Tag Archive | "Rwanda education"

Umukino w’amahirwe mushya uteye impungenge ababyeyi kubera abana bawitabira

Kamonyi: Umukino w’amahirwe mushya uteye impungenge ababyeyi kubera abana bawitabira

Tags: , , , ,


 Umukino w’amahirwe mushya uteye impungenge ababyeyi kubera abana bawitabira

Mu isoko rya Nkoto, riherereye mu murenge wa Rugarika, rirema buri wa gatatu, ryitabirwa n’abaza gukoresha tombola z’ibikoresho hakoreshejwe akaziga kagurwa amafaranga 50. Bamwe mu babyeyi batangaza ko baterwa impungenge n’aho uwo mukino ukorerwa kuko witabirwa n’abana.

Abitabiriye isoko, bavuga ko uyu mukino  ari mushya. Ku wa gatatu tariki 27/3/2013, ni inshuro ya gatatu wari uje kuhakinirwa. Bamwe mu babyeyi bawita “urusimbi rushya”, bavuga ko bafite impungenge z’uko ushobora kubararurira abana, kuko hari abahirirwa batombola cyangwa bareba uko abandi babikora.

Umwe muri bo, aragira ati ”iyo umwana aje akahirirwa akahamara amasaha atatu, atagiye kwiga, nta n’icyo yakoreye iwabo; akurikizaho kwiba ibiceri na we akaza kubisheta”.

Kalisa Callixte ukoresha uwo mukino, avuga ko batemerera umuntu ufite munsi y’imyaka 18 gutombola, ariko nta Ndangamuntu cyangwa ikindi cyangombwa babaza, ahubwo bareba igikuriro. Aho bakinira, ntibabuza n’abana bato kuza kuhashungera.

Uwo mukino w’amahirwe, ukinishwa akaziga kameze nk’agakomo, kagurwa amafaranga y’u Rwanda 50. Ukaguze ahagarara mu ntambwe 10 uvuye aho baba bashyize ibikoresho birimo amavuta, amasuka, primus, isuka, isafuriya, terimusi, isahani n’ibindi; maze akanaga ka kaziga igikoresho kaguyeho akagitwara.

Kalisa avuga ko kugira ngo umukino we wunguke, aba agomba kuwukorera mu isoko ahahurira abantu benshi, akaba yarabanje kubimenyesha ubuyobozi bw’umurenge wa Rugarika kandi akaba abisorera.

Mu kwezi ku Ukwakira 2011, ni bwo Inteko ishingamategeko y’u Rwanda yatoye Itegeko ryemera kandi rikagena imikino y’amahirwe. Iri tegeko rikaba riteganya ko Umuntu utaragera ku myaka 18 y’amavuko atagomba kwinjira, gukoresha cyangwa gukora ibikorwa bijyanye n’imikino y’amahirwe.

 

Gakenke: Association Museke iteza imbere imyigire y’abana batishoboye

Gakenke: Association Museke iteza imbere imyigire y’abana batishoboye

Tags: , , , , , , , ,


Gakenke: Association Museke iteza  imbere imyigire y’abana batishoboye

Abana bafashwa na Association Museke biga no kuboha uduseke.

Abana batishoboye bagera 130 bo mu Karere ka Gakenke bafashwa na Association Museke babagaburira saa sita ndetse banabashakira ibikoresho by’ishuri.

Mukangwije Madeleine, umwe mu bashinzwe uwo muryango mu mwaka wa 2010 avuga ko batekereje gushinga Association Museke nyuma y’uko babonye ko hari abana batabasha kwiga kubera ko saa sita batabona ifunguro.

Uyu mubyeyi akomeza avuga ko Association Museke ifasha abana b’imfubyi za Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 n’abana batishoboye bakabagaburira saa sita ndetse bakanaha ibikoresho by’ishuri kugira ngo babashe kwiga neza.

Nahimana Diane w’imyaka 13 wiga mu mwaka wa gatandatu,  avuga ko mbere yajyaga kwiga atariye agasinzirira mu ishuri kubera inzara. Nyuma y’uko ahabwa ifunguro rya saa sita  na Association Museke, yemeza ko yiga neza kandi n’imitsindire ikaba yarazamutse.

Abo bana banatozwa kuboha, kudoda no gufuma ibintu bitandukanye kugira ngo bazirwaneho mu buzima bw’ejo hazaza.

Nikuze Providence, umwe muri bo avuga ko Association Museke yamwigishije kudoda, bikazamufasha kwihangira imirimo mu myaka iri imbere.

yatangijwe n’undi muryango w’Abesipanyole witwa Museke  tariki 01/10/2013 mu rwego rwo gutuma abana bafite ibibazo baseka.

Musanze - Guhomera

Rwanda : Musanze – Guhomera abavuye muri nyakatsi ni kimwe mu bizakorwa muri gahunda y’urugerero

Tags: , , , , , , ,


Musanze - Guhomera

Mu gihe urugerero rusigaye iminsi mike rugatangira, ubuyobozi bushinzwe uburere mboneragihugu muri Musanze buravuga ko hazakorwa ibikorwa bitandukanye birimo no guhomera abavanywe muri nyakatsi batuye mu zone y’ibirunga izwiho kutagira igitaka cyo guhoma.

Nk’uko byatangajwe kuri uyu wa mbere tariki 14/1/2013 na Butunge Pascal, umuyobozi ushinzwe ibikorwa by’uburere mboneragihugu mu karere ka Musanze, ngo ibikorwa birimo kurwanya isuri, gukora isuku, kurwanya imirire mibi, guhoma amazu n’ibindi.

Tariki 17/01/2013 nibwo urugerero ruzatangira, intore zireba gahunda zizakorwa, uko bizakorwa, maze tariki 21 bagatangira ibikorwa, biteguye neza.

Muri iki gikorwa kandi hazakorwa igikorwa cy’ubukangurambaga, kubarura abatazi gusoma no kwandika, ndetse n’indi mirimo ifitiye igihugu akamaro.

Igikorwa cy’urugerero kizamara amezi atatu, aho abanyeshuri bazakorera mu kagali hafi y’iwabo,rukazakorerwa mu midugudu n’utugali, nyuma abazarangiza bahabwe inyemezabushobozi.

Urugerero ruteganyijwe gutangira tariki 17/01/2013 mu turere, naho tariki 21/01/2013, urugerero rutangire ku rwego rw’igihugu.

 

 

 

Abana bafite ubumuga

Rwanda : Abana bafite ubumuga bwo kutavuga bitaweho bakiri bato bashobora kubukira

Tags: , , , ,


nyuma y’uko Leta y’u Rwanda ishyize imbere kudaha akato abafite ubumuga ahubwo bakitabwaho ndetse bagafashwa kuba mu muryango nyarwanda, bamwe mu babana n’abana bafite ubumuga bwo kutavuga bahamya ko iyo abana bitaweho hakiri kare bashobora gukira.

Ibi bikaba biterwa n’imyitozo yo kuvuga abana bahabwa bakiri bato ingingo zabo zitararemara burundu, mu gihe mbere uwabaga afite ubumuga yatereranwaga agasa n’udahabwa agaciro mu muryango nyarwanda ndetse no mu muryango avuka mo.

Abana bafite ubumugaBamwe mu bana bafite ubumuga bwo kutavuga barerwa n’ababikira b’abasaleziyani

Ubuhamya bw’uko gukira bukaba butangwa n’abana babanaga n’ubwo bumuga ariko ubu bakaba bavuga nyuma yo kwitabwaho n’ababikira b’abaseriziyani b’imitima mitagatifu ya yezu na Mariya (Les soeurs salesiennes des Sacres Coeurs de Jesus et Marie)bakorera uwo murimo i Nyamirambo mu mujyi wa Kigali.

Uyu muryango washinzwe n’umufurere witwaga Smaldone ukaba umaze imyaka 25 ukorera mu Rwanda, wiyemeje kwita kuri bene abo bana, kuburyo abo batangiranye ubu bubatse ingo ndetse bamwe banarangije amashuli ya kaminuza.

Nyirarugwiro berthilde, umwe mu babikira bo muri uwo muryango akaba ahamya ko iyo abana bitaweho bakira, ndetse ubu muri icyo kigo hakaba hari abamaze kubasha kuvuga neza kuburyo baganira n’abantu neza.

Uku kwita kuri aba bana bikaba bikwiye kubera urugero n’abandi bafite umutima wo kubafasha, kandi abana bakiri bato bakajya batozwa kuvuga aho gukoresha amarenga gusa.

 

Abatumva ntibavuge ngo nabo bashoboye gukora nk’abandi.

Rwanda : Abatumva ntibavuge ngo nabo bashoboye gukora nk’abandi.

Tags: , , ,


Abatumva ntibavuge ngo nabo bashoboye gukora nk’abandi.

 

 

 

 

 

 

Ababana n’ubumuga bwo kutunva ntibanavuge, bemeza ko bashobora gukora imirimo imwe n’imwe, nk’iyo abantu batabana n’ubumuga bakora.

Abatumva ntibavuge ngo nabo bashoboye gukora nk’abandi.

 

 

 

 

 

 

Umubyeyi witwa Bakundinka Savera utuye mu kagari ka kigarama umurenge wa kisaro, ukunze kubana nabo bantu avuga ko ari abantu bashoboye gukora nk’abandi.

Abatumva ntibavuge ngo nabo bashoboye gukora nk’abandi.

 

 

 

 

 

 

Ati” jye ukunze kubaba hafi mbibonera mu byo bakora, nkubu bazi kwandika, barahinga ,barorora mbese bakora imirimo yose nubwo baba bafite ubwo bumuga.

Uyu mubyeyi ngo abigisha abintu bitandukanye ati”kubera urukundo rwanjemo kuko ndi umuntu w’Imana nihaye gahunda yo kubegera nkabaha urukundo.Mbigisha kwandika ,mbigisha  ibijyanye no kwiteza imbere birimo ubuhinzi ,ubworozi nkoresheje amarenga.”

Uyu mubyeyi akomeza avuga ko aba bantu babana  n’ubumuga bwo kutunva no kutavuga ,baba bagoye ngo kuko usanga akenshi baba badashaka kwegera abandi .

Ati”aba bantu ntibaba bashaka kwegera abandi bahora bihisha. Jyewe umwana wanjye abana n’ubwo bumuga ,ariko iyo ntari hafi aho, usanga adashobora kwisanzura ngo ajye hanze ahure nabandi.”

Avuga ko ibyo byose ariko abifashwamo n’umwana we wundi wize amarenga akoreshwa n’ababana n’ubwo bumuga.

Uyu mwana witwa Niyomana ferdinand ,wiga mu wa gatandatu w’amashuri abanza,afite ubuhanga budasanzwe mu gufatanya na mama we kwigisha abo bantu hakoreshejwe amarenga,dore ko  harimo abamaze kumenya  kwandika.

Ati jye nabyigishijwe na mukuru wanjye utavuga ntiyunve. We yagiye anyereka amarenga ,nanjye nkabiheraho mbisubiramo bigeze aho mbona narabimenye byose, ubu nta kintu nakimwe cyananira kucyerekana nkoresheje amarenga.

Uyu mwana ngo iyo haje umushyitsi waje kubasura niwe ubasobanurira.Gusa uyu mubyeyi wabo, avuga ko ubuyobozi buramutse bumuhaye ubufasha burimo infashanyigisho byamufasha.

Ati nk’ubu nkenera ibikoresho bimwe na bimwe byo kwifashisha nkabibura kubera amakiro make ,nkaba numva bishobotse ubuyobozi bwamfasha kugira ngo ababana n’ubumuga nabo bave mu bujiji”

Bamwe muri aba bana babana n’ubumuga bwo kutumva ntibavuge bo mu murenge wa kisaro, akarere ka Rulindo, bakaba barahawe impamyabumenyi ku munsi mpuzamahanga wo kurwanya ubujiji. Ibi ngo bikaba byarakozwe mu rwego rwo kwerekana ko nabo bashobora gukora ibintu byose.

 

 

Batangiye ubukangurambaga bugamije

Rwanda | Rukara: Batangiye ubukangurambaga bugamije kurwanya imirimo ivunanye ikoreshwa abana

Tags: , , , , ,


Batangiye ubukangurambaga bugamije

Ubuyobozi bw’umurenge wa Rukara mu karere ka Kayonza bwatangije gahunda y’ubukangurambaga bugamije kubuza ababyeyi gukoresha abana babo imirimo ivunanye. Ubwo bukangurambaga burakorwa ku bufatanye n’ishami ry’umuryango World Vision rikorera muri uwo murenge.

Ubwo bukangurambaga bwatangiye tariki 31/07/2012 bukaba buzamara icyumweru nk’uko inzego z’ubuyobozi muri uwo murenge zabidutangarije. Ikigamijwe ngo ni ukwigisha ababyeyi ingaruka mbi abana baterwa no gukora imirimo ivunanye, kuko idindiza imikorere y’ubwonko bwa bo bigatuma baba abaswa mu mashuri.

Mu karere ka Kayonza, hari bamwe mu babyeyi bakoresha abana imirimo ivunanye, irimo no kubajyana mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro cyane cyane mu birombe by’i Rwinkwavu. Hari n’abandi bagiye baregwa kuvana abana mu mashuri bagiye kubakoresha mu mirimo y’ubucuruzi kandi batarakura, benshi bikabaviramo ingaruka zo kureka ishuri burundu.

Umuyobozi w’ishami rya World vision mu murenge wa Rukara, Mwumvaneza Appolon, yadutangarije ko n’ubwo hari ibihano biteganyirizwa ababyeyi bavana abana mu mashuri, ngo ntibihagije kuko baramutse bahawe ubumenyi bubagaragariza ingaruka mbi za byo bajya bategurira abana ba bo imbere heza babikunze aho kubikora batinya ko amategeko yabahana.

Biteganyijwe ko ababyeyi bazajya bahabwa ibiganiro ku bubi bwo gukoresha abana imirimo ivunanye no kubigisha uburyo bagira uruhare mu kurinda abana ba bo ihohoterwa iryo ari ryo ryose.

 

 

 

 

 

 

Abayobozi b Imirenge

Rwanda : Abayobozi b’Imirenge batumwe gushishikariza Abaturarwanda kwakira abana babaga mu bigo by’imfubyi

Tags: , , , , ,


Abakozi b’Imirenge yo mu Ntara y’Iburasirazuba bahawe ubutumwa bwo kujya mu ngo z’abatuye iyo Ntara bagashishikariza abaturage kwitegura kwakira abana 3323 babaga mu bigo byitwa iby’imfubyi, igikorwa leta y’u Rwanda yemeje ko kigomba kurangira mu mwaka wa 2014.

Rwanda |  Abaturarwanda barasabwa igisubizo ku kibazo cy’abana barererwa mu bigo

Abaturarwanda barasabwa igisubizo ku kibazo cy’abana barererwa mu bigo

Ubu butumwa bwahawe abakozi bashinzwe imibereho myiza y’abaturage n’abashinzwe irangamimerere mu Mirenge yose y’Intara y’Iburasirazuba mu nama yabahuririje mu Karere ka Rwamagana, ahari hanatumiwemo abayobora ibigo bitandukanye byita ku bana b’imfubyi mu Ntara y’Iburasirazuba.

Uwababyeyi Benilde ushinzwe ibibazo by’abana b’imfubyi mu Nama y’Igihugu ishinzwe Abana mu Rwanda aravuga ko basabye aba bayobozi b’Imirenge kujya gushishikariza Abaturarwanda mu byiciro byose no mu midugudu yose kumva ko aba bana ari ab’ababo, bakaba bakeneye aho baba.

Ubu mu Rwanda harabarurwa abana 3323 baba mu bigo 33 byitwa ibigo by’imfubyi n’ubwo muri ibyo bigo usangamo n’abana bafite ababyeyi. Mu bushakashatsi bwakoze n’umuryango witwa Hope and Homes for Children, hagaragaye ko abana benshi baba muri ibi bigo babiterwa n’ubupfubyi ariko hakaba n’ababiterwa n’uko umwe mu babyeyi babo, cyane cyane ba nyina, arwaye cyane, ubukene mu miryango, ababyeyi bateshuka ku nshingano zabo bagata abana n’izindi mpamvu.

Kuwa 16 Werurwe uyu mwaka, Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko izi mpamvu zose zigomba kubonerwa igisubizo n’Abaturarwanda bose, aba bana bakabona imiryango bazabamo mu gihe cy’imyaka itarenze ibiri.

Muri aba bana, harimo abagifite ababyeyi, abandi bene wabo bafitanye amasano ya hafi n’abatabafite. Gahunda ya leta y’u Rwanda ni uko aba bana 3323 babonerwa imiryango ibakira.

Hamaze gushyirwaho amabwiriza agenga uko umuntu yakira umwana iwe mu muryango ndetse n’abantu bemerewe kwakira aba bana. Aya mabwiriza arimo kuba umuntu afite ubushobozi n’umutungo uhagije ngo yite ku mwana neza, akaba ari inyangamugayo, asanzwe afite abana batarenze 3 n’ibindi byemezwa n’abayobozi b’ibanze, bigaragaza ko koko uwo ushaka kwakira umwana abikwiye.

 

Rwanda | Intara y amajyepfo abashinzwe

Rwanda : Intara y’amajyepfo: abashinzwe imibereho myiza barasabwa kugira uruhare mu gusubiza abana bahoze mu bigo mu miryango

Tags: , , , , , , , , , , , , , , , ,


Rwanda | Intara y amajyepfo abashinzweHashize amezi hafi atandatu hatangijwe gahunda yo gukura abana mu bigo barererwamo bakajya kurererwa mu miryango. Ingengo y’imari y’umwaka utaha izatangirana n’ukwezi gutaha kwa Nyakanga, izatangirana n’ibikorwa byo gufasha aba bana gushyirwa mu miryango. Ni muri urwo rwego abashinzwe imibereho myiza mu mirenge hamwe n’abashinzwe irangamimerere ndetse n’abayobora ibigo by’imfubyi bo mu Ntara y’amajyepfo bahawe amahugurwa abategura gufasha muri iki gikorwa kuva tariki ya 26 kugeza kuya 27 Kamena.

Aya mahugurwa yateguwe n’Inama y’Igihugu y’abana hamwe na komisiyo y’igihugu yo gusezerera abasirikare no kubasubiza mu buzima basanzwe, yeretse abari batumiwe mu mahugurwa ibyavuye mu bushakashatsi bwakozwe ku bana barererwa mu bigo ndetse na gahunda n’ingamba Leta y’u Rwanda yafashe mu kubashyira mu miryango akaba ari ho barererwa.

Abashinzwe imibereho myiza ndetse n’irangamimerere mu mirenge barasabwa kuzafasha muri iki gikorwa cyo gusubiza abana mu miryango basobanurira abaturage akamaro k’iki gikorwa ndetse bakanagira uruhare mu kumenya imiryango iziyemeza kwakira aba bana, bareba niba koko bakwiye kubakira.

Aba bakozi b’imirenge kandi nibo bazamenya niba abakiriye abana biyemeje kubagira ababo (adoption), cyangwa niba biyemeje kubarera kugeza bakuze bakabasha kwirwanaho. Ibi bizagaragarira mu masezerano aba babyeyi bazakira abana bazagirana n’aba bayobozi, hanyuma inyandiko zigashyingurwa mu biro by’imirenge.

Abashinzwe imibereho myiza banasabwa kuzakurikiranira hafi abana igihe bageze mu miryango yabo cyangwa ibarera, bakareba ko impamvu zari zatumye bakurwa cyangwa bava muri iyi miryango zidasubira.

Mukantabana Seraphine, Komiseri muri komisiyo y’igihugu yo gusezerera abasirikare no kubasubiza mu buzima basanzwe ati “Kera umwana wese yarererwaga mu muryango. Mu kazi mushinzwe ka buri munsi muharanire ko nta bana barererwa mu bigo by’imfubyi bazongera kubaho. Abafite ababyeyi bazasubizweyo ababyeyi babo babiteho, ababuriwe inkomoko bakirwe n’ababyeyi b’impuhwe, abakuru baremerwe, bafashwe kwitunga.”


 

Rwanda | Abana bahoze ari abasirikare

Rwanda : Abana bahoze ari abasirikare na bo bakeneye gukurikiranwa bakitabwaho

Tags: , , , , ,


Rwanda | Abana bahoze ari abasirikareIbi byagaragajwe na Habiyaremye Fraudouard, umukozi wa komisiyo y’igihugu yo gusezerera abasirikare no kubasubiza mu buzima busanzwe. Yabwiraga abashinzwe imibereho myiza bo mu Ntara y’Amajyepfo, ku wa 27 Kamena, 2012.

Habiyaremye yasobanuye ko kuva aho abacengezi batangiriye gutaha, hagiye hatahamo n’abana, ni ukuvuga abari munsi y’imya 18. Abo bana rero ni abagiye bavukira bakanakurira mu gisirikare, ku buryo nta bundi buzima bari bazi. Abenshi muri aba bana ntibabaga bazi gusoma, gusa bazi kwifashisha imbunda kuko ari yo bari barabonanye ababyeyi babo.

Mu kubafasha kuba abasivili, komisiyo y’igihugu yo gusezerera abasirikare no kubasubiza mu buzima busanzwe yagiye ibashyira mu kigo kigenewe kubafasha, aho bigishirizwa gusoma no kwandika ndetse no kubyina, mu gihe babashakira imiryango yabo.

Bamwe muri aba bana bagiye baburirwa imiryango, cyane ko bo babaga batazi aho bakomoka. Abo bagumishijwe mu kigo kibakira, bigishwa imyuga yo kuzabagirira akamaro. Hari n’ababonewe imiryango yabo none ubu ni yo babamo. Abatashye mu miryango ikennye bagiye bafashwa ku buryo babasha kwikura mu bukene. Abasubiye mu miryango yabo bose, yaba ikennye cyangwa iyifashije rero, ni bo iyi komisiyo yifuza ko bakurikiranwa nk’abandi bana.

Habiyaremye ati “nk’uko abana bazakurwa mu bigo by’imfubyi bazakurikiranwa n’abashinzwe imibereho myiza, n’aba bakuwe mu gisirikare na bo bazitabweho. Mujye mubamenya, mumenye ko nta bibazo bafite, na bo ni abana kandi bakeneye gufashwa.”

Ubundi, muri aba bana bavuye mu gicengezi, bamwe muri bo usanga bafite uburere. Bene abangaba kubarera biroroha. Hari n’abo usanga bameze nk’ibyihebe, bagera mu bandi bana bakabakubita. Bene abangaba, kubarera bisaba kwitonda no kumenya uko umuntu abatwara.

Kugeza ubu abana bamaze gutahuka bavuye mu gicengezi bagera kuri 792. Mu Ntara y’amajyepfo honyine habarirwa 157.


Gihembe – Impunzi

Rwanda : Gihembe – Impunzi z’abanyekongo zirasaba ubufasha ku burezi bw’abana babo

Tags: , , , , , , ,


Rwanda |  Impunzi  za Gihembe  zizihije umunsi wazo ari nyinshi

Impunzi za Gihembe zizihije umunsi wazo ari nyinshi

Impunzi z’abanyekongo ziba mu nkambi ya Gihembe iri mu karere ka Gicumbi zirasaba ubufasha kuburezi bw’abana babo kuko bo nta mikoro bafite.

Izi mpunzi ziracyafite impungenge zo gusubira iwabo kuko nyuma y’imyaka cumi n’itandatu bari mubuhunzi ntamahoro aragaruka mu gace baturutsemo ka Kongo y’iburasirazuba.

Iki cyifuzo bagitangaje kuwa 20/6/2012 ku munsi wahariwe impunzi ubwo bagaragazaga bimwe mubibazo bafite bijyanye n’ubuzima bwabo bwa buri munsi.

Nk’uko bitangazwa n’uhagarariye impunzi muri iyo nkambi ya Gihembe Nsengiyera  Jean avuga ko benshi muri bo bamaze gutura mu mazu asakaye n’ubwo ari mato bakaba batabona ubwisanzure buhagije ariko bacyeneye cyane ubufasha k’uburezi bw’abana babo.

Akomeza avuga ko ikibazo nyamukuru ari icy’uburezi bw’abana  babo kuko kumara igihe kirekire mubuhunzi byagize ingaruka mbi kubana babo kuko benshi muri bo bishora muburara, bakajya gukora imirimo yo murugo y’ububoyi, kurera abana n’ibindi.

 

Amwe mu mazu izo mpunzi zigiramo

Abandi bo bishora mu biyobyabwenge banywa za kanyanga, mubusambanyi ndetse n’ibindi bikorwa bibi. Barasanga nibahabwa ubufasha k’uburezi bw’abana babo bizabarinda gukomeza kwiroha muri ibyo bikorwa kuko bazaba bahugiye mu masomo n’indi mirimo itandukanye.

Basanga Reta y’u Rwanda n’imiryango nterankunga bashyize imbaraga ku kibazo cy’uburezi bw’abana babo byazabafasha n’igihe bazaba basubiye mu gihugu cyabo.

Izi mpunzi kandi zagaragaje ko zigifite ikibazo k’inkwi n’amazi bidahagije kandi aribyo shingiro ry’ubuzima bwabo bwa buri munsi.

Bwana Jean Claude Rwahama ushinzwe ibibazo by’impunzi yasabye izo mpunzi kwihangana mu gihe bagitegereje ko amahoro agaruka iwabo bagataha.

Yababwiye ko iyo umuntu ari mubuhunzi aba ari mubibazo, ariko si ngombwa ko umuntu aheranwa n’ibyo bibazo kuko nta kibazo kitagira igisubizo.

Yabasabye ko bakomeza kwihangana mu bibazo bafite kuko icyo kibazo cy’amashuri hagiye kwigwa uburyo yakongerwa ayari ahari maze bagakomeza kubungabunga uburezi bw’abana babo.

Ubu inkambi ya Gihembe ifite impunzi zigera ku bihumbi makumyabiri uyu mubare kandi ukomeje kwiyongera kuko hakinjira izindi mpunzi zigera kuri maganabiri ku munsi.

 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

Advertisement

jaguar cars jaguar, jeep, kia