Tag Archive | "Rwanda electricity"

Amashanyarazi ajyana n’imiturire myiza-Zaraduhaye

Tags: , , , ,


Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burakomeza gushishikariza abaturage batuye muri ako karere gutura mu midugudu kugira ngo mashyarazi bifuza akomeze kubagera ho bose kandi mu buryo buhendutse.

Ubu buyobozi butangaza ibi mu gihe hari abaturage bo mu mirenge itandukanye yo mu karere ka Burera basaba bivuye inyuma ubwo buyobozi ko bwabageza ho amashanyarazi nabo bakabasha kugera ku iterambere ryihuse.

Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwo busaba abanyaburera muri rusange gutura neza kugira ngo amashanyarazi bifuza abagereho neza nk’uko Zaraduhaye Joseph, umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera ushinzwe ubukungu n’iterambere abisobanura.

Agra ati “Amashanyarazi ajyana n’imiturire myiza…ntabwo tuzayakurura(amashanyarazi) ngo tuyajyane muri ka kabande umuntu atuye mo. Ni ukuvuga ngo birajyana n’uko abantu batura mu midugudu.

“Imiturire myiza niyo ituma amashanyarazi adahenda. Naho niba umuntu atuye ukwe undi agatura ukwe ntabwo bizakunda. Uwo (utuye ukwe) tuzamusaba ahubwo ko yegera abandi.”

Yongera ho ko ariko kugira ngo amashanyarazi agere ku baturage biterwa n’amafaranga yagenewe icyo gikorwa akarere kaba gafite,  cyangwa se n’abaturage ubwabo, kubera ko baba bayashonje bakishyira hamwe bakayizanira aho batuye.

Zaraduhaye akomeza yizeza abanyaburera batari bagezwa ho amashanyarazi ko hari gahunda akarere ka Burera gafite yo kuyabageza ho.

Umuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko abanyaburera bamaze kugezwa ho amashanyarazi bagera kuri 7,9 ku ijana. Mu mihigo y’umwaka wa 2012-2013 hateganyijwe ko uwo mubare uziyongera ukagera kuri 12,1.

Ubwo buyobozi kandi busaba abanyaburera bamaze kugezwa ho amashanyarazi, kuyakoresha uko bikwiye kugira ngo abongerere umusaruro mubyo bakora byose.

Abacuruza inyama bo

Rwanda : Abacuruza inyama bo mu isantere ya Kiyanza ngo babonye umuriro barushaho gutanga serivise nziza.

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Isantre ya Kiyanza ni isantre iherereye mu murenge wa Burega mu karere ka Rulindo.

Isantre ya Kiyanza ni isantre iherereye mu murenge wa Burega mu karere ka Rulindo.

Isantre ya Kiyanza ituwe kandi ikagendwa n’abantu benshi, Kubera iyi mpanvu ngo usanga abayicururizamo babona agafaranga gatubutse

Abacuruzi cyane cyane abacuruza inzoga, ndetse n’inyama  bavuga ko babona iyi santere ibonye umuriro,abayicururizamo barushaho kubona agafaranga gatubutse,kandi na serivise zikarushaho kuba nziza.

Abacuruza inyama bavuga ko kuzicuruza ari  ikibazo gikomeye,ngo  kuko usanga iyo ziraye kuzibika biba bigoye .

…Uwihayimana Sereveriyani, ni umucoma (uwotsa inyama) ku isantere ya kiyanza, avuga ko ashobora gucuruza ihene imwe  nibura mu minsi ibiri,ukaba wakwibaza uko iziraye azibika.

Yagize ati”maze imyaka ine notsa inyama mu iyi santere, ariko kuva natangira gucoma mporana ikibazo cyo kubika inyama ziraye .kandi ntabwo nshobora gucuruza ihene yose ,keretse iyo hano habaye nk’ikirori, gituma haboneka abantu benshi bakazirya bityo ntihabeho ikibazo cyo kuziraza”

Nzaramba nawe Yagize ati ”mushikaki imwe igura amafaranga 200, ubwo wakunva ari make ,ariko ni amafaranga menshi ku batuye iyi santere kuko ni abahinzi ,kuri bo rero ayo mafaranga ni menshi ,Ntabwo bashobora kugura brochette,akenshi zirarara.turazimanika ,ariko ntizarara kabiri”

Aba bamucoma ariko ngo n’ubwo bafite ikibazo cy’umuriro bahorana isuku mu byo bakora .

Sereveriyani,aragira ati”Ikintu kituranga hano ni isuko, kuko utagize isuku mu bintu bijyanye n’inyama wasanga nta muntu wanyura hano. inyama ni ikintu kigomba isuku. mbere twakoreraga ahantu hatari heza, ariko ubuyobozi bwaradukaniye duhita dukora ibyo badusabaga”.

Inyama imwe igura amafaranga Magana abiri ,impanvu ngo bagurisha make ni uko bagurishije menshi zitagurwa ngo kuko ari mu giturage.

Nyamara ariko n’ubwo bagurisha amafaranga make ntibibabuza ko bararana inyama .Bavuga ko iyo ziraye kabiri ziba zidashobora kuribwa.

Bakaba basaba ubuyobozi bw’akarere ka Rulindo ko bwagira vuba bukabaha umuriro w’amashanyarazi ngo kuko iyi santre igendwa cyane ,bityo ngo barusheho kwiteza imbere no gutanga serivise nziza .

 

Rwanda | Ngoma: Gukwirakwiza umuriro mu byaro byatanze isomo ku banze gutura ku midugudu

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Bamwe mu baturage banze kwitabira   gahunda yo gutura mu midugudu baratangaza ko bicuza cyane ko batagezweho na gahunda yo kubona umuriro  w’amashanyarazi  kuko badatuye mu midugudu.

Gahunda yo gutanga umuriro w’ amashanyarazi mu karere ka Ngoma ubu igeze kure aho ubu  uri gutangwa mu mirenge yari isigaye y’ aka karere.Nkuko bigaragara aho iyi gahunda yageze nta nzu irengwa yaba iyubatse neza  ndetse hari nizo bashyiraho cash power ukabona iribugwe  kuko iyo nzu iba  ishaje cyane.

Bigaragara ko ikingezi  gikurikizwa  atari  ubushobozi bw’uhabwa umuriro ahubwo ari  inzu yose iri mu mudugudu  ntanzu barenze.  Kuba nta muntu barengaga batamuhaye umuriro nicyo cyatumye abanze gutura mu midugudu bicuza cyane bavuga ko iyo babimenya baba nabo baritabiriye iyi gahunda y’imidugudu ku ikubitiro.

Muri aba batitabiriye kujya gutura ku midugudu, umusore uherutse kubaka  witwa  Baribwiyumuhungu  utuye mu murenge wa  Kazo  yatangaje ko ikimuteye agahinda aruko yari yubatse inzu ye nziza  n’ amasima ahantu hatari kumudugudu none akaba ntamuriro azabona.

Yabivuze agira ati” ubona inzu yanjye nubatse n’ amasima ibure umuriro ,none  abatuye mu midugudu ninzu  z’icyondo zinashaje bazihaye umuriro. Ubundi ndicuza cyane ndibaza gusenya ngo nongere nubake  bikanyobera.”

Si uyu wenyine  wicuza ko ntamuriro yabonye  kubera kudatura  ku mudugudu ahubwo hari nabandi benshi   batari bitabiriye iyi gahunda yo kubaka ku mudugudu bicuza.

Umukuzi w’ akarere ushinzwe ibikorwaremezo  eng.Fidele Kayigire mu kwezi gushize kwa Kane  uyu mwaka wa 2012 aherutse gutangaza ko  gahunda yo gukwirakwiza umuriro mu byaro izagera mu mirenge yose ariko ukazajya  utangwa hibanzwe mu bucentre bw’ubucuruzi ndetse n’abitabiriye gahunda y’imidugudu.

Gahunda yo gutura mu midugudu mu ntara y’ iburasirazuba yatangiye gushyirwamu bikorwa no gukangurirwa  abaturage  kuva mu myaka  ya 1998. Kugeza ubu  abantu batari bake batuye mu midugudu.Intego yo gutura mu midugudu nkuko bisobanurwa ngo ni ukugirango abaturage begerezwe ibikorwa by’iterambere nk’umuriro w’ amashanyarazi,amavuriro  amashuri …


 

Rwanda | Kidaho: Abacuruzi barasabwa kwirindira umutekano bashyira amatara ku mazu bacururizamo

Tags: , , , , , , , , , , , , ,



Abacuruzi bakorera mu gasantere ka Kidaho gaherereye mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera barasabwa gushyira amatara ku mazu bacururizamo ndetse bakanayacana nijoro mu rwego wo gukomeza kubungabunga umutekano muri ako gasantere. 

tariki ya 02/04/2012 ubwo abacuruzi bo mu gasantere ka Kidaho bakoraga inama, umuyobozi w’umurenge wa Cyanika, Nkanika Jean Marie Vianney, yavuze ko abacuruzi bose nibaramuka bashyize amatara ku maduka yabo nta mujura uzongera kubiba kuko azikanga ko bamubona.

Hafanswe izo ngamba muhige mu gasantere ka Kidaho amazu y’ubucuruzi yabagaho amatara yari make. Ibyo bikaba byatumaga abajura bashaka kuhiba, kuko nijoro habaga ari mu mwijima.

Abacuruzi bavuga ko ariko na mbere amatara bayashyiraga ho ariko abantu batazwi bakaza bakayamanura nijoro bakajya kuyagurisha. Kuburyo bari baretse kongera kugura andi matara nk’uko abo bacuruzi babitangaje.

Inkeragutabara zicunga umutekano mu gasantere ka Kidaho zo zivuga ko nta tara na rimwe ryigeze ryibwa nijoro. Ngo ahubwo ashobora kuba yaribwaga kumanywa cyangwa se abacuruzi ntayo bari barashyize ho.

Mu rwego rwo guca abiba amatara nijoro, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Cyanika yasabye inkeragutabara zikorera mu gasantere ka Kidaho kongera ingufu mu gucunga umutekano.

Inkeragutabara zigomba kuzajya zitanga raporo y’amazu atariho amatara ndetse n’ariho amatara kugira ngo bamenye ayaba yibwe. Abacuruzi nabo bagomba kureba mu gitondo niba amatara barajije ho akiriho. Niba hari iryo bibye bagahita babitangaza ako kanya.

Agasantere ka Kidaho gahuriye ho imirenge ibiri ariyo Kagogo na Cyanika. Abacuruzi bakorera muri ako gasantere bakaba bemeye ko guhera tariki ya 03/04/2012 abatari bafite amatara ku mazu bacururiza mo batangira kuyashyira ho kandi bakajya bayatsa nijoro.

 

 

 

 


Rwanda | Nyamasheke: Abaturage b’umurenge wa Rangiro barasabwa kuvanwa mu bwigunge

Tags: , , , , , , , , , , , , ,


Abaturage bo mu murenge wa Rangiro baratangaza ko bari mu bwigunge ngo kuko bitoroshye kugenda mu murenge wabo ndetse bakaba nta n’umuriro w’amashanyarazi bagira. Ibi ngo bisaba aba baturage gukora urugendo rungana n’ibirometero 22 n’amaguru bagana mu isoko rya Kirambo aho bahahira, ndetse bagakora n’urugendo rw’amasaha ane bajya gushaka umuriro wa terefoni zigendanwa mu isantere ya Tyazo mu murenge wa Kanjongo.

Aba baturage batuye uyu murenge ukora kuri pariki ya nyungwe, barasaba ko babonerwa imodoka izajya ibafasha mu ngendo bakora bajya guhaha cyangwa se ahandi hatandukanye.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rangiro, Twagirayezu Zacharie,  avuga ko ngo bagerageje kuvugana n’ikigo cya leta gishinzwe gutwara abantu (ONATRACOM) ngo kibahe bisi gusa ngo cyababwiye ko umuhanda wabo utameze neza ku buryo babaha imodoka.

Mu mwaka ushize, abaturage batuye umurenge wa Rangiro bashatse kwikorera ingufu z’amashanyarazi gusa ngo inyigo yerekanye ko aho bendaga kuyakura bitashoboka. Mu ruzinduko Minisitiri w’intebe aherutsemo mu turere twa nyamasheke na rusizi, yijeje abatuye imirenge ya Rangiro na Cyato ko uyu mwaka urangira umuriro w’amashanyarazi wabagezeho, abaturage bakaba bavuga ko uruhare bazasabwa rwose bazarutanga ariko bakava mu bwigunge.

Uretse ikibazo cy’umuhanda n’amashanyarazi, amazi nayo ngo aracyari make muri uyu murenge kuko ataragera ku baturage bose.


Nyamagabe inzego z umutekano

Rwanda | Nyamagabe: inzego z’umutekano zirasaba abaturage gucana amatara yo hanze

Tags: , , , , , , , , , , , , , ,


Nyamagabe inzego z umutekano

amatara

Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe bufatanyije n’inzego z’umutekano bumaze igihe busaba abaturage gushyira amatara hanze, ariko ababikoze nabo ngo ntibacana aya matara.

Inzego z’umutekano mu karere ka Nyamagabe zikomeje gusaba abanyamabanga nshingwabikorwa ko bahagurukira iki kibazo bagasaba abaturage bamaze kugerwaho n’amshanyarazi kujya bacana amatara yo hanze, kuko akunze gukumira abanyabyaha bitwaza ijoro.

Nyuma y’icyi cyemezo cy’inzego z’umutekano, guhera ku itariki ya 16/02/2012, mu murenge wa Gasaka hatangiye kugaragara amatangazo yagiye agezwa muri buri rugo rw’umuturage yatanzwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa wawo Gasana Richard, aho yasabaga ko buri wese yashyira itara hanze.

Iri tangazo rikomeza rivugako uzajya afatwa atacanye itara ryo hanze azajya abihanirwa n’ubuyobozi, ngo kuko byamaze kugaragara ko hari abantu baba bafite amatara yo hanze bakayacanaho akanya gato ubundi bakayazimya.

Inzego z’umutekano zikaba zisaba abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge yose y’akarere ka Nyamagabe kwihutisha iki gikorwa kugirango borohereze abashinzwe umutekano guhangana n’abagizi ba nabi bitwaza ijoro.


 

Top Network News

Rwanda president Paul Kagame hits campaign with Jeannette Kagame, Ivan Kagame and Ange Kagame

A Voyage Through The Life Of Our Late Inyumba Aloisea , Refugee – Leader – Minister – Legend

Jeannette Kagame : Study Finds Rwanda Is “BEST PLACE” For Women Politicians

President Paul Kagame along with Jeannette , Ange and Ivan Kagame - The first family of Rwanda

Related sites

jaguar cars jaguar, jeep, kia