruza kugirango bagirirwe inama zo kubireka kuko byangiza ubuzima bw’abanyarwanda

Icyagaragaye mu ihanahana makuru ni uko muri aka karere ka Rusizi hari inzira nyinshi zicishwamo ibiyobyabwenge cyane cyane bikaba bituruka mubihugu by’abaturanyi cyane cyane mubihugu bya Congo n’UBurundi dore ko hari imipaka myinshi ihuza aka karere n’ibyob’ibihugu , bimwe mubiteye impungenge n’uko hari ibindi biyobyabwenge bitazwi biri kugenda byiyongera muri aka karere amwe mumakuru twahawe na Pasitori Sebineza Felix uyobora itorero rya zion temple muri aka karere akaba ari n’umuyobozi w’ ijisho ry’umuturanyi ku rwego rwakarere ka Rusizi yadutangarije ko mu murenge wa Nkombo hari kugaragara ibiyobyabwenge bikaze by’inzoga za Simba na Furaha ziri kuva muri Congo

Ibindi byagaragaye bikunze gukurura ibiyobyabwenge ni urugomo rukorwa n’imbura mukoro biganjemo urubyiruko ndetse nabagabo bataye ingozabo kubera amakimbirane yo mungo aha nanone ngo hagaragaye ko hari abaturage basigaye bahinga urumogi mubikombe iruhande rw’utubari ,bamwe mubagaragaye ko bakwirakwiza ibiyobyabwenge abaza kwisonga ni abagore

Zimwe mu ngamba zafashwe ni uko abafite uruhare bose mukubikoresha bagomba kumenyekana bakagirirwa inama bazirengaho bagashyikirizwa inzego z’umutekano , gusa umunyamabanganshingwabikorwa w’umurenge wa Nkungu Nsabimana Theogene yasabye abaturage gucika kubiyobyabwenge kuko ngo bihangayikishije benshi aho ngo muminsi ishize muri uwo murenge byangiye umwana w’umuhungu witwa Mandela wari urangije amashuri yisumbuye ndetse wari warahawe uburenganzira bwo kujya kwiga hanze ariko ngo ubu amaze hafi umwaka mubitaro aho ubwenge bwayobye kubera ibyo biyobyabwenge

GISAGARA IBIYOBYABWENGE NI KIMWE MU

RWANDA | GISAGARA: IBIYOBYABWENGE NI KIMWE MU BITIZA UMURINDI UBUGIZI BWA NABI

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Ibiyobyabwenge bifite uruhare runini mu gutera abantu urugomo ruvamo ubugizi bwa nabi nk’uko bikunze ku garagara mu duce dutandukanye tw’igihugu turimo n’aka Gisagara, aho abantu nyuma yo kunywa amatabi n’inzoga z’inkorano bashora amahane akenshi akanavamo gukomeretsa no kwica. Ibi rero kandi bikaba biri no mu mpamvu nyamukuru inzego zitandukanye zihamagarira abaturarwanda ku rwanya ibiyobyabwenge cyane cyane mu rubyiruko kuko arirwo rwibasiwe muri iki gihe.

Mu minsi ishize ubwo abayobozi batandukanye bafatanyije n’inzego za polisi bakoreraga ku mugaragaro igikorwa cyo gutwika ibiyobyabwenge no kumena inzoga z’inkorano, polisi yagarutse ku kibazo cy’umutekano muke ukunze kugaragara uturutse ku bantu basinze izi nzoga z’inkorano n’abanyweye urumogi, baboneraho gusaba abari aha bose kwita kuri iki kibazo maze buri we akajya yitabira kwerekana ahakorerwa izo nzoga n’abacuruza ayo matabi.

Si inzego za Polisi gusa kandi kuko n’ababyeyi bo muri aka karere basaba ubuyobozi ko bwashaka uburyo bwajya bugena ibihano bigaragara ku banywi b’ibi biyobyabwenge kuko ngo abagize ibyago bakagira abana babinywa, ntibongera kubumvira, ahubwo bakaba abo gutaha bateza imvururu mu rugo.

Umubyeyi w’umudamu utuye mu murenge wa Save utarashatse ko amazina ye atangazwa aragira ati “Ibi binyagwa by’ibiyobyabwenge byatwiciye abana, dore baragenda bakirirwa babinywa bagataha ari amahane masa, nta karimo nta n’ishuli. Rwose inzego za Polisi zikwiye gushaka ibihano bigaragara byibura bishobora kujya bibasubiza ku murongo kuko twe  ntibakitwumvira. Nanjye ndamufite wananiye”.

Kuri iki kibazo kijyanye n’ibihano ariko, ubwo umuvugizi wa polisi mu ntara y’amajyepfo SP Hubert GASHAGAZA yakibazwaga yavuze ko ibihano bihari kandi ko koko uwo icyaha gihamye ahanwa, kuko ufashwe aruhinga, urucuruza cyangwa urubika afungishwa igihano cy’imyaka iri hagati y’umwe n’itatu hakiyongeraho n’ihazabu y’amafaranga ari hagati ya 50.000 na 500.000F naho uruvanye hanze yigihugu agahanishwa imyaka iri hagati y’itatu n’itanu n’ihazabu y’amafaranga ari hagati ya 500.000 na miliyoni eshatu.

Gusa icyo yongeyeho ni uko byaba byiza bigiye byirindwa mbere. Yasabye abantu bose kuba maso bakamaganira kure ababinywa n’ababibashoramo ndetse ahakorerwa izo nzoga hakajya hagaragazwa maze bigacika burundu, bityo n’urugomo rwagiye rurangwa muri aka karere ntirusubire doreko ngo ahanini ibiyobyabwenge aribyo nyirabayazana w’urwo rugomo.

Imirenge nka Save, Ndora na Kibirizi ikunze gufatirwamo ibiyobyabwenge cyane irahamagarirwa kongera imbaraga maze bikahacibwa burundu.

 

Rwanda | Huye: Birakwiye ko hajyaho itegeko rihana abakora n’abacuruza ibikwangari

Tags: , , , , ,


Bamwe babyita ibikwangari, abandi nyirantare, cyangwa yewe muntu, n’ayandi. Aya mazina yose ni ay’inzoga abantu bakora  maze abazinyoye bagasinda ku buryo usanga bakora ibidakwiye gukorwa nko kwinyarira. Hari n’abarwana hanyuma bakicana cyangwa bagahohotera abo babana.

Yego itegeko rihana ibiyobyabwenge nk’urumogi ririho ariko muri iri tegeko nta bikwangari, nyirantare cyangwa yewe muntu birimo, ku buryo guhana ababikoze cyangwa babinyoye bitoroshye.

N’ubwo aya mazina atagaragara mu mategeko ahana ariko, kuba ari ibiyobyabwenge bituma iyo ba nyr’ukubikora cyangwa ba nyir’ukubicuruza bafashwe n’inzego z’umutekano bacibwa amafaranga y’amande ibihumbi 50, ubundi bakabarekura bagataha.

Aba bakora izi nzoga rero, iyo barebye inyungu ivamo, akenshi bemera gutanga amande kuko hari igihe amafaranga angana atyo bayakorera mu munsi umwe. Icyo gihe rero bahitamo gukomba umunsi umwe ubundi bagasigara bacunganwa n’inzego z’umutekano.

Itegeko rihana ibi biyobyabwenge ngo riracyanononsorwa. Ariko se, hagati aho habaye hongerewe amafaranga y’amande, ntibyagira icyo bigabanya ?

 

 

 

 

 

Rwanda | Nyanza Ahari indiri

Rwanda : Nyanza: Ahari indiri ya Kanyanga ubu hagiye kubarizwa inka zikamwa amata

Tags: , , , , ,


Rwanda | Nyanza Ahari indiri

Minisititi Musoni James ashyikiriza igihembo umukuru w’umudugudu wa Kaganza

Mu muhango wo gutanga inka 100 za kijyambere wabaye tariki 11/06/2012 mu mugudugu wa Kaganza mu Kagali ka Kiruri mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza, abafashe amagambo bose bishimiye ko ako gace kahoze ari indiri y’ikiyobyabwenge cya Kanyanga ubu  hagiye kujya habarizwa inka zikamwa amata nk’uko babigarutseho mu magambo agize umutwe w’iyi nkuru.

 

Umuyobozi w’akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah mu ijambo rye riha ikaze abashyitsi yabanje kubagaragariza isura akagali ka Kiruri mu murenge wa Mukingo kagize muri aka karere avuga ko kari kazwiho kuba indiri y’ikiyobwabwenge cya Kanyanga.

 

Yagize ati: “ Mu kagali ka Kiruri ikiyobyabwenge cya kanyanga cyarahacitse ariko amateka yo yari akiriho none ibya kera birashize ubu hagiye kwitwa iwabo w’inka zikamwa amata.”

 

Musoni James, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu akaba yari n’umushyitsi mukuru muri uwo muhango yavuze ko ashimira akarere ka Nyanza kuba ibiro by’utugali mu mirenge yose ariko cyane cyane umudugudu wa Kaganza wiyubakiye ibiro byawo ndetse n’ibiraro by’inka ku bufatanye bw’abaturage n’ubuyobozi.

 

 

Abaturage b’umurenge wa Mukingo bahakanye ko batazongera gushakira amafaranga mu bucuruzi bw’ikiyobyabwenge cya Kanyanga

 

Yakomeje avuga ko hari uturere twinshi tutarashobora kwiyubakira ibiro by’utugali ariko mu karere ka Nyanza bikaba byarubatswe ndetse bikagera naho batangira kubaka ibiro by’imidugudu.

 

Abaturage b’umurenge wa Mukingo bari bahimbawe bishimira inka zahawe bamwe mu baturanyi babo batishoboye

Urugero rwa bugufi akaba ari ibiro by’umudugudu wa Kaganza, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihuguMusoni Jameswe ubwe yatashye ku mugaragaro.

 

Ashingiye ku mateka yo hambere yaranze ako kagali MinisitiriMusoni Jamesyashimiye abaturage bo muri ako gace kuba baritandukanyije n’ikiyobyabwenge cya Kanyanga.

 

Mu magambo ye bwite yabivuze atya: “ Ndagira ngo mbashimire ukuntu mukeye kuko mufite gahunda yo gushaka ibisubizo gusa gusa…” Yashimiye by’umwihariko Mukagasana Olive umuyobozi w’umudugudu wa Kaganza ubwitange n’umurava yagize mu guhiga abandi biyubakira ibiro byo gukoreramo ndetse bakanitandukanya n’ikiyobyabwenge cya Kanyanga.

 

Ni muri urwo rwego umudugudu ayoboee wahawe igihembo cy’ibihumbi ijana by’amafaranga y’u Rwanda.

 

Abaturage bagomba gushakamo ibisubizo bahereyeku mbaragabafite bakamenya kuzikoresha neza nk’uko MinisitiriMusoni Jamesyakomeje abivuga.

 

Ati: “ Iyaba mwari mukinywa Kanyanga ntabwo muba musa nk’uko muri ubu, kuko murasa neza n’ubareba ku jisho arabibona ko mukeye”. Yabashishikarije gukomereza aho birinda igitotsi cyabanduriza isura nziza yabasanganye nyuma yo kwitandukanya n’ibiyobyabwenge.

 

MinisitiriMusoni Jamesyijeje abaturage b’umurenge wa Mukingo ko ubutumwa bw’ishimwe boherereje umukuru w’igihugu Paul Kagame bumugeraho uko bwakabaye aho bamushimiye ko yaboroje inka muri gahunda ye yise Gira inka Munyarwanda igamije koroza imiryango itishoboye.

 

Izo nka ijana  zahawe abagenerwabikorwa b’ikigega cya Leta gishinzwe gutera inkunga abacitse ku icumu rya jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 batishoboye

( FARG) bo mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza.

 

Rwanda | Ruhunde: Abaretse gucuruza kanyanga biyemeje gufasha ubuyobi kuyirwanya

Tags: , , , , ,



Abitandukanyije n’abarembetsi (abacuruza kanyanga bayikuye muri Uganda) bakomoka mu murenge wa Ruhunde, mu karere ka Burera, baratangaza ko bagiye gufasha ubuyobozi bw’ako karere kurwanya ikiyobyabwenge cya kanyanga.

Ku itariki ya 19/03/2012 abayobozi b’akarere ka Burera bafatanyije n’inzego z’umutakano bagiranye ibiganiro n’abaturage bo mu murenge wa Ruhunde mu rwego rwo kubashishikariza kurwanya kanyanga isa nk’aho yahabaye akarande.

Abagabo 53 ndetse n’umugore umwe bavuze kumugaragaro ko baretse gucuruza kanyanga kandi ko bagiye gufasha abayobozi b’akarere ka Burera, bafata abandi baba bakiyicuruza. Bose bavuga ko impamvu biyemeje kureka gucuruza kanyanga ari uko ntacyo yigeze ibageza ho uretse ubukene n’amakimbirane mu miryango.

Bahufite Jean de Dieu ni umwe mu baretse gucuruza kanyanga. Avuga ko yacuruzaga kanyanga ayikuye muri Uganda ahitwa Muguri. Kuva yayicuruza avuga ko ntacyo yigeze imugeza ho ngo ahubwo yaramuhombyaga.

Iyo yatumaga abantu kujya kumurangurira kanyanga muri Uganda, hari igihe bahuraga n’abacunga umutekano bakayibambura maze akahahombera nk’uko akomeza abivuga. Bahufite avuga ko iyo byagendaga gutyo yahitaga agurisha itungo yari afite kugira ngo yongere acuruze kanyanga, ibyo akaba yarabipfaga n’umugore we kenshi nk’uko yabisobanuye.

Akomeza avuga ko yamaze kubona ntacyo ubwo bucuruzi bumugeza ho ahita mo kubireka. Akaba yaraniyemeje kubwira n’abandi baba bakiyicuruza kubireka. Abatabyuma bagakomeza kuyicuruza akabashyikiriza inzego zibishinzwe.

Zaraduhaye Joseph umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe ubukungu z’iterambere yabwiye abo baretse gucuruza kanyanga ko ibyo bavuze ndetse banasinyiye bagomba kumenya ko ari igihango bagiranye n’abayobozi ndetse n’abaturage.

Hari benshi bafata bakavuga ko batazasubira gucuruza kanyanga ariko ugasanga babisubiyemo nk’uko Zaraduhaye yabivuze. Usubiye gucuruza kanyanga kandi yari yaravuze ko yabiretse, amategeko aramukurikirana agafungwa nk’uko yakomeje abisobanura.

Zaraduhaye yasabye abo baretse gucuruza kanyanga gukomeza gufasha ubuyobozi guta muri yombi abandi bagicuruza kanyanga babashyikiriza inzego zibishinzwe kugira ngo babigishe ubundi buryo bakoresha kugira ngo batere imbere.

Abo bagabo baretse gucuruza kanyanga batanze urutonde rw’abandi bantu bagera ku 169 nabo bacuruza kanyanga bayikura muri Uganda. Bavuga ko abo batanze ari bake bakurikije abandi bihishe mu giturage.

Mu rwego rwo gukomeza gushishikariza abacuruza kanyanga kubireka, akarere ka Burera kashyize ho amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni ebyiri yo gufasha abazareka gucuruza kanyanga maze bakibumbira muri koperative bakora ibibateza imbere.

Abaretse gucuruza kanyanga bo mu murenge wa Ruhunde nabo biyemeje gukora koperative.  Umurenge wa Ruhunde ukaba ubaye uwa gatatu uvuye mo abaretse gucuruza kanyanga,  nyuma y’umurenge wa Rugarama na Gatebe, mu mirenge 17 igize akarere ka Burera.

 

Rwanda | Burera 16 hommes se sont

Rwanda | Burera: 16 hommes se sont résolus devant les habitants de ne plus vendre l’alcool frelaté.

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


16 jeunes adultes du secteur de Gatebe qui vendaient de l’alcool frelaté provient de l’Uganda se sont résolus devant une foule des gens de ne plus vendre l’alcool frelaté connu sous le nom de « Kanyanga ».  Cette cérémonie de s’est déroulée ce 07 mars 2012 dans ce secteur du district de Burera.

Rwanda | Burera 16  hommes se sont

 

Cette cérémonie destinée d’épandre 605 litres de Kanyanga dans ce secteur s’est suivi des témoignages de ces vendeurs qui ont raconté la façon dont ils écoulaient ce produit. Ensuite ils se sont abstenus de ne plus vendre le « Kanyanga ».

Jusqu’à ces jours ces hommes se sont rassemblés dans une coopérative où leur dirigeant Shirimpaka Jean Damascene, affirme que leur ancien métier leur causait des torts. Il affirme que l’argent de la maison était dilapidé dans ce commerce, ce métier était dur physiquement. « En faisant ce métier, nous avions peur que les autorités puissent nous démasquer. J’étais la plupart du temps ivre et cela m’amener a contracter  des maladies. Une autre chose que je peux affirmer est que la consommation du « Kanyanga » cause un manque de contrôle du corps pouvant amener au consommateur de faire des dégâts irréversibles comme tuer une personne » a-t-il déclaré.

Ces hommes se sont résolus devant une assemblée des gens en levant les mains de ne plus vendre et consommer cet alcool frelaté.

Rwanda | Burera 16  hommes se sont

Ces hommes ont demande aux autorités du district de Burera de leur octroyer des fonds et de leur servir d’ambassadeurs dans le développement de leur coopérative.

Le vice maire du district chargé de l’économie, Zaraduhaye Joseph, a affirmé qu’ils les assisteront dans le développement de leur association. Avant de prêter serment devant les habitants, ces 16 jeunes adultes venaient de fermer une semaine dans un séminaire  destiné à leur préparer une nouvelle vie.  Les autorités du district de Burera ont mis à profit 2 millions de francs pour des personnes qui pourront délaisser la vente de « Kanyanga » afin de les aider d’établir des coopératives.

Le secteur de Gatebe est pris comme le lieu de transit de « Kanyanga » qui provient de l’Uganda pour être disséminé dans tous les districts limitrophes de Burera. Les autorités du district en collaboration avec la Police et les habitants se sont investis de cette tache de lutter contre la vente et la consommation de l’alcool frelaté.

Cette cérémonie vient après que d’autres habitants du secteur de Rugarama se sont désolidarisés dans la vente de « Kanyanga » en se rassemblant dans une coopérative « Tuzamure Twiteza Imbere » de culture des pommes de terre.

 

 

Burera Abagabo 16 barahiriye 2

Rwanda | Burera: Abagabo 16 barahiriye imbere y’abaturage ko baretse gucuruza kanyanga

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


 

Abasore bagera kuri 16 bahoze ari abarebetsi, bacuruzaga kanyanga bayikuye muri Uganda, bo mu murenge wa Gatebe ho mu karere ka Burera, ku itariki ya 07/03/2012 barahiriye imbere y’abaturage ko baretse gucuruza kanyanga ndetse no kuyinywa.

Burera Abagabo 16 barahiriye

Ubwo habaga umuhango wo kumena kanyanga litiro 605 muri uwo murenge, abo basore nibwo bahagaze imbere y’abaturage maze bavuga uburyo bacuruzaga kanyanga ariko basezerana ko babiretse kuko nta kiza bakuyemo.

Kuri ubu abo bagabo bakoze koperaive maze bayita “Intore zitandukanyije n’abarembetsi”. Shirimpaka Jean Damascene ukuriye iyo koperative yavuze ko bagikora uwo mwuga byabagiriraga ingaruka mbi.

Yagize ati “nasesaguraga umutungo w’urugo, nkagira imvune zinyuranye, nkagira umutekano muke ku buryo natinyaga umuyobozi mpuye nawe n’iyo yaba anzaniye inkunga, nkamucaho nkiruka”. Yakomeje avuga ko wasangaga yasinze buri munsi ku buryo ngo yanarwaragurikaga. Ikindi ngo ni uko kunywa kanyanga bituma utatinya no kwica umuntu.

Shirimpaka akaba yahise arahirira imbere y’abaturage agira ati “jyewe ntangaje ku mugaragaro ko usibye no kuzongera kuyikorera ko manitse ikiganza ko ntazongera kuyinywa”.

Uko bagera kuri 16 bakaba bagiye imbere y’abaturage maze bamanika ikiganza hejuru, barahira ko bitandukanyije na kanyanga. Kuburyo ngo nibanabona n’abandi bari gucuruza, kunywa cyangwa bikoreye kanyanga bazajya babashyikiriza inzego zishinzwe umutekano.

Abo bagabo kandi bavuze n’abandi bakora umwuga wo “kurembeka”(gukura kanyanga muri Uganda uyizana mu Rwanda) bagera kuri 18 nabo bo mu murenge wa Gatebe.

Burera Abagabo 16 barahiriye 2

Abo bagabo bakaba basabye ubuyobozi bw’akarere ka Burera gutera inkunga koperative yabo ndetse no kuyimenyekanisha kugira ngo nabo biteze imbere.

Zaraduhaye Joseph umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe ubukungu z’iterambere yavuze ko bazabatera inkunga ishoboka ariko nabo bagafasha ubuyobozi guhashya kanyanga.

Abo bagabo uko ari 16  mbere y’uko barahirira imbere y’abaturage ko bitandukanyije na kanyanga, bari bamaze icyumweru mu mahugurwa. Aho ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwari bwarabateranyirje ahantu hamwe mu kigo giherereye mu murenge wa Bungwe.

Zaraduhaye avuga ko muri icyo kigo baberetse ko gucuruza kanyanga nta bukire burimo. Ngo ahubwo bashake indi mirimo ibateza imbere. Kuko akarere ka Burera kashyize ho amafaranga agera kuri miliyoni ebyiri zo gufasha abazareka gucuruza kanyanga maze bagakora koperative.

Akomeza avuga ko abandi 18 babahaye, bacuruza kanyanga, nabo bazabigisha kugira ngo babireke burundu. Ibyo ngo bizatuma kanyanga igenda igabanuka. Akaba ashishikariza n’abandi baturage baba bayicuruza ko babireka kuko abazongera gufatwa kandi baraburiwe bazabihanirwa bikomeye.

Umurenge wa Gatebe ufatwa nk’icyambu cya Kanyanga ituruka muri Uganda maze igakwirakwira mu turere duhana imbibi n’akarere ka Burera. Ubuyobozi bw’akarere ka Burera, inzego zishinzwe umutekano muri ako karere ndetse n’abaturage muri rusange bakaba barahagurukiye kuyirwanya bivuye inyuma.

Abatangaje ko bitandukanyije na kanyanga bo mu murenge wa Gatebe, baje biyongera ku bandi bo mu murenge wa Rugarama baretse gucuruza kanyanga maze bakora koperative yo guhinga ibirayi no kubishakira isoko yitwa “Tuzamurane Twiteza Imbere”.


Rwanda | Burera: Biyemeje gukangurira abandi kureka ikiyobyabwenge cya Kanyanga

Tags: , , ,



Abaretse gucuruza kanyanga bo mu murenge wa Rugarama mu karere ka Burera bibumbiye muri koperative yitwa “Tuzamurane Twiteza Imbere” baratangaza ko bamaze kwakira muri koperative yabo abandi bantu batandukanye baretse gucuruza kanyanga kubera ko bacengewe n’inyigisho bahawe zo kubireka.

Nshimiymana Samuel uhagarariye iyo koperative avuga ko kuri ubu bamaze kugira abanyamuryango bagera kuri 45. Nyama ngo mu ntangiriro z’u umwaka wa 2012 bageraga kuri 22 gusa.

Akomeza avuga ko mu kwezi kwa 02/2012 hari abandi basore bagera ku munani baje kubagisha inama y’icyo bakoze kugira ngo bareke kanyanga. Abo basore nabo ngo bakaba barashakaga kureka gucuruza kanyanga kugira ngo nabo bakore koperative.

Nshimiymana  avuga ko hari abantu benshi bifuza kuyijyamo kuko imaze kugera kuri byinshi. Gusa ariko ngo hari n’ababagirira ishyari nk’uko abitangaza.

Avuga ko mbere bajyaga bajya kwigisha abantu kureka kanyanga bakabaca intege. Ngo ariko ubu abacuruza kanyanga bari kugenda bagabanuka.

Akomeza avuga ko koperative yabo ifite gahunda yo kwandikira guverineri w’intara y’amajyaruguru kugira ngo abahe uburenganzira bwo kujya bigisha abantu kureka kanyanga mu turere twose two mu ntara y’amajyaruguru.

Koperative “Tuzamurane Twiteza Imbere” yatangiye gukora mu mwaka wa 2011. Abanyamuryango bemeza ko bamaze kwigeza kuri byinshi nyuma y’aho barekeye gucuruza kanyanga. Aho bamwe bamaze kugura ihene ndetse n’imirima yabo bwite.

Iyo koperative ikora umurimo wo guhinga ibirayi no kubishakira isoko.

 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia