Ubuyobozi bw’akarere ka Musanze burasabwa gufatira ingamba ikibazo cy’ubwiyongere bukabije bw’abaturage, abo kugeza ubu habarwa abaturage 645 kuri kilometero kare imwe.
Ubwo itsinda ry’abadepite baturuka muri komisiyo y’ingengo y’imari n’umutungo wa leta basuraga akarere ka Musanze tariki 14/11/2012, maze bagirana ibiganiro na nyobozi y’akarere, abanyamabanga nshingwabikorwa b’akarere, n’izindi nzego zifite aho zihurira n’ikoreshwa ry’umutungo.
Nyuma yo kugaragarizwa urugero rw’ubucucike muri Musanze, dore ko nko mu murenge wa Muhoza ari nawo wubatsemo umujyi wa Musanze, habarirwa abaturage 1700 kuri kilometero kare imwe, aba badepite bavuze ko iki kibazo kigomba guhagurukirwa.
Depite Mukayuhi Rwaka Constance, wo muri komisiyo y’ingengo y’imari n’umutungo wa leta mu nteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, yavuze ko ubu bwiyongereye bukabije buhabaye n’icyerekezo cy’igihugu.
Yagize ati: “Birakabije rwose, nk’uko bigaragara mu mibare baduhaye, twasanze ugereranyije n’imyaka yashize, ubucucike bwaragiye bwiyongera. Imbaraga zose zakoreshwa ngo hubakwe amashuri, ibigo nderabuzima n’ibindi ntizakoroherwa n’ikibazo cy’ ubucucike bukomeje kuzamuka”.
Rutaremara Emmanuel, umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Musanze, avuga ko biteguye gushyira mu bikorwa inama bagiriwe na komisiyo y’ingengo y’imari n’umutungo wa leta mu nteko ishinga amategeko.
Yagize ati: “Abanyamabanga nshingwabikorwa biyemeje ko bagiye guhangana n’ikibazo cy’ubucucike, bigisha abaturage maze buri wese agasezerana imbere y’amategeko kuboneza urubyaro”.
Avuga kandi ko muri uru rwego, abaturage banatangiye kwitabira gahunda zo kuboneza urubyaro, aho hari abagabo batangiye gukoresha uburyo bwo kwifungisha burundu bita vasectomie.
Aba badepite bavuze ko muri rusange akarere ka Musanze kakoresheje neza ingengo y’imari y’umwaka ushize, gusa ngo hari abaterankunga batatangiye inkunga yabo ku gihe.

